Icyo abinjira n’abasohoka mu Rwanda bazubahiriza hirindwa Covid-19

Minisitiri w’Ubuzima Dr Ngamije Daniel, yatangaje ko gupima Coronavirus ku bashaka kwinjira mu Rwanda ndetse no kujya mu mahanga bizajya bikorwa na Laboratwari y’Igihugu iri mu Mujyi wa Kigali, Umunyarwanda akazajya yishyura amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 50, umunyamahanga yishyure amadorari 100 ni ukuvuga asaga ibihumbi 95 by’amafaranga y’u Rwanda. Ibi byatangajwe mu  gihe u Rwanda rukomeje imyiteguro yo gusubukura ingendo zo mu kirere ku wa 1 Kanama 2020, Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko yatangiye gushyiraho uburyo bwo gupima abashaka kujya mu mahanga, nabinjira mu gihugu bagapimwa bakabona ibisubizo mu masaha 24.…

SOMA INKURU

Ishusho ya Covid-19 mu Rwanda mu gihe cy’amezi 4

Mu Kiganiro n’abanyamakuru cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki ya 20 Nyakanga 2020, Minisitiri w’Ubuzima Dr. Ngamije Daniel, yagaragaje impinduka zidasanzwe zagaragaye mu rwego rw’ubuzima mu mezi ane ashize zatewe n’icyorezo cya COVID-19 n’uburyo Leta y’u Rwanda yabyitwayemo mu guhangana n’iki cyorezo gihangayikishije Isi. Hashize igihe kirenga amezi ane umurwayi wa mbere  w’icyorezo cya COVID 19 atahuwe mu Rwanda,  ubu bageze ku 1,582. Mu gihe Guverinoma y’u Rwanda yateguye gukoresha nibura miriyoni 73 z’amadorari y’Amerika (asaga miriyari 69.8 z’amafaranga y’u Rwanda) mu mezi atandatu, mu mezi ane hakoreshejwe miriyoni 60 z’amadorari…

SOMA INKURU

Covid-19: Abahinzi barataka igihombo kidasanzwe, MINAGRI iti “ntako tutagize”

Urugaga rw’abahinzi “Imbaraga Farmers” ruratabaza nyuma y’aho Covid-19 iteje abanyamuryango barwo igihombo kidasanzwe,  aho badatinya no kuvuga ko ntihatagira igikorwa na leta mu maguru mashya, u Rwanda  rushobora kuzagira ikibazo cy’ibiribwa gikomeye.  Mu kiganiro cyari kigamije kurebera hamwe ingaruka zatewe n’icyorezo cya Covid-19 mu kwihaza mu biribwa no kurwanya imirire mibi mu Rwanda,  uwari uhagarariye MINAGRI Dr. Semwaga Octave yatangaje ko Leta itirengagije abahinzi ndetse no mu bihe bya guma mu rugo byatewe na Covid-19, leta yaguriye abahinzi umusaruro ufatika. Yagize ati ” Mu gihe hari imiryango yari ikeneye ubufasha…

SOMA INKURU

Rwanda: Yibarutse mu gihe yavurwaga Covid-19

Mu kigo cyahariwe kwita ku barwayi b’icyorezo cya Covid19 kiri mu Karere ka Rubavu, havukiye uruhinja rwibarutswe n’umubyeyi w’imyaka 41 wahavurirwaga nyuma yuko agaragaweho icyorezo cya Covid19 atwite. Ubuyobozi bw’ibitaro bya Gisenyi butangaza ko ari bwo bwa mbere mu barwayi ba Covid19 basanzwe bakira, habonetsemo umubyeyi utwite wanduye coronavirus. Kuba icyo kigo cya Rugerero cyakira abarwayi ba covid19, ubusanzwe cyarubatswe ari ikigonderabuzima ngo cyari gifite ibikoresho byose by’ibanze byo kubyaza, ndetse n’abaganga bahuguriwe uko bitwara mu gihe cy’ibyorezo, bakaba bashoboye kubyaza uwo mubyeyi neza. Kuri ubu uwo mubyeyi w’imyaka 41…

SOMA INKURU

Kibungo: Banyoye umutobe bibaviramo kujyanwa kwa muganga igitaraganya

Abaturage 24 bo mu Mudugudu wa Umukamba mu Kagari ka Umukamba mu Murenge wa Kazo mu Karere Ka Ngoma, baguze umutobe w’ibitoki ku mucuruzi usanzwe uwucuruza bawunyohe batangira kuribwa mu nda banacibwamo, ubu bari kwitabwaho n’abaganga ku Kigo nderabuzima cya Kibungo. Bamwe mu bagize iki kibazo babwiye itangazamakuru  ko uwo mutobe bawunyoye ku wa Kabiri w’iki cyumweru, ariko batangira kuribwa mu nda ku wa Gatatu bumva ari nk’uburwayi bwo mu nda busanzwe, bigeze ku wa Kane bitangira gukomera . Maniriho Jean Baptiste ati “ Kuwa Gatatu ni bwo natangiye kuribwa…

