Umushakashatsi ukomoka muri Afurika y’Epfo, Dr Angelique Coetzee, yavuze ko yahatiwe n’abandi bashakashatsi ndetse n’abanyapolitiki bo ku mugabane w’u Burayi, kugira ngo avuge ko ubwoko bwa Covid-19 bwa Omicron yari amaze kuvumbura, bufite ubukana bukomeye cyane nyamara bufite ubukana bworoheje ugereranyije n’andi moko nka Delta. Dr. Coetzee unakuriye ishyirahamwe ry’abaganga muri Afurika y’Epfo, ni umwe mu ba mbere ku Isi bavumbuye ubwoko bwa Omicron mu Ugushyingo 2021. Akimara kubuvumbura, yakoze ubushakashatsi afatanyije na bagenzi be, kugira ngo barebe ubukana bw’ubu bwoko bushya. Baje gusanga ubu bwoko bufite ubushobozi buhambaye bwo…
SOMA INKURUYear: 2022
Umugore arahamya ko yafashwe ku ngufu ari mu ndenge
Umugenzi yatawe muri yombi ku kibuga cy’indege cya Heathrow mu murwa mukuru London w’Ubwongereza, nyuma y’uko umugore afashwe ku ngufu mu gice cyo mu ndege cy’ibyicaro bihenze (business class) mu rugendo rwa ninjoro rwambukiranyije inyanja ya Atlantique ruturutse muri leta ya New Jersey muri Amerika. Uwo mugore yavuze ko yafashwe ku ngufu n’umugabo w’imyaka 40 ubwo abandi bagenzi bari basinziriye, muri iyo ndege yari ivuye mu mujyi wa Newark ku itariki ya 31 z’ukwezi kwa mbere uyu mwaka. Abapolisi binjiye muri iyo ndege ya kompanyi United Airlines, nyuma yuko iguye…
SOMA INKURUBatatu bakekwaho gukwirakwiza urumogi muri Kigali batawe muri yombi
Abapolisi bo mu Ishami rishinzwe kurwanya Ibiyobyabwenge bataye muri yombi abantu batatu bakwirakwizaga urumogi mu Mujyi wa Kigali. Bafatiwe mu karere ka Gasabo, mu murenge wa Kinyinya no mu karere ka Nyarugenge, mu murenge wa Kimisagara. Abafashwe barimo uw’imyaka 40, uwa 22 n’ufite 26. Bafashwe ku matariki atandukanye ku wa 7 no ku wa 8 Gashyantare 2022. Uko ari batatu bacuruzaga urumogi mu buryo bw’uruhererekane, bafatanywe udupfunyika twarwo 2.846. Uwarugemuraga mu Mujyi wa Kigali yafatanywe udupfunyika 2.546 aruzaniwe n’umuturage wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, asanzwe atuye mu Karere…
SOMA INKURUBurundi: Abayobozi batatu bakomeye barafunze
Nyuma yo kuzamura ibiciro by’ingendo byari byamanuwe na Minisitiri w’ubucuruzi no gutwara abantu n’ibintu, abayobozi bagera kuri batatu barimo n’ushinzwe ingendo mu gihugu bahise batabwa muri yombi. Abayobozi bakuru batatu mu gihugu cy’u Burundi aribo Maniratunga Albert ukuriye urwego rushinzwe gutwara abantu n’ibintu (OTRACO), Ngendakumana Venant ushinzwe ubucuruzi na Engénieur Manirakiza ushinzwe itunganywa ry’ibikomoka kuri peteroli. Bakaba bafungiye muri kasho y’urwego rw’igihugu rw’iperereza (SNR) i Bujumbura guhera kuri uyu wa mbere ushize italiki 07 Gashyantara Muri uyu mwaka. Itabwa muri yombi ry’abo ryaje nyuma yo guterana amagambo hagati ya Minisitiri…
SOMA INKURUUmujyi wa Kigali watangije gahunda yo kurobanura imyanda, igisubizo ku bidukikije
Muri gahunda y’Umujyi wa Kigali yo kubyaza umusaruro imyanda itandukanye, kugira ngo bikaba bisaba ko imyanda itandukanywa ku buryo ibora ishyirwa ahayo n’itabora bikaba uko, ni muri urwo rwego watangije gahunda yo kurobanura imyanda ibora n’itabora hirya no hino mu Mujyi mu rwego rwo kurushaho kwimakaza isuku, korohereza abatwara imyanda ndetse n’abayibyaza umusaruro. Umuyobozi Wungirije Ushinzwe ushinzwe imiturire mu Mujyi wa Kigali, Médard Mpabwanamaguru, yatangaje ko kurobanura imyanda bizafasha Umujyi wa Kigali mu kuyibyaza umusaruro cyane ko 70% by’imyanda yo muri Kigali ibora. Ati “Iyo myanda irobanuwe neza yabyazwa ifumbire…
SOMA INKURUImyigaragambyo yakaze nyuma yo gufatirwa ku ngufu kwa Minisitiri w’Intebe
