Bemeza ko Covid-19 yabashoye mu mirimo igayitse

Amezi abaye atandatu icyorezo cyibasiye isi Covid-19 kigeze mu Rwanda,  kikaba cyaratumye hirya no hino mu Mujyi wa Kigali uhasanga abagore bagitunga urutoki, bagishinja kuba intandaro y’ibura ry’akazi bigatuma bamwe bishora mu mirimo bita ko igayitse. Ku ikubitiro uwatangaje ko Covid-19 yamushoye mu kazi kagayitse ni Mujawamariya Agnes ucumbitse mu mudugudu wa Kiruhura, Akagali ka Nyabugogo,  umurenge wa Kigali,  akarere ka Nyarugenge, aho mbere y’uko Coronavirus igera mu Rwanda yakoraga akazi k’amasuku mu kabari gaherereye mu Gasyata, ahembwa ibihumbi mirongo itatu, ariko ntabure n’utundi two ku ruhande kuko banamutumaga, hejuru…

SOMA INKURU

Uko Covid-19 yifashe mu Rwanda, abo imaze guhitana n’amakuru mashya y’urukingo

Imibare yashyizwe hanze na Minisiteri y’Ubuzima, yerekana ko kugeza ubu abantu 18 basanzwemo Covid-19  mu bipimo 1,549 byafashwe, bituma umubare w’abamaze kwandura uba 4,671. Abantu bashya 28 no bo bakize bituma umubare w’abamaze gukira iki cyorezo bose uba 2,845, abakirwaye ni 1,801,  cyakora iki cyorezo cyahitanye 2, bituma umubare w’abamaze gupfa bose baba 25. Ibimenyetso bya Coronavirus birimo inkorora, ibicurane, guhumeka bigoranye n’umuriro. Yandura binyuze mu matembabuzi aturuka mu myanya y’ubuhumekero. Mu gukomeza kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus, abaturarwanda basabwa gukomeza kwitwararika no kubahiriza amabwiriza ya Leta hitabwa cyane cyane ku…

SOMA INKURU

Impamvu Sedate yanze kwegura akihambira kuri Rayon Sports

Mu kiganiro yagiranye na Radio Flash FM mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Nzeri 2020,Munyakazi Sadate yavuze ko yanze kwegura ku buyobozi bwa Rayon Sports kubera impamvu 2 zirimo urukundo ayikunda ndetse no kuba hari umurongo mwiza yifuza kuyiha. Yagize ati “ Impamvu ni ebyiri zatumye duharanira ko ibintu bya Rayon Sports bijya ku murongo ndetse tukanagira resistance (kwihagararaho) ku bibazo byinshi twahuriyemo, rimwe na rimwe bitari kwihanganirwa na buri wese. Impamvu ya mbere ni uko Rayon Sports tuyikunda. Burya iyo ukunda ikintu uba ushaka ko kijya ku…

SOMA INKURU

Nyuma yo gushaka kwiyambura ubuzima, umukunzi we yamwibutse

Mu minsi ishize nibwo mu bitangazamakuru bya hano mu Rwanda hagiye hacicikana inkuru ivuga ku itandukana rw’umunyemari wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Putin Kubalu n’umukobwa w’umunyarwandakazi wabaye igisonga cya Nyampinga w’u Rwanda 2015, Miss Raissa Vanessa Uwase. Aya makuru abayavugaga bashingira kuko, aba bombi ntawe ukigaragariza undi ko amukunda muruhane nkuko bari basanzwe babigaragaza ku mafoto bakunze gukoresha kumbuga nkoranyambaga aba bombi bakoresha. Putin Kubalu yongeye gushimangira urwo akunda Miss Vanessa Uwase ahamyako ari umwamikazi we. Uyu munyemari ukomoka mu gihugu cya Congo Kinshasa, kuri uyu wa Kabiri…

SOMA INKURU

Rukumbeli: Imibiri y’abazize Jenoside ikomeje gutahurwa

Imibiri 791 y’Abatutsi bishwe mu 1994 muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ni yo imaze kuboneka ku Kiyaga cya Mugesera mu Murenge wa Rukumbeli mu karere ka Ngoma kuva mu ntangiriro z’uyu mwaka 2020. Mu byumweru 2 gusa hamaze kuboneka imibiri isaga 500. Kuva tariki 26 Kanama kugeza tariki 14 Nzeri hamaze kuboneka imibiri 547 yari yarajugunywe mu byobo, indi mibiri ikaba ikomeje gushakishwa.   ABaturage bakomeje ibikorwa byo gushakisha imibiri yaba isigaye muri izo nkengero z’Ikiyaga Musafiri Jean Pierre, Perezida wa Ibuka mu karere ka Ngoma yabwiye itangazamakuru ko umubiri wa mbere…

