Rwanda: Menya umubare w’abamaze guhabwa ibiribwa bari muri ‘Guma mu rugo’

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) imaze gutangaza ko ingo ibihumbi 184 ziri mu Mu mujyi wa Kigali n’ingo ibihumbi 26 ziri mu turere twashyizwe muri gahunda ya Guma Mu Rugo, zimaze kubona ibiribwa. MINALOC ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, yanagaragaje ko mu Mujyi wa Kigali ingo ibihumbi 184 kugeza ku mugoroba w’ejo hashize ku wa Gatatu zari zimaze kubona ibiribwa bizitunga muri iki gihe cya Guma Mu Rugo. Iti “Gahunda yo gutanga ibiribwa ku baturage bagizweho ingaruka na Guma Mu Rugo irakomeje, ku mugoroba wo ku wa Gatatu ingo ibihumbi 184…

SOMA INKURU

Afurika y’Epfo: Imyigaragambyo ikomeje gufata indi ntera

Umubare w’abamaze gutangazwa ko bapfiriye mu rugomo rwakurikiye ifungwa ry’uwari Perezida w’Afurika y’Epfo Jacob Zuma wazamutse ugera ku bantu 276. BBC yavuze ko ibikorwa by’ubucuruzi bibarirwa mu bihumbi na byo byarasahuwe mu bisa n’imyigaragamyo yuzuye urugomo ahanini yibasiye intara ebyiri za KwaZulu-Natal na Gauteng. Rwabaye urugomo rwo ku kigero kitari cyarigeze kibaho muri Afurika y’epfo ya nyuma y’ubutegetsi bw’ivanguramoko bwa ba nyamucye b’abazungu buzwi nka apartheid bwarangiye mu ntangiriro y’imyaka ya 1990. Khumbudzo Ntshavheni, Minisitiri mu biro bya Perezida, yavuze ko 234 bapfiriye muri KwaZulu-Natal (intara Zuma avukamo) naho abandi…

SOMA INKURU

Byinshi mu bivugwa ku bakobwa ba Obama

Abakobwa ba Obama bavugwaho ibintu bitandukanye kimwe n’umuryango w’uyu mugabo uri mu bikomerezwa iy’isi ifite bamwe bati uwitwa nyina siwe wababyaye kuko ntiyashobora kubyara n’umugabo bahinduyemo umugore, abandi bakagaruka ku buryo aba bakobwa ari ibirara banywa itabi banatwara inda. Umuntu wese ukimauk kuvuka umaze guca akenge icyo atangira gutekereza ni uko yatera imbere akagira umuryango ukomeye n’abazawukomokaho bagakomera. Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika wa 44 akaba uwa mbere w’umwirabura wabayeho, Barak Obama yasezeranye n’umufasha we Michelle Obama kuwa 03 Ukwakira 1992 ariko baza gutinda kubona urubyaro bitewe n’uko…

SOMA INKURU

Ruhango: Yakoreye ikizamini cya leta mu bitaro

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 20 Nyakanga 2021, ni bwo mu Rwanda hatangiye ibizamini bya Leta bisoza amashuri y’icyiciro rusange n’ayisumbuye, umukobwa w’imyaka 20 wiga mu rwunge rw’Amashuri rwa Gisari mu Murenge wa Kinazi, we yagikoreye mu bitaro. Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Habarurera Valens, yatangaje  ko bamushyiriye ikizamini mu bitaro kugira ngo adacikanwa akavutswa uburenganzira bwe kandi yarize. Yavuze ko hashize iminsi itatu abyaye ariko uruhinja rwe rwavukanye ibibazo rukaba rugikurikiranwa n’abaganga. Ati “Ni umwana w’imyaka 20 waterewe inda mu rugo iwabo, arangije mu wa gatatu w’amashuri yisumbuye. Twaramufashije…

SOMA INKURU

Abana bo mu muhanda barataka inzara, dore icyo ubuyobozi butangaza

Abana baba mu muhanda babarizwa mu Karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Muhima, barataka inzara nyuma y’uko Umujyi wa Kigali ushyizwe muri gahunda ya Guma mu rugo aho bakuraga ibibatunga hagafungwa. Umujyi wa Kigali washyizwe muri Guma mu rugo n’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 14 Nyakanga, aho kubera ubwiyongere bwinshi bwa Covid-19 washyizwe muri iyi gahunda n’utundi turere umunani. Iyi gahunda yatangiye kubahirizwa ku wa 17 Nyakanga, yagize ingaruka zikomeye ku bana baba mu muhanda kuko usanga batunzwe n’ibiryo bisigara muri za Restaurants ubu zafunze. Bamwe mu bana baganiriye na…

