REMA yibukije ko kurinda akayunguruzo k’imirasire y’izuba bireba buri wese

Ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA) bwasabye ko kubungabunga akayunguruzo k’imirasire y’izuba byagirwamo uruhare na buri wese mu rwego rwo gushyigikira iterambere rirambye kandi ridahungabanywa n’imihindagurikire y’ibihe. Ibi Umuyobozi mukuru wa REMA, Eng.Collette Ruhamya yabisabye mu muhango wo gusoza imurikabikorwa by’iterambere bigira uruhare mu kubungabunga akayunguruzo k’imirasire y’izuba, wabaye kuri uyu wa gatanu. Mu ijambo rye, Eng.Ruhamya yibukije ko Leta y’u Rwanda iri ku ntambwe nziza mu ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano ya Montreal yo kubungabunga imirasire y’izuba, dore ko abanyarwanda bamwe bamaze gusobanukirwa akamaro kabyo. Uretse ibyo kandi n’ibikoresho…

SOMA INKURU

Inama Nkuru y’Itangazamakuru yijeje abanyarwanda kubafasha kwirinda ibiza binyuze mu itangazamakuru

Peacemaker Mbungiramihigo Umunyamabanga Nshingabikorwa w’Inama Nkuru y’Itangazamakuru, ubwo yatangizaga amahugurwa azamara iminsi 8 kuri uyu wa kane tariki 13 Nzeli 2018, agamije gufasha abanyamakuru kurushaho gusobanukirwa imihindagurikire y’ikirere ndetse no gucunga Ibiza. Peacemaker yatangaje ko aya mahugurwa agamije gufasha abanyamakuru gusobanukirwa neza ndetse no kumenya ibijyanye no kwirinda Ibiza bityo babe babasha gutangaza ndetse no gusobanurira abaturarwanda ingamba zifatika zabafasha mu buryo burambye bwo kwirinda kugerwaho n’ihindagurika ry’ikirere n’ibiza. Uyu Munyamabanga Nshingabikorwa w’Inama Nkuru y’Itangazamakuru Peacemaker Mbungiramihigo yashimangiye ko ibiza bitagaragara mu Rwanda gusa ko ari ikibazo kigaragara no mu…

SOMA INKURU

Imvura idasanzwe n’umuyaga byatunguranye mu Mujyi wa Kigali

Ku masaha y’igicamunsi kuri uyu wa gatatu tariki 12 Nzeli 2018, mu Mujyi wa Kigali rwagati haguye imvura idasanzwe ivanze n’umuyaga mwinshi, yangije ibintu byinshi, dore ko yari iguye itunguranye ahagana mu masaha ya saa kumi. Iyi mvura kandi yagushije ibiti mu bice bitandukanye, bigwira imodoka hafi ya Rond Point nini yo mu Mujyi wa Kigali, inyubako izwi nka T 2000 amwe mu mabati ayisakaye yagurutse agwa mu nkengero zayo no mu muhanda, ndetse n’ahandi hirya no hino mu Mujyi rwagati ibyapa binini biranga ibikorwa byari byahanutse, amashami y’ibiti yahanutse,…

SOMA INKURU

Abagore bakora ubuhinzi bakwiriye kwitabwaho kurushaho –Mme Jeannette Kagame

Ejo hashize Kuwa Gatandatu tariki 8 Nzeli 2018, ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye isangira ryaganiriwemo uruhare rw’abagore mu iterambere ry’ubuhinzi, Madamu Jeannette Kagame yavuze ko abagore bakora ubuhinzi bakwiye kwitabwaho by’umwihariko, yagize ati “Ntabwo turi kubanira abagore, by’umwihariko bariya bahinzi baciriritse ku bwo kudaha agaciro imvune zabo. Ntabwo duha agaciro umuhate wabo mu kugaburira uyu mugabane ndetse dusa nk’abasuzugura umusanzu wabo mu iterambere ry’ubukungu”. Yongeyeho ko abayobozi n’inzobere mu by’ubuhinzi bagomba kurazwa ishinga n’iterambere ry’ubuhinzi ndetse no kongera umusaruro wabwo muri Afurika, yagize ati “ndizera ko mutekereza ingaruka nyinshi zo…

SOMA INKURU

Afurika ifite amahirwe menshi yo kugira ubuhinzi buteye imbere ariko adakoreshwa

Minisitiri w’intebe Dr Ngirente yavuze ko Afurika ifite amahirwe menshi yo kugira ubuhinzi buteye imbere ariko adakoreshwa, Yabitangaje kuri uyu wa Gatatu ubwo yafunguraga inama Nyafurika y’iminsi ine yiga ku iterambere ry’ubuhinzi muri Afurika (African Green Revolution Forum 2018). Minisitiri w’intebe Dr Ngirente yemeje ko nubwo hari amahirwe menshi y’umusaruro w’ubuhinzi, ko Afurika ikiri inyuma mu bijyanye n’umusaruro w’ubuhinzi. Ibibazo birimo ni nko kudakoresha uburyo bugezweho mu buhinzi, kudakorana n’ibigo by’imari, kubura isoko ndetse n’ikoranabuhanga rikiri hasi. Yagize ati “guteza imbere ubuhinzi bwa Afurika bisaba abayobozi bumva akamaro kabwo n’ibibazo…

