Ibiciro by’amazi ntibihenze, abayakoresha nibo bihendesha –Muzola Aimé

Nyuma y’aho hirya no hino mu Rwanda abagenerwabikorwa ba WASAC batangaje ko ibiciro bishya by’amazi bikwiriye gusubirwamo kuko bihenze cyane, Kuri uyu wa 13 Gicurasi 2019, Mu kiganiro cyahuje Urwego Ngenzuramikorere (RURA), Minisiteri y’Ibikorwa Remezo ( MININFRA) n’Ikigo Gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC) n’abanyamakuru, Umuyobozi Mukuru wa WASAC, Muzola Aimé,   yemeje ko ingano y’amazi abantu bakoresha ariyo ituma bishyura amafaranga menshi bo nta ruhare babifitemo, kuko politiki y’igihugu ari ugufasha buri munyarwanda kubona amazi iwe ariko uburyo akoreshwa buri mu maboko ye. Uyu muyobozi wa WASAC yasabye abagenerwa bikorwa bayo …

SOMA INKURU

Uburinganire mu itangazamakuru buracyari ikibazo

Mu nama nyunguranabitekerezo yateguwe n’Ishyirahamwe ry’Abagore bakora umwuga w’Itangazamakuru ARFEM ku bufatanye n’Inama Nkuru y’Itangazamakuru (MHC), Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa MHC Mbungiramihigo Peacemaker yavuze ko hakiri urugendo rwo guteza imbere ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagabo n’abagore mu iterambere ry’Igihugu muri rusange harimo iterambere ry’itangazamakuru. Yagize ati: “Turacyafite urugendo rurerure kugira ngo tugere aho twifuza ku buryo abagore bagira umwanya ukwiye mu guteza imbere umwuga w’itangazamakuru, ku buryo na bo bagira imyanya y’ubuyobozi kugira ngo batange umusanzu wabo mu kubaka igihugu ndetse n’itangazamakuru by’umwihariko”. Akomeza yerekana ishusho rusange y’uko ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye rihagaze…

SOMA INKURU

Ishusho ry’ihame ry’uburinganire mu itangazamakuru

Mu nama nyunguranabitekerezo yateguwe n’Ishyirahamwe ry’Abagore bakora umwuga w’Itangazamakuru ARFEM ku bufatanye n’Inama Nkuru y’Itangazamakuru (MHC), Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa MHC Mbungiramihigo Peacemaker yavuze ko hakiri urugendo rwo guteza imbere ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagabo n’abagore mu iterambere ry’Igihugu muri rusange harimo iterambere ry’itangazamakuru. Yagize ati: “Turacyafite urugendo rurerure kugira ngo tugere aho twifuza ku buryo abagore bagira umwanya ukwiye mu guteza imbere umwuga w’itangazamakuru, ku buryo na bo bagira imyanya y’ubuyobozi kugira ngo batange umusanzu wabo mu kubaka igihugu ndetse n’itangazamakuru by’umwihariko”. Akomeza yerekana ishusho rusange y’uko ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye rihagaze…

SOMA INKURU

Ubushakashatsi ku bana baba mu muhanda, bwahishuye byinshi

Kuri uyu wa Gatatu tariki 8 Gicurasi 2019, ubwo hamurikwaga ubushakashatsi bwakozwe na Komisiyo y’Igihugu ishinzwe abana, hagenzurwa mu bice byose by’igihugu cyane mu mijyi minini ikorerwamo ubucuruzi abana bahabarizwa baba mu mihanda, hagaragaye abana 2882, muri bo 2621 ni abahungu mu gihe abakobwa ari 261, umubare munini w’aba bana bakaba bari hagati y’imyaka 11-14. Ubu bushakashatsi bwagaragaje ko muri aba bana baba mu muhanda, 55.6%, bahaba mu buryo buhoraho kuko ari naho bakura ibyo kurya naho 44.3% birirwa ku muhanda ariko bakaza gutaha naho 0.1% ni abana babana n’ababyeyi…

SOMA INKURU

Ingengo y’imari ikenewe mu kubakira abacitse ku icumu yatangajwe

Ejo hashize kuwa kabiri tariki 7 Gicurasi 2019, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Dr Mukabaramba Alvera, ubwo yari imbere ya Komisiyo y’Ingengo y’Imari n’Umutungo mu Nteko Ishinga Amategeko, yatangaje ko mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2019-2020, Ikigega kigenewe gutera inkunga abacitse ku icumu batishoboye “FARG” gikeneye byibuze miliyari 30 zo gusana inzu zubatswe cyera no kubaka inzu nshya z’abagenerwa bikorwa b’iki kigega. Dr. Mukabaramba yasobanuye ko ziriya miliyari zatangajwe hejuru zizakoreshwa mu gusana no kubaka inzu zigera ku 2000 z’abacitse ku icumu rya Jenoside…

SOMA INKURU

Minisitiri w’intebe yatangaje igihe mu Rwanda nta nzara n’ubukene bizaba bikiharangwa

