Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru Gatabazi Jean Marie Vianney yanenze bikomeye zimwe mu nzego z’ibanze zigize iyo Ntara, batuma abaturage bagana Intara bajyanye ibibazo biciriritse byagombye kuba byarakemukiye mu nzego z’ibanze zirimo n’umudugudu. Ibi Guverineri abifata nk’uburangare bw’abo bayobozi, akavuga ko bidakwiye mu bayobozi b’Intara ayoboye ndetse no mu Rwanda muri rusange. Guverineri Gatabazi yagize ati “ Ubusanzwe nakira ibibazo by’abaturage buri wa kabiri. Ku itariki ya 11 Nzeri 2018 mbere ya saa sita, nakiriye abaturage basaga 60. Ibibazo bambazaga nasangaga byoroshye ku buryo byagasubijwe n’umuyobozi w’umudugudu”. Guverineri Gatabazi yasuye abaturage bo…
SOMA INKURUCategory: politike
Kofi Annan yasezewe mu cyubahiro gikomeye
Umuhango wo gusezera bwa nyuma Kofi Annan mu cyubahiro wabereye mu murwa mukuru Accra, muri Accra Conference Centre, ukaba wari witabiriwe n’abantu babarirwa mu bihumbi bine, abandi bakurikirira hanze kuri za televiziyo nini. Kofi Annan, umwirabura umwe wayoboye Umuryango w’Abibumbye, yitabye Imana kuwa 18 Kanama 2018, akaba yari afite imyaka 80 y’amavuko, akaba yaraguye mu gihugu cy’u Busuwisi aho yari yagiye kwivuriza. Umurambo we ukaba waragejejwe mu gihugu cye cy’amavuko ku wa Mbere w’iki cyumweru. Nyuma y’iyo mihango yasoje iminsi itatu yo kumusezeraho mu gihugu cye, yajyanwe gushyingurwa mu irimbi…
SOMA INKURUAbacamanza b’urukiko rwa gisirikare barahiye bibukijwe ko ari igihango bagiranye n’abanyarwanda
Kuri uyu wa Kane tariki 13 Nzeli 2013 nibwo hakiriwe indahiro z’abacamanza babiri bo mu Rukiko Rukuru rwa gisirikare na Visi Perezida w’urukiko rwa gisirikari, iyi ndahiro ikaba yakiriwe na Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente abasaba gutanga ubutabera bwa kinyamwuga, kurinda ubusugire bw’igihugu n’uburenganzira bwa muntu. yasabye abarahiye kuzuzuza neza inshingano igihugu cyabahaye, abibutsa ko indahiro bamaze kugirira imbere ye ari igihango bagiranye n’abanyarwanda. Minisitiri w’intebe Dr Ngirente kandi yasabye aba bacamanza b’inkiko za gisirikare yakiririye indahiro kwirinda ruswa, gukora kinyamwuga bubahiriza amategeko, kuba inyangamugayo muri byose, gukorera mu mucyo…
SOMA INKURUAbarokotse jenoside yakorewe abatutsi bo ku musozi wa Dohero baratabaza
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo ku musozi wa Dohero, mu Murenge wa Cyintobo, mu Karere ka Nyabihu, basabye ubuyobozi gukemura ikibazo cy’akazu k’amazi kubatse hejuru y’icyobo cy’ubwiherero bwajugunywemo imibiri 15 y’abishwe muri Jenoside. Aba baturage bemeza ko kubaka hejuru y’ahakuwe imibiri y’ababo ari ukubashinyagurira ndetse ko bishobora kuba ari ugusibanganya amateka y’ubwicanyi bwabereye muri aka gace. Umwe muri bo yagize ati “Ni gute ushobora kubaka hejuru y’ubwiherero bwajugunywemo abacu, uretse gushaka gusibanganya ibimenyetso by’ubwicanyi bwahabereye”. Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mukandayisenga Antoinette, avuga ko iki kibazo bakizi kandi uku kwezi kuzarangira…
SOMA INKURUAbanyeshuri basaga 90 bo muri EAV Ntendezi birukanwe
Abanyeshuri basaga 90 biga mu mwaka wa 6 w’ibaruramari n’icungamutungo (compabilite) muri EAV Ntendezi mu Karere ka Nyamasheke bamaze kwirukanwa mu gihe kitazwi kubera kwanga guhinga. Ni mu gihe ahubwo aba banyeshuri basabaga ko bafashwa gutegura ikizamini cya Leta giteganijwe vuba dore ko bari mu mwaka wa nyuma, ahubwo bo bagahatirwa isuka, akaba ari nabyo byaviriyemo bagenzi babo kwirukanwa. Aba banyeshuri birukanwe bakaba batangaje ko kuwa mbere, ngo nabwo biriwe mu murima, hanyuma biga kuwa kabiri none ngo bongeye kubasaba guhinga aho kwiga. Icyifuzo cy’aba banyeshuri ni uko ahubwo bafashwa…
