Kuri uyu wa gatandatu tariki 11 Ukuboza 2021, mu murenge wa Kitabi Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, yashyikirije mudasobwa Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’utugari 92 tugize akarere ka Nyamagabe. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Masagara mu Murenge wa Musange, Gatete Emmanuel yavuze ko izo mudasobwa zigiye kubafasha kwihutisha serivisi batanga. Ati “Ubundi twandikaga mu makarine, ariko ubu ngubu icyo bigiye kudufasha bigiye gutuma abaturage bacu tubaha serivisi zitandukanye haba mu kurangiza imanza kuko dusigaye tuzirangiza hifashishijwe ikoranabuhanga. Tukaba dushima ubuyobozi bw’Igihugu bwatugeneye mudasobwa nk’igikoresho cy’akazi.” Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Nyamugali mu…
SOMA INKURUCategory: politike
Perezida Kagame mu gihugu cy’abaturanyi “Tanzania”
Kuri uyu wa kane tariki 9 Ukuboza 2021, Perezida Paul Kagame yitabiriye ibirori byo kwizihiza imyaka 60 Tanzania imaze ibonye ubwigenge, byabereye mu Mujyi wa Dar es Salaam. Perezida Kagame akaba yaherukaga gusura Tanzania iki nyakwigendera Dr John Pombe Magufuli akiri ku butegetsi, ubwo yari mu ruzinduko rw’akazi. Tanzania yabonye Ubwigenge mu 1961, nyuma y’igihe yari imaze ikoronizwa n’u Bwongereza. NIYONZIMA Theogene
SOMA INKURUHatowe itegeko ryemerera abahuje ibitsina kubana mu buryo bwemewe
Inteko Ishinga Amategeko ya Chile kuri uyu wa Kabiri yatoye itegeko ryemerera ababana bahuje ibitsina gusezerana byemewe n’amategeko. Iri tegeko rishya ryemerera ababana bahuje ibitsina kuba barera abana batari ababo bakabiyandikishaho mu mategeko. Umushinga w’iryo tegeko washyigikiwe na Perezida Sebastián Piñera nubwo bamwe mu Ihuriro rye barinenze cyane. Guhera mu 2015 muri Chile bemereraga abaryamana bahuje ibitsina kuba babana ariko ntabwo bari bemerewe gusezerana imbere y’amategeko. Chile ibaye kimwe mu bihugu bike byo muri Amerika y’Amajyepfo byemeye ukubana kw’abahuje ibitsina. Ibindi byemeje iryo tegeko birimo Argentine, Brésil, Colombia, Costa Rica,…
SOMA INKURUUSA yihanangirije u Burusiya ko bibaye ngombwa yabufatira imyanzuro ikomeye
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden yaganiriye na mugenzi we w’u Burusiya, Vladimir Putin ko igihugu cye gihangayikishijwe n’ingabo z’u Burusiya ku mipaka ya Ukraine, avuga ko bishobora gutuma Amerika ifata imyanzuro ikomeye. U Burusiya bumaze iminsi buvuga ko nta gahunda yo gutera Ukraine bufite, mu gihe cyose icyo gihugu kitazahitamo kwinjira mu muryango wa NATO uhuza igisirikare cy’ibihugu byo mu Majyaruguru ya Atlantique. Itangazo ryashyizwe hanze n’ibiro bya Perezida wa Amerika nyuma y’inama, rivuga ko Biden yihanangirije Putin kutavogera ubusugire bwa Ukraine kuko byateza umwuka mubi.…
SOMA INKURUIkigega cyo kurihira abarimu kaminuza kiratanga icyizere
Umuyobozi w’Umushinga ‘Menya’ mu Kigo Nyafurika gishinzwe guteza imbere Ubumenyi bushingiye ku Mibare (AIMS), Dr Herine Otieno, yatangaje ko hamaze kuboneka inkunga ya miliyoni 80 Frw, agenewe Ikigega cyo gufasha abarimu kwiga kaminuza cyatangijwe. Yabivuze kuri uyu wa 5 Ukuboza 2021, ubwo hatangwaga ibihembo ku barimu b’indashyikirwa mu masomo ya Siyansi n’Imibare, abayobozi b’ibigo by’amashuri n’abahagarariye uburezi mu turere dukorana na AIMS. Abagera ku 150 ni bo bahembwe ibirimo mudasobwa na tablet. Dr Otieno yavuze ko hari icyizere cy’uko intego AIMS yari ifite ku wa 18 Ugushyingo 2021, hatangizwa ubukangurambaga…
SOMA INKURUNyuma y’imyaka 16 ari ku butegetsi yasezeweho mu cyubahiro
