Ingabo z’u Burusiya zafashe umwanzuro wo kuva mu Mujyi wa Kherson aho zari zimaze igihe kinini zarigaruriye, ibi ku basesenguzi ba politike bifatwa nk’aho icyizere Poutine yari afite cyakubiswe inshuro kandi ko abaturage bakomeje kugenda bamuvaho. Umugaba w’Ingabo z’u Burusiya ziri mu ntambara muri Ukraine, Gen Sergei Surovikin, yatangaje ko urugamba rwo mu gace ka Kherson rwari rugoye cyane. Kuwa 10 Ukwakira, hashize iminsi uyu musirikare agizwe Umugaba w’Ingabo z’u Burusiya ziri kurwanira muri Ukraine. Icyo gihe yavuze ko Ingabo za Ukraine zifashijwe na NATO, ziri muri gahunda yo kugaba…
SOMA INKURUCategory: politike
Abanye-Congo bakomeje guhungira mu Rwanda
Abanye-Congo batangiye guhunga binjira ku butaka bw’u Rwanda ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru, tariki 13 Ugushyingo 2022, banyuze mu mirenge ya Bugeshi na Busasamana, yo mu karere ka Rubavu ku mupaka wa Kabuhanga. Abahungiye mu Rwanda bivugwa ko ari abaturutse mu duce dutandukanye turimo Ruhunda na Buhumba mu Burasirazuba bwa RDC. Hari n’abavuye muri Groupement ya Kibumba, Teritwari ya Nyiragongo. Bakigera mu Karere ka Rubavu, aba Banye-Congo bahise bajyanwa gucumbikirwa mu ngo z’abaturage kugira ngo babone aho kurambika umusaya. Abaturage bavuye muri RDC bahunze intambara imaze iminsi ibera mu…
SOMA INKURUIkoranabuhanga mu buhinzi n’ubworozi niyo nzira yahisemo
NISHIMWE Aimable ni umuhinzi mworozi wabigize umwuga ku myaka 23, nyuma yo kurangiza amashuri yisumbiye muri scince (PCB), akaba afite Company “PRE EMINENT Ltd” ikora ubuvumvu mu karere KARWAMAGANA, umurenge wa KARENGE, akagari ka BICACA. umudugudu wa RUNZENZE agamije gufasha abaturage bo mu RWANDA kubangurira ibihigwa hakoreshejwe inzuki bityo umusaruro w’ibihigwa ukiyongera ari nako umusaruro w’ubuki uboneka ku isoko. NISHIMWE yatangaje ko yatangiye n’ubworozi bw’ingurube anabufatanya no gutanga serevisi zo guhugura urubyiruko mu gukoresha imirasire y’izuba mu kuhira, anahugura urubyiruko uburyo bwo gukoresha ikoranabuhanga mu buhinzi anabahishurira amahirwe ari mu…
SOMA INKURUYouth, key actors on strengthening the use of biotechnology in agriculture- Dr NDUWUMUREMYI
By Diane NIKUZE NKUSI The growth rate of the world population continues to increase day by day. World population projected to reach 9.8 billion in 2050 as United Nations revealed. It means that the resulting in a serious need to increase agricultural production by all means, among them there is the use of modern biotechnology in the production of genetically modified crops. This will mean obtaining sufficient, healthy, safe and nutritious food needed to feed the world’s growing population. Since Rwanda’s population is made up of young people, they can bring innovative…
SOMA INKURUIndahiro ya Minisitiri wasimbuye Gatabazi yakiriwe, dore icyo yibukijwe
Kuri uyu wa gatanu tariki 11 Ugushyingo, muri Village Urugwiro nibwo Perezida Paul Kagame yakiriye indahiro y’uwasimbuye Gatabazi JMV ku mwanya wa Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana. Mu kwakira iyi ndahiro, Perezida Kagame yatangaje ko abayobozi bakwiriye gukora bazirikana ko inshingano yabo ya mbere ari ugukorera abaturage. Ati “Abaminisitiri rero n’abandi bayobozi, ibyo bashinzwe ni ugukorera Abanyarwanda, gukorera igihugu, bitari mu magambo gusa, ngira ngo ahenshi bikwiriye kuba bishingira ku bikorwa no mu ndahiro ubwayo amaze kutugezaho, birasobanutse icyo abantu bashinzwe.” Perezida Kagame yavuze ko yizeye ko Minisitiri Musabyimana yumva…
SOMA INKURUNyuma yo kubeshya Perezida Kagame yakatiwe iminsi 30
