Umusaruro w’ibiribwa ku isi ni rumwe mu nzego zigirwaho ingaruka cyane n’ihindagurika ry’ikirere, Umutekano mucye, n’ibindi. FAO ivuga ko mu myaka itari mike, ibipimo by’imirire mibi byagiye byiyongera, aho abarenga 9% by’abatuye isi bafite inzara idakira, naho 1/3 cy’abatuye isi bakaba baba mu bihugu bifite ikibazo gikabije cy’ibura ry’ibiribwa. Mu rwego rwo guhangana n’iki kibazo, Ishami ry’Umuryango w’abibumbye ryita ku biribwa n’ubuhinzi (FAO), ku itariki 10 Ukuboza 2023, ryashyize ahagaragara ishusho yerekana uburyo bwo guhuza ikibazo cy’inzara ku isi n’intego zashyizweho mu rwego rwo guhangana n’ihindagurika ry’ikirere. Ni mu gihe…
SOMA INKURUCategory: Inkuru zicukumbuye
Musanze: Barataka ingaruka zikomeye zikomoka ku kimoteri cyuzuye
Abaturiye ikimoteri rusange giherereye mu murenge wa Cyuve, akarere ka Musanze bavuga ko babangamiwe no kuba cyaruzuye kikaba gikomeje kubateza umwanda n’umunuko bikabije, bagasaba inzego zibishinzwe kureba icyo zakora mu gukemura iki kibazo kugira ngo ingaruka baterwa n’uwo mwanda zigabanuke. Ubwo itangazamakuru ryageraga aho iki kimoteri giherereye mu mudugudu wa Bubandu, akagari ka Bukinanyana, yasanze abakozi baho batindurura imyanda, bakayisuka mu kindi gice cyo muri iki kimoteri kugira ngo haboneke umwanya wo gupakuriramo indi myanda. Umwe muri bo agira ati: “Imyanda bagiye bayimenamo bigera ubwo yuzura ikora ikimeze nk’umusozi kubera…
SOMA INKURUUbujura bwabangamiye bikomeye gahunda yo kugaburira abana ku mashuri
Umwaka w’amashuri wa 2023/2024 watangiye kuwa 25 Nzeri, utangirana impinduka muri gahunda yo kugaburira abana ku mashuri, aho ubuyobozi bw’amashuri butakigira uruhare mu gutanga amasoko yo kugura ibiribwa bigaburirwa abanyeshuri ahubwo bikorwa n’akarere. Gahunda yo kugaburira abana ku mashuri ni imwe mu zazanye impinduka haba mu mibereho myiza y’abanyeshuri no mu iterambere ry’abaturiye ibigo by’amashuri by’umwihariko amashuri abanza, gusa ntihasiba kuvugwamo ibibazo birimo ubujura bw’ibiribwa no kubicunga nabi ingaruka zikomeye zikajya ku banyeshuri. Mu kwezi n’igice gushize igihembwe gitangiye, hari amashuri agaragaramo ubujura bw’ibiribwa bigenewe abanyeshuri, ahandi bakandika ko bakoresha…
SOMA INKURUImpungege ku mibereho y’impunzi, mu bufasha bahabwa habonetse 37% gusa
Kugeza ubu mu Rwanda habarurwa impunzi ibihumbi 134,519 muri bo 62,2% ni abaturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, 37,2% ni abaturutse mu Burundi, mu gihe abaturutse mu bihugu binyuranye ari ari 0,5%. Imibereho y’aba bose ikomeze kwibazwaho nyuma y’aho hatangarijwe igabanuka rikabije ry’ubufasha bahabwaga. Nyuma y’aho Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) ryatangaje igabanyuka ku bufasha impunzi zo mu Rwanda zisanzwe ziginerwa bwagabanyutse bitewe n’uko inkunga muri uku kwezi k’Ugushyingo yabonetse ingana na 37% gusa, biba ngombwa ko habaho kugabanya ibyo impunzi zigenerwa ku Isi yose. Muri izi…
SOMA INKURURulindo: Gitifu w’umurenge akurikiranyweho ibyaha bitanu birimo gusambanya umwana w’umuhungu
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Mbogo, mu karere ka Rulindo, yatawe muri yombi akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana w’umuhungu w’imyaka 15 y’amavuko. Ku wa Mbere tariki 30 Ukwakira 2023, nibwo uyu muyobozi yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB. Bikekwa ko iki cyaha uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa yagikoreye mu kagari ka Gasharu, mu murenge wa Kicukiro, mu karere ka Kicukiro. Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru ko uyu munyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Mbogo, akurikiranyweho ibyaha bitanu. Ati “Akurikiranyweho ibyaha bitanu bikurikira, gusambanya umwana, gusaba cyangwa gukora…
