AFP yatangaje ko kuri uyu wa Mbere tariki 7 Ukwakira 2019, Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi ubwo yari i Bukavu mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo afungura Laboratwari ipima umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi, yatangarije abaturage ko yiteguye no kuba yapfira mu rugamba rwo kugarura umuteno muri ako gace. Ati “Urugamba rwacu ruzaba ari urwo kugarura amahoro, amahoro asesuye, amahoro akenewe ku mutekano w’igihugu cyacu. Muri urwo rugamba munyizere, niteguye no kuba napfa kugira ngo agerweho.” Ubwo yiyamamarizaga kuyobora RDC umwaka ushize, Perezida Tshisekedi yavuze ko azanashyira ibirindiro…
SOMA INKURUAuthor: umuringanews
Icyo Intayoberana zitangaza nyuma y’amarushanwa ya East Africa Got Talent
Itorero Uruyange ry’Itorero rikuru Intayoberana ryabaye irya kabiri mu marushanwa ya mbere ya East Africa Got Talent yaraye ashojwe ejo cyumweru i Nairobi muri Kenya, umuyobozi akaba n’umutoza wabo avuga ko batahanye ishema n’ubwo batatsinze. Abavandimwe bo muri Uganda Esther na Ezekiel Mutesasira nibo baraye begukanye iri rushanwa bahembwa 50,000$. Aba bashimwe kandi na Perezida w’igihugu cyabo Yoweri Museveni. Kayigemera Sangwa Aline uyobora iri torero akanatoza aba bana b’Intayoberana yabwiye BBC ati: “Twishimye nubwo abana bo barize kuko bashakaga umwanya wa mbere”. Madamu Kayigemera avuga ko bakoze ibyo bashoboye byose…
SOMA INKURUAbaturage ba Rubavu bibukijwe uruhare rwabo mu kubungabunga umutekano
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Munyantwari Alphonse n’abayobozi b’inzego z’umutekano mu Ntara y’Iburengerazuba baganirije abaturage bo mu Murenge wa Bugeshi wegeranye n’ishyamba ry’ibirunga rihuza ibihugu by’u Rwanda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Uganda rikunze kuzereramo abashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda baba mu gihugu cya Congo. Maj Gen Alex Kagame uyobora ingabo mu Ntara y’Iburengerazuba, avuga ko abashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda batabonye abo bakorana mu gihugu batashobora kwinjira ngo bahungabanye umutekano, avuga ko n’ukorana na bo, uretse guhemukira igihugu, aba ahemukiye umuryango we n’inshuti ze. Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba,…
SOMA INKURUAbageze mu zabukuru ku munsi mpuzamahanga wabagenewe berekanye amarangamutima akomeye
Mu Murenge wa Gitambi mu Karere ka Rusizi mu Ntara y’Iburengerazuba, ku cyumweru tariki 06 Ukwakira 2019 hizihirijwe umunsi mpuzamahanga wagenewe abageze mu zabukuru ku rwego rw’igihugu, abasaza n’abakecuru bavuga imyato Perezida wa Repubulika wabashyiriyeho gahunda zigamije kubaherekeza neza mu zabukuru. Uyu munsi wizihijwe mu Turere twose tw’igihugu wari ufite insanganyamatsiko igira iti: “Umurimo unoze kuri bose, inzira y’amasaziro meza”. U Rwanda rukaba rwawizihizaga ku nshuro ya 19, mu gihe rufite abageze mu zabukuru bari hejuru y’imyaka 65 bakabakaba ibihumbi 500. Abageze mu zabukuru bafashe ijambo muri uyu muhango, indirimbo…
SOMA INKURUZimwe mu mpamvu zishyirwa mu majwi zongera umubare w’abana bata ishuri
Impamvu zivugwaho cyane mu gutuma abana bava mu ishuri twahuza na raporo ya Minisiteri y’Uburezi yerekana ko umubare w’abana bata ishuri wiyongera harimo kuba abana bajya mu mirimo ibabuza kwiga rimwe na rimwe bayoherezwamo n’ababyeyi, guteshuka ku nshingano kw’ababyeyi, amakimbirane yo mu miryango, imyitwarire y’abana banga kujya ku ishuri bakigira inzererezi hamwe n’ubukene aho usanga ababyeyi bananirwa kugurira umwana ibikoresho by’ishuri bikaba byaca umwana intege. Tugarutse kuri raporo Minisiteri y’Uburezi iheruka gutangaza igaragaza ko mu mwaka w’amashuri wa 2017/2018 abanyeshuri baretse kwiga mu mashuri abanza bageze kuri 6.7% bavuye kuri…
