MINISANTE irizera ko ubushakashatsi bushya kuri SIDA buzagira uruhare runini ku buzima bw’Abaturarwanda

Tariki ya 10 Ukwakira 2018, nibwo Minisiteri y’Ubuzima hamwe n’Ikigo gishinzwe kurwanya Ubwandu bwa Virusi itera Sida, ICAP, gikorera muri Kaminuza ya Colombia byatangaje ku mugaragaro ko bagiye gukora ubushakashatsi buzatangira 12 z’uku kwezi k’Ukwakira buzarangira hagati mu mwaka wa 2019 bugaragaje uko ubwandu bushya bwa SIDA buhagaze, hamwe na Hepatite B na C. Hatangajwe ko mu mwaka wa 2019 uzasiga imibare mishya y’abaturarwanda bafite ubwandu bwa Virusi itera Sida, izasimbura imibare iheruka igaragaza ko ubwandu bwa virusi itera Sida muri rusange ari 3%. Ubu bushakashatsi bugamije kwerekana imibare mishya…

SOMA INKURU

Yabyaye ku myaka 13 gusa

Ejo ku Cyumweru tariki 7 Ukwakira 2018, Ku kigo Nderabuzima cya Gikundamvura Umwana w’umukobwa bivugwa ko afite imyaka 13 yarahabyariye ariko umwana avuka anananiwe biba ngombwa ko abaganga bamwohereza ku bitaro bya Mibirizi. Uyu mwana akaba akomoka mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi.   Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Kayumba Ephrem, yatangaje  ko atahita yemeza uwo mwana koko afite imyaka 13, icyakora yemeza ko atarageza imyaka y’ubukure. Ario yemeje ko umugabo wasambanyije uwo mwana akamutera inda yamaze gukatirwa igifungo cy’imyaka 25. Abajijwe niba hari icyo arafashwa, Meya Kayumba yavuze…

SOMA INKURU

Kwaka amafaranga indembe ije kwa muganga mbere, ni ugutandukira amahame y’umwuga –Minisitiri Dr Gashumba

  Mu nama nyunguranabikekerezo ngarukamwaka yateguwe n’Umuryango w’Abanyamakuru baharanira amahoro, Paxpress, yabaye kuri uyu wa Kane, yari ifite  insanganyamatsiko yo ‘‘Kunoza ireme rya serivisi z’ubuzima by’umwihariko mu bigo nderabuzima na poste de sante’’, muri iyi nama Minisitiri w’Ubuzima Dr Diane Gashumba, yatangaje ko nta mabwiriza bigeze babaha amavuriro n’ibitaro yo kubanza kwaka amafaranga umuntu uzanye indembe cyangwa aje kwivuza arembye, ngo ababikora baba batandukiriye ku mahame y’umwuga. Minisitiri Gashumba yabivuze nyuma y’ikibazo cyagaragarijwe n’ abaturage ko iyo umuntu asanze umuntu w’indembe ku muhanda yakoze impanuka cyangwa yagize ikindi kibazo, umujyanye…

SOMA INKURU

Nta terambere ryabaho mu gihe hari inzego z’ubuzima zidakora uko bikwiriye –Perezida Kagame

Ejo hashize kuwa Gatatu tariki 26 Nzeli 2018, mu Nama yiga kuri Kanseri y’Ibere hamwe na kanseri Inkondo y’Umura yateguwe n’Ihuriro ry’Abadamu b’Abaperezida bo muri Afurika ryo Kurwanya Sida (OAFLA) yabereye i New York, ahateraniye Inteko Rusange ya 73 y’Umuryango w’Abibumbye, Perezida Kagame akaba n’Umuyobozi w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) yatangaje ko nta terambere  ryabaho mu gihe hari inzego z’ubuzima zidakora uko bikwiriye. Yagize ati “Afurika ntabwo ishobora gutera imbere abaturage bacu badafite ubuzima bwiza. Indwara nka kanseri zikomeje gukaza umurego ahanini bitewe n’inzego z’ubuzima zidakora neza uko bigomba…

SOMA INKURU

Abibasirwa n’indwara zitandukanye zanze gukira bafitiwe igisubizo

Umuvuzi gakondo ufite ikusanyirizo ry’imiti nyafurika Sibomana  Jean Bosco yemeza ko ubuvuzi gakondo bufasha abantu batari bake, akaba ari muri urwo rwego yatangarije umuringanews.com zimwe mu ndwara avura harimo  nk’umutwe udakira, isereri, umunaniro ukabije, amibe, ikirungurira, kutituma neza, inkorora, ihindagurika ry’imisemburo bitera gucika intege mu gukora imibonano  mpuzabitsina (imiti yongera sentiment ), imiti yo gufasha abakobwa n’abagore bataciye imyeyo, imiti ibuza abakobwa n’abagore kuribwa mu nda bari mu mihango, kuvura ababaswe n’ibiyobyabwenge nk’urumogi, itabi,inzoga bakabicika. Uyu muvuzi gakondo yemeje ko ibi byose abikesha ikusanyirizo ry’imiti gakondo  nyafurika akabayemeza ko irikusanyirizo…

