Icyo Minisitiri Gatabazi avuga ku ikumirwa ry’abafana ku bibuga

Mu mpera z’Ukuboza ni bwo abafana bongeye gukumirwa ku bibuga mu gihe nta mezi ane yari ashize bemerewe kwitabira amarushanwa y’imbere mu gihugu. Basabwaga kuba barikingije ndetse bafite ibisubizo byo mu masaha 48 bigaragaza ko bipimishije COVID-19, ubwo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, yari yitabiriye umukino wahuje Rayon Sports na Musanze FC yatangaje ko ikibazo cy’abafana bakumiriwe ku kibuga kizwi ariko kirikwigwaho. Minisitiri  Gatabazi yagize ati “Murabizi ko mu mpera z’uyu mwaka haje ubwoko bushya bwa COVID-19 ‘Omicron’ butuma dutinya ko ubwandu bushobora kwiyongera, dusaba ko imikino yaba…

SOMA INKURU

Urubanza rwitiriwe Rusesabagina rurakomereza mu rukiko rw’ubujurire

Kuri uyu wa Mbere kuwa 17 Mutarama 2022, urukiko rw’ubujurire ruratangira kuburanisha urubanza rw’abari abayobozi, abayoboke n’abarwanyi b’umutwe wa MRCD-FLN barimo na Paul Rusesabagina wari uwukuriye, bahamijwe ibyaha bifitanye isano n’iterabwoba. Ubwo baburanishwaga n’urukiko rukuru mu rugereko ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambuka imbibi, Paul Rusesabagina n’abandi 20 baregwaga hamwe bari bakatiwe ibihano bihera ku myaka 3 kugera kuri 25. Ubujurire bugiye gusuzumwa ni ubw’abaregeye indishyi bagaragaje ko batishimiye uko zabazwe bashingiye ku byo bari basabye mu iburanisha. Nsengiyumva Vincent yari umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyabimata aho abarwanyi b’uyu mutwe bateye bakamurasa…

SOMA INKURU

Nkombo: Hatagize igikorwa inzara yavuza ubuhuha

Abatuye ku Kirwa cya Nkombo giherereye mu karere ka Rusizi bemeza  ko imvura baheruka ari iyaguye kuri Noheli nayo itaragize icyo imara kuko yasanze imisozi yarakakaye, ibi akaba ariyo ntandaro y’amapfa yahibasiye bitewe no kuma kw’imyaka bari barahinze. Mu murenge wa Nkombo, haciwe amaterasi ku buso bwa hegitari 105, ariko izuba ryatumye imyaka ihinze ku buso bwa hegitari 39 yuma. Uwahawe izina rya Mukamwiza kuko atashakaga ko amenyekana, yatangaje ko imvura y’Ugushyingo ku Nkombo ntayahaguye, ibi byatumye imyaka yose yuma, kuri ubu inzara ikaba inuma. Umwe mu baturage bo ku…

SOMA INKURU

Ambasaderi Nduhungirehe yatanze impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda

Ejo hashize, tariki 11 Mutarama 2022, nibwo Ambasaderi Oliver Nduhungirehe, yatanze impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda mu gihugu cya Lativia, akaba yarazishyikirije Perezida Egils Levits. Uwo muhango wabaye nyuma yo guhura n’abayobozi bo muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Latvia kuwa Mbere, aho bagiranye ibiganiro byibanze ku bufatanye n’ubukungu hagati y’ibihugu byombi. Ambasaderi Nduhungirehe yavuze ko azibanda ku kukabaka ubufatanye buhamye mu by’ubukungu na dipolomasi hagati y’ibihugu byombi. Yashimangiye kandi ko ibihugu byombi bifite byinshi bihuriyeho, n’ubwo bitandukanywa n’intera nini, Latvia kikaba ari igihugu gito giherereye mu Majyaruguru y’u Burayi.  …

SOMA INKURU

Icyo MINISANTE isaba ababyeyi mbere yo kohereza abana ku mashuri

Minisiteri y’Ubuzima yasabye ababyeyi kutohereza ku ishuri abana bafite ibimenyetso by’icyorezo cya COVID-19 birimo gukorora, umuriro mwinshi n’ibicurane. Iki cyemezo gikubiye mu itangazo Minisante yashyize hanze ku Cyumweru tariki 9 Mutarama 2021. Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko “Umwana wese ugaragaza ibimenyetso bya COVID-19 birimo gukorora, kugira umuriro n’ibicurane adakwiye koherezwa ku ishuri ahubwo agomba kuguma mu rugo akitwabwaho kugeza akize”. Ababyeyi kandi bashishikarijwe gupimisha abana babo COVID-19 mu gihe abana bafite imyaka itanu kandi hagakoreshwa uburyo bwa ‘rapid test’. Iri tangazo rikomeza rivuga ko “mu gihe bibaye ngombwa ko ikigo cy’amashuri…

