Mu Karere ka Ruhango, haravugwa uburiganya mu gutanga umwanya w’ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, uyobora Ralga na Meya w’aka Karere bombi bavugwaho kubigiramo uruhare, aho ikizamini cyatanzwe mu bwiru, hagamijwe guha umwanya uwifuzwaga batagendeye ku bumenyi n’ubushobozi. HABARUREMA Valens Meya w’Akarere ka Ruhango Ariko yaba uyoboye Ralga ndetse na Meya w’Akarere ka Ruhango bombi ntibemera uruhare rwabo muri iki gikorwa cyo gushakira umwanya Havugimana, babihakana bivuye inyuma. Nyamara nubwo babihakana, abakoze ikizamini ku mwanya w’ushinzwe imibereho myiza mu Karere ka Ruhango batangaza ko bamaze amezi ane mu gihirahiro, mu gihe abakoze…
SOMA INKURUCategory: politike
Arashinjwa n’abanyamuryango ba koperative Coctamoka imikorere mibi iherekejwe n’ubuhemu
Abamotari bibumbiye muri koperative Coctamoka ikorera mu Kagari ka Gihinga, Umurenge wa Gacurabwenge, Akarere ka Kamonyi, barashinja umuyobozi wabo Ndayishimiye Isiraheri imikorere idahwitse irangwa no kubatoteza ndetse no kunyuranya n’inshingano za Koperative, bo bakabona akarengane bakorerwa ari indengakamere kandi bajya kwishyira hamwe bari bagamije kwiteza imbere, ariko ubayoboye akora ikinyuranyo, aho anezezwa no kubatwaza igitugu giherekejwe n’akarengane. Zimwe mu mpamvu zituma Ndayishimiye ashinjwa n’abo ayoboye muri koperative imikorere idahwitse ndetse bakaba batacyifuza ko ababera umuyobozi harimo kuyoboza igitugu giherekejwe n’iterabwoba, kwikanyiza guherekejwe n’ikimenyane. Abanyamuryango banyuranye b’iyi koperative batashatse ko batangazwa…
SOMA INKURUPerezida Kagame yagize icyo atangaza ku mubano w’u Rwanda n’u Burundi
Mu kiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye n’abakoresha imbuga nkoranyambaga yatangaje ko niba u Burundi bushaka kongera kugirana umubano mwiza n’u Rwanda nta kabuza bizakunda, kuko Perezida Ndayishimiye n’abo bakorana bazasanga u Rwanda rwiteguye gukorana nabo nibashaka ko ibihugu byombi byongera kubana neza no guhahirana. Yagize ati “Amateka yatumye abantu batagenderana cyangwa batabana uko bikwiriye ariko icyangombwa ni ugushaka uko ibyo byava mu nzira bigakemuka. Abayobozi ubundi nicyo bashinzwe, politiki nziza burya niko ikora, ibwiriza abantu kuba babana bagahahirana. Kutumvikana n’ibindi by’urudaca bikarangira.Icyo nicyo twifuza kugeraho n’abayobozi bashya b’u Burundi, Perezida…
SOMA INKURUAbandi banyarwanda 12 barekuwe
Irindi tsinda ry’Abanyarwanda 12 bari bafungiwe muri Uganda mu buryo budakurikije amategeko barekuwe bashyikirizwa u Rwanda kuri uyu wa Kabiri tariki ya 7 Nyakanga 2020. Aba Banyarwanda bose bakaba barekuwe mu rwego rwo kubahiriza ishyirwa mu bikorwa ry’amazezerano ya Luanda nk’uko Uganda yari yarabisabwe mu biganiro byo ku wa 21 Gashyantare 2020 byabereye ku mupaka wa Gatuna, bigahuza impande zombi n’ibihugu by’abahuza nka RDC na Angola. Aba Banyarwanda Uganda irekuye baje bakurikira abandi bagera ku 130 ihetse gushyikiriza u Rwanda mu kwezi gushize, bakaba bageze mu Rwanda banyuze ku mupaka…
SOMA INKURUBa midugudu 18 bitwaye neza bashimiwe
Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF) Paul Kagame, yahaye amagare 589 abayobozi b’imidugudu 18 ihana imbibi n’Ishyamba rya Nyungwe mu rwego rwo kubashimira uruhare bagira mu gufatanya n’inzego z’umutekano, by’umwihariko RDF mu kwicungira umutekano. Abayobozi b’imidugudu bashimiwe ko mu mwaka ushize bakoze akazi katoroshye ubwo imitwe yitwaje intwaro yageragezaga guhungabanya umutekano w’Igihugu iturutse mu bihugu by’abaturanyi bihana Imbibi n’Ishyamba rya Nyungwe. Ubwo iyo mitwe yageragezaga kwinjira inyuze mu Ishyamba rya Nyungwe, abayobozi b’imidugudu bahanahanaga amakuru bya hafi n’Ingabo z’u Rwanda ndetse n’izindi nzego z’umutekano, imigambi yarimo kwica…
