Mu muhango wo gushyingura General Qassem Soleimani wishwe kuwa Kane w’icyumweru gishize n’ingabo za USA mu bitero by’indege zagabye mu mujyi wa Baghdad,abanya Iran basabwe gutanga nibura idolari rimwe kugira ngo haboneke miliyoi 80 z’amadolari yo kwica Trump. Umurambo wa general Qassem Soleimani wagejejwe muri Iran ku munsi w’ejo ku cyumweru tariki 5 Mutarama 2020, bituma mu muhango wo kumwunamira,abantu bose basaba ko iki gihugu cyabo cyakwihorera kuri Amerika. Abanya Iran bari mu gahinda kenshi kubera urupfu rw’uyu mugabo, basabye Leta kwihorera nayo ibasaba ko buri wese yatanga nibura idolari…
SOMA INKURUCategory: Amakuru yo mu Mahanga
Nyuma y’ibitero, yakatiwe igihano cy’urupfu
Umwarimu muri kaminuza, akaba umuhungu w’umu ofisiye mu gipolisi cya Somaliya, yahamijwe icyaha cyo kuyobora ibikorwa bya al-Shabab i Mogadishu igihe cy’imyaka myinshi. Urukiko rwa gisirikare i Mogadishu rwahanishije Mohamed Haji Ahmed igihano cy’urupfu. Abashinjacyaha bashakaga kurega Ahmed ibyaha bifitanye isano n’urupfu rw’abantu barenga 180. Cyakora yaje guhamwa n’ibyaha by’ubwicanyi bwahitanye abasirikare batatu bari bafite ipeti rya jenerali, umupolisi wo ku rwego rwa kapolali hamwe n’uwari wungirije avoka mukuru. Muri videwo yasohowe n’urukiko, Ahmed yemeye icyaha cyo kuyobora ibikorwa bya al-Shabab i Mogadishu. Yavuze ko nyuma ya operasiyo, abakuru ba…
SOMA INKURUMu murwa mukuru wa Somalia igisasu cyahitanye abatari bake
Abantu barenga 70 nibo bamaze kumenyekana mu bahitanwe n’igisasu cyaturikiye mu murwa mukuru wa Somalia ahagana mu masaha y’igitondo y’ejo kuwa Gatandatu taliki 28 Ukuboza 2019. Iki gisasu cyaturikiye mu gace k’igenzura ry’umutekano ku muhanda nyabagendwa wo muri Mogadisho. Abantu 61 nibo bajyanwe mu bitaro bapfuye ku ikubitiro nk’uko Abdikadir Abdirahman Haji Aden, yabitangarije ibiro ntaramakuru Reuters. Nta mutwe w’iterabwoba n’umwe uriyitirira icyo gitero, ariko abarwanyi ba Al-Shabab bamaze kugaba ibitero byinshi muri ako gace. Al-Shabab, umutwe w’abarwanyi ba ki Islam wiyunze na Al-Qaeda, umaze imyaka 10 waratangije urugamba rw’akinyeshyamba.…
SOMA INKURUImpanuka y’indege yatwaye ubuzima bw’abatari bake
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Ukuboza 2017, indege yari itwaye abagenzi 93 n’abakozi bayo 5 yahanutse nyuma y’amasegonda make ihagurutse ku kibuga cy’indege cya Almaty muri Kazakhstan ndege nyuma yo kugera mu kirere yahise yisekura hasi hagati y’inyubako ebyiri ziri muri uyu mujyi wa Almaty mu masaha ya saa moya n’iminota 22 nk’uko ubuyobozi bw’uyu mujyi bwatangarije televiziyo ya CNN dukesha iyi nkuru. Amakuru aravuga ko iyi ndege ya ‘Flight Z92100 yo mu bwoko bwa ‘Fokker 100’ ya sosiyete y’indege ya Kazakhstan ya Bek Air yari…
SOMA INKURUImpamvu Perezida wa Zambia adashaka ambasaderi wa Amerika
Perezida wa Zambia, Edgar Lungu yasabye Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ko zakura mu gihugu ayoboye Ambasaderi wayo, nyuma yo kugaragaza ko ashyigikiye ibikorwa by’ubutinganyi kandi bisanzwe bitemewe muri iki gihugu. Urukiko rwo muri Zambia,ruherutse gukatira igifungo cy’imyaka 15 abagabo babiri babanaga nk’umugore n’umugabo mu gihe amategeko y’iki gihugu atabyemera. Mu Ugushyingo 2019, Ambasaderi wa Amerika muri Zambia Daniel Foote yumvikanye anenga uy’umwanzuro w’urukiko rwafashe wo gukatira aba bagabo,bazira ko ari abatinganyi. Yasabye leta ya Zambia kureba uburyo yavanaho ingingo ihana abakoze iki cyaha. Mu nkuru ya Bloomberg perezida wa Zambia…
SOMA INKURUNyuma yo gukubitwa no gufungwa kwa hato na hato yahawe igihembo gikomeye
