Abari bafite indwara zibasaba kujya kwivuriza mu mahanga boroherejwe

Guhera kuri uyu wa Kane tariki ya 29 kugeza ku itariki ya mbere Ukuboza 2018, Inzobere mu buvuzi ziturutse mu Bitaro Mpuzamahanga bya Medanta mu Buhinde, zizasuzuma Abanyarwanda indwara z’umutima, amagufwa, ubwonko, imitsi ndetse na kanseri. Iki gikorwa kikaba cyarateguwe n’Ibitaro Mpuzamahanga bya Medanta bikorera mu Buhinde ku bufatanye na Global Healthcare Network, Umuryango Nyarwanda uhagarariye ibi bitaro mu Rwanda. Gusuzumwa n’izi nzobere bisaba amafaranga 5000 Frw ndetse n’ imiti yakwifashishwa mu gihe asanze arwaye akayigurira ahazabera iri suzuma. Iki gikorwa kizabera mu Mujyi wa Kigali kuri  Polyclinique La Medicale…

SOMA INKURU

Haracyari ikibazo cy’indwara zidakira –Minisitiri Dr Ndagijimana

Dr Ndagijimana Uzziel, Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi ubwo yari mu nama ihurije hamwe abayobozi b’ibigo by’ubwiteganyirize bihuriye mu muryango ECASSA, bigira hamwe uko ubuvuzi bwagera kuri buri wese, yatangaje ko ubwisungane mu kwivuza bugeze kuri 90%, gusa ngo nubwo ibi byose byakozwe, haracyari ikibazo cy’indwara zidakira zigihenze cyane ku bijyanye n’ubushobozi bwo kuzivuza, byaba ibikoresho n’amafaranga yo kuzivura, yashimangiye ko bisaba imbaraga nyinshi mu kuzirinda no gushaka ubushobozi. Dr Ndagijimana yashimiye abagize ishyirahamwe ECASSA kuba barahisemo iyi kwiha intego igira iti “abantu bose bashobora kugera ku bwishingizi”. Yagize ati “Bimwe mu…

SOMA INKURU

Polisi y’u Rwanda yasuye abakomerekeye mu mpanuka

Polisi y’ u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasuye inashyikiriza ingemu abarwayi bakomerekeye mu mpanuka zo mu muhanda barwariye mu bitaro bya Kabgayi mu Karere ka Muhanga. Buri murwayi yahawe amafaranga ibihumbi mirongo irindwi na bibiri (72,000Frw) nk’ingemu Polisi yamugeneye kubera impanuka kuko imiti gusa itatunga umurwayi, kandi ngo abakoze impanuka bakenera ibintu byinshi byo kubitaho. Abarwayi bavuze ko iki gikorwa polisi yakoze cyabatunguye. Polisi igaragaza ko yabikoze mu rwego rw’ibikorwa byayo byahariwe umutekano wo mu muhanda, kugira ngo igeze ku barwayi bakomerekeye mu mpanuka, ubutumwa bwo kubihanganisha no kubashishikariza…

SOMA INKURU

Ibikorwa byo guhashya icyorezo cya Ebola byasubukuwe muri RDC

Umuryango Mpuzamahanga wita ku Buzima (OMS) watangaje ko ibikorwa byo guhashya icyorezo cya Ebola mu gace ka Beni muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) byasubukuwe, ibi bibaye nyuma y’aho ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize Minisiteri y’Ubuzima muri iki gihugu yatangaje ko ibyo bikorwa byabaye bihagaritswe nyuma y’imirwano yabereye hafi y’Ikigo gitegurirwamo ibikorwa by’ubutabazi ku ndwara ya ebola. Umuyobozi Mukuru wa OMS, Tedros Adhanom Ghebreyesus, kuri iki Cyumweru yashimangiye ko ibikorwa byo guhashya Ebola bigiye gusubukurwa,  cyakora  yavuze ko abakorerabushake bari muri ibyo bikorwa umutekano wabo utifashe neza kubera inyeshyamba…

SOMA INKURU

Ubushakashatsi ku gitabo kivuguruye kirimo indwara n’ibyago bikomoka ku kazi cyamuritswe na RSSB

Kuri uyu wa gatatu tariki 14 Ugushyingo 2018, Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) nibwo cyamuritse ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo IBC Group gifatanyije na Belincosoc ku kuvugurura igitabo gikubiyemo lisiti y’indwara z’ibyago bikomoka ku kazi n’ikirimo ingero z’ubumuga bukomoka ku kazi bwamurikiwe abahagarariye ibigo by’ubwishingizi, Minisiteri zitandukanye zirimo; iy’ubuzima, iy’abakozi ba Leta n’umurimo, iy’imari n’igenamigambi, iy’ubutegetsi bw’igihugu ndetse n’impuguke mu bijyanye n’ubuvuzi bw’indwara zitandukanye. Dr. Hategekimana Juvénal umwe mu bifashishijwe mu gukora  ubu bushakashatsi yavuze ko urutonde rw’indwara zikomoka ku kazi rwakoreshwaga mu Rwanda ari urwo mu 1980, kandi rwariho indwara…

