Ibikorwa byo kwamamaza abakandida depite ba FPR Iburasirazuba byatangirijwe mu Karere ka Ngoma i Zaza

Umuyobozi w’Umuryango FPR Inkotanyi ku rwego rw’intara y’Iburasirazuba, Mufulukye Fred,  wifatanyije n’abanyamuryango bo mu Karere ka Ngoma muri uyu muhango,  yabwiye imbaga yari ikoraniye ku kibuga cy’umupira cya TTC Zaza ko  basabwa kuzashyigikira  abakandida depite ba FPR Inkotanyi. Uyu muyobozi anavuga  ko Intara y’Iburasirazuba igomba kuzaza ku isonga mu gutora neza, yaboneyeho gusaba abanyamuryango kwitwara neza. Agira ati “Tuzakomeza gushyigikira Umuryango,  ndabasaba kandi kwitwara neza  muri iki gihe  cyo kwiyamamaza n’igihe cyo gutora.  Muzitabire  mujyane n’umuhigo wo kuba aba mbere mu matora no gutora neza.” Mu gutangiza ibikorwa byo kwamamaza…

SOMA INKURU

Imigabo n’imigambi ya PSD ubwo yamamazaga abakandida depute Iburasirazuba

Perezida wa PSD, Dr. Biruta, ubwo yatangizaga ibikorwa byo kwamamaza abakandida b’umutwe wa Politiki ayoboye,  i Ngoma mu Ntara y’Iburasirazuba, yatangaje ko bishimira uruhare rwabo mu byaranze imiyoborere y’igihugu nyuma y’uko cyari cyarasenywe muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Yagize ati “PSD yabaye ishyaka ryagize uruhare rukomeye mu kongera gusana iki gihugu no kongera kucyubaka kugira ngo gitere intambwe mu nzira y’amahoro, iy’ubumwe n’ubwiyunge ndetse n’amajyambere. Ibyo twagezeho byose twatanze umusanzu wacu binyuze mu ishyaka riharanira demukarasi n’imibereho myiza y’abaturage.” Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka PSD, Dr Ngabitsinze Jean Chrysostome uri no ku mwanya…

SOMA INKURU

TETA NA SANGWA 6

Ntibitinze SANGWA na TETA bicaye mu nzu y’isomero, SANGWA azinze agakaye ke afashe n’ikaramu mu ntoki arahagurutse TETA nawe kurya amuhozaho ijisho, umutima uramusimbuka ati: «ubwo ahagurutse aratashye»kandi Teta yumva amasaha yose agize umunsi  yajya ahora areba Sangwa mu maso ye. Sangwa aba asohotse mu isomero nk’umuntu utashye, Teta nawe aba ashyize amakaye ye mu cyo ayatwaramo ahita asohoka mu nzu y’isomero, akurikira Sangwa. Biracyaza. MUSEKEWEYA Liliane

SOMA INKURU

Abagore bahamya ko amakoperative ayoborwa n’abagore acunga neza umutungo

Bamwe mu bagore bari mu nzego z’ubuyobozi mu makoperative yo mu Ntara yIburasirazuba bahamya ko imiyoborere y’abagore itandukamye n’iy’abagabo mu makoperative. Mukantwali Winfilde ni umwe mu bagore bari mu buyobozi bwa koperative Ineza ku murimo, yaturutse mu karere ka Bugesera mu Murenge wa Gashora,  yagize ati “twahuguwe ku micungire y’amakoperative no kuzuza ibitabo, ibi ni ibintu dusanzwe dukorerwa kandi ni inyungu cyane ku bagore umugore wahawe ubumenyi ku micungire y’amakoperative abikora neza, ubu amakoperative menshi akora neza dufite ni ayobowe n’abagore, niyo mpamvu dushima leta yacu yadushubije agaciro twahawe”. Kayitesi…

SOMA INKURU

FPR yatangirije ibikorwa byo kwiyamamaza muri Rulindo, aho yijeje abaturage baho byinshi

