Nyuma yo kwihagararaho ndetse no gutangaza ko badateze gusubira inyuma bakava mu duce tunyuranye bafashe, umutwe wa M23 wavuye ku izima utangaza ko witeguye guhagarika imirwano ndetse ukanava mu duce wari umaze kwigarurira, nk’uko wabisabwe mu nama iheruka kubera i Luanda muri Angola. M23 kandi igaragaje ubu bushake mu gihe kuri uyu wa Kabiri i Nairobi muri Kenya hasojwe ibiganiro byari bihuje leta ya Congo n’imitwe yitwaje intwaro, yashimangiye ko yiteguye kuyoboka inzira yo gushyira itwaro hasi. M23 yasohoye itangazo, kuri uyu wa Kabiri tariki 6 Ukuboza 2022, nyuma yo…
SOMA INKURUCategory: politike
Agahimbazamusyi kateje ibibazo mu biganiro byari bihuje abanye Congo
Mu gihe ibiganiro bimaze iminsi irindwi bihuje abanye-Congo byagombaga gusozwa kuri uyu wa Mbere nyuma ya saa sita, igikorwa cyimuriwe kuri uyu wa Kabiri kubera ko ibiganiro bitarangiye nk’uko byari byitezwe, imbarutso yabaye agahimbazamusyi. Ibiganiro byatangiye neza, mbere ya saa sita humvwa ibiganiro birimo icyatanzwe n’Umugaba w’Ingabo z’akarere zoherejwe muri Congo, Gen Maj Jeff Nyangah, washimangiye ko batazatuma “umutwe wa M23 wigera ufata umujyi wa Goma.” Ikindi kiganiro cyatanzwe na ambasaderi Mohamed Goyo, cyagarukaga ku bijyanye no gukemura amakimbirame. Ibintu bijya kumera nabi, abitabiriye ibiganiro by’umwihariko abayobozi b’imitwe yitwaje intwaro,…
SOMA INKURUIcyo RGB isaba amatorero yo mu Rwanda
Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasabye imiryango ishingiye ku myemerere kurushaho kunga ubumwe, mu rwego rwo kwirinda ibibazo by’ubwumvikane buke byakunze kugaragara muri amwe mu matorero. Ubu butumwa Umukuru wa RGB, Dr. Kayitesi Usta, yabutanze kuri uyu wa Mbere ubwo yafunguraga igiterane cy’iminsi itatu cyiswe Rwanda Brethren Conference on Mission, cyateguwe n’Itorero Inkuru Nziza mu Rwanda. Mu ijambo yagejeje ku bantu basaga 200 bitabiriye iki giterane, barimo abashumba n’abayobozi b’ibyiciro bitandukanye muri iri torero, Dr. Kayitesi yagize ati “Niba hari ikintu kimwe muzakura muri iyi nama, ndifuza ko kizaba kumenya…
SOMA INKURUImpaka ni zose ku kuboneza urubyaro ku bangavu
Umushinga wari watanzwe n’itsinda ry’abadepite bashakaga ko abakobwa b’imyaka 15 bakwemererwa gukoresha uburyo bwo kuboneza urubyaro, ariko mu Ukwakira, nibwo Inteko Ishinga Amategeko yanze uyu mushinga wari ugamije guhindura itegeko risanzwe ryagiyeho muri 2016 ariko ryemerera kuboneza urubyaro abafite kuva ku myaka 18 gusa. Umwe mu badepite bari bashyigikiye uwo mushinga w’itegeko ubwo wamurikirwaga Inteko, ni Depite Frank Habineza, wavugaga ko ari umushinga mwiza uzakemura ibibazo biri muri sosiyete cyane cyane mu rubyiruko bitewe n’umubare w’abangavu baterwa inda urushaho kwiyongera ndetse benshi bagerageza kuzikuramo bikabaterwa kubura ubuzima kubera gukoresha abantu…
SOMA INKURURwanda: Urubyiruko rube maso SIDA iravuza ubuhuha
Nta wakwirengagiza byinshi byagezweho mu Rwanda mu rugamba rwo guhashya virusi itera SIDA, ariko haracyari urugendo mu rwego rwo kwesa umuhigo wo kurandura ubwandu bushya kuko bwiganje mu rubyiruko ruri hagati y’imyaka 15 na 24, muri bo abenshi bakaba ari igitsina gore. Ku munsi mpuzamahanga ngarukamwaka wahariwe kurwanya Virusi itera SIDA, wijihijwe none tariki ya 1 Ukuboza, ufite insanganyamatsiko igira iti ” Rubyiruko tube ku isonga mu kurwanya no guhangana na SIDA”, hagaragajwe impungenge zikomeye z’ubwiyongere bwa VIH/ SIDA mu rubyiruko bamwe muri rwo berekana icyibyihishe inyuma. Ndagiwenimana Polinaire, umusore…
SOMA INKURUGutora NKUNDIMFURA Rosette ni ukwiteganyiriza ejo hazaza
Nkundimfura Rosette ni umwe mu bari kwiyamamaza kujya mu Nteko Ishingamategeko y’Ibihugu biri muri Afurika y’Iburadirazuba ” EALA”, akaba umwe mu mpirimbanyi y’uburinganire n’ubwuzazanye ahora arajwe inshinga n’iterambere ry’umugore n’umukobwa. Kuba impirimbanyi y’uburinganire n’ubwuzazanye yabitangiye akiri muto, aho yiga muri Kaminuza y’u Rwanda i Butare yashinze ihuriro ry’abakobwa biga muri Kaminuza n’amashuri makuru, agamije kubigisha kwigira, kumenya kwicunga, guharanira kwiteza imbere ndetse akanabigisha kuba abayobozi bazana impinduka. NKUNDIMFURA Rosette afite inararibonye mu bijyanye n’uburinganire n’ubwuzuzanye niyo mpamvu kumutora ari ukwiteganyiriza Yakoze imyaka itanu muri MIGEPROF, ashinzwe kwinjiza ihame ry’uburinganire muri…
SOMA INKURUIcyumweru cyahariwe kurwanya ruswa n’akarengane kitezweho iki?