SOMA INKURU

Muri RDC inyeshyamba zibangamira ibikorwa byo gukumira ebola

Abantu bagera ku bihumbi 250 muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bamaze guhabwa urukingo ariko inzego z’ubuzima zivuga ko icyo gikorwa cyagiye kibangamirwa n’inyeshyamba zitwaje intwaro zigirira nabi abashinzwe ubuzima, akaba ariyo mpamvu izi nzego zemeje ko abasaga 200 bamaze guhitanwa na Ebola abenshi muri bo abo mu Mujyi wa Beni, utuwe n’abasaga ibihumbi 800 muri Kivu y’Amajyaruguru. Abantu 291 nibo bamaze kugaragaraho ibimenyetso bya Ebola, 201 muri bo byemejwe ko bamaze kuyandura, iki cyorezo kikaba cyaratangiye kugaragara muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri Nyakanga uyu mwaka, akaba ari…

SOMA INKURU

Umufasha wa Perezida wa Haiti Madamu Martine Moise yasesekaye mu Rwanda yitabiriye inama

Madamu Martine Moïse umugore wa Perezida wa Haïti yageze i Kigali, kuri iki cyumweru mu gitondo cyo ku wa 11 Ugushyingo 2018 akaba yaje yitabiriye Inama Mpuzamahanga ku kuboneza urubyaro (ICFP) izamara ’iminsi itatu iteganyijwe kuva kuwa 12  kugeza 15 Ugushyingo 2018,  ikaba izitabirwa n’abantu barenga 3000 bo mu bihugu 110. Akigera ku Kibuga cy’indege i Kanombe  Madamu Martine yakiriwe na Dr Ndimubanzi Patrick akaba ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima ushinzwe Ubuvuzi bw’Ibanze hamwe n’Umuyobozi Mukuru wungirije mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB) Dr Hakiba Solange n’Umunyamabanga Uhoraho muri…

SOMA INKURU

Umwitozo mu kwirinda Ebola urakorerwa i Kanombe mu Bitaro bya Gisirikare

Minisiteri y’Ubuzima “MINISANTE” yatangaje ko yiteguye bihagije nyuma y’uko Ebola yongeye kugaragara mu gihugu cy’abaturanyi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo “RDC”, akaba ari muri urwo rwego iyi Minisiteri ibinyujije mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima “RBC” ku bufatanye n’abaganga b’ingabo z’u Rwanda “RDF”, Kuri uyu wa kane tariki 25 Ukwakira 2018 hateguwe umwitozo ugamije kugaragaza ubushobozi bwo guhangana no gukumira kuba icyorezo cya Ebola cyakwinjira mu Rwanda, uyu mwitozo  ukaba wiswe “Kumira Ebola Simulation Exercise SIMEX” ukaba uribubere mu Bitaro bya Gisirikare i Kanombe. Kumira Ebola Simulation Exercise SIMEX yatangijwe kuwa…

SOMA INKURU

Imibiri y’abazize genocide yakorewe abatutsi mu Murenge wa Muhoza imaze imyaka 24 itarashyingurwa mu cyubahiro

Ubwo Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi yagezwagaho Raporo y’ibikorwa bya Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside “CNLG”, by’umwaka wa 2017/2018, Abadepite bagarutse ku kibazo cy’ imibiri y’abatutsi bishwe muri Jenoside imaze imyaka 24 itashyingurwa mu cyubahiro iri mu Murenge wa Muhoza. Hakaba habaye kwemeza ko umwaka ushize habayeho gusaba Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, CNLG n’Akarere ka Musanze, gukora ibishoboka byose imibiri iri mu mva zitandukanye muri uyu murenge igashyingurwa mu cyubahiro mu gihe kitarenze amezi atandatu, ariko ntibyigeze bikorwa. CNLG ivuga ko ikibazo gihari ari ba nyiri abantu badashaka ko iyo mibiri…

SOMA INKURU

Abantu 4 bagwiriwe n’ubutaka bwaridutse ubwo basizaga

  Ikibanza barimo gusiza hafi y’umuturirwa wa Centenary House uherereye mu Mujyi wa Kigali rwagati cyaridutse kigwira abantu 4, gusa inzego z’umutekano zirimo Polisi y’Igihugu zahageze zihutira gushakisha imashini yaza igataburura abagwiriwe n’itaka kuko abakoresha amasuka n’ibitiyo batabishobora. Ibi byabaye mu kanya ahagana saa cyenda n’igice nibwo bivugwa ko iki kibanza cyagwiriye abafundi n’abayede bane. Kugeza ubu ntiharamenyekana icyatumye gitenguka. Umwe mu bashinzwe imirimo yo kubakisha ahari iki kibanza yabwiye itangazamakuru ko nta ngaruka byagira ku magorofa ya Centenary House kubera ko inkingi z’ayo mazu zubakiye hasi cyane. Cyakoza ubwo…

SOMA INKURU