SOMA INKURU

Igitero kitaramenyekana kivuganye Perezida wa Haiti

Ahagana saa saba z’ijoro zo kuri uyu wa kabiri ushyira kuri uyu wa gatatu tariki 7 Nyakanga, nibwo Perezida Jovenel Moïse wayoboraga Haiti yiciwe mu rugo rwe arashwe, iby’uru rupfu rwe rwemejwe na Minisitiri w’Intebe w’agateganyo. Dr Claude Joseph, Minisitiri w’Intebe w’agateganyo wa Haiti, mu itangazo yasohoye yemeje ko ahagana saa saba z’ijoro, itsinda ry’abantu batazwi ririmo abavuga icyesipanyolo, bateye urugo rwa Perezida bakamukomeretsa ku buryo byamuviriyemo urupfu. Rikomeza rivuga ko umugore we yakomerekejwe n’isasu ariko ubu ari kwitabwaho mu buryo bwose bushoboka. Uyu nyakwigendera wari perezida wa Haiti Jovenel…

SOMA INKURU

U Rwanda na Afurika y’Epfo mu rugendo rwo kuvugurura umubano

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda Dr Vincent Biruta, yakiriye itsinda ry’intumwa za Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Afurika y’Epfo  Dr Naledi Pandor, zaje mu ruzinduko rw’akazi kuri uyu wa 5 Nyakanga 2021. Ni uruzinduko ruje rukurikira urwo Minisitiri Dr. Biruta yaherukaga kugirira muri Afurika y’Epfo ku wa 4 Kamena 2021, aho yagiranye ibiganiro byimbitse na mugenzi we Dr Naledi Pandor w’Afurika y’Epfo, byabereye mu Mujyi wa Pretoria. Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda, ibinyujije mbuga nkoranyambaga, yatangaje ko uruzinduko rw’iryo tsinda ari indi ntambwe mu kuzahura umubano. Yagize iti “Nyuma y’uruzinduko…

SOMA INKURU

Uko gahunda itunguranye yo gucyura abanyeshuri izakorwa

Itangazo rya Minisiteri y’Uburezi rijyanye na gahunda y’ingendo z’abanyeshuri biga bacumbikirwa ku bigo by’amashuri ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Kabiri taliki ya 29 Kamena 2021 nyuma y’ivugurura ry’ingamba zo kwirinda COVID-19. Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko abanyeshuri batazakora ibizamini bya Leta kandi biga bacumbikiwe mu bigo by’amashuri bazatangira kujya mu biruhuko guhera ku italiki ya 1 – 4 Nyakanga 2021. Iryo tangazo rigaragaza ko ku wa Kane, taliki ya 1 Nyakanga 2021, hazabanza gutaha abiga mu bigo byo mu Turere tw’Umujyi wa Kigali twose, Utwa Huye, Gisagara, Nyaruguru na Nyamagabe mu…

SOMA INKURU

Rwanda kimwe mu bihugu bine byakumiriwe muri Nigeria

Ejo hashize nibwo umuyobozi wa Komite ishinzwe ibya COVID-19 muri Nigeria akaba n’ushinzwe ihuzabikorwa n’ishyirwa mu bikorwa ry’ingamba za guverinoma, Boss Mustapha, yabwiye itangazamakuru ryo muri iki gihugu ko hari ibihugu bine byakumiriwe muri iki gihugu muri byo harimo u Rwanda. Muri ibyo bihugu Guverinoma ya Nigeria yakumiriye ingendo z’abagenzi harimo abava mu Rwanda, Uganda, Afurika y’Epfo, Namibia na Zambia baherekeza mu kurushaho gukaza ingamba z’ubwirinzi bwa COVID-19. Uretse abagenzi bava muri ibyo bihugu bya Afurika, Mustapha, yatangaje ko Abanya-Nigeria basuye Brésil,Turukiya n’u Buhinde bari bamaze ibyumweru bibiri bakumirwa bongereweho…

SOMA INKURU

Rwanda abahagarariye inyungu zabo bakomeje kwiyongera

Kuri uyu wa Kabiri, tariki 29 Kamena 2021, Perezida Paul Kagame yakiriye abadipolomate bahagarariye inyungu zabo mu Rwanda mu biro bye muri Village Urugwiro nyuma y’uko ejo hashize tariki 28 Kamena, yari yakiriye abandi bane. Muri bo harimo harimo Ambasaderi wa Hongrie mu Rwanda, Zsolt Mészáros; Elin Ostebo Johansen wa Norvège; Luke Joseph Williams wa Australie na Michalis A. Zacharioglou wa Chypre. Aba bose bagaragaje ko biteguye gukomeza kunoza ubufatanye n’umubano w’impande zombi no guteza imbere imishinga y’iterambere ihuriweho irimo ubucuruzi, ishoramari, ikoranabuhanga n’ibindi.   NIYONZIMA Theogene

SOMA INKURU