Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryahagaritse Perezida wa Gasogi United, Kakooza Nkuriza Charles, kutitabira imikino itandatu ya Shampiyona no gutanga amande y’ibihumbi 150 Frw kubera amagambo yavuze kuri Muvukiyehe Juvénal uyobora Kiyovu Sports n’umusifuzi Ahishakiye Balthazar. Itangazo ryashyizwe hanze ku wa Mbere rivuga ko “inama ya Komisiyo ishinzwe imyitwarire muri FERWAFA yateranye ku wa Gatatu, tariki ya 19 Mutarama 2022, yasanze Perezida wa Gasogi United, Kakooza Nkuriza Charles, yarakoze amakosa yo gusebya Perezida wa Kiyovu SC, Mvukiyehe Juvénal, nyuma y’umukino wahuje Gasogi United na Gorilla FC. Komisiyo yamuhanishije gusiba…
SOMA INKURUYear: 2022
Gisagara: Abasenyewe n’ibiza bijejwe ubufasha
Ubuyobozi bw’akarere ka Gisagara, bwijeje imiryango iherutse gusenyerwa n’ibiza byatewe n’imvura yaguye mu mpera z’icyumweru gishize ko hari amabati asaga 200 bazashyikirizwa kugira ngo abafashe gusana inzu zabo zangiritse. Imvura nyinshyi ivanze n’umuyaga, inkuba n’urubura ku wa Kane niyo yibasiye tumwe mu tugari two mu mirenge wa Save na Musha mu karere ka Gisagara, iyi mvura yasize zimwe mu nzu z’abaturage zangirika mu gihe izindi zasenyutse ku buryo abaturage bazivuyemo. Aba baturage basabye guhabwa ubufasha cyane cyane amabati yo kwifashisha mu gusana inzu zabo, kuko andi yamaze kwangirika ku buryo…
SOMA INKURUAbo Green Gicumbi yubakiye biogaz bemeza ko yabahinduriye imibereho
Gahunda yo kubakira abaturage biogaz zigera ku 1700 bo mu mirenge icyenda yo mu karere ka Gicumbi ni imwe mu mihigo y’umushinga “Green Gicumbi” ushyirwa mu bikorwa n’Ikigega cy’Igihugu cy’Ibidukikije “FONERWA” ugaterwa inkunga n’ikigega cy’isi cyita ku mihindagurikire y’ikirere “Green Climate Fund”, kugeza ubu abo iyi gahunda yagezeho bakaba bemeza ko byabafashije kuba inshuti z’ibidukikije ndetse biborohereza ubuzima. Mukantwari Gaodiose ufite imyaka 47, utuye mu mudugudu wa Rwasama, akagari ka Gacurabwenge, umurenge wa Byumba, akarere ka Byumba, ni umwe mu bubakiwe biogas, aho yatangaje ko abakozi ba Green Gicumbi bamugezeho…
SOMA INKURUIshyirahamwe ry’amavuriro yigenga mu Rwanda ryahagaritse ibigo bitatu by’ubwishingizi
Ishyirahamwe ry’Amavuriro Yigenga mu Rwanda (RPMFA) ryatangaje ko ryahagaritse by’agateganyo imikoranire n’ibigo bitatu by’ubwishingizi birimo Britam, Radiant na Sanlam. Umwanzuro wo guhagarika imikoranire n’ibyo bigo wafatiwe mu Nteko Rusange ya RPMFA yateraniye i Kigali ku wa 21 Mutarama 2022, ihurije hamwe abanyamuryango (abayobozi b’amavuriro) barenga 130. Amakuru avuga ko zimwe mu mpamvu zatumye hafatwa iki cyemezo ari uko hashize igihe kinini bimwe mu bigo by’ubwishingizi bitinda kwishyura amavuriro yigenga kuri serivisi aba yahaye abanyamuryango babyo, bigashyira amananiza ku baganga bibasaba kubanza kubihamagara mbere yo guha umurwayi serivisi ihenze n’ibindi nko…
SOMA INKURUAbanyamayaga basezeranyijwe guca ukubiri n’ibura ry’amazi
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 22 Mutarama 2022, ubwo Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Amb. Claver Gatete, yasuraga ibikorwa remezo bitandukanye by’amazi n’amashanyarazi mu Ntara y’Amajyepfo, yasezeranyije abanyamayaga guca ukubiri n’ibura ry’amazi. Hamwe mu ho yasuye ni urugomero rw’amazi rwa Shyogwe- Mayaga ruri hagati y’uturere twa Ruhango na Muhanga rufite n’uruganda ruyatunganya akoherezwa mu baturage kuko rwagenewe kuyakwirakwiza mu gice cy’Amayaga. Urwo rugomero rwakozwe kugira ngo rukwirakwize amazi mu gice cy’Amayaga cy’uturere twa Kamonyi, Ruhango na Nyanza ndetse no mu Murenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga. Mu 2019 rwarangiritse kubera…
