Iby’intambara muri Congo byafashe indi ntera: Imishyikirano ntikibaye, imitwe inyuranye y’inyeshyamba yahagurutse

Ibiganiro byari biteganyijwe gutangira none kuwa mbere i Nairobi hagati ya leta ya Kinshasa n’imitwe y’inyeshyamba ‘byasubitswe’, nk’uko umwe mu bakozi bateguraga ibi biganiro muri Kenya yabitangaje. Imyiteguro yasaga n’iyarangiye ariko “twatunguwe n’uko Kinshasa ubona ko nta bushake igaragaza bwo kuza”, nk’uko uyu mukozi utifuje gutangazwa yabibwiye BBC. Ntihazwi neza igihe ibi biganiro, bisubitswe ku nshuro ya kabiri, byimuriwe, amakuru avuga ko ari mu cyumweru gitaha, ariko uyu mukozi avuga ko ari “ugutegereza tukareba”. Byari biteganyijwe ko imitwe irenga 15 yitwaje intwaro mu burasirazuba bwa DR Congo ihagararirwa muri ibi…

SOMA INKURU

Dore ubwoko bw’ibiribwa bwakuwe ku isoko ry’u Rwanda

Nyuma y’ubusabe bwa bamwe mu bakiliya bakemanze ubuziranenge bwa shokola zikorwa n’uruganda rwo mu Busuwisi, Toblerone. bagasaba Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kugenzura Ubuziranenge bw’Ibiribwa n’Imiti mu Rwanda (FDA) cyakuye ku isoko ubu bwoko bwa shokola . Izo Shokola zahagaritswe ku isoko ry’u Rwanda harimo izizwi nka Toblerone 100g (Swiss milk chocolate with honey & almond nougat), Toblerone 100g (Swiss dark chocolate with honey & almond nougat) na Toblerone 50g (Swiss milk chocolate with Honey & Almond Nougat). Rwanda FDA yatangaje ko mu igenzura yakoze, yasanze zimwe muri izo shokola zifite ikibazo…

SOMA INKURU

USA: Ubuyobozi bugiye guhindura isura

Kuri iyi nshuro, Prezida Joe Biden ashobora kutazoroherwa mu mutwe w’Abadepite mu myaka ibiri isigaye kuri manda ye kuko ishyaka ry’Aba-Républicains ryegukanye imyanya 218 mu mutwe w’Abadepite, ribona ubwiganze nyuma y’iminsi mike ritsinzwe n’Aba-Démocrates muri Sena. Ni ubwiganze buba buhatanirwa cyane kuri perezida uriho, kuko butuma gahunda ze zinyuzwa mu Nteko Ishinga Amategeko zitambuka nta nkomyi. Kuri uyu wa Gatatu, Aba-Républicains babonye ubwiganze ubwo umurwanashyaka wabo, Mike Garcia, yatsindaga amatora mu karere ka 27 muri California. Ubu byitezwe ko ubwo amajwi ntakuka azaba atangazwa, ishyaka ry’Aba-Républicains rizaba rifite imyanya iri…

SOMA INKURU

Bahakanye bivuye inyuma iby’uvurizwa mu Rwanda kwa Perezida Faustin Touadéra

Umuvugizi wa perezida muri Centrafrique yahakanye amakuru ko Perezida Faustin-Archange Touadéra ku cyumweru yaba yarajyanywe mu Rwanda kuvurwa nyuma “yo kugwa gukomeye”.  Ibinyamakuru byo muri Centrafrique na bimwe mpuzamahanga byakwije ayo makuru nyuma y’uko urubuga rushyigikiye abatavugarumwe n’ubutegtsi ruvuze ko Touadéra yakomeretse “mu kugwa gukomeye” mu murwa mukuru Bangui, agahita ajyanwa kuvurirwa mu Rwanda. Umuvugizi wa perezida, Albert Yaloke Mokpem, yatangaje “gutungurwa” kubera ibivugwa,  atangaza ko perezida ari mu kazi ke i Bangui. Ati “Perezida ubu ageze mu biro bye. Amakuru yatangajwe na Corbeau News ni ikinyoma kandi arayireba ubwayo.…

SOMA INKURU

Iby’urubanza rwa Prince Kid byahinduye isura

Kuri uyu wa 15 Ugushyingo 2022 nibwo byitezwe ko Prince Kid (Ishimwe Dieudonnee) yongera kwitaba Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ahategerejwe kumvwa abatangabuhamya batatu basabwe n’Urukiko, ibi bikaba byahinduye isura urubanza rwe. Mu gutumaho aba batangabuhamya, umucamanza yavuze ko ari abumvishwe mu zindi nzego z’ubutabera, ariko mbere yo gufata icyemezo agasanga akeneye kubanza kubiyumvira. Prince Kid agiye gusubira imbere y’Urukiko nyuma y’aho rufashe icyemezo cyo gusubika isomwa ry’urubanza rwe, kuko rwasanze hari abatangabuhamya batatu rukeneye kubanza kwiyumvira ndetse nawe akisobanura ku byo bamushinja. Aba batangabuhamya bategerejwe imbere y’Urukiko baratanga ubuhamya bwabo…

