Gicumbi: Mu gikorwa cy’iminsi itatu hafashwe 50 bakekwaho gusambanya abana

Mu minsi itatu isoza umwaka wa 2021, Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi abantu 50 batuye mu karere ka Gicumbi bakekwaho gusambanya abana harimo ababateye inda n’ababafashe ku ngufu. Iki gikorwa kigamije gukumira no kurwanya ibyaha byibasira abana birimo no kubasambanya cyakozwe hagati ya tariki 29 Ukuboza 2021 n’iya 1 Mutarama 2022. Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yatangaje ko icyaha cyo gusambanya abana nta muntu ukwiye kugikerensa ndetse inzego z’ibanze n’abaturage bakwiriye gutanga umusanzu wabo mu kukirandura burundu. Yagize ati “RIB irasaba abantu kugumya gufatanya na yo bayiha…

SOMA INKURU

Perezida Kagame yashimiye inzego z’umutekano k’ubw’ibikorwa byaziranze 2021

Perezida wa Repubulika  Paul Kagame akaba n’umugaba w’ikirenga z’ingabo z’u Rwanda,yashimiye ingabo z’igihugu n’abandi bagize inzego z’umutekano umurava n’ubwitange byabaranze mu bijyanye no kurinda no kurengera abanyarwanda mu mwaka wa 2021;umwaka waranzwe n’imbogamizi zitandukanye haba mu Rwanda no mu mahanga. Mu butumwa bugamije kubifuriza umwaka mwiza, Perezida Kagame wavuze ko igihugu gitewe ishema na bo, yabwiye abagize inzo z’umutekano nubwo habayeho imbogamizi zirimo icyorezo cya covid-19,bageze ku rugero ndetse banarenza ibyo bari bategerejweho, mu bwitonzi buhamye, kutirebaho bonyine ndetse n’ubunyamwuga. Perezida wa Repubulika yashimiye by’umwihariko abagize inzego z’umutekano bari mu  butumwa hanze…

SOMA INKURU

Icyo guverineri Kayitesi yasabye Inama y’Igihugu y’abagore

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, yasabye abagize Inama y’Igihugu y’Abagore kuba intangarugero mu bikorwa byiza, birinda kubwiriza abandi gukora ibyo badakora. Yabigarutseho kuri uyu wa Kane tariki ya 30 Ukuboza 2021 ubwo yasozaga amahugurwa y’iminsi ibiri yagenewe abagore bo mu Ntara y’Amajyepfo batowe mu Nama y’Igihugu y’Abagore agamije kubategura kwinjira mu nshingano nshya z’ubuyobozi. Yabereye mu Karere ka Huye ahahuriye abagore 63 barimo abatowe muri Komite y’Inama y’Igihugu y’Abagore ku rwego rw’Intara n’abatowe ku rwego rw’uturere uko ari umunani tugize iyo ntara. Umuhuzabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abagore ku rwego rw’Intara y’Amajyepfo,…

SOMA INKURU

Huye: Abangavu babyaye bagasubira ku ishuri bahawe noheri

Ubuyobozi bw’Akarere ka Huye, ku bufatanye n’umuryango Ushahidi Network, bwatanze impano ku bakobwa babyaye hanyuma bagasubira ku ishuri. Abazihawe ni abangavu bagera kuri 63 baturutse mu Mirenge inyuranye yo mu Karere ka Huye, impano bashyikirijwe ni kawunga, ibishyimbo, amasabune na cotex. Mike Karangwa washinze Ushahidi Network, ukaba umuryago uhuza urubyiruko hagamijwe guhanahana amakuru mu gufasha abakiri hasi gutera imbere, ari na wo wateye inkunga iki gikorwa, yashishikarije abangavu babyaye bose gusubira mu ishuri. Yagize ati “Ubutumwa muri rusange ni ukubwira abana ngo nimusubire mu ishuri mwige, mutsinde. Uyu munsi twahaye…

SOMA INKURU

Iburasirazuba: 802 bafashwe barenze ku mabwiriza yo kwirinda covid-19

Mu ijoro rya Noheri tariki 25 Ukuboza 2021, mu Ntara y’Iburasirazuba hafashwe abantu 802 barenze ku mabwiriza atandukanye yo kwirinda COVID-19. Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu mu Ntara y’Iburasirazuba, CIP Hamdoun Twizeyimana, avuga ko muri aba bafashwe harimo 59 bafatiwe mu tubari barenzengeje amasaha, uretse ko ngo hari n’abacitse abagenzuraga iyubahirizwa ry’amabwiriza. Hari kandi 361 bafashwe batambaye agapfukamunwa, 218 barengeje amasaha yo kuba bageze mu ngo zabo, 164 bazira kudahana intera, hafashwe kandi moto ebyiri n’amagare atatu. Abantu 243 ni bo baciwe amande angana na 789,000Frs. CIP Hamdoun Twizeyimana avuga ko…

SOMA INKURU

Ubushakashatsi ku mateka intwaro yo kurwanya abapfobya jenoside yakorewe abatutsi- Dr Helene Dumas

