Kuri uyu wa Kane Guverineri w’Intara y’Amajyepfo CG Gasana yari mu Murenge wa Kitabi mu kwifatanya n’abahinzi n’abakozi b’uruganda Kitabi Tea Company, bizihizaga umunsi ngarukamwaka w’umuhinzi. CG Gasana yavuze ko Pariki y’Igihugu ya Nyungwe n’inkengero zayo ubu bitekanye, abasaba gukomeza ibikorwa byabo by’iterambere baharanira kugira imibereho myiza. Yashimye inzira y’iterambere barimo, abasaba kwirinda urucantege n’ibihuha bishobora kubasubiza inyuma mu iterambere. CG Gasana yagize ati “Dufite inzego z’umutekano twizera, zirahari ziradufasha kugira ngo zikurikirane neza ntibizongere kuba. Turasaba n’abaturage kujya batanga amakuru ku washaka kubinjirira batamuzi. Dukore akazi kacu, amakuru tuyatangire…
SOMA INKURUCategory: politike
Perezida Kagame yageze muri Argentine aho yitabiriye inama ya G20
Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byatangaje ko Perezida Kagame yageze mu Murwa Mukuru Buenos Aires muri Argentine kuri uyu wa Kane, akaba yitabiriye inama y’ibihugu bikize ku Isi (G20) izatangira ejo kuwa gatanu tariki 30 Ugushyingo, bikaba biteganyijwe ko Perezida Kagame azatanga ikiganiro muri iyi nama kivuga ku “Gushyira imbere muntu”, kizavugirwamo ibijyanye no guhangira imirimo urubyiruko no kongerera umugore ubushobozi. Inama ya G20 igiye kubera muri Argentine ni iya 13, ihuje ibihugu bigize uyu muryango, ikaba ari nayo ya mbere ibereye muri Amerika y’Amajyepfo. Umuryango G20 ugizwe n’ibihugu birimo Argentine,…
SOMA INKURUUruhare rw’Ubufaransa mu iyicwa ry’abatutsi mu Bisesero rukomeje kwirengagizwa
Guhera mu mwaka wa 2005, Ihuriro ry’imirango mpuzamahanga iharanira uburenganzira bwa muntu “FIDH na LDH” n’indi itandukanye, yagiye ishinja ingabo z’abafaransa zari mu kiswe “Opération Turquoise” gutererana ku bushake abatutsi bari bahungiye mu Bisesero hagati ya tariki 27 na 30 Kamena 1994. Gusa nyuma y’imyaka 13 y’iperereza, nta muntu n’umwe watangajwe ko abikurikiranyweho. Ku wa 27 Nyakanga uyu mwaka, abacamanza bakoraga iperereza kuri ibyo birego bamenyesheje impande bireba ko iperereza rigiye guhagarikwa, muri Nzeri ikirego gifungwa bivugwa ko habuze ibimenyetso mu gihe Abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi bavuga ko abasirikare b’Abafaransa…
SOMA INKURUImpunzi 356 z’Abanyarwanda bari muri Congo bagiye koherezwa mu Rwanda
Leta ya Repubulika iharanira Demukarasi ya Congo yatangaje ko abanyarwanda 356 barimo abahoze muri FDLR 61 bagiye gucyurwa mu Rwanda. Aba bose babaga mu nkambi ya Kanyabayonga muri Kivu y’amajyaruguru, mu burasirazuba bwa Republika iharanira Demokarasi ya Kongo ikaba yarafunzwe. Iyo nkambi yari itujwemo abahoze ari abarwanyi ba FDLR bashyize intwaro hasi n’abari mu miryango yabo barenga 350. BBC yatangaje ko abagera kuri 50 aribo bemeye gusubira mu Rwanda ku bushake. Umuvugizi wa bamwe mu bahoze muri FDLR yari aherutse kuvuga ko badashobora gutaha mu Rwanda kubera impungenge z’umutekano wabo.…
SOMA INKURUPerezida Kagame yamurikiye abitabiriye inama idasanzwe ya AU aho amavugurura ageze
Ubwo Perezida Paul Kagame yasozaga Inama idasanzwe y’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bigize Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe “AU” ayoboye, ari naho yamurikiye abayitabiriye aho amavugurura ageze, yashimiye uburyo ibihugu bya Afurika byamushyigikiye mu myaka ibiri ishize ayoboye ayo mavugurura, dore ko abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bayemeje ku bwiganze busesuye, hakaba hasigaye kunoza ibyayavuyemo kugira ngo bizemezwe burundu mu nama y’abakuru b’ibihugu itaha kugira ngo AU igere ku cyerekezo yihaye cya 2063. Perezida Kagame yemeje ko kuba ibikwiriye kuvugururwa byarateguwe atari iherezo ry’ikigambiriwe, asaba umuhate wa buri…
