Abakunzi b’akabenzi “indyoheshabirayi” baraburirwa

Mu ngurube habonetse ubwoko bushya bwa virusi y’ibicurane ishobora guhinduka icyorezo, ikaba yagaragaye  mu Bushinwa, itahuwe n’abahanga mu bumenyi bwa siyansi. Iyi virusi yagaragaye mu ngurube vuba aha byemejwe ko n’abantu bashobora kuyandura, nk’uko bariya bahanga muri siyansi babivuga. Bakaba bahangayikishijwe nuko ishobora kwigabamo amashami y’izindi virusi kugira ngo ishobore gukwirakwira byoroshye iva ku muntu umwe ijya ku wundi, igateza icyorezo. Bavuga ko nubwo kuri ubu iyo virusi idateje ikibazo, ifite ibyangombwa byose  byo kwanduza abantu ku rwego rwo hejuru, bikaba bikenewe ko ikurikiranirwa hafi. Kandi kubera ko ari ubwoko…

SOMA INKURU

Icyo abaturarwanda basabwe kibafasha guhangana na Covid-19

Umuyobozi w’Ikigo k’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) Dr Nsanzimana Sabin, yongeye kwibutsa abaturarwanda kwihutira kumenyesha inzego z’ubuzima mu gihe bumva bafite ibimenyetso by’icyorezo cya COVID-19 birimo n’ibicurane, kugira ngo bakurikiranwe rugikubita . Mu kiganiro yagiranye na RBA, Dr. Nsanzimana Sabin yagize ati “Ibipimo byacu birakomeza kwiyongera ndetse n’abantu baba bafite ibimenyetso bisa n’ibicurane bashobora guhamagara wa murongo 114, kuko hari igihe dushobora kuba tutagupimye kandi warahuye n’umuntu urwaye.” Mu Rwanda hamaze gufatwa ibipimo 140,249  kuva umurwayi wa mbere w’icyorezo cya COVID-19 yatahurwa muri Werurwe kugeza ubu, ukaba ari umubare ugenda wiyongera uko ubushobozi…

SOMA INKURU

U Rwanda rwatanzweho urugero ku ngamba zo guhashya Coronavirus

Ingamba zo guhashya COVID-19 mu Rwanda zikomeje kuba intangarugero ku rwego mpuzamahanga. Mu buryo budasanzwe , Donna Edna Shalala umwe mu bayobozi bakomeye muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA) yanenze imiyoborere y’Igihugu ke, atanga rugero ku buryo cyarushijwe ukwitwararika n’Igihugu gito muri Afurika.  Donna Edna Shalala ni umunyapolitiki akaba n’impuguke mu burezi, uhagarariye Leta ya Florida mu Nteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika guhera mu mwaka wa 2019. Ni “Umudemokarate wigeze kuba Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika wa 18 ushinzwe Ubuzima n’Ibikorwa bya Muntu (Health and human Services);…

SOMA INKURU

Rwanda: Umubare w’abanduye Covid-19 ukomeje kwiyongera

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri iki Cyumweru tariki  28 Kamena 2020, habonetse abarwayi bashya 22 bafashwe n’icyorezo cya COVID-19, mu bipimo 3,002 byafashwe mu masaha 24 ashize, hataha abantu 30 bakize neza. Umubare w’abamaze gukira ugera kuri 443 muri 900 bamaze gutahurwaho icyo cyorezo mu Rwanda. Abarwayi bashya  barimo abagaragaye i Rusizi (8), i Rubavu (7), i Kigali (6), i Kirehe (1), bose bakaba bashyizwe mu kato detse n’abo bahuye bahita bakurikiranwa. Kugeza ubu abakirimo kwitabwaho n’abaganga bageze kuri 455 mu barwayi bamaze kuboneka  mu bipimo 137,751 byafashwe kuva umurwayi wa mbere yatahurwa muri…

SOMA INKURU

Rwanda: Ibyiciro byibasirwa na Covid-19 byatekerejweho

Mu gihe ibikorwa byo gupima abantu icyorezo cya Koronavirusi (COVID-19) ku buryo bwa rusange bikomeje mu bice bitandukanye by’Igihugu, Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko yatangiye kwibanda ku byiciro bifite ibyago byinshi byo kuzahazwa na cyo birimo icy’abasaza n’icy’abarwayi b’indwara zitandura n’izifata imyanya y’ubuhumekero. Iyo gahunda yatangiye gukorwa mu Karere ka Rusizi kamaze igihe kagaragaramo abarwayi bashya b’icyo cyorezo. Ako karere hamwe n’aka Rubavu turi mu kato mu gihe hakomeje kugenzura imiterere y’ubwandu uko ihagaze. Ibice bihana imbibi na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) biza ku isonga mu bice bitatu by’ingenzi…