SOMA INKURUGatsibo: Umubare w’abangavu baterwa inda ukomeje kwiyongera
Imibare yagaragajwe ubwo habaga inama yari igamije kurebera hamwe uruhare rw’imiryango ishingiye ku myemerere mu gukumira amakimbirane mu miryango, kurwanya imirire mibi, kurinda no kurengera umwana, ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo bwatangaje ko kuva muri Nyakanga kugeza muri Nzeri uyu mwaka wa 2023, abakobwa 242 barasambanyijwe baterwa inda barimo abangavu 77 mu gihe abandi batarengeje imyaka 19. Hagaragajwe ko muri Nyakanga, Kanama na Nzeri, abana 242 batewe inda. Muri abo bana harimo abafite imyaka kuva kuri 14 kugeza kuri 17 bangana na 77, naho abari hagati y’imyaka 18-19 ni 165. Umuyobozi…
SOMA INKURUIbibazo by’ingutu ku bana basambanyijwe
Ikibazo cyo gusambanya abana ndetse bamwe bikabaviramo gutwara inda cyahagurukiwe n’inzego zinyuranye ariko igitangaje kinashengura imitima, imitekerereze ndetse n’imibereho y’abagikorerwa ni bamwe mu babyeyi bafite imyumvire idahwitse aho batoteza ndetse bagaha akato abana bahuye n’iki kibazo, bikabaviramo ingaruka zikomeye. Uwineza (izina yahawe), kuri ubu ufite umwana w’amezi arindwi, akaba yarujuje imyaka 14 muri Gashyantare uyu mwaka, abana na mama we mu kagali ka Gasanze, umurenge wa Nduba, akaba yaratewe inda n’umwana mugenzi we biganaga. Aganira n’umunyamakuru yari ahagaze muri butike ategereje isabune n’isukari yari yemerewe n’umubyeyi ucuruzamo, yatangaje ko nyuma…
SOMA INKURUImpamvu muzi y’itandukana ry’umutoza Yamen Zelfani na Rayon Sports
Ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru,tariki ya 8 Ukwakira 2023, nibwo ikipe ya Rayon Sports izwi ku izina rya Gikundiro yatangaje ko yamaze gutandukana n’umutoza wayo Yamen Zelfani ku bwumvikane bw’impande zombi. Uyu munya Tunisia,Yamen Zelfani watozaga Rayon Sports yavuye muri iyi kipa nyuma yo kumenyekana ko yatangaje ko atakomezanya n’iyi kipe mu gihe abafana bayo bari kumutuka. Mu gusaba ubuyobozi bwa Rayon Sports kugenda, umutoza Zelfani yagize ati: “Niba bigeze aho abafana bantuka birengagije akazi keza narimo gukora muri Rayon Sports,byaba byiza dutandukanye neza nkigendera amahoro”. Ubuyobozi bwa Rayon…
SOMA INKURUZimwe mu mbogamizi zo gusubira mu ishuri ku bana basambanyijwe bagaterwa inda
Abangavu basambanyijwe bikabaviramo kubyara imburagihe kuri ubu bakaba babarirwa mu bataye ishuri, bagaragaje imbogamuzi zibabuza gusubira mu ishuri. Abangavu banyuranye bagiye basambanywa bagaterwa inda, batangaje ko gutotezwa n’ababyeyi babo ndetse bakimwa uburenganzira bw’abana ari imwe mu mbogamizi ikomeye ibabuza gusubira mu ishuri. Uwiswe Murekatere k’ubw’umutekano we yatangaje ko yasambanyijwe akanaterwa inda afite imyaka 15, yiga mu mwaka wa kabiri w’amashuri yisumbuye, ngo kuva ubwo gusubira mu ishuri kuri we byabaye umugani. Ati ” Maze imyaka ibiri mbyaye, nkimara kubyara ababyeyi banjye bampaye akato, banshyira mu gikoni, ibintu byose ndimenya, yemwe…
SOMA INKURUHashyizweho uburyo butanga icyizere cyo kugabanya ubucucike mu magereza
Inzego zishinzwe ubutabera mu Rwanda zishyize ingufu mu kugabanya ibirarane by’imanza ziri mu nkiko no kugabanya ubucucike mu magereza ndetse kuri ubu Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga Dr Ntezilyayo Faustin yashyizeho amabwiriza agenga ubwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha aho uregwa ashobora guhita asabirwa gufungurwa. Umwaka w’Ubucamanza wa 2022/2023 warangiye inkiko zifite imanza 56,379 zabaye ibirarane muri 91,050 zari mu nkiko, zigize 62%. Mu bisubizo Minisiteri y’Ubutabera yakunze gutangaza harimo gushyira imbaraga mu buhuza, n’ubwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha, aho uregwa yemera kwemera icyaha nk’ingurane yo kugabanyirizwa umubare w’ibyaha akurikiranyweho cyangwa isezerano ahabwa…
SOMA INKURU