Nyuma yo gutwara ubuzima bw’abatari bake Boeing 737-8 Max na 737-9 Max zahagaritswe mu Rwanda

  U Rwanda rwiyongereye ku rutonde rw’ibindi bihugu birimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika, u Bushinwa, Singapore, Indonesia ndetse n’ibindi bigo byinshi by’indege byafashe umwanzuro wo gukumira mu kirere cy’u Rwanda ubwoko bw’indege bwa Boeing 737-8 Max na 737-9 Max nyuma y’impanuka iheruka kubera muri Ethiopia igahitana ubuzima bw’abagera ku 157. Icyi cyemezo cyafashwe nyuma y’uko mu gihe kitageze ku mezi atanu, ubu bwoko bw’indege bumaze kugaragara mu mpanuka ebyiri zikomeye zahitanye ubuzima bw’abari bazirimo, impanuka iherutse ni iya Boeing 737-8 Max ya Ethiopian Airlines yabaye ku Cyumweru gishize igahitana…

SOMA INKURU

Byemejwe ko kwibuka ku nshuro ya 25 u Bufaransa buzahagararirwa

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Richard Sezibera, kuri uyu wa Gatatu yatangarije  abanyamakuru ko hari ibimenyetso byerekana ko umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa uri kurushaho kugenda neza. Ibi yabitangaje nyuma y’aho  Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yemeje ko igihugu cye kizaba gihagarariwe mu bikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994, ubwo yari muri Ethiopie kuri uyu wa Kabiri, Perezida Macron yabajijwe n’abanyamakuru kuri ubu butumire bw’u Rwanda, asubiza ati “u Rwanda nibyo rwadutumiye mu bikorwa byo Kwibuka, ubutumire twarabwakiriye kandi ndemeza ko u…

SOMA INKURU

Perezida Kagame yitabiriye inama muri Afurika y’Epfo

Kuri uyu wa Gatatu tariki 6 Werurwe 2019, Perezida Kagame yitabiriye inama ya “YPO EDGE” imara iminsi ibiri igamije guha amahirwe, ubufasha ndetse no gutera ishyaka abayobozi bato ryo kongera kuvumbura ibishya ku giti cyabo ndetse no mu byo bakoramo, iyi nama ikaba irikubera i Cape Town muri Afurika y’Epfo,. Mu bihe bitandukanye Perezida Kagame yakunze kwakira amatsinda y’abagize Young Presidents’ Organization YPO,   i Kigali ndetse akitabira ibikorwa by’uyu muryango aho biba byateguwe hirya no hino ku Isi. Mu mwaka wa 2003, Young Presidents’ Organization (YPO) yahaye igihembo Perezida Kagame, cyitwa…

SOMA INKURU

Mu gihe hakenewe itangazamakuru ry’icyerekezo, abo bireba bagaragaza inzitizi

Mu kiganiro Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama Nkuru y’Itangazamakuru Peacemaker Mbungiramihigo  yagiranye na bamwe mu bakuru b’ibitangazamakuru byigenga bikorera mu Rwanda bari mu mahugurwa kuwa 21 Mutarama 2019  mu Karere ka Musanze, yabatangarije ko mu mwaka wa 2019 mu Rwanda hakenewe itangazamakuru rifite icyerekezo ndetse rijyendana n’iterambere ry’isi, baharanira kugira ireme mubyo batangaza ndetse bigahuza n’ibyifuzo by’abakunzi b’ibitangazamakuru byabo hamwe no guharanira gukora bunguka, ariko nubwo yatangaje ibi abayobozi b’ibitangazamakuru banyuranye batangarije umuringanews.com imbongamizi zikomeye bahura nazo zibabuza kuba ab’icyerekezo. Abayobozi b’ibinyamakuru banyuranye bagiye batangaza ko imbogamizi zikomeye bahura nazo harimo ubwisanzure…

SOMA INKURU

Afurika igomba kugena ahazaza hayo –Perezida Kagame

Mu nama ya 49 y’ihuriro ryiga k’ubukungu bw’isi (Wef19)  ihuje abakuru b’ibihugu na za Guverinoma barenga 65 iri kubera i Davos mu Busuwisi, mu bayitabiriye harimo Perezida Kagame unayoboye umuryango w’Ubumwe bwa Afurika, muri iyi nama akaba  yavuze  ko Afurika yamaze igihe kinini iharira inshingano z’iterambere ryayo abandi, gusa ngo kuri ubu ibi byarahindutse.  Ati “Iki nicyo gihe cyiza cyo kugira ngo Afurika ifate iya mbere mu kugena ahazaza hayo. Hashize igihe kinini duharira abandi ibijyanye no kumenya gahunda y’ibikorwa byacu, bamwe bakaboneraho bakikuriramo inyungu zabo”. Perezida Kagame yibukije ko…