SOMA INKURU

Uko mwirinda Covid-19, abe ari nako mwirinda impanuka-CP Kabera

Polisi y’Igihugu yibukije abaturarwanda ko uko bakomeje kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID19, ko ari nako bakwiye gukomeza kwirinda impanuka zo mu muhanda. Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yabigarutseho mu butumwa yatambukije kuri twita (Twitter) muri iki gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 14 Nzeri 2020. Yagize ati “Nk’uko dukomeje kubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19, abe ari nako twubahiriza amategeko y’umuhanda yose uko bisabwa kugira ngo twirinde impanuka”. Raporo y’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda zigaragaza ko ibi bikunze…

SOMA INKURU

Nyuma y’uko Covid-19 itumye ahazwi nko kwa Mutangana hafungwa, dore amakuru mashya y’iyo nyubako

Kuri uyu wa kabiri tariki 15 Nzeli 2020, nibwo biteganyijwe ko isoko benshi bita mpuzantara ahazwi nko kwa Mutangana rifungurwa hamwe n’amazu y’ubucuruzi arikikije, ibi bikaba byatangajwe n’ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali, ariko hakaba hafashwe ingamba zihamye zo guhangana na Covid-19. Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwasobanuye ko iri soko rigiye gufungurwa nyuma y’igenzura ryakozwe n’inzego z’ubuzima ndetse n’imyiteguro y’abasanzwe barikoreramo mu rwego rwo gushyira mu bikorwa ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID-19. Kugira ngo ubucucike bugabanuke mu isoko ryo Kwa Mutangana, amaseta yongerewemo atari asanzwe mu myubakire yaryo agomba kuvanwaho ndetse…

SOMA INKURU

Uko Covid-19 yifashe mu Rwanda no ku isi

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri iki Cyumweru tariki ya 13 Nzeri 2020, habonetse abarwayi bashya 26 b’icyorezo cya COVID-19 mu bipimo 2,722  byafashwe mu masaha 24 ashize, abaganga basezerera abantu 13 bakize neza, nta muntu wapfuye. Umubare w’abamaze gukira ugera ku 2,556 bangana na 56% by’abarwayi 4,591 bamaze gutahurwaho icyo cyorezo mu Rwanda, mu bipimo 462,896 bimaze gufatwa kuva umurwayi wa mbere yatahurwa mu Rwanda. Abarwayi bashya barimo 22 b’i Kigali bapimwe mu bibasiwe kurusha abandi, abantu 2 bo mu Karere ka Musanze, umwe wo mu Karere ka Nyanza n’undi…

SOMA INKURU

Rwanda: Amabwiriza mashya yo kurwanya Covid-19 ku bajya hanze y’igihugu

Ubuyobozi bw’ Ikigo k’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) bwatangaje ko guhera kuri uyu wa Mbere tariki ya 14 Nzeri 2020, abipimisha COVID-19 mbere yo gukorera ingendo hanze y’u Rwanda basabwa kwipimisha habura amasaha 48 ngo urugendo rutangire. RBC ivuga ko agaciro k’igihe cy’amasaha 120 ikizamini kigomba kuba cyakorewemo mbere y’uko ugikoresha akora urugendo kitigeze gihinduka, ariko kugira ngo laboratwari ibashe gukora imirimo yayo neza, abipimisha bagomba gukoresha ibizamini bagifite nibura amasaha atari munsi ya 48 mbere y’urugendo. Abakora ingendo mu mahanga bari mu bemerewe kwipimisha ku bushake muri gahunda yafunguriwe Abaturarwanda n’abanyamahanga bari…

SOMA INKURU

Covid-19 nyirabayazana w’ubwiyongere bw’ihohoterwa rikorerwa abagore

Muri iki gihe kitoroshye isi ndetse n’u Rwanda rudasigaye birimo byo guhangana na Covid-19, byatumye amashuri ahagarikwa by’umwihariko mu Rwanda, aho kuva tariki 15  Werurwe 2020 amashuri yafunzwe kugeza ubu muri Nzeli, ibi bikaba byarakuruye ihohoterwa by’umwihariko mu miryango y’abakora umwuga wo kwigisha.  Ni muri urwo rwego hasuwe umuryango utuye mu mudugudu w’Indamutsa, akagali ka Tetero, umurenge wa Muhima,  akarere ka Nyarugenge, mu Mujyi wa Kigali, umugore n’umugabo bose bakaba ari abarimu mu bigo binyuranye ariko bikomeye muri Kigali, kuko iyo ugeze muri uwo muryango ubona wifashishije, ariko ntibibuza umugore…

SOMA INKURU