Mu rwego rwo kwitegura umunsi mpuzamahanga wo kurwanya ruswa ,urwego rw’umuvunyi rwateguye icyumweru cyihariye cyo kurwanya ruswa hatangwa ubutumwa bwo kuyirwanya. Mu kiganiro n’abanyamakuru urwego rw’umuvunyi rusobanura ko mu rwego rwo kwitegura kwizihiza umunsi mpuzamahanga wo kurwanya ruswa iki cyumweru kizatangira kuri 26 Ugushyingo kigazoswa taliki ya 09 Ukuboza 2022 ku munsi mpuzamahanga nyirizina wo kurwanya ruswa . Umuvunyi mukuru Madame Nirere Madeleine nibyo agarukaho. Yagize ati “buri mwaka igihugu cyacu cyifatanya n’isi yose mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe kurwanya ruswa, ni umunsi wizihizwa ku isi yose n’igihugu cyacu kirimo…
SOMA INKURUAbadepite batunguwe n’uruhuri rw’ibibazo byirengagizwa n’ubuyobozi
Muri iki Cyumweru abadepite bari mu turere twose tw’Igihugu, aho bari gusura abaturage bakareba ibibazo bikibugarije, batunguwe n’uruhuri rw’ibibazo byirengagijwe n’inzego z’ibanze. Mu bibazo bitandukanye bagejejweho, uwari ukuriye abo badepite basuye akarere ka Rubavu Visi Perezida w’inteko ishinga amategeko Umutwe w’abadepite, Sheikh Musa Fazil Harerimana yavuze ko bashenguwe n’ikibazo cy’uwitwa Sekidende warimanganyijwe umutungo we n’umugore babyaranye abana 8, imitungo ye igatezwa cyamunara, umusaza agasigara azerera ku gasozi. Bivugwa ko umugore wa Sekidende yakoze inyandiko mpimbano imuhesha imitungo ya Sekidende, ayikorewe n’umukozi wo mu karere ka Nyabihu. Sekidende yasabwaga kuzana inyandiko…
SOMA INKURUPerezida Zelensky yashinje Uburusiya gukora ibyaha byibasira inyokomuntu
Perezida Volodymyr Zelensky yashinje Uburusiya gukora “ibyaha byibasira inyokomuntu” nyuma y’uko ibindi bisasu bya misile byabwo biteje ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bice bitandukanye bya Ukraine. Mu ijambo ryo mu buryo bwa videwo bw’iyakure, yabwiye akanama k’umutekano k’umuryango w’abibumbye ko “umuvuno w’iterabwoba” w’Uburusiya watumye “abantu babarirwa muri za miliyoni basigara nta ngufu z’amashanyarazi bafite, nta bushyuhe [bwo mu nzu], nta mazi”, muri iki gihe cy’ubukonje buri munsi ya dogere zeru (-0). Ukraine yavuze ko ibi bitero bishya byishe abantu nibura barindwi. Ikoranabuhanga rya internet na mudasobwa ryahagaze mu bigo by’ingufu za…
SOMA INKURURwanda: Abana basaga 600 bibera mu mihanda
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe igororamuco (NRS), Mufulukye Fred, yatangaje ko 87% by’abana babaga ku muhanda basubijwe mu miryango, mu gihe abandi barenga 600 bakiwurimo ni ukuvuga 13%. Mufulukye yavuze ko abana basubiye mu miryango biga bameze neza cyane ariko hari abandi 13% barimo 318 baba mu mihanda basubira mu miryango yabo, ni ukuvuga ngo ‘barara mu miryango ariko bakazinduka bajya mu mihanda’ n’abandi bangana na 368 barara mu mihanda. Mu kiganiro Waramutse Rwanda cyatambutse kuri Televiziyo y’Igihugu kuri uyu wa Mbere, Mufulukye, yavuze ko kuba hari abana basubira mu…
SOMA INKURU