Kuri uyu wa Gatatu tariki 8 Gicurasi 2019, ubwo hamurikwaga ubushakashatsi bwakozwe na Komisiyo y’Igihugu ishinzwe abana, hagenzurwa mu bice byose by’igihugu cyane mu mijyi minini ikorerwamo ubucuruzi abana bahabarizwa baba mu mihanda, hagaragaye abana 2882, muri bo 2621 ni abahungu mu gihe abakobwa ari 261, umubare munini w’aba bana bakaba bari hagati y’imyaka 11-14. Ubu bushakashatsi bwagaragaje ko muri aba bana baba mu muhanda, 55.6%, bahaba mu buryo buhoraho kuko ari naho bakura ibyo kurya naho 44.3% birirwa ku muhanda ariko bakaza gutaha naho 0.1% ni abana babana n’ababyeyi…
SOMA INKURUCategory: politike
Ingengo y’imari ikenewe mu kubakira abacitse ku icumu yatangajwe
Ejo hashize kuwa kabiri tariki 7 Gicurasi 2019, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Dr Mukabaramba Alvera, ubwo yari imbere ya Komisiyo y’Ingengo y’Imari n’Umutungo mu Nteko Ishinga Amategeko, yatangaje ko mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2019-2020, Ikigega kigenewe gutera inkunga abacitse ku icumu batishoboye “FARG” gikeneye byibuze miliyari 30 zo gusana inzu zubatswe cyera no kubaka inzu nshya z’abagenerwa bikorwa b’iki kigega. Dr. Mukabaramba yasobanuye ko ziriya miliyari zatangajwe hejuru zizakoreshwa mu gusana no kubaka inzu zigera ku 2000 z’abacitse ku icumu rya Jenoside…
SOMA INKURUMinisitiri w’intebe yatangaje igihe mu Rwanda nta nzara n’ubukene bizaba bikiharangwa
Kuri uyu wa Gatanu tariki 3 Gicurasi ubwo hamurikwaga raporo ngarukamwaka mpuzamahanga ku biribwa ikorwa n’Ikigo mpuzamahaga gikora ubushakatsi ku igenamigambi mu biribwa, IFPRI, Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yatangaje ko hari gukorwa ibishoboka ku buryo mu mwaka wa 2030 mu Rwanda nta nzara n’ubukene bizaba bikihagaragara. Minisitiri w’Intebe Ngirenye yashimye uburyo iyo raporo igaragaza ahari intege nke kuri za Leta n’uburyo itanga inama z’uko byakosorwa. Yavuze ko Guverinoma y’u Rwanda ikomeje gushyira imbaraga mu guteza imbere ubuhinzi, cyane cyane ihereye mu byaro ahabarizwa hafi miliyoni icumi z’abaturage. Minisitiri w’Intebe…
SOMA INKURUAbapolisi b’u Rwanda bakomeje gusimburana mu butumwa bw’amahoro
Nyuma y’igihe cy’umwaka, ahagana Saa 11h35 tariki 29 Mata 2019, nibwo itsinda ry’abapolisi 160 b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo bayobowe na ACP Emmanuel Karasi bageze ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali, batwawe n’indege ya RwandAir. Aba bapolisi basimburanye n’abandi 160 bagiyeyo mu gitondo cyo kuri uyu wa 29 Mata nabo bazamarayo umwaka. ACP Karasi yavuze ko mu kazi bakoraga harimo gucunga umutekano w’abantu n’ibintu ariko cyane cyane uw’impunzi. Ati “Muri uko kurinda abaturage harimo ibikorwa bitandukanye nko kurinda inkambi batuyemo, gucunga umutekano no kurinda abakozi…
SOMA INKURUIcyo gahunda ya “Tekana Urishingiwe Muhinzi Mworozi”yitezweho
Mu Murenge wa Mukingo, mu Karere ka Nyanza kuri uyu wa kabiri tariki ya 23 Mata 2019 niho hatangirijwe igikorwa cy’ubwishingizi bw’amatungo n’ibihingwa cyiswe “Tekana Urishingiwe Muhinzi Mworozi”, igikorwa cyatangijwe na Minisitiri w’Ubuhinzi n’ubworozi, Dr Mukeshimana Gerardine, akaba yatangaje ko ari igikorwa gikomeye kiri mu cyerekezo cy’igihugu cyo kwihutisha iterambere ry’abanyarwanda, aho Leta itangira umuturage uruhare rwa 40% nka nkunganire na we akitangira 60%. Minisitiri Mukeshimana ati “Tekana Urishingiwe Muhinzi Mworozi ni ugufasha abahinzi-borozi guhangana n’imihindagurikire y’ibihe; nk’uko mwagiye mubibona twagiye tugira ibihe bitari byiza tukabura umusaruro tukabura amatungo; ikigamijwe…
SOMA INKURUU Rwanda rwaje mu mutuku mu bwisanzure bw’itangazamakuru