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 11 Ugushyingo 2022, nibwo Urukiko rw’Ibanze rwa Gacurabwenge mu karere ka Kamonyi, hemejwe ko Muhizi Anatole akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo mu gihe iperereza rigikomeje. Anatole akaba akurikiranyweho icyaha cyo gutesha agaciro icyemezo cy’inzego z’ubutabera no gukoresha inyandiko mpimbano. Uyu mugabo yatawe muri yombi nyuma yo kubeshya Perezida wa Repubulika ko yimwe ibyangombwa by’ubutaka, ubwo yahabwaga umwanya wo kugeza ibibazo bye kuri Perezida wa Repubulika mu ruzinduko aherutse kugirira mu karere ka Nyamasheke. Muhizi yari yaregeye Perezida wa Repubulika Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR)…
SOMA INKURURwanda: Umwaka mushya uzatangirana n’amasaha mashya y’akazi n’amasomo
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu taliki ya 11 Ugushyingo 2022, Perezida Paul Kagame yayoboye inama y’Abaminisitiri yafatiwemo ibyemezo bitandukanye birimo amasaha mashya yo gutangiriraho amasomo n’umurimo. Ingingo z’amasaha mashya, inama y’abaminisitiri yanzuye ko abanyeshuri bazajya batangira amasomo azajya atangira saa mbiri n’igice za mugitondo bagataha saa kumi n’imwe z’umugoroba, naho abakozi bakazajya batangira akazi saa tatu za mugitondo bagataha saa kumi n’imwe z’umugoroba. Inama y’Abaminisitiri yatangaje ko izi gahunda zizatangira kubahirizwa muri Mutarama 2023, Minisiteri zibifite mu nshingano zikaba zizatangaza amakuru arambuye. ubwanditsi: umuringanews.com
SOMA INKURUPerezida Kagame arahamagarira ibihugu bikize guhagarika kohereza ibyuka bihumanya mu kirere
Perezida wa Repubulika Paul Kagame arahamagarira ibihugu bikize guhagarika kohereza ibyuka bihumanya mu kirere nta rundi rwitwazo amazi atararenga inkombe. Umukuru w’igihugu yabigarutseho mu ijambo yagejeje ku bitabiriye inama mpuzamahanga y’umuryango w’Abibumbye ku mihindagurikire y’ibihe COP27 ikomeje kubera mu gihugu cya Misiri. Ikibazo cy’ubushyuhe bw’Isi bwiyongera uko umwaka utashye biturutse ku bikorwa bya muntu gihangayikishije Isi ndetse mu nama ya COP27 ibera mu Misiri ni cyo kigarukwaho kurusha ibindi mu mbwirwaruhame z’abayobozi mu nzego zose. Ubwo abakuru b’ibihugu bahabwaga umwanya wo kugeza ijambo ku batuye Isi, Perezida wa Repubulika Paul…
SOMA INKURUPolitiki y’uburinganire n’ubwuzuzanye yitezweho byinshi mu bihugu bya EAC
Politiki y’uburinganire n’ubwuzuzanye yitezweho guhuriza hamwe imyumvire mu guca imanza ku bibazo byambukiranya imipaka y’ibihugu bya EAC, kubera ko bigize uyu muryango, ingingo y’ubwuzuzanye biyifata ku buryo butandukanye, ibigomba guhinduka igafatwa ku buryo bumwe. Ni muri urwo rwego Ishyirahamwe ry’Acamanza n’Abanditsi b’inkiko ba Afurika y’Iburasirazuba, EAMJA, ryatangije ku mugaragaro politiki y’Uburinganire n’Ubwuzuzanye, igiye gufasha abacamanza b’ibi bihugu mu kugira imyumvire ifasha mu gutanga ubutabera bunoze muri uru rwego. Ni politiki yatangirijwe mu Nama ya EAMJA iteraniye i Kigali yatangiye kuri uyu wa Mbere tariki 07 Ugushyingo 2022 ikazamara iminsi ine.…
SOMA INKURUCOP27 ni iki? Dore akamaro kayo mu kurwanya ihindagurika ry’ibihe
None Tariki 7 Ugushyingo 2022, nibwo abategetsi batandukanye bo ku isi n’abo mu karere badasigaye bahurira i Sharm El-Sheikh mu Misiri mu nama yo kurwanya ihindagurika ry’ikirere izwi nka “COP” . Uyu munsi ni uw’ibirori bikomeye byo kuyitangiza. Nibwo abategetsi bo ku isi bajya hamwe tukabona “ifoto y’umuryango” y’inama ya ONU ku by’ikirere. Abagera ku 120 baregerana bakajya mu ifoto imwe. Benshi ni abava mu bihugu biri mu nzira y’amajyambere. Nka perezida wa Kenya, urugero, niwe uri buvuge mu izina ry’itsinda rya Africa. Hitezwe ijambo ryuje amarangamutima kuri we ubwo…
SOMA INKURU