SOMA INKURURuswa iravuza ubuhuha mu gihugu cya Kenya kugeza mu nsengero
Kiliziya gatolika mu gihugu cya Kenya itangaza ko ikibazo cya ruswa cyamaze no kugera mu nsengero zayo, ubuyobozi bwa kiliziya bakaba batangaje ko iki kibazo bagiye kukirwanya bivuye inyuma mu gihe cy’amezi atandatu ari imbere. Kiliziya Gatorika yo muri kiriya gihugu ikomeza itangaza ko insengero zose zayo ziri mu gihugu zizashyirwamo itsinda rishinzwe kurwanya ruswa ku buryo rizajya ritahura ahavuzwe ruswa hose. Iki cyemezo gifashwe nyuma y’aho bamwe mu banyapolitike bo muri iki gihugu, usanga bazana mu nsengero zayo amafaranga y’inkunga nyamara barayabonye mu buryo butemewe. Twabibutsa ko raporo yasohowe…
SOMA INKURUAPR FC ikozwe mu ijisho na AS Kigali
Umukino wahuje APR FC na AS Kigali wamaze iminota 106, waranzwe n’imvune n’ imvune zikomeye, urangiye amakipe yombi aganyije, aho APR FC yishyuwe igitego yari yaryamyeho mu minota 3 ya nyuma y’umukino. Umukino waranzwe n’ishyaka ryinshi aho amakipe yombi yakomeje gucungana iminota 45 irashira nta nimwe irebye mu izamu, umusifuzi yongeraho indi 10 nayo irangira ari 0-0. APR FC yakomeje kuyobora umukino kugeza ku munota wa 72 ubwo yafunguraga amazamu ku gitego cyatsinzwe na Danny Usengimana ku mupira mwiza yahawe na Mugunga Yves winjiye mu kibuga asimbuye Sugira. Nyuma y’iki…
SOMA INKURUNyina wa Diamond yahishuye impamvu yashatse umugabo aruta cyane
Sanura Kasim umubyeyi w’icyamamare muri muzika mu gihugu cya Tanzaniya Diamond yabajijwe niba atiteguye gutanga ibyishimo mu muryango we abyarana n’umusore bashakanye witwa Rally Jones wahawe akabyiniriro ka ‘Ben 10’ na bimwe mu binyamakuru byandika ku myidagaduro muri Tanzania. Nyina wa Diamond yasubije ko yemeye kurongorwa na Rally Jones agamije kwishimisha, ibyo kubyarana bitarimo. Yagize ati “Twemeranyije kubana ariko ibyo kubyarana ntibirimo…murashaka kumbona mpfira aho abagore babyarira. Umugabo wanjye arankunda, ntabwo nshaka kubyara.” Umukobwa we Esma Platnumz avuga ko umubyeyi we yemeye kubyara yamufasha kurera umwana agakomeza kuryoherwa n’ubuzima. Esma asanzwe…
SOMA INKURURDC: Ibyishimo ni byose nyuma yo kubona umuti wa Ebola
Itangazo rusange ry’imiryango irimo OMS na UNICEF ryishimiye ibyatangajwe n’abashinzwe ubuzima mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ko abantu 1 000 bavuwe bagakira indwara ya Ebola bakava mu bigo bavurirwagamo bagataha. David Gressly umuyobozi ushinzwe ibikorwa byo kurwanya Ebola mu muryango w’Abibumbye, avuga ko buri umwe muri aba bakize ari impamvu itera imbaraga abakozi bahanganye na Ebola. David Gressly avuga ko nubwo Ebola yagabanutse cyane ariko urugamba bariho rutararangira, gusa ko ubu hari uburyo bufite bukomeye bwo kuyirwanya. Hagati muri Kanama herekanwe abantu ba mbere bari barwaye…
SOMA INKURUIbyitezwe ku masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda n’u Budage mu kurwanya ibyorezo
Amasezerano akubiyemo uburyo u Rwanda n’u Budage bizafatanya mu buryo bwa tekinike, amahugurwa no kubaka ibikorwa remezo byifashishwa mu gukumira no guhangana n’indwara z’ibyorezo yashyizweho umukono kuri uyu wa Gatanu tariki 4 Ukwakira 2019 n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima ushinzwe ubuvuzi bw’ibanze mu Rwanda, Dr Ndimubanzi Patrick na Minisitiri w’Ubuzima w’u Budage, Jens Spahn. Minisitiri Spahn yatangaje ko mu ntangiriro z’ubu bufatanye igihugu ahagarariye kizaha u Rwanda inkunga y’amayero ibihumbi 500 ni ukuvuga asaga miliyoni 500 Frw ariko ibikorwa bikazagenda byagurwa mu minsi iri imbere. Minisitiri Spahn yanemeje ko…
SOMA INKURU