Ubuyobozi bw’Akarere ka Huye, ku bufatanye n’umuryango Ushahidi Network, bwatanze impano ku bakobwa babyaye hanyuma bagasubira ku ishuri. Abazihawe ni abangavu bagera kuri 63 baturutse mu Mirenge inyuranye yo mu Karere ka Huye, impano bashyikirijwe ni kawunga, ibishyimbo, amasabune na cotex. Mike Karangwa washinze Ushahidi Network, ukaba umuryago uhuza urubyiruko hagamijwe guhanahana amakuru mu gufasha abakiri hasi gutera imbere, ari na wo wateye inkunga iki gikorwa, yashishikarije abangavu babyaye bose gusubira mu ishuri. Yagize ati “Ubutumwa muri rusange ni ukubwira abana ngo nimusubire mu ishuri mwige, mutsinde. Uyu munsi twahaye…
SOMA INKURUCategory: politike
Iburasirazuba: 802 bafashwe barenze ku mabwiriza yo kwirinda covid-19
Mu ijoro rya Noheri tariki 25 Ukuboza 2021, mu Ntara y’Iburasirazuba hafashwe abantu 802 barenze ku mabwiriza atandukanye yo kwirinda COVID-19. Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu mu Ntara y’Iburasirazuba, CIP Hamdoun Twizeyimana, avuga ko muri aba bafashwe harimo 59 bafatiwe mu tubari barenzengeje amasaha, uretse ko ngo hari n’abacitse abagenzuraga iyubahirizwa ry’amabwiriza. Hari kandi 361 bafashwe batambaye agapfukamunwa, 218 barengeje amasaha yo kuba bageze mu ngo zabo, 164 bazira kudahana intera, hafashwe kandi moto ebyiri n’amagare atatu. Abantu 243 ni bo baciwe amande angana na 789,000Frs. CIP Hamdoun Twizeyimana avuga ko…
SOMA INKURUUbushakashatsi ku mateka intwaro yo kurwanya abapfobya jenoside yakorewe abatutsi- Dr Helene Dumas
Inzobere mu mateka, Dr Helene Dumas avuga ko ubushakashatsi ku mateka ari intwaro ikomeye izafasha kurwanya abahakana n’abapfobya jenoside yakorewe abatutsi. Mu kiganiro kirambuye yahaye RBA, Dr Helene Dumas wagiye yitabazwa kenshi nk’impuguke mu manza za jenoside yakorewe abatutsi zaburanishirijwe mu Bufaransa, yatangiye agaragaza ko nta ruhare ruto rubaho muri jenoside. Yagize ati “Mu kazi nkora nk’umunyamateka nagerageje cyane kwitarura ibitekerezo byo gushyira ibyiciro mu bantu bakurikiranwaho jenoside, mbese nko kuvuga ngo hari abicanyi bagize uruhare runini cyangwa se ruto. Njye nashatse kwerekana ko abagiye bose mu mugambi wa jenoside…
SOMA INKURUIburasirazuba: PSF mu rugamba rwo guhangana na covid-19
Ubuyobozi bw’Urugaga rw’abikorera mu Ntara y’Iburasirazuba, PSF, bwatangije icyumweru cyo gukangurira abikorera n’abaguzi babo kwikingiza COVID-19, buri mucuruzi asabwa kubanza kubaza umugannye niba yarikingije. Ni igikorwa cyatangirijwe mu Karere ka Bugesera mu Mujyi wa Nyamata, kuri uyu wa Kane tariki ya 23 Ukuboza 2021, ariko kinabera mu mirenge yose igize iyi Ntara. Insanganyamatsiko y’ubu bukangurambaga iragira iti “Warikingije?” Muri iki cyumweru, buri mucuruzi azajya abanza afate umwanya abaze umuguzi umugannye niba yarikingije mbere yo kumuha serivisi imugenza, nasanga atarabikoze, azajya amurangira aho bari gukingira mu rwego rwo gufatanya n’ubuyobozi bw’inzego…
SOMA INKURUMinisitiri Gatabazi yaciye amarenga ku bitegereje abanze kwikingiza covid-19
Mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa 15 Ukuboza 2021, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, yatangaje ko udashaka kwikingiza ari uburenganzira bwe ariko ko nta burenganzira afite bwo gushyira abandi mu byago. Ati “Umuntu afite uburenganzira bwo kutikingiza ariko ntabwo afite uburenganzira bwo kwanduza abandi, nta n’ubwo afite uburenganzira bwo kwiyahura kuko Leta ifite inshingano zo kurengera wa wundi wahitamo icyamugirira nabi, ikamugira inama yo kugira ngo yikingize arengera abandi na we yirinde.” Minisitiri Gatabazi yavuze ko ibikorwa byo gukingira biri kugenda neza, asaba abaturage kurushaho kubyitabira. Minisitiri…
SOMA INKURUSudani y’Epfo ntikozwa ibyo ishinjwa mu gufasha abarwanya ubutegetsi muri Ethiopia
