Ubunyamabanga bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EAC, buri mu ihurizo ryo kubona amafaranga yo gukora bimwe mu bikorwa aho guhemba abakozi babwo umushahara wa Kamena uyu mwaka byatinze. Ibi bibazo ngo biterwa n’abanyamuryango badatanga umusanzu uko bikwiye bigatuma gahunda zitandukanye zidakorwa neza. Hari amakuru ava muri uyu muryango avuga ko bamwe mu bakozi ba EAC, basigaye bikora ku mufuka kugira ngo bagurire lisansi abayobozi. Ikinyamakuru The East African cyavuze ko mu ngengo y’imari 2018/2019, harimo ibirarane bingana na miliyoni 100 z’amadorali. Umwe mu bakozi ba EAC yagize ati “Habayeho gukererwa kwishyura…
SOMA INKURUCategory: politike
Perezida Kagame na Madamu muri Botswana
Kuri uyu wa Kane tariki 27 Kamena 2019, Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Botswana, ku butumire bwa Perezida Mokgweetsi Eric Keabetswe Masisi. Aba bakuru b’ibihugu byombi baherukaga guhura muri Mutarama uyu mwaka wa 2019, ubwo bombi bari bitabiriye inama mpuzamahanga yiga ku bukungu “World Economic Forum”, i Davos mu Busuwisi. Aba bakuru b’ibihugu bombi kandi bazagirana ibiganiro ndetse baganire n’itangazamakuru. Biteganyijwe ko kuri uyu mugoroba Perezida Kagame na Madamu bakirwa ku meza na Perezida wa Botswana. Mu ruzinduko rwe muri Botswana, Perezida Kagame na…
SOMA INKURUUmuyobozi wa USAID yakiriwe na Perezida Kagame
Kuri iki cyumweru tariki 16 Kamena 2019, muri Village Urugwiro, Perezida Paul Kagame yakiriye Umuyobozi Mukuru w’Umuryango w’Abanyamerika ugamije Iterambere “USAID” Mark Green, baganira ku bufatanye buri hagati y’u Rwanda na USAID n’imigambi uwo muryango ufite yo guhindura imikoranire yawo n’ibihugu ukorana nabyo. U Rwanda na USAID bifitanye umubano mu ngeri zitandukanye ziganjemo ubuhinzi, kwihaza mu biribwa, ubuzima n’uburezi. Uyu mwaka uwo muryango umaze gutanga miliyoni 71 z’amadolari muri ibyo bikorwa. USAID ibinyujije muri sosiyete icuruza imiti ya “Chemonics International Inc”, yatanze inkunga ingana na miliyoni 32 z’amadolari mu bijyanye…
SOMA INKURUKu munsi wa kabiri w’uruzinduko yasuye ibikorwa by’ubuzima
Ejo hashize ku Cyumweru tariki ya 9 Kamena 2019, nibwo Denise Nyakeru Tshisekedi umufasha wa Perezida Tshisekedi uyobora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yageze i Kigali mu ruzinduko rw’iminsi ibiri. Akigera i Kigali, Madamu Denise Tshisekedi yatemberejwe ibice bitandukanye bigaragaza ubwiza bwa Kigali, harimo Gaculiro, Nyarutarama, Green hills n’ahandi hanyuranye habereye ijisho asoreza kuri Radisson Blu hotel. Ku munsi wa kabiri w’uruzinduko rwe, ni ukuvuga kuri uyu wa mbere tariki 10 Kamena 2019, Madamu Tshisekedi arasura ibikorwa bitandukanye bijyanye no kwita ku buzima birimo Isange One Stop Center ifasha kwita…
SOMA INKURU73 bari bacumbitse muri “One Dollar Campaign” bagiye gusezererwa
Abana bagizwe imfubyi na Jenosdie yakorewe Abatutsi mu 1994, bari bacumbikiwe mu nyubako ya One Dollar Campaign, bagera kuri 73 bagiye gusezererwa muri ayo macumbi bajye kwibeshaho mu buzima bwo hanze. Hari hashize imyaka isaga itanu abana b’imfubyi basaga 100 bacumbikiwe mu nyubako ya One Dollar Campaign Complex, iherereye i Kagugu mu Karere ka Gasabo. Igikorwa cyo kubasezerera giteganyijwe kuri uyu wa 8 Kamena 2019, nyuma y’icyumweru bari bamaze mu Itorero i Nkumba mu Karere ka Burera, aho baganirijwe n’inzobere mu bijyanye n’imitekerereze, inzobere mu bijyanye no kwihangira imirimo n’abandi.…
SOMA INKURUIbyitezwe ku kigega cyashyiriweho kurwanya abapfobya Jenoside yakorewe abatutsi
