Ibyavuye mu bushakashatsi ku ihakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi byamuritswe

Kuri uyu wa Kane tariki 3 Ukwakira 2019 nibwo Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge, Ndayisaba Fidèle, yamuritse imbere ya Sena ubushakashatsi ku miterere y’ihakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi bikorerwa mu mahanga n’ingamba zabifatirwa. Ubu bushakashatsi bwakozwe na Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane Umutekano mu Nteko Ishinga Amategeko, umutwe wa Sena, bwagaragaje ko muri rusange abahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe mu mahanga biganjemo abantu ku giti cyabo, imiryango, abanyamadini, imiryango mpuzamahanga n’abanyapolitiki. Bugaragaza ko abahakana bakanapfobya akenshi banga gukoresha ijambo Jenoside yakorewe Abatutsi nkana, bigatuma abantu badasobanukirwa akarengane Abatutsi bakorewe, bakanakwiza…

SOMA INKURU

Umukecuru w’imyaka 95 yasanzwe yishwe

Ahagana saa kumi n’imwe zo mu rucyerera rwo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 2 Ukwakira 2019, nibwo amakuru y’urupfu rwa Mukarusine Esther w’imyaka 90 y’amavuko wari utuye mu Kagari ka Kayonza, mu Murenge wa Mukarange, Akarere ka Kayonza yasanzwe yiciwe ku buriri bwe yamenyekanye atanzwe n’umwuzukuru we babanaga. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mukarange, Murekezi Claude yatangaje ko bikekwa ko uyu mukecuru Mukarusine yishwe n’umushumba we kuko yahise aburirwa irengero. Yagize ati “ Twasanze yapfuye, twabimenye tubibwiye n’umwuzukuru we babanaga ngo we yari yagiye gusenga yasanze urugi rw’icyumba cye n’idirishya…

SOMA INKURU

Bakame yahishuye ibanga yakoresheje bagatwara igikombe Rayon Sports

Ku wa kabiri w’iki cyumweru ni bwo ikipe ya AS Kigali yegukanye igikombe cya Super Cup, nyuma yo gutsinda Rayon Sports kuri penaliti 3-1. Ni nyuma y’uko iminota isanzwe y’umukino yari yarangiye amakipe yombi anganya ibitego 2-2, Umuzamu Ndayishimiye Eric Bakame yahishuye ko umwungiriza we Hategekimana Bonheur ari we wamufashije kwitwara neza akuramo penaliti z’abakinnyi ba Rayon Sports. Muri uyu mukino Rayon Sports yahushije penaliti eshatu, zirimo ebyiri zakuwemo n’umuzamu Ndayishimiye Eric Bakame wahoze ari Kapiteni wayo. Mu kiganiro uyu muzamu yagiranye n’ikinyamakuru Isimbi, yahamije ko umwungiriza we Hategekimana Bonheur…

SOMA INKURU

Imyiteguro ya siporo yo kurwanya indwara zitandura irarimbanyije

Tariki ya 20 Ukwakira 2019 muri IPRC Kicukiro, hazabera siporo mu mikino itandatu itandukanye, buri wese agakina uwo ashaka bitewe n’uwo akunda, byateguwe na sosiyete itegura ibirori n’ibikorwa bitandukanye mu Rwanda, “Thousand Hills Events”,intego nyamukuru ni ukurwanya indwara zitandura zikunze guterwa no kudakora siporo ihagije. Imibare igaragaza ko mu Rwanda indwara zitandura zigize 20% by’impfu ziboneka buri mwaka Mu itangazo rigenewe abanyamakuru, Thousand Hills Events yatangaje ko abazitabira iyo siporo rusange bazidagadura mu mikino y’umupira w’amaguru, Volleyball, Basketball, Cricket, Tennis no kwiruka kilometero icumi. Rigira riti “Thousand Hills events yatangiye…

SOMA INKURU

Itariki ivuga byinshi ku mateka y’u Rwanda

Itariki ya 1 Ukwakira ni umunsi udasanzwe, Abanyarwanda bazirikanaho ubudasa mu gukunda igihugu, kuko ari bwo ishami rya gisirikare ry’Umuryango FPR-Inkotanyi ryitwaga APR, ryagabye igitero ku mupaka wa Kagitumba riyobowe na Gen Maj Fred Gisa Rwigema, hagatangira urugamba rwo kubohora igihugu. Yari intangiriro yo gushyira mu bikorwa umugambi wo gufasha abanyarwanda gutahuka nyuma y’imyaka isaga 30 barahejejwe mu buhungiro, kandi ubutegetsi bwariho icyo gihe bwari bwaranangiye kubacyura mu nzira y’amahoro. Yari kandi imbarutso yo guhagarika ivangura mu Banyarwanda, hubakwa ubumwe bwabo, ubuyobozi bugendera ku mahame ya demokarasi ndetse u Rwanda…