SOMA INKURUIcyo Sena yatangaje ku ngengo y’imari yagenewe mu bihe bya Covid-19
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Kamena 2020, Inteko Rusange ya Sena y’u Rwanda yemeje ibitekerezo bya Sena ku mushinga w’ingengo y’imari ya Leta ya 2020/2021. Iyo Nteko Rusange yagejejweho ubusesenguzi bwa Komisiyo y’Iterambere ry’Ubukungu n’Imari ku bitekerezo bya Sena nk’uko bisabwa n’amategeko. Komisiyo yashimye ko nubwo icyorezo cya COVID -19 cyagize ingaruka zikomeye ku bukungu, ingengo y’imari y’umwaka wa 2020-2021 yiyongereyeho miriyari 228 z’amafaranga y’u Rwanda ugereranyije n’iy’umwaka ushize. Perezida wa Komisiyo y’Iterambere ry’Ubukungu n’Imari muri Sena, Senateri Nkusi Juvenal, yagize ati: “Turashima ko nubwo icyorezo…
SOMA INKURURwanda: Abapolisi bashya b’icyiciro cya 16 bashimiwe by’umwihariko
Tariki 19 Kamena 2020 mu Murenge wa Gishari, mu Karere ka Rwamagana ahaherereye ishuri rya Polisi ritanga amahugurwa ku bapolisi (PTS-Gishari), hasorejwe amasomo y’ibanze y’icyiciro cya 16 ahabwa abapolisi bashya bato binjiye mu kazi. Bayasoje ari abapolisi 1354, abakobwa bari 218, umuyobozi w’ishuri rya PTS-Gishari, Commissioner of Police (CP) Vianney Nshimiyimana yashimiye abapolisi basoje amasomo ku kinyabupfura, umurava no kwitanga byababaranze mu gihe cy’amezi 11 bari bamaze bahugurwa. Yagize ati “Ni amasomo yabaye mu bihe bitoroshye byo guhangana n’cyorezo cya COVID-19, ariko mwaranzwe no kwihangana kandi munirinda kwandura iki cyorezo…
SOMA INKURUBisesero: Tariki 18 Kamena ntizibagirana
Inama ya Guverinoma yo ku wa 17 Kamena 1994 yemeje koAbatutsi bo mu Bisesero bagomba kwicwa ku buryo bwihuse, kandi hagafatwa ingamba zo kurinda ibikorwa remezo byo mu karere Bisesero iherereyemo. Ishyirwa mu bikorwa ry’ubwo bwicanyi ryarihutishijwe ku buryo bwose bushoboka bikozwe na Guverinoma ya KAMBANDA n’abasirikare bayo. Liyetona Koloneli Anatole NSENGIYUMVA yahawe amabwiriza yo gutanga abasirikare bo kwica Abatutsi mu Bisesero Ku itariki 18 Kamena 1994, Minisitiri w’ubutegetsi bw’Igihugu n’amajyambere ya Komini, Edouard KAREMERA, ukomoka muri Komini Mwendo ku Kibuye, yanditse asobanura uko kwica Abatutsi mu Bisesero bigomba gukorwa. Minisitiri…
SOMA INKURUAmateka y’ubuzima bw’uwahoze ari Perezida w’u Burundi “Nkurunziza”
Kuri uyu wa kabiri tariki 9 Kamena 2020, nibwo Guverinoma y’u Burundi yatangaje urupfu rutunguranye rwa Nkurunziza Pierre uherutse gusimburwa ku mwanya wa Perezida w’icyo Gihugu nubwo manda ye yari ishigaje iminsi ibarirwa ku ntoki ikarangira. Itangazo ryatangajwe na Guverinoma y’icyo gihugu rivuga ko Petero Nkurunziza apfuye azize guhagarara k’umutima. Nkurunziza Pierre ashizemo umwuka mu gihe umufasha we Nkurunziza Denise, na we ari hanze y’Igihugu aho yagiye kuvurirwa icyorezo cya Koronavirusi (COVID-19). Perezida Nkurunziza yayoboye u Burundi guhera mu mwaka wa 2005 kugeza muri uyu mwaka wa 2020 aho yasimbuwe…
SOMA INKURUIkwirakwizwa rya Coronavirus riterwa n’abatwara amakamyo ryahagurukiwe
Ikibazo cy’umubare munini w’abandura icyorezo cya Covid 19 mu bashoferi b’amakamyo yambukiranya imipaka, cyaganiriweho mu nama yahuje abaminisitiri bashinzwe ubwikorezi n’abashinzwe ubuzima bo mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba yabaye mu mpera z’icyumweru gishize, bemeranyijwe ko abashoferi b’amakamyo, mbere yo kwinjira mu kindi gihugu bazajya bapimirwa iwabo kandi hakurikiranwe urugendo rwabo rwose hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga busanzwe bwifashishwa mu gukurikirana ibicuruzwa byinjiye mu gihugu. Ministre w’ubuzima mu Rwanda Dr Daniel Ngamije yabwiye RBA ati “Umushoferi utwara rukururana agiye kujya ahaguruka mu gihugu cye yasuzumwe ku buryo azaba afite na certificat…
SOMA INKURU