Amakuru ku bashaka kwiyandikisha mu marushanwa ya “The Next Pop Star”

Abashaka guhatana mu irushanwa rya ‘The Next Pop Star’ rizasiga umwe mu bahanzi b’abanyempano yegukanye miliyoni 50 Frw, bashyiriweho uburyo bwo gutangira kwiyandikisha. Kwiyandikisha byatangiye ku wa 1 Ukwakira 2020. Uwiyandikisha yohereza ubutumwa bugufi (SMS) kuri 1510, agashyiramo izina rye, imyaka afite n’akarere atuyemo agakurikiza amabwiriza. Umaze kwiyandikisha ahita abona ubutumwa bugufi burimo nomero imuranga ‘registration ID’. Nyuma yo kubona ID, umuhanzi azifata video ntoya iri hagati y’amasegonda 45 na 60 ari kuririmba ayohereze kuri email info@moreevents.rw cyangwa kuri WatsApp akoresheje nomero 0730086382. Kwiyandikisha bizarangira tariki 18 Ukwakira 2020. ‘The…

SOMA INKURU

Ruhango: Nyuma yo gukubita se umubyara bikomeye arashakishwa

Harashakishwa umusore wahohoteye se afatanyije na nyina, ariko akaba yatorotse inzego z’umutekano, akaba abarizwa mu  karere ka Ruhango,umurenge wa Ntogwe, akagali ka Gako,umudugudu wa Kamakara. Nahayo Jean Marie Umunyabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Ntongwe yemeje aya makuru mu kiganiro yagiranye na hanga.rw. Yagize ati” Yego nibyo Umusore w’imyaka 19 witwa Ntawuhigimana Faustin afatanyije na nyina umubyara bakubise se witwa Minani Andre arakomereka ariko bitari cyane, bapfaga ikibazo cy’amasambu”. Yakomeje avuga ko aya makimbirane amaze igihe ariko nk’uko yabibwiwe n’umuyobozi w”umudugudu wa Kamakara. Akaba yemeje ko boherejeyo Dasso kureba iby’iki kibazo ,ariko…

SOMA INKURU

Nyuma yo gupinga Covid-19 bikomeye, yemeje ko yamwibasiye

Nyuma yo kunengwa ko yapinze Covid-19 ndetse akaba yaranemezaga ko ari indwara y’abashinwa, nubwo yageze mu gihugu cye igahitana abatari bake,  Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika Donald J. Trump we ubwe yatangaje ko we n’Umugore we Melania Trump, bamenye ko banduye icyorezo cya COVID-19 bakaba batangiye kwishyira mu kato no guhabwa ubuvuzi bukenewe.  Abinyujije ku rubuga rwa twitter akoresha cyane, muri iki gitondo cyo ku wa Gatanu ni bwo yamenyesheje abamukurikira, agira ati: “Muri iri joro, Madamu Melania Trump na nge twapimwe dusanga twanduye COVID-19 . Turatangira akato n’urugendo…

SOMA INKURU

Covid-19 ikomeje gutuma abana bashorwa mu mirimo igayitse

Abapolisi bo mu ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku wa Gatatu tariki ya 30 Nzeri, bafatanye Habiyambere Venuste w’imyaka 30  litiro 100 z’ikiyobyabwenge cya Kanyanga, afatirwa mu karere ka Nyagatare mu Murenge wa Tabagwe mu kagari ka Nyabitekeri. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Hamdun Twizeyimana yavuze ko abapolisi bari bafite amakuru bahawe n’umuturage ko Habiyambere acuruza ibiyobyabwenge cyane cyane ikiyobyabwenge cya Kanyanga. Yagize ati “Umuturage yatubwiye neza iby’ubucuruzi bwa Habiyambere byo kuvana urumogi na Kanyanga mu gihugu cya Uganda akaza…

SOMA INKURU

U Rwanda rwahawe impano y’imbangukiragutabara

U Bubiligi bwahaye u Rwanda impano y’imbangukiragutabara 40 zizashyikirizwa ibitaro byo hirya no hino hagamijwe guteza imbere serivisi z’ubuvuzi mu gihugu. Umuhango wo guhererekanya izi mbangukiragutabara hagati y’u Rwanda n’Ubwami bw’u Bubiligi, wabereye ku cyicaro gikuru cy’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC. Iki gikorwa kikaba kitabiriwe na Ambasaderi w’u Bubiligi mu Rwanda, Amb. Benoît Ryelandt; Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ngamije Daniel; Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’u Bubiligi cyita ku Iterambere mu Rwanda, Enabel, Jean Van Wetter n’abayobozi b’ibitaro byazihawe. Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ngamije Daniel, yashimiye u Bubiligi ku ruhare bwagize mu guteza imbere serivisi…