SOMA INKURU

Gutakaza Umujyi wa Kherson byafashwe nko gutsindwa Kuri Putine

Ingabo z’u Burusiya zafashe umwanzuro wo kuva mu Mujyi wa Kherson aho zari zimaze igihe kinini zarigaruriye, ibi ku basesenguzi ba politike bifatwa nk’aho icyizere Poutine yari afite cyakubiswe inshuro kandi ko abaturage bakomeje kugenda bamuvaho. Umugaba w’Ingabo z’u Burusiya ziri mu ntambara muri Ukraine, Gen Sergei Surovikin, yatangaje ko urugamba rwo mu gace ka Kherson rwari rugoye cyane. Kuwa 10 Ukwakira, hashize iminsi uyu musirikare agizwe Umugaba w’Ingabo z’u Burusiya ziri kurwanira muri Ukraine. Icyo gihe yavuze ko Ingabo za Ukraine zifashijwe na NATO, ziri muri gahunda yo kugaba…

SOMA INKURU

Abanye-Congo bakomeje guhungira mu Rwanda

Abanye-Congo batangiye guhunga binjira ku butaka bw’u Rwanda ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru, tariki 13 Ugushyingo 2022, banyuze mu mirenge ya Bugeshi na Busasamana, yo mu karere ka Rubavu ku mupaka wa Kabuhanga. Abahungiye mu Rwanda bivugwa ko ari abaturutse mu duce dutandukanye turimo Ruhunda na Buhumba mu Burasirazuba bwa RDC. Hari n’abavuye muri Groupement ya Kibumba, Teritwari ya Nyiragongo. Bakigera mu Karere ka Rubavu, aba Banye-Congo bahise bajyanwa gucumbikirwa mu ngo z’abaturage kugira ngo babone aho kurambika umusaya. Abaturage bavuye muri RDC bahunze intambara imaze iminsi ibera mu…

SOMA INKURU

Ikoranabuhanga mu buhinzi n’ubworozi niyo nzira yahisemo

NISHIMWE Aimable ni umuhinzi mworozi wabigize umwuga ku myaka 23, nyuma yo kurangiza amashuri yisumbiye muri scince (PCB), akaba afite Company “PRE EMINENT Ltd” ikora ubuvumvu mu karere KARWAMAGANA,  umurenge wa KARENGE,  akagari ka  BICACA. umudugudu wa RUNZENZE agamije gufasha abaturage bo mu RWANDA kubangurira ibihigwa hakoreshejwe inzuki bityo umusaruro w’ibihigwa ukiyongera ari nako umusaruro w’ubuki uboneka ku isoko.   NISHIMWE yatangaje ko yatangiye n’ubworozi bw’ingurube anabufatanya no gutanga serevisi zo guhugura urubyiruko mu gukoresha imirasire y’izuba mu kuhira, anahugura urubyiruko uburyo bwo gukoresha ikoranabuhanga mu buhinzi anabahishurira amahirwe ari mu…

SOMA INKURU

Youth, key actors on strengthening the use of biotechnology in agriculture- Dr NDUWUMUREMYI

By Diane NIKUZE NKUSI The growth rate of the world population continues to increase day by day. World population projected to reach 9.8 billion in 2050 as United Nations revealed. It means that the resulting in a serious need to increase agricultural production by all means, among them there is the use of modern biotechnology in the production of genetically modified crops. This will mean obtaining sufficient, healthy, safe and nutritious food needed to feed the world’s growing population. Since Rwanda’s population is made up of young people, they can bring innovative…

SOMA INKURU

Indahiro ya Minisitiri wasimbuye Gatabazi yakiriwe, dore icyo yibukijwe

Kuri uyu wa gatanu tariki 11 Ugushyingo, muri Village Urugwiro nibwo Perezida Paul Kagame yakiriye indahiro y’uwasimbuye Gatabazi JMV ku mwanya wa Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana.  Mu kwakira iyi ndahiro, Perezida Kagame yatangaje  ko abayobozi bakwiriye gukora bazirikana ko inshingano yabo ya mbere ari ugukorera abaturage. Ati “Abaminisitiri rero n’abandi bayobozi, ibyo bashinzwe ni ugukorera Abanyarwanda, gukorera igihugu, bitari mu magambo gusa, ngira ngo ahenshi bikwiriye kuba bishingira ku bikorwa no mu ndahiro ubwayo amaze kutugezaho, birasobanutse icyo abantu bashinzwe.” Perezida Kagame yavuze ko yizeye ko Minisitiri Musabyimana yumva…

SOMA INKURU