SOMA INKURU

Iteganyagihe ry’u Rwanda ryemeje ko imvura ikirimbanyije

Umuyobozi muri Meteo-Rwanda ushinzwe Iteganyagihe n’uko rishyirwa mu bikorwa, Twahirwa Antoine yatangaje ko iyi mvura y’impeshyi itazatuma iy’umuhindo igabanuka. Yabivuze muri aya magambo ati“Iyi mvura tubona ubu, izakomeza kugwa kugeza hagati mu kwezi kwa cyenda k’uyu mwaka, ubwo imvura y’umuhindo izaba itangiye, abantu rero ntibakeke ko hagiye kongera kuva izuba ryinshi”. Uyu muyobozi yahamije ko ikirere cy’u Rwanda kiragaragaza ko gifite imvura ihagije, kandi no mu gihembwe cy’ihinga mu Rwanda hose imvura izakomeza kugwa. Uyu muyobozi ushinzwe iteganya gihe muri Meteo-Rwanda yasobanuye ko imvura yaguye mu mpeshyi yaturutse ku isangano…

SOMA INKURU

Abangiza ibishanga baburiwe k’umunsi w’umuganda

  Kuri uyu wa Gatandatu ubwo habaga umuganda rusange usoza ukwezi kwa Kanama, wabereye mu Murenge wa Nduba ho mu Karere ka Gasabo, akaba ari umuganda wahariwe gusiba ibyobo biri mu gishanga cya Nyacyonga wahuje inzego zirimo Minisiteri y’ibidukikije, Minisiteri y’Ubutaka n’Amashyamba, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA) n’izindi. Muri icyo gikorwa Minisitiri Biruta akaba yavuze ko nta muturage wemerewe gucukura umucanga cyangwa ibumba mu gishanga atabiherewe uburenganzira yagize ati “Gucukura umucanga n’ibumba mu gishanga bisabirwa uruhushya, ubishaka agasabwa kuzasubiranya aho agiye gucukura. Kuba turi gusubiranya ibyobo byacukuwe mu bishanga…

SOMA INKURU

Hari uburyo bwakoreshwa hakirindwa Ibiza-Minisitiri De Bonheur

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Minisitiri Ushinzwe Imicungire y’ibiza no Gucyura impunzi, De Bonheur Jeanne d’Arc, yavuze ko hari impamvu nyinshi zatumye ibyangijwe n’imvura biba byinshi, muri zo harimo abantu bari bubatse mu manegeka, abafite inzu zubakishije ibikoresho bitujuje ubuziranenge, imiyoboro y’amazi idatunganyijwe, imicungire mibi y’inkombe z’imigezi mu gucukura imicanga no kuba nta mirindankuba iri ahantu hahurira abantu benshi. Yagize ati “Turacyafite urugendo rurerure rwo kugira ngo tuzamure imyumvire ku buryo bwo kwirinda ibiza. Abaturage bakwiye kubugira ubwabo kandi bakabushyira mu bikorwa aho kugira ngo nyuma babe bahangana n’ingaruka z’ibiza”. Yakomeje…

SOMA INKURU

Mu Rwanda hateraniye inama yiga uruhare urubyiruko rwagira mu buhinzi

Inama y’iminsi ibiri yatangiye ejo hashize ku wa 20 Kanama 2018, yateguwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Biribwa n’Ubuhinzi, FAO, ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda (MINAGRI). Abantu bageze kuri 800 barimo Abaminisitiri bashinzwe iby’ubuhinzi n’ubworozi n’abandi bafatanyabikorwa muri urwo rwego baturutse mu bihugu 10 byo ku mugabane w’Afurika, bateraniye i Kigali, aho baganira ku buryo urubyiruko rw’Afurika rutapfusha ubusa amahirwe ari mu buhinzi. Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi Dr. Mukeshimana Geraldine, muri iyi nama yibukije abaturutse muri ibyo bihugu by’Afurika ko u Rwanda rushyize imbaraga mu gushyigikira urubyiruko rufite…

SOMA INKURU

Iburasirazuba bahagurukiye abatanga impushya zo gusarura amashyamba ateze

Abayobozi b’inzego z’ibanze bo mu Ntara y’Iburasirazuba barasabwa kwitondera ibyemezo bafata batanga impushya zo gusarura amashyamba kuko hari ubwo hatangwa ibyemezo byo gusarura hagatemwa n’ibiti bikiri bito. Hari Impugenge z’uko nihatagira igikorwa mu gutera amashyamba no kuyabungabunga Intara y’Iburasirazuba yazahinduka  ubutayu dore ko hari na bimwe mu bimenyetso bigenda byigaragaza kuko iyi Ntara ari imwe mu zitemwamo ibiti byinshi, ariko ntihaterwe amashyamba ku buryo buhwanye cyangwa bwikubye kabiri ibiti biba byatemwe, ibi ni bimwe mu  byateye amapfa mu myaka ibiri ishize ndetse na bamwe mu baturage bagahabwa ibirirwa na leta.…

SOMA INKURU