SOMA INKURUUmushinga Green Gicumbi wahinduriye ubuzima benshi mu gihe hari abatarawusobanukirwa
Green Gicumbi ni umushinga wa Leta y’u Rwanda ugamije kubungabunga icyogogo cy’umugezi w’umuvumba mu rwego rwo guhangana n’ingaruka zikomoka ku mihindagurikire y’ibihe ndetse n’abaturage bakaboneramo inyungu zitandukanye, ukorera mu karere ka Gicumbi, ushyirwa mu bikorwa n’Ikigega cy’Igihugu cy’Ibidukikije (FONERWA), ukaba uzashyira mu bikorwa gahunda zawo mu gihe cy’imyaka itandatu, uhereye muri Mutarama 2020. Mu myaka ibiri umaze hari abaturage bemeza ko bateye imbere biwuturutseho, hakaba hari ikindi gice cy’abaturage badasobanukiwe neza imikorere yawo Umwe mu baturage bemeza ko Green Gicumbi yabahinduriye ubuzima mu buryo bufatika ni Karugahe Athanase ufite imyaka…
SOMA INKURUU Rwanda rukomeje kwesa imihigo mu kugira umutekano ku isi
Muri raporo yakozwe n’ikigo cyitwa Use Bounce, u Rwanda nicyo gihugu cyonyine mu bihugu bitekanye muri Afurika, kiza ku mwanya wa gatandatu ku Isi. Ku mugabane wa Asie u Buyapani nibwo bwaje mu bihugu 10 bifite umutekano ku Isi. Ibi bihugu biyobowe n’u Busuwisi, Slovania, u Buyapani, Georgia, Islande, u Rwanda, Croatie, Repubulika ya Cheque, Austria na Danemark. Mu gukora urwo rutode ahanini harebwa ku byaha bikorerwa mu gihugu, umutekano ukigaragaramo ku muntu ugisuye. Abakoze uru rutonde bagaragaza ko u Rwanda rwaje mu myanya y’imbere kubera ko rwashyize imbaraga nyinshi…
SOMA INKURUBurera: Basabwe guhindura imyumvire ku bijyanye n’imirire
Nubwo isombe n’ibihumyo ari ibiribwa bifite intungamubiri zihagije, usanga bamwe mu baturage bo mu karere ka Burera, by’umwihariko igitsina gabo babinenga bavuga ko nta mugabo ukwiriye kubirya. Isombe ni ikiribwa gikungahaye ku butare bugira uruhare mu ikorwa ry’amaraso naho ibihumyo bikaba bikungahaye kuri Calicium ifasha amagufa gukomera, gusukura umubiri no kongera ubudahangarwa bw’umubiri. Musabyimana Narcisse wo mu murenge wa Cyeru, yagize ati “Kuva nkiri muto sinigeze mbona sogokuru cyangwa data barya isombe. Nta n’umugabo nabibonyeho kuko ibiti byayo twayifataga nk’igicucu cyo kugamamo izuba. Hari n’abavugaga ko abagore bashobora kuyirogeramo abagabo,…
SOMA INKURUU Rwanda rugiye kwakira ibihugu 40 bigize ihuriro ry’imitwe y’ingabo zirwanira mu kirere
Ubutumwa bwanyujijwe ku rubuga rwa Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda rivuga ko abagera ku 160 bavuye mu bihugu 40 bigize ihuriro ry’imitwe y’ingabo zirwanira mu kirere muri Afurika (Association of African Air Forces: AAAF) ari bo bazitabira inama aho bazaganira ku ngamba zo kugeza ku rundi rwego igisirikare kirwanira mu kirere kuri uyu mugabane. Iyi nama izabera i Kigali muri Convention Centre kuva ku wa 24 kugeza ku wa 28 Mutarama 2022, igamije gushyiraho urubuga abagize iri huriro bazajya baganiramo bakanahana ibitekerezo ku buryo ibibazo by’umutekano bibangamiye akarere muri rusange n’umugabane…
SOMA INKURUGisagara: Imvura idasanzwe yangije byinshi inatwara ubuzima bw’umuntu
Imvura y’amahindu yatangiye kugwa ku wa Kane tariki ya 20 Mutarama 2022, ahagana saa cyenda ivanze n’umuyaga ndetse irimo imirabyo n’inkuba, mu karere ka Gisagara yangije byinshi ndetse itwara n’ubuzima bw’umuntu. Kugeza ubu mu murenge wa Save imitungo y’abaturage yangiritse imaze kumenyekana ni inzu 51 n’imyaka itandukanye yo mu mirima ku buso bwa hegitari 60. Umuntu byahitanye ni umugore inkuba yakubitiye mu mudugudu wa Musekera, mu kagari ka Zivu. Uwo mugore wari ufite umwana umwe anatwite inkuba yamukubise ari mu nzu. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Save, Muhire David Ntiyamira, yatangaje…
SOMA INKURU