SOMA INKURUPerezida Kagame mu Nama yiga ku kubaka Amahoro ku Isi
Kuri iki cyumweru tariki 11 Ugushyingo 2018, i Paris mu Bufaransa hatangijwe Inama yiga ku Mahoro ku Isi “Paris Peace Forum”, mu bayitabiriye harimo Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, ikaba ari inama ya mbere y’Ihuriro ry’i Paris ku Mahoro ryiswe ‘Paris Peace Forum’ yiga ku buryo bwo kubaka amahoro n’umutekano birambye ku Isi. Mu bayitabiriye harimo abakuru b’ibihugu na za Guverinoma, aho bunguranye ibitekerezo nyuma y’umuhango wo kwibuka imyaka 100 ishize intambara ya Mbere y’Isi irangiye. Uyu muhango watangiye saa tanu zuzuye kuri “Arc de Triomphe”, ahari ikimenyetso cy’intwari z’Ubufaransa…
SOMA INKURUByemejwe ko mu bizamini by’akazi hakigaragaramo akarengane
Perezida w’Inama y’Abakomiseri muri komisiyo y’igihugu y’Abakozi ba Leta , Habiyakare François yavuze ko komisiyo yakiriye ubujuririre ku bizamini bugera kuri 138, hasanzwemo 38 bufite ishingiro. Yashimangiye ko ubujurire bwinshi bushingiye ku kudashyirwa mu myanya kw’abatsinze ibizamini by’akazi ariko ahanini usanga burimo ababa baratsinze, bigatahurwa yenda na komisiyo ko bakoze ikizamini batujuje ibisabwa, ibi akaba yarabivuze ubwo yari imbere y’Inteko rusange y’Inteko Ishinga Amategeko, imitwe yombi, atanga raporo y’ibikorwa byayo by’umwaka wa 2017/2018, tariki ya 1 Ugushyingo 2018. Habiyakare yanatangaje ko yakiriye raporo 104 z’amapiganwa, ibasha gusura inzego 26, eshanu…
SOMA INKURUAbagore bakwiriye guhagurukira kurwanya ruswa kuko aribo izahaza cyane-Mme Jeannette Kagame
Madamu Jeannette Kagame yavuze ko kurwanya ruswa muri Afurika bikwiye kuba ibya buri wese by’umwihariko abagore kuko ari bo bazahazwa cyane n’ingaruka zayo, ibi akaba yarabitangaje ejo hashije tariki 31 Ukwakira 2018, ubwo yatangizaga Inama y’iminsi ibiri yateguwe n’Inteko Ishinga Amategeko Nyafurika ku Burenganzira bw’Abagore igamije guhashya ruswa. Madamu Jeannette Kagame yavuze ko aho ruswa yageze nta mushoramari uhifuza kuko nta nyungu n’umutekano w’amafaranga ye aba ahabona. Yagaragaje kandi ko imunga imitangire ya serivisi nziza, ibikorwa remezo ntibikorwe cyangwa bigakorwa nabi ku buryo ingaruka zigaragara ku bagore n’abana. Yanavuze ko…
SOMA INKURUHasojwe ihuriro rya 11 rya Unity Club Intwararumuri hanashimirwa Abarinzi b’Igihango
Mu gusoza Ihuriro rya 11 rya Unity Club Intwararumuri ku mugoroba wo ku wa Gatanu, Perezida wa Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge, Bishop Rucyahana John, yasobanuye ko buri mwaka bafatanya n’uyu muryango gushimira Abarinzi b’igihango. Mu kubatoranya, yibukije ko hashingirwa ku gusuzuma imyitwarire yaranze ugirwa Umurinzi w’igihango, irimo kuba yaragize uruhare mu kurwanya amacakubiri, Jenoside n’ingengabitekerezo yayo. Kuri iyi nshuro, hatoranyijwe Umuhanzi Rugamba Cyprien; Musenyeri wa Diyozezi ya Gikongoro, Hakizimana Célestin; Mukandanga Dorothée wari umuyobozi wa “Ecole des Sciences infirmirèes de Kabgayi” mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi; n’Umuryango wa AERG. Mu…
SOMA INKURUIcyo CG Gasana Emmanuel yasabye abo azakorana nabo
Guverineri mushya w’Intara y’Amajyepfo, CG Gasana Emmanuel, yari amaze imyaka hafi 10 ku buyobozi bwa Polisi y’u Rwanda, agiye kuyobora Intara y’Amajyepfo asimbuye Marie Rose Mureshyankwano wayiyoboye kuva mu Ukwakira 2016, CG Gasana yasabye abo bazakorana gushirika ubute bagakorera hamwe kugira ngo bagere ku nshingano zabo zo guteza imbere Intara no kuzamura imibereho myiza y’abayituye Ejo hashize kuwa kane tariki 25 Ukwakira 2018 nyuma yo guherekanya ububasha na Marie Rose Mureshyankwano, CG Gasana Emmanuel yabwiye abo agiye gukorana nabo ko bakwiriye kwirinda ibintu bitandatu birimo ubunebwe, uburangare, kutavugisha ukuri, kwirara,…
SOMA INKURU