Rusizi: Nyuma yo gusambanya umwana we akamutera inda, dore igihano yahawe

Umugabo wo mu mudugudu wa Nyamagana, akagali ka Kabuye mu murenge wa Nyakarenzo ho mu karere ka Rusizi yahamijwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Rusizi icyaha cyo gusambanya umwana we akamutera inda, yakatiwe igifungo cy’imyaka 21. Umwana we yasambanyije yari afite imyaka 17 y’amavuko, Ubushinjacyaha buvuga ko uwo mugabo w’imyaka 41 yatangiye kumusambanya mu mwaka wa 2019. Muri uwo mwaka wa 2019 ngo yamuteye inda umugore we aramurega ariko kubera ko umuryango watangiye kumutoteza byatumye ajya kumushinjura n’inda yari yaramuteye iburirwa irengero bikekwa ko yakuwemo. Urubuga rw’Ubushinjacyaha Bukuru ducyesha iyi nkuru butangaza…

SOMA INKURU

Imirwano yakaze hagati ya M23 n’ingabo za leta FARDC

Imirwano hagati y’inyeshyamba za M23 n’ingabo za leta FARDC yatangiye ku mugoroba wo kuwa kane yasubukuye mu gitondo cyo kuwa gatanu mu karere ka Rutshuru, nk’uko abahatuye babyemeza.  Alain Mirova, umwe mu banyamakuru bigenga ukorera i Goma yabwiye BBC ko abaturage bo mu gace ka Rangira muri ‘groupement’ ya Jomba barimo kuva mu byabo bahunga iyi mirwano iri mu birometero bibarirwa mu binyacumi uvuye ku mujyi wa Rutshuru. Hari hashize ibyumweru hari agahenge hagati y’impande zombi. Société civile ya Rutshuru isubirwamo n’ibinyamakuru byo muri Congo ivuga ko inyeshyamba za M23…

SOMA INKURU

Ni izihe ngaruka zo kwangira abangavu kuboneza urubyaro

Inteko Ishingamategeko y’u Rwanda kuri uyu wa mbere tariki 17 Ukwakira 2022 yanze umushinga wo kuvugurura itegeko ririho rikemera gukoresha imiti n’uburyo bwo kuboneza urubyaro kuva ku bana b’imyaka 15. Uyu mushinga wari wagejejwe mu nteko na bamwe mu badepite bifuza kurwanya ikibazo cy’inda ziterwa abangavu. Minisiteri ifite uburinganire mu nshingano muri uyu mwaka yavuze ko inda ziterwa abangavu zazamutseho 23% zivuye ku 19,701 mu 2020 zikagera ku 23,000 mu 2021. Amategeko y’u Rwanda agena ko umwana ari umuntu uri munsi y’imyaka 18 kandi itegeko ryo mu 2016 ntiryemerera abana…

SOMA INKURU

Abasirikare babiri b’ipeti rya Colonel bagejejwe mu rukiko rwa gisirikare, barazira iki?

Abasirikare babiri b’ipeti rya colonel mu cyumweru gishize bagejejwe mu rukiko rwa gisirikare rw’Intara ya Kivu ya Ruguru bashinjwa uruhare mu ifatwa ry’umujyi wa Bunagana, nk’uko bivugwa na Radio Okapi.  Hashize amazi ane uyu mujyi uri ku mupaka n’uduce two hafi yawo mu karere ka Rutshuru byigaruriwe n’umutwe wa M23 wirukanye ingabo za leta. Col Désiré Lobo na Col Jean-Marie Diadia wa Diadia bari bakuriye imitwe y’ingabo bararegwa ibyaha bine nk’uko radio Okapi ibitangaza. Ntibiramenyekana neza niba Lobo na Diadia wa Diadia bahakana cyangwa bemera ibyaha baregwa. Bivugwa ko aba…

SOMA INKURU

Ebola ikomeje kwivugana abantu mu gihugu cy’abaturanyi, ingamba zikakaye zikomeje gufatwa

Uganda yibasiwe na Ebola ku buryo bukomeye, byanatumye Perezida Museveni afata ingamba zo gukumira urujya n’uruza mu turere tubiri irimo cyane Mubende na Kassanda. Amakuru atangazwa n’inzego z’ubuzima avuga ko umuganga wa gatanu yahitanywe n’iki cyorezo ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru. Ebola yahitanye umuganga wakoreraga mu karere ka Mubende witwa Dr John Grace Walugembe. Nibura ubu muri Uganda hamaze gupfa abantu 20 bishwe na Ebola. Ibyago byo kuba umuntu yahitanwa na Ebola, biri hejuru cyane ugereranyije n’ibindi byorezo nka Covid-19, aho imibare ya OMS igaragaza ko biri hagati ya…

