Mu gihugu cy’igihangage Leta zunze ubumwe za Amerika icyorezo cya Covid-19 cyishe abantu 1,736 mu gihe cy’umunsi umwe gusa w’ejo kuwa kabiri tariki 7 Mata , nibo benshi iyi ndwara yishe mu gihugu kimwe ku munsi kugeza ubu. Byatumye umubare w’abamaze kwicwa n’iyi ndwara muri iki gihugu uzamuka ugera ku 12,857 nk’uko bivugwa na kaminuza y’ubushakashatsi ya Johns Hopkins. Kugeza ubu Amerika ifite abantu barenga 400,000 babonywemo Covid-19, niwo mubare munini mu gihe ubu ku isi habarwa abarenga miliyoni 1,4 banduye. Gusa mu kiganiro n’abanyamakuru Perezida Donald Trump yavuze ko…
SOMA INKURUCategory: Amakuru yo mu Mahanga
COVID-19 yatangiye gukora agashya mu bihugu by’ibihangage
Hirya no hino ku Isi, abantu bakomeje guhangayikishwa n’icyoerzo cya COVID-19, abaturage bakomeje kugira ubwoba abandi bishora mu bikorwa ubona bitashoboraga gukorwa mu bihe bisanzwe mbere y’iki cyorezo. Muri video yatangiye gukwirakwizwa hirya no hino ku mbuga nkoranyambaga ndetse no ku rubuga rwa youtube, muri California, Virginia ndetse na New York ho muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho amashusho yerekana abaturage basaga n’abari gusahura amaduka, buri umwe aterura icyo ashyikiriye cyose yiruka asohoka. Nubwo abasirikare baje kuhagoboka nyuma, wabonaga ko ntacyo bakora kuko ibintu byasaga n’ibyashize mu iduka kandi…
SOMA INKURUMu Bushinwa: Wuhan aho Coronavirus yatangiriye uko ubuzima bwifashe
Kuva mu kwezi kwa Mutarama uyu mwaka wa 2020, umujyi wa Wuhan uherereye mu gihugu cy’Ubushinwa warafunzwe kuburyo nta muntu uwusohokamo. Abayobozi muri iki gihugu cy’Ubushinwa bavuga ko ingamba zari zisanzweho zo guhagarika ubuzima mu mujyi wa Wuhan aho icyorezo cya coronavirus cyatangiriye mu mwaka ushize, igice kimwe cyazo kizakurwaho ku itariki ya 8 y’ukwezi gutaha kwa kane. Ingendo zari zarahagaritswe mu bindi bice by’intara ya Hubei, ari nayo irimo umujyi wa Wuhan, zongeye gusubukurwa guhera saa sita z’ijoro zo kuri uyu wa kabiri, ku baturage bafite ubuzima bwiza. Ariko…
SOMA INKURUUganda: COVID-19 ikomeje kuba ikibazo cy’ingutu
Kuri uyu wa kabiri, nibwo umunyamabanga mukuru wa perezida, Bwana Don Wanyama, yatangaje ko perezida azageza ijambo ku gihugu, ibi bikaba byatangajwe nyuma y’aho hemejwe abantu bashya banduye Coronavirus bagera ku munani bose bakaba ari abenegihugu ba Uganda bagarutse bava i Dubai kuya 20 Werurwe na 22 Werurwe mu ndege za Emirates na Etiyopiya. Ati “Bitewe n’abantu umunani bashya bagaragayeho COVID-19, Perezida Yoweri Kaguta Museveni arageza ijambo ku gihugu uyu munsi saa yine z’ijoro, rinyura ku maradiyo na televiziyo”. Bibaye ku nshuro ya kane Bwana Museveni ageza ijambo ku gihugu mu…
SOMA INKURUNyuma yo kwibasirwa bikomeye na COVID 19 baba bagiye guhumuriza isi
Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Guteza Imbere Ikoranabuhanga mu Butabire mu Bushinwa (China National Center for Biotechnology Development), Zhang Xinmin, yavuze ko mu miti yose bakoreyeho ubushakashatsi, basanze nta wundi muti urusha ubushobozi Favipiravir. Mu kiganiro n’itangazamakuru kuri uyu Kabiri, tariki ya 17 Werurwe 2020, Zhang Xinmin, yavuze ko mu barwayi basaga 80 bari bafashwe na COVID-19, bakoreweho igerageza mu bitaro bya Shenzhen, mu Ntara ya Guangdong; abarwayi 35 bahabwaga ibinini bya Favipiravir bakize vuba kurusha abandi 45 bitabwagaho mu buryo busanzwe bwo kuvura ibimenyetso bya COVID-19. Ubu bushakashatsi bwanagaragaje ko…