Chancelière w’u Budage, Angela Merkel yasezeweho mu muhango wa gisirikare mbere y’iminsi mike ngo ave ku butegetsi amazeho imyaka 16. Merkel azegura mu cyumweru gitaha aho biteganyijwe ko azasimburwa na Olaf Scholz wari umwungirije ndetse akaba na Minisitiri w’Imari. Olaf Scholz uyobora Ishyaka rya SPD mu Budage biteganyijwe ko azarahirira inshinga nshya nyuma yo guhabwa uburenganzira n’Inteko Ishinga Amategeko y’iki gihugu. Umuhango wo gusezera Angela Dorothea Merkel wiswe “Großer Zapfenstreich” wabaye ku wa Kane, tariki ya 2 Ukuboza 2021. Wizihijwe hacurangwa indirimbo zitandukanye zirimo izo mu myaka yo hambere ahagana…
SOMA INKURURDC: Mu burasirazuba abashinwa basabwe kuhava igitaraganya
Ambasade y’u Bushinwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yasabye Abashinwa bari mu Burasirazuba bw’iki gihugu, kuvayo mu maguru mashya nyuma y’ubwicanyi bwakorewe bamwe muri bo. Ubu busabe bwatanzwe nyuma y’uko hari ibikorwa by’ubugizi bwa nabi bimaze iminsi bikorerwa Abashinwa, aho bamwe bishwe, abandi bakamburwa ndetse bakanashimutwa. Abibasirwa ni abakora mu mishinga y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri icyo gihugu. U Bushinwa bwasabye abaherereye mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, iy’Amajyepfo na Ituri kuhava mu maguru mashya. Ubwanditsi@umuringanews.com
SOMA INKURUU Bufaransa bwisubiyeho ku cyemezo bwari bwafatiye Afurika y’Epfo
U Bufaransa bwatangaje ko guhera kuri uyu wa Gatandatu buzafungurira amarembo abagenzi baturutse mu bihugu byo muri Afurika y’Amajyepfo, nyuma y’iminsi ingendo zihagaritswe kubera ubwoko bushya bwa Covid-19 bwiswe Omicron. Abagenzi bazemererwa kwinjira mu Bufaransa baturutse muri icyo gice bagomba gupimwa Covid-19 bakigera mu Bufaransa, byagaragara ko nta Covid-19 bafite bakajya mu kato k’iminsi irindwi. Mu gihe umugenzi asanzwemo Covid-19, azajya ajya mu kato k’iminsi icumi nkuko byatangajwe n’umuvugizi wa Guverinoma, Gabriel Attal. U Bufaransa ni kimwe mu bihugu byinshi byafashe umwanzuro wo guhagarika ingendo zibihuza n’ibihugu byo muri Afurika…
SOMA INKURUPerezida Kagame yihanangirije abayobozi bahora mu nama zidashira
Perezida Paul Kagame yihanangirije abayobozi basiragiza abaturage aho kubakemurira ibibazo ku gihe, abasaba kugabanya inama za hato na hato kuko ari imwe mu ntandaro z’iyo mikorere mibi. ibi umukuru w’igihugu yabigarutseho kuri uyu wa mbere ubwo yasozaga amahugurwa y’abayobozi b’inzego z’ibanze. Abagize inama Njyanama z’uturere 27 n’Umujyi wa Kigali ndetse na ba guverineri b’Intara, nibo bari bamaze icyumweru bahabwa amahugurwa ku miyoborere n’imikorere ikwiye kubaranga muri manda y’imyaka 5 y’abagize Njyanama z’uturere 27 baherutse gutorwa. Perezida Kagame yabasabye guhora iteka bazirikana icyizere bagiriwe n’abaturage bakihatira gukemura ibibazo byabo, abibutsa ko…
SOMA INKURUUmushyikirano 2021 wamaze kwemezwa na gahunda nshya zizawuranga
Inama Ngarukamwaka y’Umushyikirano byemejwe ko izaba mu Ukuboza 2021, bikaba biteganyijwe ko iyi nama izabera mu nyubako ya Kigali Convention Centre ku wa 20-21 Ukuboza 2021. Iyi nama isubukuwe nyuma y’uko iyo mu mwaka wa 2020 yasubitswe biturutse ku bwiyongere bwa COVID-19 bwari mu gihugu. Inama y’Umushyikirano ya 2021 izitabirwa n’abayobozi batandukanye muri Guverinoma, abagize Inteko Ishinga Amategeko, Abanyarwanda bari mu Rwanda n’abari mu bihugu by’amahanga, abanyamakuru n’abandi. Mu bindi bikorwa biteganyijwe muri uyu Mushyikirano, ni uko abayobozi bakuru mu nzego za Leta bazasinya Imihigo. Inama y’Umushyikirano igiye kuba mu…
SOMA INKURU