Ibikomoka ku buhinzi bikomeje kwinjiriza u Rwanda amadovise

U Rwanda rwataye intambwe mu  kohereza mu bihugu binyuranye umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi, ari nako bininjiza amadovize. Ibi byatangajwe n’ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ibyoherezwa mu mahanga bikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB), aho cyemeje ko u Rwanda rwohereje hanze ikawa, icyayi n’umusaruro w’ibikomoka ku mboga, imbuto n’indabo, bingana na Mega Toni 1,293.1 bifite agaciro k’amadolari y’Amerika 4,900,928. Ubuhinzi bw’ikawa bwo bwinjije amadolari y’Amerika 839,595 kuri Mega Toni 434 aho igiciro mpuzandengo ku kilo cyari amadolari y’Amerika 7,6. Ikawa yoherejwe muri Switzerland, mu Bwongereza, muri Leta zunze ubumwe z’Amerika no muri…

SOMA INKURU

Urugiye kera ruhinyuza intwari -Akajagari ka Kangondo na Kibiraro kabaye amatongo

Inzu zo mu kajagari ko mu midugudu ya Kangondo na Kibiriraro kazwi cyane nka ‘Bannyahe’ zamaze gusenywa ‘zose’ nk’uko bamwe mu bari bahatuye ndetse n’abategetsi babivuga. Ku cyumweru, Jean de la Paix Barawugira yabwiye BBC ati: “Ubu nta nzu n’imwe ihari. “Zose banyujijeho katerepurari, nanjye ibyanjye bahise babihirika n’ibikoresho bimwe bitaravamo”. Kuwa kane, abatuye aka gace babyutse basanga kagoswe abapolisi bitwaje intwaro nta wemerewe kuhinjira no gusohoka, drones zanyuze hajuru zibaha ubutumwa bwo kwimuka ako kanya. Kuwa gatanu imashini zisenya zaramukiye muri izo nzu, abakuriye Umujyi wa Kigali bari batanze…

SOMA INKURU

Barasaba Laboratwari y’u Rwanda y’ibimenyetso bishingiye ku bumenyi n’ubuhanga hafi yabo

Kuri uyu wa gatandatu, tariki 17 Nzeli ubwo abaturage bo mu karere ka Nyagatare basobanurirwaga n’imikorere ya Laboratwari y’u Rwanda y’ibimenyetso bishingiye ku bumenyi n’ubuhanga byifashishwa mu butabera,  basabye ko bakwegerezwa ishami ryayo kuko byabafasha cyane mu butabera. Ni mu bukangurambaga iyi laboratwari yatangiye bwo kuzenguruka uturere isobanurira abaturage imikorere ya RFL kugira ngo abaturage babashe gusobanukirwa na serivisi gitanga batangire bayigane ku bwinshi. Muri serivisi batanga basobanuriye abaturage harimo serivisi yo gupima uturemangingo ndangasano, serivisi yo gupima uburozi n’ingano za alcohol iri mu maraso, serivisi yo gupima ibiyobyabwenge n’ibinyabutabire,…

SOMA INKURU

Igisirikare cya Burkina Faso cyagabweho igitero

Guverinoma ya Burkina Faso yatangaje ko ku Cyumweru tariki 11 Nzeri 2022, hari abantu bitwaje intwaro bagabye igitero ku kigo cya gisirikare giherereye mu gace ka Deou mu karere ka Sahel, gihitana abasirikare b’iki gihugu babiri. Amakuru dukesha Ijwi ry’Amerika avuga ko uretse aba basirikare ba Leta bapfuye, bagenzi babo nabo babashije kwivugana 10 muri aba barwanyi babagabyeho igitero, ndetse babaka zimwe mu ntwaro bari bafite na moto bagendagaho. Igisirikare cya Burkina Faso kivuga ko aba barwanyi baje bashaka kwinjira mu kigo, haba imirwano yo kubakumira ari nayo yaguyemo aba…

SOMA INKURU

Karongi: Abana basaga ibihumbi 12 bibasiwe n’igwingira

Nyuma y’isesengura ryakozwe n’akarere ka karongi ryagaragaje ko abana bari munsi y’imyaka itanu bagwingiye barenga ibihumbi 12. Umwaka wa 2022 watangiye abayobozi b’akarere ka Karongi bazi ko akarere gafite abana 32,4% bagwingiye ariko batazi abo bana abo aribo n’aho baherereye. Inama yahuje abayobozi b’uturere bungirije bashinzwe imibereho myiza mu Ntara y’Iburengerazuba muri Werurwe, yagaragaje ko kutamenya imyirondoro y’abana bagwingiye ngo imiryango yabo yitabweho by’umwihariko biri mu bituma igwingira ridacika. Nyuma y’iyo nama akarere ka Karongi kapimye abana bose batarengeje imyaka 5, gasanga mu bana 41 420 batarageza kuri iyo myaka,…