None kuwa 13 kanama 2018 nibwo habayeho gutangiza ibikorwa byo kwamamaza abakandida ba FPR Inkotanyi n’imitwe ya politiki bifatanyije.  bikaba byatangiriye  i Rulindo, ahom Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa FPR Inkotanyi, Ngarambe François, yahamirije abaturage ko uyu muryango ufite ingufu zo kubageza ku iterambere, abasaba  kuzatora abakandida bawo mu matora y’abadepite ateganyijwe mu minsi iri imbere, kugira ngo bazafashe Perezida Kagame kubageza kuri byinshi abifuriza. FPR Inkotanyi mu gutangiza ibikorwa byo kwiyamamaza yifatanyije n’imitwe ya politiki itandatu batanga abakandida 80; iyo ni PDI, PSR, PDC, PPC, UDPR na PSP. Umunyamabanga mukuru…

SOMA INKURU

Umunyarwanda niwe wegukanye Tour du Rwanda

Mugisha w’imyaka 20 yafashe umwenda w’umuhondo nyuma yo kwegukana Tour du Rwanda, hakaba hari hashize iminsi umunani we na bagenzi be bazenguruka mu bice bitandukanye by’igihugu ku ntera y’ibilometero 946.6. Agace ka nyuma ka Tour du Rwanda kareshya n’ibilometero 82.2 kakinwe ejo ku cyumweru, tariki ya 12 Kanama 2018,  Umunya-Algeria Azzedine Lagab ukinira Groupement Sportif des Petroliers Algerie ni we wakegukanye akoresheje amasaha abiri, iminota itandatu n’amasegonda 20, akaba yakurikiwe n’abakinnyi batandatu banganya ibihe barimo Lozano David wa Team Novo Nordisk, Munyaneza Didier wa Team Rwanda, Mugisha Moïse ukinira Les…

SOMA INKURU

Minisitiri w’Urubyiruko yarusabye gukoresha neza amahirwe rufite

Mu birori byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’urubyiruko wabereye mu Karere ka Kayonza mu Murenge wa Mwiri, Minisitiri w’urubyiruko Mbabazi Rose Marry yarukanguriye gukoresha neza amahirwe rufite cyane cyane ayo ruhabwa n’igihugu. Mu ijambo rya Minisitiri Rosemary Mbabazi yagejeje k’urubyiruko n’abandi baturage bari bitabiriye ibi birori bateraniye ku kigo cy’amashuri cya Nyamugari, yagize ati “ibiganiro twibandaho muri iyi minsi ni ukugaragariza urubyiruko amahirwe rufite haba aho rutuye, n’aho ruri kugira ngo ruyabyaze umusaruro, aho kujya kuyashakira kure mu kandi karere tubanze dushake amahirwe atuzengurtse, twebwe ubwacu hano”. Minisitiri Mbabazi yakomeje avuga…

SOMA INKURU

Nkusi uzwi ku izina rya Rutura yashimishije abatari bake i Bujumbura

Nkusi Arthur yerekeje i Burundi mu mpera z’iki Cyumweru aho yari agiye kwitabira igitaramo cya Kigingi Summer Commedy. Nkusi Arthur akaba yarahuye n’abandi banyarwenya banyuranye Kigingi yatumiye baturuka mu bihugu binyuranye. Iki gitaramo Nkusi Arthur yitabiriye cyabaye ejo hashize ku wa Gatandatu tariki 11 Kanama 2018 akaba yasusurutsaga abamuherukaga mu myaka itanu ishize ni ukuvuga mwaka wa 2013. Nk’uko bigaragara mu mashusho twabashije kubona uyu munyarwenya yishimiwe bikomeye mu gihugu cy’Uburundi nk’uko yari yadutangarije ko agiye kongera gushimisha abarundi cyane ko muri iyo myaka ishize atajya i Burundi uyu munyarwenya ukomeye…

SOMA INKURU

Minisitiri Busingye yatanze ipeti rya AIP ku abofisiye bato agira n’inshingano abaha

Mu ishuri rya gipolisi rya Gishari mu karere ka Rwamagana habereye umuhango wo guha ipeti abofisiye bato 413 bari bamaze igihe kigera ku mwaka bari mu masomo abategurira kuba abofisiye bato. Muri uyu muhangao wari witabiriwe na Minisitiri y’ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya leta Busingye Jonhson, nyuma yo guha aba bapolisi ipeti AIP (Assistant Inspector of Police), yagize ati “iterambere ry’isi riragendana n’ibyaha bikoranye ubuhanga mukwiye namwe gukoresha ubuhanga burushijeho kugirango mubashe guhangana n’ibyo byaha byugarije isi n’igihugu cyacu, leta izahora ibunganira mu kubaka ubushobozi bukenewe binyuze mu nyigisho zitandukanye…

SOMA INKURU