Nyuma y’igihe kitari gito ahanganye n’ubutegetsi bwa Uganda, umuhanzi w’icyamamare akaba n’umunyapolitiki w’intumwa ya Rubanda ukomoka muri Uganda, Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine ku izina ry’ubuhanzi, yagizwe umunyapolitiki w’umwaka wa 2019 w’igitsina gabo muri Afurika n’ihuriro rihuza abayobozi bakiri bato muri Afurika izwi nka ‘Young Africa Leaders Summit 2019 (YALS 2019) mu nama y’iminsi 2 yabereye I Accra muri Ghana yasojwe kuri uyu wa Gatandatu w’icyumweru dusoje. Bobi Wine w’imyaka 37 muri uyu mwaka yavuzwe mu bigaruriye imitima ya benshi mu banya Uganda bakunda umuziki ndetse no mu mbwirwaruhame…
SOMA INKURUKenya: Inkangu yahitanye abatari bake
Abantu bagera kuri 24 batangajwe ko bapfuye kubera inkangu yatewe n’imvura nyinshi yaguye mu karere ka West Pokot mu burengerazuba bwa Kenya. Abayobozi babwiye ibitangazamakuru byo muri Kenya ko imirambo 12, irimo irindwi y’abana, yamaze kuboneka kugeza ubu kuri uyu wa gatandatu. Amakuru avuga ko iyo mvura nyinshi yibasiye ibyaro bya Nyarkulian na Parua. Abayobozi bavuga ko imihanda yo muri ibyo byaro yarenzwe n’amazi kandi n’iteme rimwe ryatwawe. Joel Bulal, umuyobozi wo mu nzego z’ibanze muri ako gace, yabwiye ikinyamakuru Daily Nation cyo muri Kenya ko ibikorwa by’ubutabazi bikomeje mu…
SOMA INKURURepubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yijejwe ubufasha na Perezida Macron
Kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Ugushyingo 2019, Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron yijeje Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, ko igihugu cye kizatanga ubufasha bwa gisirikare mu guhashya imitwe yitwaje intwaro ikomeje kuyogoza u Burasirazuba bwa Congo. Perezida Macron yavuze ko ubu bufatanye bwa gisirikare buzibanda cyane mu bijyanye n’iperereza, gusa yirinze kugira byinshi atangaza nk’uko urubuga rwa 7sur7 rwabitangaje. Ati “U Bufaransa bushyize ingufu kimwe na RDC mu kurwanya iyi mitwe yose yitwaje intwaro ikomeje guhungabanya umutekano, rimwe na rimwe ikanafatanya n’umutwe w’iterabwoba wa Islamic…
SOMA INKURUUganda: Agashya mu itangwa ry’ibizamini bya Leta
Mu bizamini by’abanyeshuri barangiza umwaka wa kane w’amashuri yisumbuye byatangiye gukorwa kuri uyu wa Mbere tariki ya 14 Ukwakira 2019, hagaragayemo agashya aho byarindishijwe abakomando bashizwe kurinda umukuru w’igihugu cya Uganda mu rwego rwo kwirinda ko byakwibwa na bamwe mu banyeshuri bakaba bakopezwa. Umuco wo kwiba ibizamini urasanzwe muri Uganda ku buryo mu ikorwa ryabyo haba harimo ruswa nyinshi aho ababyeyi bazitanga kugira ngo abana babo bakopezwe bazasohoke ari aba mbere bibaheshe andi mahirwe nk’uko bitangazwa n’ibinyamakuru bitandukanye byo muri iki gihugu. Ku banyeshuri ibi byabaye nk’agashya ubwo babonaga bazaniwe…
SOMA INKURUTunisia: Umudepite arashinjwa kwikinisha
Umwe mu badepite baherutse gutorwa muri Tunisia yagejejwe mu rukiko nyuma y’amashusho yakwirakwiye amugaragaza yikinishiriza imbere y’ishuri. Zouheir Makhlouf, umuyoboke w’ishyaka Qalb Tounes yatowe nk’umudepite uhagarariye umujyi wa Nabeul mu matora aherutse kuba mu ntangiriro z’Ukwakira. Mu kwisobanura imbere y’urukiko kuri uyu wa Mbere, yavuze ko arwaye indwara ya diyabete bityo amashusho yasakajwe yafashwe ubwo yari arimo kwihagarika mu icupa, nkuko BBC yabitangaje. Gukwirakwizwa kw’ayo mashusho ku mbuga nkoranyambaga, kwatumye hatangizwa ubukanguramba bwiswe Ena-Zeda (bivuze ngo: Nanjye), aho abagore bo muri Tunisia bagiye bagaragaza ihohoterwa rishingiye ku gitsina bagiye bakorerwa.…
SOMA INKURU