Inzobere zashyizweho n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS, zagaragaje ko abakozi bagera kuri 83 b’iri shami n’indi miryango y’abafatanyabikorwa bagize uruhare mu bikorwa byo gufata ku ngufu abagore bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Izo nzobere zashyizweho kugira ngo rikore iperereza kuri ibyo bibazo, zivuga ko zitumva impamvu kugeza ubu nta muyobozi muri OMS urirukanwa kubera aya marorerwa yakozwe muri icyo gihugu. Zigaragaza ko gusaba imbabazi gusa zo kuba itarakurikiranye ibyo bikorwa ari ubugwari ndetse ko bidafite ishingiro. Ibikorwa ngo byakozwe hagati ya 2018 na 2020 mu gihe…
SOMA INKURUCategory: GBV
Aratabaza nyuma yo guhozwa ku nkeke abwirwa ko azicwa
Ni kenshi twumva hirya no hino umugabo yishe umugore cyangwa umugore yishe umugabo, nyuma inzego z’ibanze zigatangaza ko uwo muryango warangwagamo amakimbirane ariko bikagera aho umwe mu bashakanye yica undi nta cyakozwe ngo hirindwe ubu bwicanye. Ni muri urwo rwego Mukagasana Francine, utuye mu mudugudu wa Kibaye, akagali ka Mpanda, umurenge wa Kibeho, akarere ka Nyaruguru atabaza biturutse ku kuba umugabo we amuhoza ku nkeke, amukubitira aho amusanze hose ari nako amubwira ko azamwica ariko yagana inzego z’ubuyobozi bw’ibabze ntarenganurwe. Yagize ati “Umugabo wanjye afite undi mugore w’ihabara yashatse, iyo…
SOMA INKURUNyaruguru: Bibasiwe n’ihohoterwa ryahindutse uruhererekane rw’umuryango
Ni mu mudugudu wa Nyamugari, akagari ka Raranzige, mu murenge wa Rusenge, mu karere ka Nyaruguru, mu ntara y’Amajyepfo, aho ukigera muri aka gace uhasanga inzu ifunze imeze nk’itabamo abantu, abaturanyi bagatangaza ko intandaro ya byose ari ihohoterwa rikabije ryabaye muri uwo muryango. Umuturanyi wa hafi w’uyu muryango, Uwimana Ariyeta yagize ati “Muri uru rugo ruhora rufunze umwaka ushize umugabo waho yishe umugore we, amwica yaramaze igihe amuhoza ku nkoni ari nako yirukana abana, ubu umugabo arafunze, abana basize bamaze kwandagara, babaye ibirara kuko nta hantu bashingiye, nta kurerwa bafite”.…
SOMA INKURUAbagore bakomejwe kwibasirwa n’abicwa n’inyeshyamba
Amakuru ava mu ntara ya Ituri ya DR Congo aremeza ko mu gitondo cyo ku cyumweru inyeshyamba za ADF zishe abasivile bagera kuri 14. Abishwe barimo abagore 10 nk’uko bivugwa na Radio Okapi iterwa inkunga na ONU, muri iki gitero cyabereye ahitwa Walese Vonkutu muri teritwari ya Irumu. Muri aba bishwe kandi harimo umwana w’imyaka ibiri. Mu gihe igisirikare cya Congo cyabashije gutabara nacyo kikica abarwanyi babiri ba ADF. Izi nyeshyamba zashegeshe ako gace zakoze icyo gitero ahagana saa kumi z’igitondo ku cyumweru, nk’uko bivugwa n’abagize sosiyete sivile muri Ituri.…
SOMA INKURU