Muri ijoro ryo kuri iki cyumweru tariki 6 Gashyantare 2022, kuri Stade Olembé i Yaoundé, ikipe y’igihugu ya Sénégal yegukanye igikombe cya Afurika ku nshuro ya mbere nyuma yo gutsinda iya Misiri penaliti 4-2, ibi bikaba byabaye nyuma y’aho amakipe yombi yari yaguye miswi mu minota 120 y’umukino. Nyuma y’iyi ntsinzi yaje bamwe batangiye gutakaza icyizere, Perezida wa Sénégal Macky Sall yatangaje ko kuri uyu wa Mbere tariki 7 Gashyantare 2022, ari ikiruhuko ku bakozi ba Leta muri iki gihugu mu rwego rwo kwishimira Igikombe cya Afurika ikipe y’umupira w’amaguru…
SOMA INKURUYear: 2022
U Rwanda rushishikajwe n’ikoranabuhanga ryifashishwa mu kumenya amakuru y’ahantu runaka
Mu kiganiro n’Ibiro Ntaramakuru bya Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (WAM), Minisitiri w’Ikorabuhanga na Inovasiyo mu Rwanda, Ingabire Paula, yatangaje ko u Rwanda rwifuza gukorana na UAE mu ikoranabuhanga, cyane cyane ko icyo gihugu kimaze gutera imbere mu nzego zirimo ikoranabuhanga ryifashishwa mu kumenya amakuru y’ahantu runaka (geospatial technology). Ikoranabuhanga rya geospatial ni ingenzi cyane kuko ritanga ubusobanuro bw’amakuru ari ahantu runaka, ayo makuru akaba yakwifashishwa mu gufata ibyemezo bitandukanye. Nk’urugero, ikoranabuhanga rya Google Map n’iryerekana uko ikirere gihagaze rishingira kuri ‘geospatial technology.’ U Rwanda rurifuza iri koranabuhanga kuko amakuru ariturukamo…
SOMA INKURUMu mishinga itanu yahanze udushya uw’ibidukikije waje ku isonga
Kuri uyu wa 5 Ukwakira 2021, ubwo Kaminuza y’u Rwanda yasozaga icyumweru cyahariwe guhanga udushya dushingiye ku bushakashatsi hahembwe imishinga itanu ifite udushya dushingiye ku bushakashatsi, umushinga wahize indi akaba ari uwo kubungabunga ibidukikije. Umushinga wa mbere wegukanye miliyoni 10 Frw, uwa Kabiri wegukana miliyoni 8 Frw uwa Gatatu uhembwa miliyoni 5 Frw mu gihe uwa Kane n’uwa Gatanu byahawe miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda, ibi bihembo bakaba babishyikirijwe nyuma yo gutsinda amarushanwa yateguwe na Kaminuza y’u Rwanda ibinyujije mu Kigo cyayo cyigisha ibijyanye n’ingufu hagamijwe iterambere rirambye (ACE-ESD). Gorilla…
SOMA INKURUREMA yatangije gahunda ifasha abaturarwanda gutunga ibikoresho bikonjesha bizigama umuriro
Kuri uyu wa Mbere tariki ya 31 Mutarama 2022, Minisiteri y’Ibidukikije ibinyujije mu Kigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA) yatangije Rwanda Cooling Initiative’s Green On-Wage (R-COOL GO), gahunda izafasha abaturarwanda kubona ibikoresho bikonjesha bizigama umuriro kandi bitangiza ikirere. Abakozi bujuje ibisabwa, baba bakora mu nzego za Leta cyangwa abikorera, bashobora gusaba inguzanyo muri banki ziri muri iyi gahunda, bakabasha kugura ibikoresho bishya bikonjesha byujuje ubuziranenge bwashyizweho na Minisiteri y’Ibidukikije binyuze mu Kigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA), ku bufatanye n’Umushinga w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bidukikije witwa United for Efficiency…
SOMA INKURUUko igitondo cy’umunsi wa mbere wo gufungura umupaka wa Gatuna cyifahse
Nyuma y’ibiganiro Lt Gen Mohoozi Kainerugaba yagiranye na Perezida Paul Kagame, Guverinoma y’u Rwanda yahise isohora itangazo rimenyesha ko uyu mupaka uzongera gufungura tariki 31 Mutarama 2022. Mbere gato y’uko saa sita z’ijoro ryo ku wa 31 Mutarama 2022 zigera, abakozi bo mu rwego rw’abinjira n’abasohoka bari bamaze kwitegura gutangira akazi kabo, ari na ko abo mu nzego z’ubuzima na bo bari bamaze kuhagera kugira ngo uwaza gukenera gufashwa bimworohere. Saa Sita zimaze kugera na nyuma yaho gato nta kidasanzwe cyabaye kuko n’ubwo umupaka wari ufunguye ariko ari imodoka cyangwa…