SOMA INKURU

Miss Jolly yatanze ubutumwa bwateje impagarara

Mutesi Jolly wabaye Nyampinga w’u Rwanda mu mwaka wa 2016, yagaragaye kuri twitter akangurira abakobwa b’abangavu kwihagararaho no kudashukwa ngo baterwe inda zitateganyijwe, akaba yateje impaka zitari nke, aho bamwe bamwibasiye cyane. Aya magambo uyu mukobwa yanditse kuri Twitter yaturutse ku nkuru yasomye mu kinyamakuru yagaragazaga ko abana barenga 78000 bavutse ku bangavu mu myaka ine ishize. Iyi nkuru igaragaza ko mu 2016 abakobwa 17849 batewe inda, naho mu 2017 imibare y’abakobwa batewe ikiyongera mu 2018 iva ku bakobwa 17337 muri uwo mwaka wari wabanje bagera ku 19832 mu 2018.…

SOMA INKURU

Imibereho y’abagore b’abazunguzayi mu bihe bya Covid-19

Hirya no hino mu Mujyi wa Kigali mbere y’uko Covid-19 igera mu Rwanda,  hagaragaraga mu bice binyuranye abagore bikoreye udutaro turiho ibiribwa binyuranye, cyangwa bakabitereka ahantu runaka hagahinduka nk’agasoko. Hari aho wasangaga ubuyobozi bubahinda, ahandi bikorera nta kibazo ndetse ugasanga banakundwa kuko bagurisha make.  Ariko bamwe muri bo bemeza ko kuva Covid-19 yaza, y’ubucuruzi bwabo ntibukijyenda.  Nyiramongi Jeannette utuye mu mudugudu wa Giticyinyoni, Akagali ka Nyabugogo, umurenge wa Kigali, akarere ka Nyarugenge, ucuruza imbuto zinyuranye, yatangaje ko Covid-19 yabashyize mu kato, ngo kuko nta cyizere abaguzi bakibagirira. Ati “Usigaye ubona…

SOMA INKURU

Covid-19 yashyize mu ihurizo ry’ubuzima abakobwa bakoraga mu tubari

Nk’uko bimaze kumenyerwa mu gihe cy’amezi atandatu ashize Covid-19 igeze mu Rwanda, imwe muri serivise z’ubucuruzi zafunzwe kugeza ubu ni utubari, ibi bikaba byaratumye bamwe mu bakobwa bari batunzwe natwo batangaza ko ubuzima bwababanye ihurizo.  Mukasine Angelique umukobwa w’imyaka 25, utangaza ko akomoka mu Ntara y’Amajyepfo,  ariko akaba acumbitse mu Mujyi wa Kigali, akarere ka Nyarugenge, umurenge wa Kimisagara, akagali ka Katabaro, yatangaje ko yakoraga mu kabari abayeho neza kuko amafaranga yahembwaga n’andi yabonaga ku ruhande yari amutunze abayeho nta kibazo ndetse agafasha n’ababyeyi yasize mu cyaro, ariko ngo kuva…

SOMA INKURU

Covid-19 intandaro z’inshingano z’umurengera ku bagore

Hirya no hino mu Mujyi wa Kigali usanga abagore batandukanye batunga urutoki Covid-19, aho bemeza ko kuva iki cyorezo cyagera mu Rwanda, dore ko amezi atandatu yihiritse, mu rwego rwo kubahiriza ingamba zo kurwanya Covid-19, akazi bagakorera mu rugo bigatuma bavunika cyane kuko hejuru y’akazi kabahemba hiyongeraho imvune zinyuranye bagiye kwitangariza bo ubwabo.  Ingabire Alice utuye mu kagali ka Gacyamo, umurenge wa Gitega, akarere ka Nyarugenge, mu Mujyi wa Kigali, yatangaje ko akora mu kigo basimburana, aho bamwe bamara icyumweru bakorera mu rugo, abandi bajya ku kazi,  bakajyenda basimburana,  ariko…

SOMA INKURU

Biden says presidential winner should pick Ginsburg replacement

Democratic presidential nominee Joe Biden said on Friday that “there is no doubt” that the winner of November’s presidential election should pick Supreme Court Justice Ruth Bader Ginsburg’s replacement. “There is no doubt – let me be clear – that the voters should pick the president and the president should pick the justice for the Senate to consider,” Biden told reporters after learning of Ginsburg’s death. Biden’s remarks appear to set the stage for a partisan fight over the judiciary that could dominate the fewer than seven weeks remaining until…

SOMA INKURU