SOMA INKURU

Imibare igaragaza amarorerwa ibiza byakoze mu mwaka wa 2019

Imibare yashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi, yerekana ko abantu 70 bishwe n’ibiza, abandi 177 bakomeretse, inzu 4095 zikangirika, hegitari 6708.65 z’imyaka zikangirika. Yerekana kandi ko amatungo 167 yapfuye, ibyumba by’amashuri 163 n’ikigo nderabuzima kimwe bigasenyuka. Hasenyutse kandi imihanda itandatu, insengero 49, ibiraro 11, inyubako z’ubutegetsi 15, imiyoboro ikwirakwiza amazi itatu, imiyoboro y’amashanyarazi 60, amasoko atatu n’uruganda rumwe. Mu Karere ka Rwamagana niho Ibiza byahitanye abantu benshi bagera kuri 15, gakurikiwe na Ngororero byahitanye umunani. Muri Rusizi, Nyanza na Kirehe niho hakomeretse abantu benshi. Imibare ya Minema yerekana ko mu…

SOMA INKURU

Amabanga y’ubutegetsi bwa Tshisekedi yashyizwe hanze

Uwahoze ari Minisiti w’intebe muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo Adolphe Muzito kuva mu mwaka wa 2008 kugeza muri 2012, yatangaje amabanga menshi y’ubwiru yihishe ku ngoma ya Perezida Felix Tshisekedi, aho yahishuye ko uyu muperezida yahinduye intego yari afite ataragera ku butegetsi, ku buryo yabaye igikoresho cy’uwahoze ari Perezida w’iki gihugu Joseph Kabila. Adolphe Muzito agira ati “Tshisekedi asigaye avuga ururimi rwa Kabila ku buryo yabaye nk’igipupe cy’ingoma yatambutse na Kabila ubwe.” Nk’uko Politico.CD ikomeza ibitangaza, Adolphe Muzito ashinja Kabila kwivanga muri bagenzi be bari bafite umugambi wo gushakira…

SOMA INKURU

Imibare mishya yerekana uko VIH/SIDA ihagaze mu Rwanda

Raporo nshya yatangajwe Ejo hashize kuwa gatatu tariki 25 Nzeri 2019, yagaragaje ko mu Rwanda ikigero cyo kumenya uko abantu bahagaze ari 84%, abafata imiti igabanya ubukana bwa virusi itera SIDA ari 98%, naho ikigero cyo kugabanuka kwa VIH/SIDA iri mu mubiri kiri kuri 90%. Ni igenzura ryakorewe ku baturage barenga ibihumbi 30 bari mu kigero cy’imyaka 16-65 n’abarenga ibihumbi icyenda bari hagati y’imyaka 10-14 bo mu ngo zirenga ibihumbi 11 basanzwe mu ngo hagati ya Werurwe 2018 na Kanama 2019. Iri genzura ryerekanye ko ubwandu bushya mu bari mu…

SOMA INKURU

Perezida wa Rayon Sports yishongoye ku bategereje ko yeguzwa

Perezida wa Rayon Sports Munyakazi Sadate waraye asinyanye amasezerano y’ubufatanye na La Parisse Hotel azafasha abakinnyi ba Rayon Sports kuzajya bayikoreramo umwiherero ndetse n’imyitozo ngororamubiri, akaba yaboneyeho umwanya wo gutangaza ko nta kintu kimuteye ubwoba ku buyobozi bwe kuko ngo nta gishobora gutsinda ukuri. Ati “Nta na rimwe ikinyoma kijya gitsinda ukuri. Burya iyo uri mu kuri nta kintu kigutera ubwoba.Uzaterwe ubwoba nuko utari mu kuri. Ntari mu kuri naza mu banyamakuru nkababeshya, nkabaha ruswa nkababwira nti muvuge ibi, mwandike ibi kuko turabizi ko bijya bibaho, ariko ibyo tuvuga ni…

SOMA INKURU

Umwana w’imyaka 5 ufite indwara imunga amagufa aratabarizwa

Umwana w’imyaka itanu witwa Mbarushimana Samuel aratabarizwa nyuma yo gufatwa n’indwara ituma amagufwa yo mu kuguru amungwa nk’uko yabibwiwe n’abaganga, akaba ari uwa Nyiranizeyimana Jeanne umubyeyi w’abana bane watandukanye n’umugabo we bitewe n’amakimbirane yo mu muryango, acumbitse mu Karere ka Gatsibo mu Murenge wa Rugarama mu Kagari ka Bugarama mu Mudugudu wa Rebero. Uyu mwana w’imyaka itanu ukuguru kwe kuzuye ubushye n’ibinogo by’ibisebe amaranye imyaka ibiri, mama we akaba avuga ko abarizwa mu cyiciro cya gatatu cy’ubudehe byanatumye atabona ubufasha bwa leta ngo avuze umwana we agahitamo kubireka ngo kuko…

SOMA INKURU