Inzobere mu mateka, Dr Helene Dumas avuga ko ubushakashatsi ku mateka ari intwaro ikomeye izafasha kurwanya abahakana n’abapfobya jenoside yakorewe abatutsi. Mu kiganiro kirambuye yahaye RBA, Dr Helene Dumas wagiye yitabazwa kenshi nk’impuguke mu manza za jenoside yakorewe abatutsi zaburanishirijwe mu Bufaransa, yatangiye agaragaza ko nta ruhare ruto rubaho muri jenoside. Yagize ati “Mu kazi nkora nk’umunyamateka nagerageje cyane kwitarura ibitekerezo byo gushyira ibyiciro mu bantu bakurikiranwaho jenoside, mbese nko kuvuga ngo hari abicanyi bagize uruhare runini cyangwa se ruto. Njye nashatse kwerekana ko abagiye bose mu mugambi wa jenoside…

SOMA INKURU

Iburasirazuba: PSF mu rugamba rwo guhangana na covid-19

Ubuyobozi bw’Urugaga rw’abikorera mu Ntara y’Iburasirazuba, PSF, bwatangije icyumweru cyo gukangurira abikorera n’abaguzi babo kwikingiza COVID-19, buri mucuruzi asabwa kubanza kubaza umugannye niba yarikingije. Ni igikorwa cyatangirijwe mu Karere ka Bugesera mu Mujyi wa Nyamata, kuri uyu wa Kane tariki ya 23 Ukuboza 2021, ariko kinabera mu mirenge yose igize iyi Ntara. Insanganyamatsiko y’ubu bukangurambaga iragira iti “Warikingije?” Muri iki cyumweru, buri mucuruzi azajya abanza afate umwanya abaze umuguzi umugannye niba yarikingije mbere yo kumuha serivisi imugenza, nasanga atarabikoze, azajya amurangira aho bari gukingira mu rwego rwo gufatanya n’ubuyobozi bw’inzego…

SOMA INKURU

Minisitiri Gatabazi yaciye amarenga ku bitegereje abanze kwikingiza covid-19

Mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa 15 Ukuboza 2021, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, yatangaje ko udashaka kwikingiza ari uburenganzira bwe ariko ko nta burenganzira afite bwo gushyira abandi mu byago. Ati “Umuntu afite uburenganzira bwo kutikingiza ariko ntabwo afite uburenganzira bwo kwanduza abandi, nta n’ubwo afite uburenganzira bwo kwiyahura kuko Leta ifite inshingano zo kurengera wa wundi wahitamo icyamugirira nabi, ikamugira inama yo kugira ngo yikingize arengera abandi na we yirinde.” Minisitiri Gatabazi yavuze ko ibikorwa byo gukingira biri kugenda neza, asaba abaturage kurushaho kubyitabira. Minisitiri…

SOMA INKURU

Sudani y’Epfo ntikozwa ibyo ishinjwa mu gufasha abarwanya ubutegetsi muri Ethiopia

Sudani y’Epfo yahakanye ibyo ishinjwa by’uko itera inkunga umutwe wa TPLF ushaka guhirika ubutegetsi bwa Ethiopia, ivuga ko n’igisirikare cyayo kidafite intwaro zihagije bityo ko itabona izo guha umutwe w’intangondwa urwanya igihugu cy’igituranyi. Ibi byatangajwe na Minisitiri ushinjwe itumanaho muri Sudani y’Epfo, Michael Makuei, nyuma y’uko mu mpera za Ugushyingo ibitangazamakuru byo muri Ethiopia byashyiraga mu majwi iki gihugu ndetse na Sudani nk’ibya mbere bifasha TPLF bitewe inkunga n’ibihugu by’amahanga. Makuei yavuguruje aya makuru avuga ko Perezida Salva Kiir atashyigikira abarwanya Guverinoma ya Ethiopia n’abaturage bayo kuko babaye hafi igihugu…

SOMA INKURU

Urubyiruko rusaga 500 mu itorero ry’iminsi umunani

Minisiteri y’urubyiruko n’umuco yahamagariye urubyiruko gukomeza kurangwa n’indangagaciro na kirazira by’umuco Nyarwanda kandi bitabira gukoresha ikoranabuhanga mu iterambere ry’Igihugu. Ibi byatangarijwe mu kigo cy’ubutore cya Nkumba mu karere ka Burera, aho urubyiruko rusaga 550 batangira Itorero ry’inkomezamihigo. Urubyiruko ruhagarariye abandi baherutse gutorwa mu nzego z’urubyiruko baturutse mu turere 30 tw’Igihugu, nibo batangiye Itorero ry’inkomezamihigo mu kigo cy’ubutore cya Nkumba mu karere ka Burera. Ni itorero ry’iminsi 8 ryateguwe na Minisiteri y’urubyiruko n’umuco ifatanyije na Minisiteri y’Ubumwe by’Abanyarwanda n’inshingano y’uburere Mboneragihugu, hamwe n’abandi bafatanyabikorwa bafite ishingano yo gutoza urubyiruko hagamijwe gufasha…

SOMA INKURU