SOMA INKURU

Basabwe imbaraga mu kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana nk’uko bashakisha amaturo

Umuyobozi Mukuru w’ikigo gishinzwe Igororamuco (NRS), Bosenibamwe Aimé, yasabye amadini n’amatorero agize ihuriro ry’Abaprotestanti mu Rwanda, CPR, gushyira imbaraga mu kurandura ihohoterwa rikorerwa abana, nk’izo bashyira mu kwaka abakristo icya cumi n’amaturo. Ubufatanye mu guhangana n’iki kibazo ngo nibwo bwatuma igihugu kibasha kurandura ihohoterwa rikorerwa abana, nk’inzira irambye yo guca ubuzererezi. Bosenibamwe yabivuze kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Mutarama 2018, yitabiriye inama nyunguranabitekerezo ku kibazo cy’ihohoterwa, yateguwe na CPR. Iyo nama yamurikiwemo raporo ku ikusanyamakuru ryakorewe mu madini n’amatorero 20 bigize uyu iri huriro. Intumwa zakoze iri kusanyamakuru zabwiye…

SOMA INKURU

Abapolisi 140 berekeje mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique

Itsinda ry’abapolisi 140 berekeje mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Centrafrique (MINUSCA) aho biteganyijwe ko bazamara umwaka. Abapolisi bahagurutse ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali mu gitondo cyo kuri uyu wa 17 Mutarama 2019, batwawe n’indege ya RwandAir. Iri tsinda rigize umutwe wihariye (Specialized Protection and Support Unit) rifite intego yo kurinda abayobozi bakuru b’igihugu n’ibindi bikorwa byagutse bya Loni. Riyobowe na CSP Kabanda Emmanuel wakoraga mu Ishami ry’Ubuvugizi muri Polisi y’Igihugu. Rigiye gusimbura iry’abandi bapolisi 140 bavuye mu butumwa bakoreraga muri Centrafrique, igihugu cyugarijwe n’intambara zishingiye ku…

SOMA INKURU

Guverinoma y’u Rwanda ikomeje kwihanganisha abanya Kenya

Ku gicamunsi cy’ejo hashize kuwa 15 Mutarama 2019 nibwo abantu bagera kuri bane bavuye mu modoka bambaye imyenda irinda amasasu bagaba igitero ku nyubako ya 14 “Riverside Drive” irimo hotel Dusit muri Westlands mu Mujyi wa Nairobi. Abagabye iki gitero binjiye muri hotel Dusit bihishe amasura, barenga ahari abashinzwe umutekano ku ngufu, babateramo grenade nyuma barakomeza bakwirakwira muri restaurant yayo barasa abatanga serivisi.     Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu Guverinoma ya Kenya yatangaje ko abantu 14 ari bo bamaze kumenyekana ko baguye muri icyo gitero cyigambwe n’umutwe…

SOMA INKURU

Perezida Obiang Nguema abimburiye abandi gusura u Rwanda mu mwaka wa 2019

Perezida wa repubulika Paul Kagame arakira Perezida wa Guinée Equatoriale, Teodoro Obiang Nguema Mbasogo, ubimburiye abandi ba perezida bazasura u Rwanda muri uyu mwaka wa 2019. Biteganyijwe ko kuri uyu wa mbere taliki ya 14 mutarama 2019 aribwo Perezida Kagame yakira muri Village Urugwiro uyu mukuru w’igihugu cya Guinea Equatoriale. Obiang Nguema yaherukaga i Kigali muri Nyakanga 2016 yitabiriye inama ya AU ndetse no muri 2014 yari yaje mu Rwanda mu mwaka wa 2014 mu ruzinduko rw’akazi rwasize ibihugu byombi bisinyanye amasezerano y’imikoranire irimo ubufatanye mu nzego z’imiyoborere myiza, gutwara…

SOMA INKURU

Inzego z’ibanze zitanga raporo z’ibinyoma zihanangirijwe

Kuri uyu wa mbere tariki 7 Mutarama 2019 ubwo hatangizwaga ihuriro ry’iminsi ibiri rihuza abayobozi b’inzego z’ibanze i Nyamata mu Karere ka Bugesera, Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yababwiye ko bagomba kurushaho kunoza igenamigambi ry’ibikorwa by’inzego z’ibanze, iteka rigashingira ku mibare ifatika kandi itabeshya. Ati “Ndifuza kubibutsa ko ubu hashyizweho itegeko rihana abatanga imibare itariyo kuko bituma igihugu gikora igenamigambi ridakemura ibibazo by’abaturage.  Uyu muco utari mwiza bamwe bita gutekinika ugomba gucika burundu”. Dr. Ngirente yavuze ko Guverinoma y’u Rwanda itazigera yihanganira umuyobozi uwo ariwe wese utanga imibare n’amakuru bitari byo.…

SOMA INKURU