SOMA INKURU

Ubutumwa bwa Perezida Kagame ku miryango yaburiye ababo mu mpanuka yabereye Tanzania

Abinyujije kuri Twitter Perezida Kagame yihanganishije imiryango yaburiye abayo basaga 100  mu mpanuka y’ubwato buzwi ku izina rya MV Nyerere bwarohamye ejo hashize tariki 20 Nzeli 2018, ubwo bwavaga ku kirwa cya Ukora bugana ku kirwa cya Bugorora i Mwanza. Yagize ati “Nihanganishije imiryango n’inshuti bagize ibyago mu mpanuka y’ubwato muri Victoria. Twifatanyije namwe. Turashimira byimazeyo abagerageje kurokora abagihumeka”. Nk’uko byatangajwe n’umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Ukerewe, John Mongella yatangaje ko impanuka ishobora kuba yatewe n’abantu benshi ndetse n’imizigo ubwato bwari butwaye, n’kuko The Citizen yabitangaje ngo bwari butwaye…

SOMA INKURU

Impanuka y’indege yahitanye abantu 17 muri Sudani y’Epfo

Minisitiri ushinzwe itangazamakuru muri Sudani y’Epfo,Taban Abel, yatangaje ko indege yari itwaye abantu 22 ubwo yakoraga impanuka kuri iki cyumweru tariki ya 9 Nzeli 2018, yica abantu 17 ariko hari abarokotse batatu, ariko yanemeje ko hari abantu babiri bakomeje kuburirwa irengero. Reuters yanditse iyi nkuru yatamnngaje ko iyi ndege nto yakoze impanuka yari ikuye abagenzi ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Juba yerekeza mu Mujyi wa Yirol. Mu barokotse iyi mpanuka harimo umuganga w’umutaliyani ukorera umuryango utegamiye kuri Leta, gusa ubuzima bwe ntiburamera neza ku buryo ari kwitabwaho mu bitaro bya…

SOMA INKURU

Ibibazo bikunze kwibasira umwana ukivuka biracyagaragara

Kuri uyu wa gatatu tariki 5 Nzeri 2018,  nibwo hasojwe ihuriro ryari rihuje abaganga bavura abana hamwe n’abafatanya bikorwa harimo n’abaturutse mu bihugu binyuranye, rikaba ryari rimaze iminsi 2, aho higirwaga hamwe ibibazo bitera impfu za hato na hato ku bana bakivuka ndetse n’icyakorwa iki kibazo kikagabanuka. Dr Tuyisenge Lisine Umuganga w’Abana muri CHUK akaba umunyamabanga mukuru w’ihuriro ry’abaganga bavura abana yatangaje ko iyi nama iba rimwe mu mwaka mu rwego rwo kureba ibibazo bikigaragara mu bana bakivuka no kugerageza kubishakira ibisubizo harimo nko kugabanya umubare w’abana bapfa bavuka. Yagize…

SOMA INKURU

Mu nama bagiriye mu Bushinwa bize ku mbogamizi zigihari mu guhangana na SIDA

Abagore b’abakuru b’ibihugu byo muri Afurika, bitabiriye inama yigaga ku kwirinda ndetse no kugabanya Virusi itera Sida, ugenekereje mu Kinyarwanda, iyo nama yiswe “Dufatanye guharanira ahazaza hazira Sida”. Ikaba yararebeye hamwe intambwe imaze guterwa mu kurwanya ubwandu bushya bwa Virusi itera Sida, ndetse inarebera hamwe imbogamizi zigihari mu guhangana n’ubwo bwandu. Avuga mu izina ry’ihuriro ry’abagore b’abakuru b’ibihugu bya Afurika bahuriye ku kurwanya Sida (OFLA), Mme Sika Bella Kabore wa Perezida wa Burkina Faso, yavuze ko Afurika ikomeje gukomererwa n’ikibazo cy’ubwandu bwa Virusi itera Sida, akaba yanasabye bagenzi be gukomeza…

SOMA INKURU

Abanyarwanda birukanywe muri Tanzania bacumbikiwe i Bweramvura baratabaza

  Hashize imyaka itanu buri kwezi aba banyarwanda bagera ku 193 biganjemo abana n’abageze mu zabukuru, birukanwe muri Tanzania batujwe mu Mudugudu wa Gitega mu Kagari ka Bweramvura mu Murenge wa Jabana ho mu Karere ka Gasabo, bavuga ko bagiye kwicwa n’inzara kuko bamaze amezi abiri badahabwa ibyo kurya, kuko ubusanzwe bajyaga bahabwa ibyo kurya bigizwe n’ibiro 10 by’akawunga n’ibiro bitandatu by’ibishyimbo kuri buri muntu, ibi nibyo bakuramo isabune, amavuta, umunyu n’ibindi bakeneye birimo no kugura umuriro w’amashanyarazi. Bavuga ko amezi abaye abiri batabihabwa bikaba byaragize ingaruka zitandukanye ku buzima…

SOMA INKURU