SOMA INKURU

Rwanda: Ubwandu bwa Coronavirus bukomeje kwiyongera

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 20 Kamena 2020, habonetse abarwayi bashya 41  b’icyorezo cya Koronavirusi (COVID-19) mu bipimo 3,116 byafashwe mu masaha 24 ashize, hataha  abantu batandatu bakize neza. Umubare w’abamaze gukira ugera kuri 357 muri 702 bamaze gutahurwaho icyo cyorezo mu Rwanda. Abarwayi babashya batahuwe biganjemo abo mu Karere ka Rusizi no ku Rusumo mu Karere ka Kirehe, bose bakaba bashyizwe mu kato detse n’abo bahuye bahita bakurikiranwa. Kugeza ubu abakirimo kwitabwaho n’abaganga bageze ku 343 mu barwayi bamaze kuboneka  mu bipimo 104,889 byafashwe kuva umurwayi wa…

SOMA INKURU

Rwanda: Impamvu Kirehe nka hamwe mu higanje Covid-19 hatashyizwe mu kato

Minisitiri w’Ubuzima mu Rwanda, Dr Ngamije Daniel yasobanuye ko impamvu akarere ka Rusizi kashyiriweho gahunda idasanzwe ya “Guma Mu Rugo” ari uko icyorezo cya Coronavirus kiri mu baturage bitandukanye n’Akarere ka Kirehe aho kigaragara cyane mu bashoferi batwara amakamyo baba bambukiranya imipaka. Imibare ya Minisiteri y’Ubuzima igaragaza ko kuva ku wa 13 Kamena kugeza ku wa 15 Kamena, ni ukuvuga mu minsi itatu hari hamaze kugaragara abantu 102, bagaragayeho ubwandu bushya bwa Coronavirus. Ikomeza igaragaza ko abarwayi bashya bagaragaye muri iyo minsi ari abo mu Karere ka Rusizi, abatahuwe ku…

SOMA INKURU

Ihindagurika ry’ibiciro ritungwa agatoki mu kugwingiza abana

Ubwo Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare mu Rwanda cyakoze ubushakashatsi ku buzima n’imibereho myiza mu mwaka wa  2015, gitangaza ko urugero rw’imirire rw’abana bato rugaragaza urwego rw’ubukungu rw’urugo, umuryango n’iterambere ry’igihugu ndetse ko imirire mibi ari ingaruka yo kutarya indyo yuzuye, bikabyara uruhurirane rw’indwara ari nabyo bitera igwingira ry’abana. Ni muri urwo rwego ikinyamakuru umuringanews.com cyashatse kumenya uruhare rw’ihindagurika ry’ibiciro ku igwingira ry’abana, hifashishijwe ibiciro by’ibiribwa binyuranye harimo ibyubaka umubiri, ibitera imbaraga ndetse n’ibirinda indwara, twahawe n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare byafashwe mu mwaka wa 2016 na 2017, nyuma y’umwaka wa 2015…

SOMA INKURU

Amakuru mashya ya Covid-19 ku mugabane wa Afurika

Radiyo Mpuzamahanga y’u Bufaransa “RFI” yatangaje ko centre y’Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika ishinzwe  gukumira no gukurikirana indwara, yashyize hanze icyegeranyo kerekana uko COVID-19 ihagaze ku mugabane wa Afurika kuva ku itariki ya 1 Kamena 2020 kugeza mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 15 Kamena. Ku wa Mbere w’iki cyumweru, tariki 1 Kamena 2020, Umugabane w’Afurika wabarurwagamo  abantu 147 099 bagaragayeho icyorezo cya Coronavirus gihitana 4 228. Ibihugu byibasiwe cyane n’icyo cyorezo ni Afurika y’Epfo, Misiri, Nigeria na Algérie. Ku wa Kabiri tariki ya 2 Kamena, Umugabane w’Afurika wabarurwagaho abarwayi ba coronavirus 153 325,…

SOMA INKURU

Abafatiwe mu bikorwa birenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19 bacakiwe

Abantu 17 bari mu byiciro bine nibo Polisi yafashe mu bihe bitandukanye barenze ku mabwiriza yo kurwanya Koronavirusi. Beretswe itangazamakuru ejo hashize taliki ya 14 Kamena, muri bo harimo abantu batanu  bafatiwe mu mujyi wa Kigali bawujemo bitemewe, batatu bari bavuye mu gihugu cya Uganda rwihishwa  abandi babiri bari bavuye mu karere ka Rusizi. Uwabarengeye Vedaste avuga ko mu rukerera rwa tariki ya 13 yavuye mu karere ka Rusizi rwihishwa ajya mu karere ka Nyamasheke  ahategera imodoka imuzana mu Mujyi wa Kigali ashaka gukomeza ngo ajye mu karere ka Musanze.…

SOMA INKURU