Kuri uyu wa Kane mu nama yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga, kuri gahunda yitiriwe amasezerano ya Kigali ku ndwara zititaweho uko bikwiriye, Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yagaragaje ko izi ndwara zibasiye abatuye Isi cyane cyane abo ku mugabane wa Afurika. Yagize ati “Indwara zititaweho uko bikwiriye zigira ingaruka mbi ku bo zafashe ndetse zishobora no kubahitana. Inzoka zo mu nda n’izindi ndwara zititaweho bigira uruhare mu gutuma abaturage bacu bagwingira.” Dr Ngirente yavuze ko ku isi, abagera kuri miliyari 1.7 bari mu barwaye indwara zititaweho uko bikwiriye. Afurika ni yo yibasiwe cyane…
SOMA INKURUYear: 2022
Abapolisi bo mu nzego zinyuranye bazamuwe mu ntera, 481 basezererwa nta mpaka
Mu Nama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu, tariki 26 Mutarama 2022, Perezida Kagame yazamuye mu ntera ba ofisiye bakuru 109 ba Polisi y’u Rwanda, hanemerejwe Iteka rya Minisitiri rizamura mu ntera ba Suzofisiye n’abapolisi bato ba Polisi y’u Rwanda 4483. Abakuwe ku ipeti rya Chief Superintendent of Police (CSP) bajya ku rya Assistant Commissioner of Police(ACP) ni bane aribo CSP Sam Bugingo, CSP Aloys Munana Burora, CSP Rutagarama Kanyamihigo na CSP Edmond Kalisa Abari ku ipeti rya Senior Superintendent of Police (SSP) batatu bazamuwe ku ipeti rya Chief Superintendent…
SOMA INKURUMinisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Boris Johnson yasabiwe kwegura
Ubwo Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson yitabaga abagize Inteko Ishinga Amategeko kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Mutarama 2022, yasabiwe kwegura ashinjwa ko yabeshye kuko hari aho yavuze ko amabwiriza yose abuza abantu guhurira hamwe mu bihe bya guma mu rugo yubahirijwe. Ikindi gihe ngo yasabye imbabazi ko yakoze ibirori ku wa 20 Gicurasi 2020 ariko ko yari azi ko ari ibijyanye n’akazi. Amagambo nk’aya yanavuzwe kenshi n’Umuyobozi w’Inteko, Jacob Rees-Mogg, ko umuhuro Bosis yagiyemo wari ufitanye isano n’akazi. Ati “Niba abantu bakoze umunsi wose, baba bagomba kurya, bagomba…
SOMA INKURUImodoka yahembwe mu marushanwa ya Miss yashyizwe ku isoko
Imodoka yahembwe Miss Umunyana Shanitah wegukanye ikamba rya Miss East Africa yashyizwe ku isoko mu gihe bateganya kumufasha gushaka indi ihwanyije agaciro n’iya mbere yari yemerewe. Miss Umunyana Shanitah wari uhagarariye u Rwanda mu irushanwa rya Miss East Africa 2021, yambitswe ikamba ryo kuba Nyampinga w’Ibihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba ku wa 25 Ukuboza 2021. Muri ibi birori byabereye muri Tanzania, Umunyana yatsinze nyuma yo guhigika abandi bakobwa 16 bari bahagarariye ibihugu birimo u Burundi, Tanzania, Uganda, Kenya, Ibirwa bya Comores, Ethiopie, Sudani y’Epfo n’ibindi. Ubuyobozi bwa Miss East Africa…
SOMA INKURUMusanze: Huzuye urwibutso rw’abatutsi biciwe mu nzu y’ubutabera
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze bwatangaje ko imirimo yo kubaka Urwibutso rw’Abazize Jenoside yakorewe Abatutsi biciwe mu cyahoze ari inzu y’ubutabera igeze ku kigero kirenga 90% kuko ubu hari gukorwa amasuku. Biteganyijwe ko imibiri iruhukiye Rwibutso rwa Jenoside rwa Muhoza izimurirwa muri uru rushya mbere ya Mata 2022. Aho uru Rwibutso ruri kubakwa, ni ahahoze hakorera Urukiko rw’Ubujurire rwa Ruhengeri, ahiciwe Abatutsi baturutse mu yahoze ari Sous-préfecture ya Busengo (ubu ni mu Karere ka Gakenke), abandi baturuka mu yahoze ari Komini Kigombe na Kinigi, bahahungiye bizezwa n’ubutegetsi bwariho icyo gihe kuhabarindira.…