SOMA INKURU

Urukingo rwa Covid-19 rwaba ruri mu nzira

Sosiyete y’Abanyamerika Moderna izatangira igerageza rya nyuma ry’urukingo rwa COVID-19 guhera ku itariki ya 27 Nyakanga kugeza ku itariki ya 27 Ukuboza 2020. Hafi abantu 30 000 ni bo bazagira uruhare mu kugeragerezwaho urwo rukingo mu kiciro cyarwo cya nyuma. Igeragezwa rizamara amezi 5, igikorwa kizatangira ku itariki ya 27 Nyakanga kizagee ku ya 27 Ukuboza. Sosiyete Moderna yabitangaje ejo hashize ku wa Kabiri tariki ya 14 Nyakanga ko igerageza ry’urukingo rwa COVID-19 ruzatangira ikiciro cyarwo cya nyuma ku itariki ya 27 Nyakanga, ikaba ari cyo kigo kibaye icya mbere…

SOMA INKURU

Umubare w’abanduye Covid-19 mu Rwanda no ku isi

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatanu tariki ya 10 Nyakanga 2020, habonetse abarwayi bashya 42 b’icyorezo cya Koronavirusi (COVID-19) mu bipimo 3,898 byafashwe mu masaha 24 ashize, hataha abandi 12 bakize neza. Umubare w’abamaze gukira ugera kuri 635 mu 1,252 bamaze gutahurwaho icyo cyorezo mu Rwanda. Abarwayi bashya  barimo ababonetse muri Nyabihu17bari bafungiwe muri kasho, 16 babonetse muri Kigali barimo abatashye n’itsinda ryitabwaho by’umwihariko, batanu bo muri Rusizi na bane bo muri Nyamagabe, bose bakaba bashyizwe mu kato ndetse n’abo bahuye bahita bakurikiranwa. Kugeza ubu abakirimo kwitabwaho n’abaganga bageze kuri…

SOMA INKURU

Covid-19: Abarenga ku mabwiriza bakomeje guhabwa ibihano

Polisi y’igihugu yerekanye abantu 15 batawe muri yombi barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVIDー19 barimo 11 barengeje amasaha yo gutaha, abandi babwiwe kujya Kuri stade kwigishwa, barangiza bagakwepa bakitahira, abandi 4 ni abigaga n’abigisha imodoka muri Auto Ecole. Muri iki gihe u Rwanda rukomeje gukangurira abantu kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Coronavirus,hari bamwe bakomeje kwica nkana aya mabwiriza biganjemo abasengera mu kivunge,abatinda gutaha mu ngo zabo,abatambara agapfukamunwa n’abakambara nabi. Aba bantu berekanwe kuri uyu wa Gatanu biyongereyeho abandi bantu 15 bafatiwe ku Kimisagara mu karere ka nyarugenge bari kunywera ikigaga mu…

SOMA INKURU

U Rwanda rwakiriye inkunga irufasha guhangana na Covid-19

Madamu Jeannette Kagame yakiriye inkunga y’ibikoresho byifashishwa mu buvuzi bw’icyorezo cya COVID-19 yahawe na Madamu wa Perezida w’u Bushinwa Peng Liyuan. Ibyo bikoresho bigizwe n’udupfukamunwa 18,000 ndetse n’utwuma dupima ubushyuhe bw’umubiri (body temperature testers ) 12,000, bikaba byakiriwe n’Umuyobozi bw’Ikigo k’Igihugu cy’Ubuzima Dr. Nsanzimana Sabin ari kumwe na Radegonde Ndejuru, Umujyanama wa Madamu Jeannette Kagame. Dr. Nsanzimana yatangaje ko ibyo bikoresho byakiriwe ku wa Kabiri tariki 7 Nyakanga 2020 byongereye u Rwanda ubushobozi bwo guhangana n’Icyorezo cya COVID-19. Yavuze ko ibyo bikoresho biziye igihe kuko bizifashishwa mu gukomeza kwirinda ikwirakwizwa rya COVID-19…

SOMA INKURU

Bugesera: Ubukene imbogamizi ikomeye mu kwirinda Covid-19

Ubwo ishyirahamwe ry’abanyamakuru barwanya SIDA n’izindi ndwara z’ibyorezo “ABASIRWA” basuraga Akarere ka Bugesera mu rwego rwo kumenya uko abaturage b’aka Karere bitwara muri gahunda zo guhangana n’iki cyorezo cyibasiye isi n’u Rwanda rudasigaye, hagaragajwe ikibazo cy’ubukene nk’inzitizi ikomeye mu kwirinda no gukumira Covid-19 mu buryo bunyuranye. Ku ikubitirro iki kibazo cy’ubukene cyagaragajwe n’abaturage bo mu Murenge wa Gashora, Akagali ka Ramiro, mu Mudugudu wa Kagasa ya 1, aho Musabyimana Mariya w’imyaka 63 yatangaje ko ubushobozi buke bwo kugura injerekani y’amazi igura amafaranga 100 rimwe na rimwe ikaba yagera ku mafaranga…

SOMA INKURU