Minisitiri w’Intebe wa Australia, Scott Morrison yamaganye ibikorwa by’ihohotera rishingiye ku gitsina rimaze iminsi rivugwa mu nzego za Leta zitandukanye ndetse yihanganisha Higgins wahoze akora muri biro bye ariko nyuma akaza guhishura ko yahafatiwe ku ngufu. Muri Mutarama umwaka ushize wa 2021 nibwo uyu mudamu wasabwe imbabazi Higgins yeruye avuga kuri aka kaga yahuye nako ubwo yakoraga mu biro bya Minisitiri w’Intebe, ubwo muri 2019 yafashwe ku ngufu na mugenzi we w’umugabo bakoranaga. Yavuze ko na nyuma yo kubwira abamukuriye ibyamubayeho ntacyo bamufashije ahubwo yamaganywe. Ibyatangajwe n’uyu mugore byatumye muri…
SOMA INKURUAmajyaruguru: Abana 43657 bavuye mu ishuri, dore impamvu nyamakuru
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru bwatangaje ko mu itangira ry’umwaka w’amashuri 2021-2022, abanyeshuri bagera kuri 43657 bari mu bategerejwe ku mashuri abanza n’ayisumbuye batagarutse gutangirana n’abandi, impamvu nyamukuru y’iki kibazo iganisha ku babyeyi . Mu busesenguzi bwakozwe ku kibazo cyo guta amashuri mu Ntara y’Amajyaruguru basanze gishingiye ku bibazo bitandukanye birimo iby’ababyeyi birengagiza inshingano zabo, kubyara abo badashoboye kurera, ubukene, abana bashorwa mu bikorwa byo gukorera amafaranga mu ngo z’abifite no mu bucuruzi buciriritse n’ibindi. Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Nyirarugero Dancille, yavuze ko nyuma yo kubona iki kibazo cy’abana bataye amashuri, bakoze ibishoboka…
SOMA INKURURubavu: Impamvu ibitaro bya Gisenyi bigiye kwimurwa
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwatangaje ko Ibitaro bya Gisenyi bigiye kwimurwa bikajyanwa ahantu hizewe nyuma yo kwibasirwa n’imitingito yakurikiye iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo muri Gicurasi umwaka ushize. Raporo ya leta yo muri Nyakanga 2021 ku bijyanye n’imitingito yibasiye uduce tw’Akarere ka Rubavu yagaragaje ko kwimura Ibitaro bya Rubavu byari umwanzuro wihutirwa. Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse, yabwiye Newtimes ko ibitaro bishya bizubakwa mu Murenge wa Rugerero ku birometero bitanu uvuye mu Mujyi wa Rubavu kandi ko biteganyijwe ko mu 2024 bizaba byuzuye. Uretse ubuvuzi bwa cancer buzajya butangirwa muri…
SOMA INKURUInyungu ku ikoreshwa ry’imibare igaragaza uko uburinganire buhagaze mu Rwanda
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare mu Rwanda “NISR” cyatangije icyiciro cya kabiri cy’amahugurwa ku bijyanye n’ibyiza by’ikoreshwa ry’imibare igaragaza uko uburinganire buhagaze mu igenamigambi ry’akarere. Iki cyiciro kizahugurwa mu gihe cy’iminsi itanu, kikaba kitabiriwe n’uturere 15 hamwe n’Umujyi wa Kigali, aho buri karere gahagarariwe n’ushinzwe igenamigambi, ibarurishamire hamwe n’ushinzwe uburinganire. Aya mahugurwa yatangiye kuri uyu wa mbere tariki 7 Gashyantare 2022, yatangijwe ku mugaragaro n’ukuriye ishami rishinzwe guhuza imishinga muri NISR “SPIU coordinator” David Museruka, yatangaje ko hagamijwe kurushaho kumenyekanisha akamaro k’imibare igaragaza uko uburinganire buhagaze mu Rwanda, bifasha kumenya uko iyi…
SOMA INKURUAmateka y’umukobwa ufite ubumuga uri guhatanira kuba Miss Rwanda 2022
Umwihariko n’amateka ya Uwimana Jeannette ufite ubumuga bwo kutavuga no kutumva , uri mu bakobwa 9 batsindiye itike yo guhagarira Intara y’Amajyepfo mu rugendo rwo guhatanira ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2022. Mu bakobwa 41 bamaze kubona ’PASS’ mu ntara 4 zigize u Rwanda , harimo umukobwa witwa Uwimana Jeannette wiyamamarije mu ntara y’Amajyepfo nyuma y’ubusesenguzi bw’uko yitwaye imbere y’abagize Akanama Nkempuramaka akaza gukomeza nubwo afite ubumuga bwo kutumva no kutavuga.Uwimana yishimiwe na benshi ku mbuga nkoranyambaga bamwe banasaba ko yazahabwa ikamba rya Miss Popularity ku ikubitiro mbere y’uko hafatwa…
SOMA INKURU