SOMA INKURURuhango:Kuba mu cyiciro cya mbere cy’ubudehe hari aho bibazitira
Bamwe mu batuye mu Murenge wa Ruhango ho mu Karere ka Ruhango cyane cyane mu Kagari ka Buhoro babarurirwa mu cyiciro cya mbere cy’ ubudehe bavuga ko bahezwa mu matsinda yo kuzigama no kugurizanya. Aba banyarwanda baba mu kiciro cya mbere cy’ ubudehe batuye mu Karere ka Ruhango bahezwa kuri gahunda zimwe na zimwe Leta inashyiramo ingufu bashinjwa kuba nta bushobozi bwo kuzitabira bafite mu gihe bo ubwabo bemeza ko babufite ndetse hakaba nta tegeko rihari rizibakumiramo. Habarurema Valens umuyobozi w’ Akarere ka Ruhango yanenze bikomeye abagaragaza iyi myitwarire yo…
SOMA INKURUUmuyobozi wa Njyanama n’umwungirije bo muri Kamonyi beguye
Karuranga Emmanuel, Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Kamonyi hamwe n’umwungiriza we, Nyirinyange Odette basezeye ku myanya y’Ubuyobozi mu nama Njyanama y’Akarere ka Kamonyi kuri uyu wa kabiri tariki 11 Nzeli 2018. Mureshyankwano Marie Rose, Guverineri w’Intara y’Amajyepfo yahamirije itangazamakuru ko amakuru y’iyegura rya Karuranga Emmanuel na Nyirinyange Odette bari mu buyobozi bw’Inama Njyanama ari impamo. Yagize ati “ Nanjye aho numviye ko beguye nabajije, nzakubona ko banditse kuko banyoherereje urwandiko banditse kuko bahaye Kopi Intara, bandikiye Inama Njyanama bavuga ko beguye ku bushake bwabo, niyo baruwa nabashije kubona.” Mureshyankwano Marie…
SOMA INKURUImisarane idasakaye ishobora gukura bamwe mu bayobozi ku mbehe
Abayobozi b’imirenge n’utugali bo mu Karere ka Nyagatare bahawe ukwezi n’igice ko kuba bakemuye ikibazo cy’imisarane idasakaye cyangwa bakirukanwa ku kazi. Mushabe David Claudian Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare avuga ko umuyobozi uzarenza kuwa 30 Ukwakira 2018 agifite imisarane itameze neza azirukanwa. Avuga ko buri wese yabigize ibye ukwezi k’Ukwakira kwarangira ibiteza isuku nke mu baturage byarangiye cyane imisarane itubatse neza n’idasakaye.Ati “Ukwezi kwa cumi iyi misarane itarasozwa, abo nibo ba mbere bbikubitiro, bakwiye kuba batakiri mu karere, bakazana abandi bagakomezanya n’abasigaye ariko n’abandi babishizwe ntawuzasigara birumvikana.” Mushabe avuga ko hari…
SOMA INKURUHakomeje kugaragara impinduka mu miburanire ya Kizito Mihigo
Mu iburanisha ryo kuri uyu wa Mbere tariki ya 10 Nzeri 2018 ubwo Kizito Mihigo yari mu rukiko rw’Ikirenga, hakomojwe ku ibaruwa yari yaratanze yo gukuraho ubujurire bwe, maze arabyemererwa gusa nta byinshi byayivuzweho. Ari urukiko ntirwigeze ruyisoma ndetse nawe ntiyasobanuye ibikubiyemo n’impamvu yahisemo guhagarika ikirego. Inteko iburanisha yafashe umwanzuro wo gushyira mu bikorwa ubusabe bwe, nyuma yo kumubaza niba agikomeje icyifuzo cye agasubiza ko ariko bikimeze. Ku wa 26 Kamena 2018 Kizito Mihigo yari yandikiye Urukiko rw’Ikirenga arusaba ko ikirego cye cy’ubujurire cyahagarara, ibi bikaba byarabaye mu gihe mu…
SOMA INKURUIngamba za Perezida Bashir abona nk’umuti wo guhangana n’ikibazo cy’ubukungu
Ejo hashize ku cyumweru mu masaha y’ijoro nibwo hemejwe n’abayobozi bo hejuru mu ishyaka riri ku butegetsi National Congress Party (NCP) mu nama yabaye, umwanzuro wa Bashir wo kwirukana abagize Guverinoma bose. Omar al-Bashir Perezida wa Sudani, akaba yirukanye 31 bari bagize Guverinoma, ashyiraho Minisitiri w’Intebe mushya uzemeza abandi bazamufasha guhangana n’ikibazo cy’ubukungu butameze neza muri iki gihugu. Umwe mu bayobozi ba hafi ba Bashir, yavuze ko ibibazo by’ubukungu bikwiye gushakirwa umuti ndetse ku bw’ibyo, Perezida yafashe umwanzuro wo kugabanya abagize Guverinoma, yagize ati “Perezida Bashir yafashe umwanzuro wo gusigarana…
SOMA INKURU