Sudani y’Epfo yahakanye ibyo ishinjwa by’uko itera inkunga umutwe wa TPLF ushaka guhirika ubutegetsi bwa Ethiopia, ivuga ko n’igisirikare cyayo kidafite intwaro zihagije bityo ko itabona izo guha umutwe w’intangondwa urwanya igihugu cy’igituranyi. Ibi byatangajwe na Minisitiri ushinjwe itumanaho muri Sudani y’Epfo, Michael Makuei, nyuma y’uko mu mpera za Ugushyingo ibitangazamakuru byo muri Ethiopia byashyiraga mu majwi iki gihugu ndetse na Sudani nk’ibya mbere bifasha TPLF bitewe inkunga n’ibihugu by’amahanga. Makuei yavuguruje aya makuru avuga ko Perezida Salva Kiir atashyigikira abarwanya Guverinoma ya Ethiopia n’abaturage bayo kuko babaye hafi igihugu…
SOMA INKURUUrubyiruko rusaga 500 mu itorero ry’iminsi umunani
Minisiteri y’urubyiruko n’umuco yahamagariye urubyiruko gukomeza kurangwa n’indangagaciro na kirazira by’umuco Nyarwanda kandi bitabira gukoresha ikoranabuhanga mu iterambere ry’Igihugu. Ibi byatangarijwe mu kigo cy’ubutore cya Nkumba mu karere ka Burera, aho urubyiruko rusaga 550 batangira Itorero ry’inkomezamihigo. Urubyiruko ruhagarariye abandi baherutse gutorwa mu nzego z’urubyiruko baturutse mu turere 30 tw’Igihugu, nibo batangiye Itorero ry’inkomezamihigo mu kigo cy’ubutore cya Nkumba mu karere ka Burera. Ni itorero ry’iminsi 8 ryateguwe na Minisiteri y’urubyiruko n’umuco ifatanyije na Minisiteri y’Ubumwe by’Abanyarwanda n’inshingano y’uburere Mboneragihugu, hamwe n’abandi bafatanyabikorwa bafite ishingano yo gutoza urubyiruko hagamijwe gufasha…
SOMA INKURUIbyasabwe Njyanama y’akarere ka Gisagara
Ubwo hasozwaga umwiherero w’iminsi ibiri waberaga mu karere ka Muhanga, wigiraga hamwe ibigomba kwitabwaho mu gushyigikira gahunda za Leta zigamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage, Minisitiri Gatabazi Jean Marie Vianney, yibukije abajyanama mu Nama Njyanama y’akarere ka Gisagara ko bagomba kwirinda ibyatuma batagera ku byo bemereye abaturage. Yagize ati “Mufite amahirwe menshi mu kuba mwaragiriwe icyizere n’abaturage bakabatuma kubakorera. Aya mahirwe mufite si aya buri wese ahubwo ni uko mubifitiye ubushobozi. Muyakoreshe mugamije gusimbuka ibizashaka kubabuza kugera kubyo mwatumwe n’abaturage kugira ngo mubashe kubavana mu bukene. Nimubikora muzaba mubashije kubibagezaho…
SOMA INKURUU Rwanda ntirukozwa abamagana Johnston Busingye nk’uruhagarariye mu Bwongereza
Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ibitangazamakuru n’abadepite bakomeje gusaba ko Johnston Busingye wahoze ari Minisitiri w’Ubutabera w’u Rwanda atemerwa nka Ambasaderi warwo mu Bwongereza kubera uruhare yagize mu ifatwa rya Paul Rusesabagina. Muri Nzeri 2021 ni bwo Leta y’u Rwanda yatangaje ko Johnston Busingye wari umaze imyaka umunani ari Minisitiri w’Ubutabera yagizwe Ambasaderi mu Bwongereza. Nyuma y’amezi asaga ane ibi bitangajwe, umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza, Chris Bryant, yasabye ko Guverinoma y’iki gihugu itakwemera kwakira Busingye nka Ambasaderi uhagarariye u Rwanda ngo kuko yagize uruhare mu ‘ishimutwa’ rya…
SOMA INKURUU Burusiya bukomeje kotswa igitutu n’amahanga
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zasabye u Burusiya kuvana ingabo zabwo ku mupaka wa Ukraine cyangwa bugafatirwa ibihano bikakaye n’ibihugu by’ibihangange bibarizwa muri G7. Ibyo gufatira ibihano u Burusiya byatangajwe n’umuyobozi wari uhagarariye Amerika mu nama yahuje ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga bo mu bihugu byo muri G7 birimo Amerika, Canada, u Bwongereza, u Bufaransa, u Butaliyani ndetse n’u Buyapani. Aba ba minisitiri bavuze ko intero ari imwe ku kurengera Ukraine imaze igihe iterwa ubwoba n’u Burusiya bwashyize ingabo zirenga ibihumbi 100 hafi y’umupaka uhuza ibi bihugu byombi nyuma y’uko isabye…
SOMA INKURU