SOMA INKURU

Tanzania: Nyuma yo gushwana n’umukuru w’igihugu mu ruhame yeguye

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko muri Tanzania, Job Ndugai, yeguye ku mwanya we nyuma yo gushwana na Perezida Samia Suluhu mu ruhame ku ngingo ijyanye n’amadeni igihugu gifite. Ndugai yatangaje ko yandikiye Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka CCM, amumenyesha ko yafashe umwanzuro we ku giti cye wo kwegura mu nyungu rusange z’igihugu. Mu ibaruwa ye, yanditse ati “Mfashe uyu mwanya kugira ngo nshimire bagenzi banjye twabanye mu Nteko, Perezida Samia Suluhu Hassan na Guverinoma yose muri rusange, abaturage bo mu gace ka Kongwa n’Abanya-Tanzania bose ku bufasha bampaye mu gihe cyose namaze ndi…

SOMA INKURU

Kigali: Abatuye ahahariwe inganda baratabaza

Bamwe mu batuye mu gace kahariwe inganda, barasaba ko bahimurwa kuko ntacyo bemerewe gukorera mu bibanza byabo ndetse bakaba bagirwaho ingaruka n’imyotsi ituruka muri zimwe muri izi nganda. Iyi miryango ituye mu midugudu itandukanye y’Akagari ka Masoro Umurenge wa  Ndera mu karere ka Gasabo mu gice cyahariwe inganda, usanga inzu zabo n’imidutungo yabo byaramaze gukikizwa n’inganda. Uko izi ganda ziyongera ni nako bagenda babura ubwinyagamburiro. Bavuga ko baheze mu gihirahiro niba bazimurwa dore ko nta wemerewe kuhubaka, ndetse hakaba hari n’inganda zisohora imyotsi ishobora kubagiraho ingaruka. Uwitwa Harindintwali Sylivain yagize…

SOMA INKURU

Gicumbi: Mu gikorwa cy’iminsi itatu hafashwe 50 bakekwaho gusambanya abana

Mu minsi itatu isoza umwaka wa 2021, Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi abantu 50 batuye mu karere ka Gicumbi bakekwaho gusambanya abana harimo ababateye inda n’ababafashe ku ngufu. Iki gikorwa kigamije gukumira no kurwanya ibyaha byibasira abana birimo no kubasambanya cyakozwe hagati ya tariki 29 Ukuboza 2021 n’iya 1 Mutarama 2022. Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yatangaje ko icyaha cyo gusambanya abana nta muntu ukwiye kugikerensa ndetse inzego z’ibanze n’abaturage bakwiriye gutanga umusanzu wabo mu kukirandura burundu. Yagize ati “RIB irasaba abantu kugumya gufatanya na yo bayiha…

SOMA INKURU

Perezida Kagame yashimiye inzego z’umutekano k’ubw’ibikorwa byaziranze 2021

Perezida wa Repubulika  Paul Kagame akaba n’umugaba w’ikirenga z’ingabo z’u Rwanda,yashimiye ingabo z’igihugu n’abandi bagize inzego z’umutekano umurava n’ubwitange byabaranze mu bijyanye no kurinda no kurengera abanyarwanda mu mwaka wa 2021;umwaka waranzwe n’imbogamizi zitandukanye haba mu Rwanda no mu mahanga. Mu butumwa bugamije kubifuriza umwaka mwiza, Perezida Kagame wavuze ko igihugu gitewe ishema na bo, yabwiye abagize inzo z’umutekano nubwo habayeho imbogamizi zirimo icyorezo cya covid-19,bageze ku rugero ndetse banarenza ibyo bari bategerejweho, mu bwitonzi buhamye, kutirebaho bonyine ndetse n’ubunyamwuga. Perezida wa Repubulika yashimiye by’umwihariko abagize inzego z’umutekano bari mu  butumwa hanze…

SOMA INKURU

Icyo guverineri Kayitesi yasabye Inama y’Igihugu y’abagore

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, yasabye abagize Inama y’Igihugu y’Abagore kuba intangarugero mu bikorwa byiza, birinda kubwiriza abandi gukora ibyo badakora. Yabigarutseho kuri uyu wa Kane tariki ya 30 Ukuboza 2021 ubwo yasozaga amahugurwa y’iminsi ibiri yagenewe abagore bo mu Ntara y’Amajyepfo batowe mu Nama y’Igihugu y’Abagore agamije kubategura kwinjira mu nshingano nshya z’ubuyobozi. Yabereye mu Karere ka Huye ahahuriye abagore 63 barimo abatowe muri Komite y’Inama y’Igihugu y’Abagore ku rwego rw’Intara n’abatowe ku rwego rw’uturere uko ari umunani tugize iyo ntara. Umuhuzabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abagore ku rwego rw’Intara y’Amajyepfo,…

SOMA INKURU