SOMA INKURU

Uganda: Abavuzi gakondo bahagaritswe dore ikibyihishe inyuma

Perezida wa Uganda Yoweri Museveni yategetse abavuzi gakondo kureka kuvura abantu muri iki gihe cy’ikiza cya Ebola, kimaze kwica abantu 19 mu gihugu. Museveni yanategetse abashinzwe umutekano guta muri yombi abantu bacyekwa ko banduye iyi virusi, mu gihe baba banze kwishyira mu kato. Yabivugiye mu ijambo yagejeje ku gihugu ku wa gatatu ryanyuze kuri televiziyo, aho yagezeho agakoresha ururimi rwa Luganda rukoreshwa na benshi, kugira ngo abashe kubibwirira mu buryo butaziguye. Yabwiye abavuzi gakondo n’abavurisha imiti rwatsi kutavura abantu bacyekwaho kwandura Ebola. Bibaye nyuma y’urupfu rw’umugabo wari ufite imyaka 45,…

SOMA INKURU

Jimmy Gatete yasesekaye i Kigali nyuma y’igihe kitari gito

Jimmy Gatete umwe mu bakinnyi bakunzwe cyane mu Rwanda mu myaka ishize yageze mu Rwanda nyuma y’imyaka myinshi atahaba. Ibi bikaba byatangajwe n’ishyirahamwe ry’abahoze ari abakinnyi b’umupira w’amaguru. Jimmy Gatete ni umukinnyi watsinze igitego bivugwa ko aricyo cyaba cyarishimiwe kurusha ibindi mu bakunzi b’umupira w’amaguru mu Rwanda. Muri Werurwe (3) 2003 yatsinze igitego kimwe (Rwanda 1 – 0 Ghana) cyahesheje u Rwanda ticket yo kujya mu gikombe cya Africa (2004) ku nshuro ya mbere, ari nayo yonyine kugeza ubu. Gatete, uri mu batsindiye Amavubi ibitego byinshi, yakiniye amakipe (clubs) yo…

SOMA INKURU

Ibihugu by’Iburengerazuba byamaganye Uburusiya ariko Putin ntabikozwa

Ibihugu by’iburengerazuba n’inshuti zabyo byamaganye ibitero bya misile by’Uburusiya ku mijyi itandukanye muri Ukraine no hagati mu murwa mukuru wayo Kyiv.  Amerika yavuze ko ibitero “by’ubugome” byakubise ahantu hatari aha gisirikare, harimo kuri kaminuza no ku ishuri ry’abana aho bakinira, yizeza gukomeza ubufasha bwa gisirikare iha Ukraine. Umunyamabanga mukuru wa ONU, Antonio Guterres yavuze ko “ababajwe cyane” n’ibyabaye. Perezida Vladimir Putin yavuze ko ibi bitero byari ukwihorera igikorwa cyo guturitsa ikiraro cy’ingenzi gihuza Uburusiya na Crimea cyo kuwa gatandatu. Putin yaburiye kandi ko yiteguye gutegeka “ibindi bitero bikaze”. Naho Dmitry…

SOMA INKURU

Kwangirwa gukorera igitaramo i Dubai arabishinja Uganda

Robert Kyagulanyi Ssentamu wamamaye nka Bobi Wine wo mu gihugu cya Uganda wanahanganye na Perezida Museveni mu matora ashize, aratunga urutoki  abategetsi ba Uganda kuba inyuma y’ihagarikwa ry’ igitaramo cyari kubera Dubai. Ibi yabitangaje nyuma yo kumara amasaha umunani ahatwa ibibazo n’inzego z’umutekano za Dubai, aho yemeza ko yatengushywe bikomeye n’ihagarikwa ry’igitaramo cye cy’ubugiraneza kigamije gufasha bamwe mu bimukira bakomoka muri Uganda bari muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE). Ku rubuga rwa Twitter uyu munyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi yavuze ko Guverinoma ya Uganda iri inyuma y’ihagarikwa ry’iki gitaramo mu buryo…

SOMA INKURU

Barasabwa guhabwa ingurane z’imitungo yabo yari ibatunze

Abatuye mu murenge wa Rwaza, mu karere ka Musanze bavuga ko batazi iherezo ry’amafaranga yabo y’ingurane ku byangijwe n’umiyoboro uva ku rugomero rwa Mukungwa werekeza mu karere ka Nyabihu. Uku kutishyurwa amafaranga y’ibyangijwe, bavuga ko byagize ingaruka ku mibereho yabo cyane ko ibikorwa byangijwe harimo ibyari bitunze imiryango yabo. Ubuyobozi bwa Sosiyete Ishinzwe Ingufu (REG) bwo bwavuze ko gutinda kw’ingurane ahanini bikomoka ku bibazo by’ubutaka bw’abazazihabwa. Umuturage wo mu kagari ka Nyarubuye waganiriye n’itangazamakuru utifuje ko amazina ye atangazwa, yavuze ko kutishyurirwa igihe byabagizeho ingaruka. Ati “Iyi miyoboro ari Mukungwa-Nyabihu,…

SOMA INKURU