SOMA INKURU

Kayonza: Pasiteri wariye abakirisitu miliyoni 25 yatawe muri yombi

Umupasiteri w’imyaka 46 wo mu Itorero Four Square Church ishami rya Kabare mu Karere ka Kayonza, yatawe muri yombi azira kwaka abaturage ibihumbi 100 Frw kuri buri muturage, ababeshya ko azabashyira mu mushinga ufasha abana babo uzwi nka ‘ Compassion International’ bikarangira amafaranga ayiririye. Uyu mugabo yatawe muri yombi kuri uyu wa Kabiri tariki ya 7 Nzeri 2022 mu Mudugudu wa Kazeneza mu Kagari ka Gitara mu Murenge wa Kabare ari naho itorero yari abereye umushumba ryakoreraga. Amakuru avuga ko mu ntangiriro z’uyu mwaka aribwo uyu mukozi w’Imana yatangiye kubwira…

SOMA INKURU

Babiri bakekwaho kwica abantu 10 barahigwa bukware

Abantu bagera ku 10 bishwe n’abandi 15 barakomereka mu bwicanyi bwo gutera abantu ibyuma mu ntara ya Saskatchewan muri Canada, nk’uko polisi ibivuga.  Abahohotewe basanzwe ahantu 13, naho abagabo babiri bacyekwa Damien Sanderson na Myles Sanderson ubu barimo guhigwa, polisi yavuze ko bitwaje intwaro. Abatuye mu gace bacyekwamo basabwe kuguma mu nzu zabo mu gihe aba bagabo barimo guhigishwa uruhindu mu karere kanini. Polisi yo mu ntara ya Saskatchewan yanditse kuri Twitter iti: “Ntuve ahantu hatekanye. Igengesere mu kwemerera abantu kwinjira iwawe”. Bariyeri zashyizwe ku mihanda aho polisi irimo kureba…

SOMA INKURU

Perezida Paul Kagame yakiriye Umuyobozi w’Impuzamashyirahamwe y’umukino wa Handball muri Afurika

Kuri uyu wa Mbere, tariki 5 Nzeli, muri Village Urugwiro, Perezida wa Republika y’u Rwanda Paul Kagame yakiriye Umuyobozi w’Impuzamashyirahamwe y’umukino wa Handball muri Afurika (CAHB) Dr Mansourou Aremou uri mu Rwanda. Perezida Kagame yakiriye Dr Aremou Mansour uyobora CAHB Perezida wa CAHB Dr Mansourou Aremou ari mu Rwanda aho yaje kwitabira imikino y’igikombe cya Afurika cya Handball cy’abatarengeje imyaka 20 ndetse n’icy’abatarengeje imyaka 18 byose biri kubera mu Rwanda kuva tariki 20/08/2022. Hari kandi n’Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Siporo Shema Maboko Didier, ndetse na Perezida wa FERWAHAND Alfred…

SOMA INKURU

Kenya: Urujijo rwakuweho, Perezida watsinze amatora yamenyekanye

Kuri uyu wa mbere tariki 4 Nzeli 2022, bidasubirwaho Urukiko rw’Ikirenga rwo muri Kenya rwemeje ko William Ruto ari we watsinze amatora ya Perezida atsinze Raila Odinga bari bahanganye. Byagaragajwe ko Ruto yabonye amajwi 50.4%, mu gihe Odinga ari 48.8%. Ubu bujurire bwatanzwe nyuma y’aho Odinga n’ihuriro rye Azimio la Umoja, bavugaga ko habayemo uburiganya mu kubara amajwi, bityo ko amajwi yatangajwe atandukanye n’ukuri kw’ibyatowe. Umwanzuro w’intsinzi ya Ruto wasomwe na Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Martha Koome, kuri uyu wa Mbere nyuma yo gutesha agaciro ibirego byashinjwaga Komisiyo y’Amatora. Kimwe mu…

SOMA INKURU

Imikorere mibi no kutubahiriza inshingano bivugwa kuri Royal Express bishobora kuyifungisha imiryango

Kampani Royal Express ya Nilla Muneza ishobora gufunga imiryango kuko yananiwe kuzuza inshingano zo gutwara abagenzi mu duce tw’Umujyi wa Kigali yari yahawe. Iterambere ry’igihugu rishingira ku bikorwa byinshi kandi bitandukanye bizamura imibereho y’abaturage. Ni muri urwo rwego hafashwe ingamba zo gukuraho Minubus zatwaraga abagenzi mu mujyi wa Kigali, bityo imwe mu mihanda ikaza gufatwa na Kampani Royal Express, ikindi gice gifatwa na KBS, igisigaye gihabwa Jali Transport. Amakuru yitangirwa n’abagenzi batega imodoka za Royal Express isaha ku isaha binubira imikorere y’iyi Kampani. Iyi mikorere mibi ivugwa n’abagenzi bo mu…

SOMA INKURU