SOMA INKURUUrubanza rwa Sankara n’abagenzi be rwasubukuwe, yagaragaje impamvu zimworohereza igifungo
Kuri uyu mbere tariki 31 Mutarama 2022, nibwo hasubukuwe urubanza Sankara, Paul Rusesabagina na bagenzi babo 19 baregwamo ibyaha by’iterabwoba bakoreye mu mitwe ya MRCD/FLN na FDLR/FOCA. Haburanwe ku ngingo y’ubujurire bw’abaregwa ku bijyanye n’ibihano Urukiko Rukuru rwabakatiye. Ni yo yari kuburanwaho ku wa 28 Mutarama 2022, iburanisha rirasubikwa kuko Me Twajamahoro Herman wunganira batatu muri 19 baregwa yari yagize ibyago, hakemezwa ko ataburana adatuje. Barindwi mu baregwa ni bo bavuze ko batagabanyirijwe igihano mu buryo buhagije na ho batanu bifuza ko basubikirwa igihano bagasubizwa mu buzima busanzwe. Abajuririye kutagabanyirizwa…
SOMA INKURUZambia kimwe mu bihugu by’Afurika impfu z’abana n’abagore ziri hejuru
Minisitiri w’ubuzima muri Zambia, Sylvia Masebo mu ntangiriro z’iki Cyumweru uwa ubwo yagiriraga uruzinduka mu bitaro UTH Lusaka, Minisitiri yatangaje ko buri cyumweru abagore bari hagati y’abagore 10 ndetse na 15 bapfa babyara ko ndetse abana bagera ku ijana bapfa bavuka. Sylvia Masebo yatangaje ko bibabaje kuba abana n’ababyeyi babura ubuzima kandi ari ibintu bishobora kwirindwa, kubera amakosa akorwa mu gihe cyo kubyaza. Yavuze ko mu gihe haba hakoreshejwe ibikoresho bigezweho mu buvuzi n’abaganga babizobereye. Buri mwaka, abana basaga miliyoni 2.6 ku Isi bapfa bavuka kandi 98 % ni abo mu…
SOMA INKURUIkamyo nini yakomeje impanuka yinjira mu nzu
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 28 Mutarama 2022 mu mudugudu w’Akabuga, mu kagari ka Kayonza, mu murenge wa Mukarange, ikamyo nini yambukiranya umupaka yakoreze impanuka irenga umuhanda yinjira mu nzu y’umuturage ariko ntihagira umuturage uhagirira ikibazo. Umunyambanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Mukarange, Gatanazi Longin, yatangaje ko iyi kamyo yasenye inzu ebyiri ariko ko nta muturage wahagiriye ikibazo. Yagize ati “Imodoka yakase ikorosi ntibyayemerera birangira yinjiye mu ngo z’abaturage isenya inzu ebyiri zegeranye gusa nta muntu yahitanye. Inzu imwe yangiritse ku ruhande indi yangirika ku gice cy’inyuma cyose,…
SOMA INKURUPolisi y’u Rwanda ikomeje igikorwa cyo gufasha indembe
Ikigo cy’Igihugu cy’ubuzima (RBC) kiri mu gikorwa cyo gukusanya amaraso yo gufashisha indembe ziri kwa muganga, ni muri urwo rwego kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 29 Mutarama ku cyiciro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru abapolisi 55 batanze amaraso yo kujya gufasha abarwayi. Bamurange Jeanne niwe wari uyoboye itsinda ry’abaganga baturutse muri RBC bari baje gukusanya ayo maraso, yishimiye uko yakiriwe we n’itsinda ry’abaganga yari ayoboye. Yagize ati” Twishimiye uko twakiriwe hano mu kigo cya Polisi ku Kacyiru kandi ni ibisanzwe ntabwo ari ubwa mbere tuhaje. Twahakuye amaraso…
SOMA INKURUAbafata Iwawa nk’aho guhora baraburirwa
Kuri uyu wa 27 Mutarama 2020, ubwo hazozwaga icyiciro cya 22 cy’igororamuco rikorerwa ku Kirwa cya Iwawa,umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Igororamuco, Mufulukye Fred, yatangaje ko abagororerwa Iwawa bagasubira mu buzererezi batazongera guhabwa aya mahirwe. Ati “Hari benshi Iwawa bayigize nk’igitutsi, ngo urakajya Iwawa. Ariko mwe muhavuye muzatubere ba ambasaderi. Ntabwo twifuza ko muzagaruka. Uzabisubiramo, aya mahirwe mwahawe ntabwo tuzongera kuyamuha tuzabwira inkiko zikore akazi kazo”. Mu 1585 basoje icyiciro cya 22 harimo abarenga 500 bari bagarutse inshuro zirenga imwe. Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu Ushinzwe, Imibereho Myiza y’Abaturage,…
SOMA INKURU