Guverinoma y’u Rwanda yatangaje bitunguranye ko ingendo zerekeza mu Ntara ndetse n’iz’abamotari, zari ziteganyijwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 1 Kamena 2020, zitakibaye kubera ingamba zo kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya COVID-19. Itangazo riturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe riragira riti: “Nyuma y’isesengura, ingendo hagati y’intara zitandukanye, hagati y’intara n’Umujyi wa Kigali hamwe na moto zitwara abagenzi biracyabujijwe mu rwego rwo kurengera ubuzima bw’abaturage. Ingamba nshya zo kurwanya Covid-19 zizatangazwa n’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 2 Kamena 2020.” Iki kemezo gifashwe nyuma y’aho imyiteguro ku bamotari ndetse n’ibigo…
SOMA INKURUCategory: politike
Ibyifuzo bya Kabuga Felecien byatewe utwatsi
Ku wa Gatatu tariki 27 Gicurasi ni bwo umunyarwanda Kabuga Felecien yitabye urukiko bwa kabiri, nyuma y’icyumweru abamwunganira bahawe igihe cyo gutegura urubanza. Urukiko rw’i Paris mu Bufaransa rwatesheje agaciro ubusabwe bwa Kabuga Félicien wifuza kurekurwa akaburana ari hanze muri ibi bihe yatangiye kuburanishirizwa muri icyo Gihugu. Abunganira Kabuga basabye urukiko ko umukiriya wabo yaburana adafunzwe, akaba ari kumwe n’umuryango we, kuko ashaje kandi arwaye ndetse ko bidakwiye kumwohereza kuburanira i Arusha batitaye ku buzima n’amagara bye. Nubwo Kabuga yari afite ibyifuzo bitandukanye, urukiko rwanzuye ko Kabuga aguma muri Gereza…
SOMA INKURUIbyagezweho hagati y’u Rwanda na Tanzaniya
Leta ya Tanzaniya na Leta y’u Rwanda zemeje guhita hakurwaho uburyo bwari bwateganijwe bwo guhinduranya abashoferi ku mupaka wa Rusumo. Ibicuruzwa byinjira mu Rwanda bizajya bipakururirwa ku mupaka, keretse ibitwaye ibicuruzwa bishobora kwangirika cyangwa ibikomoka kuri peteroli. Ibi bizajya biherekezwa, nta kiguzi cyiyongereyeho, kugeza aho byari biteganijwe gupakururirwa kuva i saa kumi n’ebyiri za mugitondo kugera i saa kumi n’ebyiri z’umugoroba. Hemejwe kandi ko abashoferi bazajya barara ahantu hateganijwe ku kiguzi cy’abo bakorera. Inama yanemeje ko mu rwego rwo kurwanya ikwirakwizwa rya Covid-19, abashoferi bazajya bapimirwa aho batangiriye urugendo, ibi…
SOMA INKURUHashyizweho abayobozi bashya mu nzego zinyuranye
Ashingiye ku biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe mu 2015, cyane cyane mu ngingo zaryo iya 111, n’iya 112; kuri uyu wa 11 Gicurasi 2020, Perezida wa Repuburika y’u Rwanda Paul Kagame yashyizeho abayobozi batandukanye mu buryo bukurikira. Moses Rugema wakuwe ku rwego rwa Ambasaderi hanyuma agirwa Umuyobozi Mukuru ushizwe Porotokole ya Leta muri Perezidansi ya Repubulika. Ambasaderi Jacques Kabale yagizwe Ambasaderi wihariye ushinzwe gukurikirana ibikorwa byo kwishyira hamwe kw’Afurika . Theophile Mbonera yagizwe Umuyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubutabera; Clementine Mukeka yagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri…
SOMA INKURUImpinduka nyinshi kuri gahunda yo kurwanya Covid-19
Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye tariki 30 Mata 2020 ryari ryitezweho byinshi ku bijyanye na gahunda yo gukumira icyorezo cya Covid-19, hakaba habayeho impinduka nshya kuri gahunda ya Guma mu Rugo, ingamba nshya kuri iyi gahunda zikaba zizatangira gukurikizwa ku wa mbere tariki ya 4 Gicurasi 2020. Hari hashize iminsi 40 leta ishyizeho ingamba zikomeye zirimo gufunga ibikorwa hafi ya byose mu gihugu hagasigara hakora ibyangombwa gusa nk’amavuriro n’amaguriro y’ibiribwa, ndetse abaturage bose bagasabwa kuguma mu ngo. Uko iri tangazo riteye: None kuwa kane tariki ya 30 Mata 2020,Inama…