Umuryango w’Abanyamakuru batagira umupaka (Reporteurs Sans Frontieres) washyize u Rwanda ku mwanya wa 155 mu bijyanye n’ubwisanzure bw’itangazamakuru rukaba ruri mu ibara ry’umutuku. Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo yo iri ku mwanya wa 154, u Burundi bukaba ubwa 159. Nubwo u Rwanda rwashyizwe muri uyu mwanya, amaraporo atandukanye akorwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) agaragaza ko ubwisanzure bw’itangazamakuru mu Rwanda buri ku gipimo gishimishije. ubushakashatsi bwakozwe na RGB, mu mwaka wa 2018 ku iterambere ry’itangazamakuru bwagaragaje ko ubwisanzure bw’itangazamakuru bwaje ku isonga n’amanota 81,3%. Mu bihugu byo mu karere u Rwanda…
SOMA INKURU15 Mata 1994, umunsi washyizwemo imbaraga nyinshi mu kwica abatutsi
Tariki ya 15 Mata 1994, abatutsi basaga 15000 biciwe ku rusengero rw’Abangilikani, EAR Ruhanga mu Mujyi wa Kigali, ni Murenge wa Rusororo, mu Karere ka Gasabo. Icyo gihe Abatutsi bose bari barahungiye mu rusengero barishwe, hakoreshejwe ingufu nyinshi z’abasirikare baturutse i Rwamagana na Kanombe Barabarasa abandi babatwika bakoresheje indege, abadahise bapfa Interahamwe zikabatema. Ibitero byabishe byari biyobowe na ba Burugumesitiri wa Komini Gikoro, Paul Bisengimana n’uwa Komini Bicumbi, Juvenal Rugambarara, bafatanyije na Komanda Mukuru wa Jandarumeri ya Rwamagana ndetse na Lt Pascal Havugarurema wabaga ari ku isonga ry’abicanyi n’Interahamwe zaturutse…
SOMA INKURUIcyunamo cyashojwe hanibukwa abanyapolitiki bishwe mu 1994
Kuri uyu wa Gatandatu taliki ya 13 Mata 2019, Umuyobozi wa SENA, Hon. Bernard Makuza n’abandi banyacyubahiro batandukanye basoje icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi,banashyira indabo ku mva zishyinguwemo abanyapolitiki n’abandi banyarwanda bazize jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bashyinguye ku rwibutso rwa Jenoside rwa Rebero. Ku rwibutso rwa Jenoside rwa Rebero hashyinguye ibihumbi bisaga14,000 by’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi, harimo n’abanyapolitiki 12 bishwe bazira ibitekerezo byabo bitahuzaga n’ibya leta yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 . Urutonde rw’abanyapolitiki bashyiguwe ku Rwibutso rwa Rebero: Landouard…
SOMA INKURUTariki ya 13 Mata 1994 umunsi utazibagirana
Ku wa 13 Mata 1994, Abatutsi biciwe mu kigo Ndangamuco cya Islam kwa Kadafi, giherereye ku Kivugiza muri Nyamirambo. Icyo gihe kandi impunzi z’Abatutsi zisaga 35000 zaturutse muri za Komini Rukira, Rusumo, Birenga, Kigarama na Rukara no ku musozi wa Nyarubuye, ziciwe kuri Kiliziya ya Nyarubuye n’Interahamwe ziyobowe na Burugumesitiri Sylvestre Gacumbitsi (wakatiwe igifungo cya burundu na ICTR) afatanyije na Evariste Rubanguka wari umucamaza kuri komini n’abajandarume bo mu kigo cya Nasho. Uwo munsi Abatutsi 18 gusa ni bo barokotse ubwo bwicanyi. Abatutsi bari bahungiye ku Kiliziya ya Musha (ubu…
SOMA INKURUNyuma y’imyaka 25, tariki 10 Mata 1994 ntiyibagiranye
Tariki ya 10 Mata ni itariki ifite icyo ivuze cyane ku bacitse ku icumu ndetse no ku banyarwanda muri rusange, kuko ubwicanyi bwongerewe ingufu ndetse no mu bice byinshi abatutsi bicwa ari benshi, uyu munsi nk’uyu mu mwaka 1994 abatutsi barenga 7564 biciwe kuri Kiliziya Gatolika i Gahanga muri Komini Kanombe, abarenga 2522 bicirwa i Karembure, muri Gahanga ni nabwo abasirikare barindaga uwahoze ari Perezida Habyarimana Juvenal barashe ibisasu bikomeye ku Bitaro byitiriwe Umwami Faisal, bica abarwayi 29, abandi bagera kuri 70 barakomereka. Nk’uko CNLG ibitangaza, ibitero by’abicanyi byabaga biyobowe…
SOMA INKURU