SOMA INKURUUmugore n’abana be batandatu bapfiriye rimwe
Umugore n’abana be batandatu bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Leta ya Mississippi, bahiriye mu nzu barapfa nyumay’uko umuriro wibasiye inzu yabo kuwa gatandatu gatandatu tariki 8 Gashyantare 2020. Se w’aba bana niwe gusa warokotse uyu muriro muri iyi nzu y’imbaho. Nawe yajyanywe mu bitaro afite afite ibibazo by’ubuhumekero yatewe n’umwotsi, n’ubushye bwo ku rwego rwa kabiri. Icyateye uyu muriro ntikiramenyekana. Abatuye hafi aha bavuga ko bishoboka ko iyi nkongi yatewe n’ikibazo cy’amashanyarazi. Iyi nzu iherereye kuri 16Km uvuye mu mujyi mukuru muri iyi leta, Jackson, yubatswe mu…
SOMA INKURUMuri Iraq Ambasade ya Amerika yarashweho bikomeye
Mu ijoro ryo kuri uyu wa 26 Mutarama 2020, misile eshatu muri eshanu zo mu bwoko bwa ’rocket’ zarashwe kuri ambasade y’America i Baghdad muri Iraq. Izi misile zarashwe nyuma y’imyigaragambyo yiriwe mu mugi wa Basra yamagana guverinoma iriho kuko itashoboye kuvana ingabo z’America ku butaka bwabo. Aya makuru yemezwa na Minisitiri w’Intebe wa Iraq, Adil Abdul Mahdi avuga ko nta byinshi byangiritse gusa ngo harakorwa iperereza, ababigizemo uruhare bahanwe. Uruhande rw’America rwemeje ko nta bantu bakomerekeyemo. Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Iraq iramagana abagabye iki gitero, yongeraho ko bagomba gucunga…
SOMA INKURUCongo Kinshasa: Imfungwa zikomeje guhitanwa n’inzara
Imiryango y’ abagiraneza ikorera muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo yatangaje ko mu cyumweru gishize imfungwa zo muri Gereza ya Makala 17 zapfuye bitewe no kubura ibyo kurya. Iyi miryango kandi ikomeza ivuga ko izo mfungwa zishwe n’ inzara, kubura imiti no kubura isuku ihagije yahoo ziba ndetse no ku mubiri. Gereza ya Makala imaze amezi abiri idahabwa ibyo guteka nk’ uko byemezwa n’ ubuyobozi bwa gereza. Aganira na BBC yagize ati “Biteye ubwoba! Abantu barapfa hafi ya buri munsi”. Bitewe no kuba nta biryo Leta iheruka kubaha izi mfungwa 8000…
SOMA INKURUIjambo rya Trump ryari ritegerejwe na benshi ryuzuyemo kwisubiraho
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yavuze ko Irani ntacyo yagezeho ku bitero bya misile yagabye ku birindiro bya Amerika muri Iraki ariko avuga ko igiye guhabwa ibihano by’ubukungu aho gutangaza igihe azarasira ku birindiro byayo 52 nk’uko yari yabitangaje mbere. Perezida Trump yavuze ko nta buzima bw’Abanyamerika cyangwa ubw’abanya Irani bwaguye muri ibyo bitero kandi ko ibirindiro bya Amerika byangiritse buhoro gusa. Ibitero bya Misire 22 za Irani ku birindiro bya Irbil na Al Asad byatewe mu gicuku cyo ku wa Gatatu. Irani yavuze ko byari…
SOMA INKURUUganda: Bobi Wine yakomwe mu nkokora
Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi cyane nka Bobi Wine, Umuhanzi akaba n’umudepite muri Uganda, kugeza ubu akaba atavuga rumwe n’ubutegetsi, we n’abafana be batandukanye bafungiwe ahitwa Kasangati ubwo bari mu nzira berekeza ahitwa Gayaza gutangira gutegura amatora ya Perezida. Bobi Wine wavuze ko aziyamamariza kuyobora Uganda mu mwaka wa 2021,yazindutse ajya gusura abakunzi be muri Gayaza kugira ngo arebe ko bamushyigikiye kuri gahunda yo kwiyamamariza kuyobora Uganda muri 2021. Bakigera ahitwa Kasangati,Bobi Wine n’abamabari be basanganiwe na polisi ibatera ibyuka biryana mu maso,abandi batabwa muri yombi nkuko bitangazwa n’ibinyamakuru byo muri…
SOMA INKURU