Kuri uyu wa Gatanu tariki 3 Gicurasi ubwo hamurikwaga raporo ngarukamwaka mpuzamahanga ku biribwa ikorwa n’Ikigo mpuzamahaga gikora ubushakatsi ku igenamigambi mu biribwa, IFPRI, Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yatangaje ko hari gukorwa ibishoboka ku buryo mu mwaka wa 2030 mu Rwanda nta nzara n’ubukene bizaba bikihagaragara. Minisitiri w’Intebe Ngirenye yashimye uburyo iyo raporo igaragaza ahari intege nke kuri za Leta n’uburyo itanga inama z’uko byakosorwa. Yavuze ko Guverinoma y’u Rwanda ikomeje gushyira imbaraga mu guteza imbere ubuhinzi, cyane cyane ihereye mu byaro ahabarizwa hafi miliyoni icumi z’abaturage. Minisitiri w’Intebe…

SOMA INKURU

Abapolisi b’u Rwanda bakomeje gusimburana mu butumwa bw’amahoro

Nyuma y’igihe cy’umwaka, ahagana Saa 11h35 tariki 29 Mata 2019, nibwo itsinda ry’abapolisi 160 b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo  bayobowe na ACP Emmanuel Karasi bageze ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali, batwawe n’indege ya RwandAir.   Aba bapolisi basimburanye n’abandi 160 bagiyeyo mu gitondo cyo kuri uyu wa 29 Mata nabo bazamarayo umwaka. ACP Karasi yavuze ko mu kazi bakoraga harimo gucunga umutekano w’abantu n’ibintu ariko cyane cyane uw’impunzi. Ati “Muri uko kurinda abaturage harimo ibikorwa bitandukanye nko kurinda inkambi batuyemo, gucunga umutekano no kurinda abakozi…

SOMA INKURU

Icyo gahunda ya “Tekana Urishingiwe Muhinzi Mworozi”yitezweho

Mu Murenge wa Mukingo, mu Karere ka Nyanza kuri uyu wa kabiri tariki ya 23 Mata 2019 niho hatangirijwe igikorwa cy’ubwishingizi bw’amatungo n’ibihingwa cyiswe “Tekana Urishingiwe Muhinzi Mworozi”, igikorwa cyatangijwe na Minisitiri w’Ubuhinzi n’ubworozi, Dr Mukeshimana Gerardine, akaba yatangaje ko ari igikorwa gikomeye kiri mu cyerekezo cy’igihugu cyo kwihutisha iterambere ry’abanyarwanda, aho Leta itangira umuturage uruhare rwa 40% nka nkunganire na we akitangira 60%. Minisitiri Mukeshimana ati “Tekana Urishingiwe Muhinzi Mworozi ni ugufasha abahinzi-borozi guhangana n’imihindagurikire y’ibihe; nk’uko mwagiye mubibona twagiye tugira ibihe bitari byiza tukabura umusaruro tukabura amatungo; ikigamijwe…

SOMA INKURU

U Rwanda rwaje mu mutuku mu bwisanzure bw’itangazamakuru

Umuryango w’Abanyamakuru batagira umupaka (Reporteurs Sans Frontieres) washyize u Rwanda ku mwanya wa 155 mu bijyanye n’ubwisanzure bw’itangazamakuru rukaba ruri mu ibara ry’umutuku. Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo yo iri ku mwanya wa 154, u Burundi bukaba ubwa 159. Nubwo u Rwanda rwashyizwe muri uyu mwanya, amaraporo atandukanye akorwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) agaragaza ko ubwisanzure bw’itangazamakuru mu Rwanda buri ku gipimo gishimishije. ubushakashatsi bwakozwe na RGB, mu mwaka wa 2018 ku iterambere ry’itangazamakuru bwagaragaje ko ubwisanzure bw’itangazamakuru bwaje ku isonga n’amanota 81,3%. Mu bihugu byo mu karere u Rwanda…

SOMA INKURU

15 Mata 1994, umunsi washyizwemo imbaraga nyinshi mu kwica abatutsi

Tariki ya 15 Mata 1994, abatutsi basaga 15000 biciwe ku rusengero rw’Abangilikani, EAR Ruhanga mu Mujyi wa Kigali, ni Murenge wa Rusororo, mu Karere ka Gasabo. Icyo gihe Abatutsi bose bari barahungiye mu rusengero barishwe, hakoreshejwe ingufu nyinshi z’abasirikare baturutse i Rwamagana na Kanombe Barabarasa abandi babatwika bakoresheje indege, abadahise bapfa Interahamwe zikabatema. Ibitero byabishe byari biyobowe na ba Burugumesitiri wa Komini Gikoro, Paul Bisengimana n’uwa Komini Bicumbi, Juvenal Rugambarara, bafatanyije na Komanda Mukuru wa Jandarumeri ya Rwamagana ndetse na Lt Pascal Havugarurema wabaga ari ku isonga ry’abicanyi n’Interahamwe zaturutse…

SOMA INKURU