SOMA INKURUKarongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, “RIB”, rwashyikirije Ubushinjacyaha dosiye y’umunyamabanga nshingwabikorwa wa kamwe mu tugari two mu murenge wa Rubengera, mu karere ka Karongi ukurikiranyweho gusambanya umwana. Tariki 17 Mutarama 2021 ni bwo uyu muyobozi yatawe muri yombi, afungirwa kuri Sitasiyo ya RIB ya Bwishyura. Iperereza ry’ibanze ryerekanye ko uyu muyobozi yafatanywe umwana w’umukobwa utarageza ku myaka y’ubukure babana mu nzu nk’umugore n’umugabo ndetse baranabyaranye. Byaje kugera aho gitifu asiga uyu mwana w’imyaka 17 wenyine ariko bimuyobeye yegera ubuyobozi abusaba ko bwamusabira umugabo kugaruka mu rugo agakomeza inshingano yo kwita ku muryango…
SOMA INKURULeta yahagurukiye ikibazo cy’ibigo by’ubwishingizi n’amavuriro
Leta y’u Rwanda yinjiye mu kibazo cy’amavuriro yigenga ashinja ibigo by’ubwishingizi bitatu kutayishyura, itegeka ko habarwa ibirarane byose aya mavuriro aberewemo bikishyurwa bitarenze amasaha 24. Iki kibazo cyatangiye kuvugwa cyane mu mpera z’icyumweru gishize, ubwo hateranaga inama idasanzwe y’inteko y’Ishyirahamwe ry’Amavuriro Yigenga mu Rwanda (RPMFA). Iyi nama yigaga ku kibazo cy’amavuriro yigenga ashinja Britam, Radiant na Sanlam kutayishyura amafaranga bayabereyemo, kuri serivisi yahaye abakikiya b’ibi bigo by’ubwishingizi. Inama yarangiye hafashwe umwanzuro ko abakiliya b’ibi bigo by’ubwishingizi batazongera kuvurwa mu gihe batiyishyuriye 100%. Ni icyemezo cyakuruye impaka ndetse bamwe mu baturage…
SOMA INKURUUko urubanza rwa Cyuma Hassan rwagenze mu rukiko rw’ubujurire
Kuri uyu wa 25 Mutarama 2022 mu rukiko rw’ubujurire ruherereye Kacyiru, Niyonsenga Dieudonne uzwi nka Cyuma Hassan yagaragaraje ko yifuza gufungurwa akaburana ari hanze, yahawe umwanya ngo asobanure impamvu ashingiraho asaba kurekurwa by’agateganyo, avuga ko uburyo yafashwemo bunyuranyije amategeko. Ati “Nafashwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko kuko abantu ntazi bansanze iwanjye n’aho ishema TV ikorera. Abo twari turi kumwe barabafashe barababoha nanjye baramfata ariko ntibamenyesha icyo bamfatiye.” Me Gatera Gashabana na we yagaragaje ko abagiye gufata umukiliya we batigeze banamukorera inyandikomvugo igaragaraza ibyaha ashinjwa kandi ko bagiye kumuta muri yombi mbere…
SOMA INKURUMalawi: Perezida Chakwera yasezereye guverinoma yose
Perezida Lazarus Chakwera wa Malawi yirukanye abagize guverinoma bose kubera impungenge atewe na ruswa. Mu ijambo yavugiye kuri televiziyo kuwa mbere, Perezida Chakwera yiyemeje “guhangana n’imyifatire idakurikije amategeko y’abakozi ba leta”. Yavuze ko abagize guverinoma bashya bazatangazwa mu minsi ibiri. Abaminisitiri batatu bari kuregwa ibyaha binyuranye, barimo minisitiri w’ubutaka watawe muri yombi mu kwezi gushize aregwa kurya ruswa. Minisitiri w’umurimo ushinjwa kunyereza imari yagenewe kurwanya Covid, naho minisitiri w’ingufu araregwa amanyanga mu bucuruzi bw’ibitoro. Bose bahakana ibyaha bakekwaho. Chakwera yatowe mu 2020 yizeza kurwanya ruswa ariko mu cyumweru gishize amatsinda…
SOMA INKURUAbasirikare 8,500 b’Amerika bambariye urugamba
Abasirikare 8,500 b’Amerika bambariye urugamba, baryamiye amajanja biteguye koherezwa aho rukomeye igihe icyo ari cyo cyose, muri iki gihe ubushyamirane kuri Ukraine burimo kwiyongera, nkuko bivugwa n’ibiro bikuru by’ingabo z’Amerika, Pentagon. Uburusiya bukomeje guhakana buvuga ko budateganya kugaba igitero cya gisirikare muri Ukraine, nubwo bwakoranyirije abasirikare 100,000 hafi yayo. Ku wa mbere, Perezida w’Amerika Joe Biden yagiranye inama kuri videwo n’inshuti z’Amerika z’ibihugu by’i Burayi, mu gihe ibihugu by’i Burayi n’Amerika bifite intego yo kugera kuri gahunda bihuriyeho mu gihe Uburusiya bwaba bushotoranye. Pentagon yavuze ko nta cyemezo cyari cyafatwa…
SOMA INKURU