Umuyobozi wa Agaciro Young Generation Forum, Kagabo Jacques, yatangaje ko nk’abanyarwanda bishyize hamwe kugira ngo babashe no guhangana n’abahakana cyangwa abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, byo guharirwa leta gusa, batangiza ikigega kiswe Umurinzi Support Fund, kigiye kujya gifasha mu gukurikirana no kugeza mu nkiko abakora ibikorwa by’ipfobya n’ihakana rya Jenoside yakorewe Abatutsi. Yavuze ko bari basanzwe bahangana n’aba bantu bari hirya no hino ku Isi bakoresha imbuga nkoranyambaga mu kubasubiza, ariko ko ubu ubona ko aba bantu bakomeje gukaza umurego ku buryo badatinya no kuvuga ko mu Rwanda habaye jenoside ebyiri.…
SOMA INKURUKwigira ku ntebe y’ishuli kwihangira umurimo ni ingenzi –Minisitiri Fanfan
Kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Gicurasi 2019, nibwo habaye inama ihuriwemo na Minisiteri y’Uburezi, Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Abikorera mu Rwanda hamwe n’impuguke mu byiciro bitandukanye baturutse hirya no hino, insanganyamatsiko yayo ikaba yari “Guhuza ubumenyi butangwa mu ishuri n’ibikenewe ku isoko ry’umurimo”. Mu biganiro byatanzwe hagaragajwe zimwe mu mpungenge ziri ku isoko ry’umurimo aho hari abihangira umurimo nyuma y’umwaka umwe bya bigo bashinze bigasenyuka kuko bagiye gushaka akazi mu bindi. Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Fanfan Rwanyindo Kayirangwa yavuze ko umwana uri mu ishuri akwiye gufashwa gutangira…
SOMA INKURUUrubyiruko rw’abanyarwanda muri USA bibukijwe icyerekezo barimo
Mu ihuriro ryabereye muri Kaminuza ya Indianapolis, ryateguwe n’ihuriro ry’abanyarwanda baba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, by’umwihariko ababa muri Leta ya Indiana, kuri uyu wa 25 Gicurasi 2019, Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yabibukije ko iterambere ry’igihugu rishingiye ku rubyiruko kuko ari rwo mizero y’ahazaza bityo ko hagomba gukorwa ibishoboka byose icyo cyerekezo kikagerwaho. Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yavuze ko u Rwanda rwashyize imbere urubyiruko kuko ari rwo mizero y’ahazaza. Ati “Icyizere cy’igihugu cyacu kiri mu rubyiruko rwacu. Abanyarwanda baba abato n’abakuze bakomeza kutwereka ko kugira abantu ari bwo…
SOMA INKURUUmuco na ceceka bimwe mu byongera isambanywa rikorerwa abangavu
Nkombo umwe mu mirenge igize akarere ka Rusizi, Intara y’Iburengerazuba, hagaragara ikibazo cy’ ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikorerwa abangavu, aho benshi basambanywa ndetse bagaterwa inda, hakabaho n’igihe bikorwa n’abagabo bubatse. Kurenganurwa kw’aba bana bikaba bikiri ikibazo gikomeye kuko bibangamirwa n’umuco, no bityo kubahohotera bigahabwa intebe, ndetse bikaviramo abenshi muri bo kuva mu ishuri. Uwimana ubarizwa mu mudugudu wa Rebero, akagali Bigoga, umurenge wa Nkombo, yatangaje ko yagarukiye mu mwaka 4 w’amashuri abanza, aho yari amaze guterwa inda n’umugabo umuruta. Ibi bikimara kuba icyakozwe ni uko umuryango we wahuye n’uw’umuhungu wamuteye…
SOMA INKURUIntego za Smart Africa ni ugufasha ibihugu kutajegajega – Perezida Kagame
Taliki 15 Gicurasi 2019, ku munsi wa kabiri w’inama nyafrica yiga ku iterambere ry’ikoranabuhanga “Transform Africa Summit”, umunsi wanitabiriwe n’abanyacyubahiro banyuranye hamwe n’abakuru b’ibihugu batatu barimo Perezida Paul Kagame, Ibrahim Boubacar Keita wa Mali na Uhuru Kenyatta wa Kenya, Perezida Kagame wahaye ikaze ndetse akanashimira abitabiriye iyi nama, yatangaje ko intego za Smart Africa ari ugutuma ibihugu bitajegajega mu iterambere ry’ikoranabuhanga cyane ko gushyira hamwe ari bwo buryo bwatuma ibihugu bigera ku ntego byihaye. Perezida Kagame ati “Iyi gahunda Afurika ihuriyeho mu ikoranabuhanga ntawe ikwiriye gutera ubwoba, ahubwo bikwiriye gutera…
SOMA INKURU