SOMA INKURUIcyo abaturarwanda basabwa muri iki gihe
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera yakanguriye abaturage kwirinda ibikorwa byose byabangamira ibihe byo kwibuka nk’amagambo n’ibikorwa by’ingengabitekerezo ya Jenoside, Gupfobya Jenoside yakorerwe Abatutsi n’ibindi. Yasobanuye ko kubera ibihe turimo byo kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19 ibikorwa byose bijyanye no kwibuka abaturarwanda bazabikurikiranira kuri radiyo, televiziyo no ku mbuga nkoranyambaga zabo aho bari mu ngo. CP Kabera yagize ati “Turasaba abaturarwanda gutanga amakuru kandi hakiri kare k’umuntu wese ugaragaweho ingengabitekerezo ya Jenoside, gutera ubwoba abantu cyangwa abazagaragarwaho amagambo n’ibikorwa by’ipfobya.” Yibukije abaturage ko ibyo…
SOMA INKURUCoronavirus iteye u Rwanda igihombo kitoroshye
Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe kumenyekanisha ubukerarugendo bushingiye ku nama, RCB, Nelly Mukazayire, yavuze ko kubera Coronavirus, zimwe mu nama zari kubera mu Rwanda zimuwe, ubu harimo gushakishwa amatariki mashya zaberaho bitewe n’aho icyorezo kigana. Kuri uyu wa Mbere nibwo byemejwe ko mu Rwanda hamaze kugaragara abantu barindwi banduye icyorezo cya COVID-19 giterwa na Coronavirus, gikomeje kugaragara hirya no hino ku Isi. Iki cyorezo cyatumye igihugu gisubika inama zitandukanye mu gukumira ikwirakwira ryacyo, ibintu bishobora kugira ingaruka ku rwunguko ruva mu kwakira inama. Mu kiganiro na Televiziyo y’uRwanda, Mukazayire yavuze ko inama…
SOMA INKURUPerezida Kagame yaburiye abayobozi
Perezida Paul Kagame asoza umwiherero w’abayobozi mu nzego nkuru bamaze iminsi ine bari i Gabiro mu karere ka Gatsibo baganira ku ngamba zo kurushaho gukomeza guteza imbere igihugu, yasabye aba bayobozi kutazatungurwa n’ibyemezo agiye gufatira bamwe muri bo bakora nabi. Ikigo k’Igihugu k’Itangazamakuru (RBA) dukesha iyi nkuru, kivuga ko mu ijambo Perezida Kagame yavuze asoza uriya mwiherero umaze iminsi ine, yateguje abayobozi bakora nabi kwitegura ibyemezo agiye kubafatira. Perezida Kagame yavuze ko bariya bayobozi bakuru bamufasha kugeza ku banyarwanda ku byo yabizeje ariko ko nyuma y’uyu mwiherero agiye gufata ibyemezo…
SOMA INKURUAbanyamabanga ba Leta babiri baraye beguye ku kazi
Mu itangazo ryaturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe babinyujije ku rubuga rwa Twitter ku mugoroba wo kuri uyu wa kane tariki 6 Gashyantare 2020, ryatangaje ko Minisitiri w’Intebe Dr. Eduard Ngirente yakiriye amabaruwa y’ubwegure bw’Abanyamabanga ba Leta babiri. Iryo tangazo riragira riti”Kuri uyu mugoroba, Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yakiriye ubwegure bw’Abanyamabanga ba Leta Evode Uwizeyimana wo muri Minisiteri y’Ubutabera na Dr Isaac Munyakazi wo muri Minisiteri y’Uburezi, akazayashyikiriza Nyakubahwa Perezida wa Repubulika.” Kuwa mbere w’iki cyumweru nibwoEvode Uwizeyimana yahohoteye umukobwa ukora uburinzi muri Kampani y’Umutekano ya Isco ku nyubako…
SOMA INKURUHatanzwe icyizere ku mubano w’ u Rwanda na Uganda
Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa gatatu tariki 8 Mutarama 2019, Minisitiri w’ Ububanyi n’ amahanga n’ ubutwererane akaba n’ umuvugizi wa Guverinoma y’ u Rwanda, Dr Vincent Biruta yatangaje ko Uganda yatangiye inzira nziza iganisha ku mubano mwiza hagati yayo n’ u Rwanda. Minisitiri Dr Vincent Biruta yavuze ko bitewe n’ uko Uganda yarekuye abantu 9 mu bo yarifunze ari intangiriro nziza itanga icyizere ko mu gihe Uganda yakomeza kurekura abanyarwanda ifunze umubano waba mwiza. Akomeza avuga ko Uganda nikomeza inzira yatangiye hari igihe u Rwanda ruzakuraho inama…
SOMA INKURU