Lionel Messi yongeye kugaragaza impano ye idasanzwe, afasha Inter Miami kubona intsinzi yayo ya mbere mu mikino y’Igikombe cy’Isi cy’Amakipe, nyuma yo gutsinda FC Porto ibitego 2-1 mu mukino w’ishiraniro wabereye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ni umukino wa kabiri w’iyi kipe muri Itsinda A, aho yaherukaga kunganya na Al Ahly 0-0, bikaba byari byongereye igitutu kuri Messi n’abandi bakinnyi be basabwaga intsinzi y’agaciro. Ku ikubitiro FC Porto ku munota wa 8 yabonye penaliti nyuma y’ikosa rikorewe mu rubuga rw’amahina. Samu Aghehowa yayivanyemo igitego cyabaye nk’igitangira urugamba ku ruhande…
SOMA INKURUCategory: Imikino
Rayon Sports yahanwe: Izakina imikino isoza shampiyona nta bafana
Nyuma y’imvururu zavutse mu mukino w’umunsi wa 28 wa shampiyona hagati ya Bugesera FC na Rayon Sports, Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryafatiye Rayon Sports igihano gikomeye: kutongera gukinira imbere y’abafana bayo mu mikino ibiri ya nyuma y’uyu mwaka w’imikino. Ibi byemezo byafashwe ku wa Mbere, tariki 19 Gicurasi 2025, mu nama idasanzwe yateranye kuri FERWAFA binyuze muri Komisiyo ishinzwe amarushanwa. Hakoreshejwe ingingo ya 21 y’amategeko agenga shampiyona, yasuzumye imyitwarire y’abafana ba Rayon Sports yagaragaye nk’itemewe, maze hafatwa icyemezo ko iyi kipe izakina nta bafana mu mikino ibiri isigaye.…
SOMA INKURUImvururu muri shampiyona, imisifurire ya ruhago Nyarwanda ikomeje kuvugisha benshi
Ku munsi wa 28 wa Shampiyonay’u Rwanda, umukino wahuje Bugesera ari nayo yakiriye na Rayon Sports, wabaye udasanzwe nyuma y’aho ku munota wa 52 umukino wahagaze nyuma y’amakimbirane ikipe ya Rayon ishinja abasifuzi kuyiba, bikaba byaranabyaye igisa nk’imyigaragambyo ariko MINISPOC ikaba yatangaje ko iri gukurikirana iki kibazo. Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X yatangaje ko uru rwego rwiteguye gukurikirana ikibazo cy’imvururu cyagaragaye ku mukino wa Bugesera FC na Rayon Sports kuri uyu wa Gatandatu. Ati “Mwiriwe neza! Hari amakuru twakomeje kubona ajyanye n’umukino wahuje…
SOMA INKURUMu myiteguro ya BAL 2025, ikipe ya APR BBC yagize kirogoya
Imyiteguro yo kwitabira BAL 2025 ku ikipe ya APR BBC, ikomeje gukomwa mu nkokora nyuma y’aho abakinnyi bayo bakomeye bagiriye imvune ikomeye mu mukino uheruka. Abo bakinnye bateje ikibazo mu myiteguro y’iyi kipe ni Shema Osborn na Nobel Boungou Colo bagiriye imvune zikomeye mu mukino wa nyuma w’irushanwa ryo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Shema ni umwe mu bakinnyi ngenderwaho mu ikipe yiIgihugu ndetse na Nobel kuko ni umwe mu bakinnyi bashya Ikipe ya APR yaguze mu rwego rwo guha imbaraga iyi kipe bitegura amarushanwa…
SOMA INKURUNyuma yo kwitwara nabi imbere y’abafana, Amavubi yasubiye inyuma ku rutonde rwa FIFA
Ku rutonde rw’Ishyirahamwe rya Ruhago ku Isi “FIFA” ikipe y’u Rwanda “Amavubi” mu mwaka ushize Ukuboza yari ku mwanya w’i 124, ariko nyuma y’imikino 2 yakiniye iwayo igatsindwa ndetse ikananganya bishobora kuyisubiza inyuma ku myanya 6 ikaba yakwisanga ku mwanya w’i130. Ibi bikaba byaturutse ku mukino yatsinzwe na Nigeria ibitego 2-0 hamwe no kunganya n’ikipe ya Lesotho igitego 1-1 mu mikino yo gushaka igikombe cy’isi, bikaba byaratumye amavubi atakaza amanota 7. Uretse ikipe y’u Rwanda “Amavubi”, muri Afurika andi makipe ataritwaye neza muri iyi mikino harimo ri Guinée-Bissau yatakaje imyanya…
SOMA INKURUAmagaju FC yakoze mu ijisho APR FC
Mu mukino watangiye uryoheye ijisho mu gihe cya mbere, aho ku ruhande rw’Amagaju FC Useni Kiza Seraphin yagerageje gushimisha abari muri Stade, ku ruhande rwa APR FC Dauda Yussif Seif nawe ari nako ashimisha abafana, ariko byarangiye ku nshuro Amagaju akoze mu ijisho abafana ba APR FC. Ibi bikaba byabaye kuri iki Cyumweru tariki 12 Mutarama 2025, aho ikipe y’Amagaju FC yatsindiye APR FC kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye 1-0, mu mukino w’umunsi wa 15 wa shampiyona, akora amateka wo kuyitsinda bwa mbere. Umunya-Ghana Dauda Yussif ku munota wa 32,…
SOMA INKURUAPR ikomeje kongera amaraso mashya mu ikipe
Umwe mu bayobozi ba APR FC yemeje ko bamaze gusinyisha umugande Hakim Kiwanuka, uri mu bakinnyi bahagaze neza muri Uganda Premier League. Hakim Kiwanuka yageze muri Villla SC muri Nzeri 2023, avuye muri Proline FC ndete yigeze kujya mu igerageza i Burayi. Kiwanuka ni umukinnyi usatira izamu anyuze iburyo, akaba ari we watsinze igitego cyafashije Uganda gusezerera u Burundi mu ijonjora rya kabiri cya CHAN 2024 mu mpera z’Ukuboza, akaba yari asigaje umwaka n’igice, kugira ngo ahabwe amasezerano y’imyaka ibiri mu Ikipe y’Ingabo z’Igihugu. Mu mwaka w’imikino ushize, yafashije Jogoo…
SOMA INKURUManchester United coaching exit ‘hurt’ Ruud van Nistelrooy
United’s former interim head coach says he was disappointed to leave the club after Ruben Amorim’s arrival as the new permanent manager. Former Manchester United forward Ruud van Nistelrooy says he was disappointed to leave the club after his successful spell as interim coach came to an end with the appointment of Ruben Amorim as the club’s new full-time manager but the Dutchman understands why Amorim wanted to bring his own assistants into the club. “I was disappointed, yeah, very much so, and it hurt that I had to leave,”…
SOMA INKURUDrake icyamamare mu muziki wa USA yahombejwe na Mike Tyson asaga miliyoni 400 ku mukino umwe
Umukino w’iteramakofe wabereye kuri AT&T Stadium Arlington, muri Leta ya Texas, wahuje Mike Tyson na Jake Paul, wahombeje umuraperi Graham (Drake) Amadorali 335,000 ni ukuvuga asaga miliyoni 400 z’amafaranga y’u Rwanda. Ibi byabaye nyuma y’uko abari bagize akanama nkemurampaka bahurije ku kuba Jake Paul wamamaye kuri YouTube no ku mbuga nkoranyambaga, ari we utsinze nyuma yo kugira amanota 80-72, 79-73 na 79-73, mu gihe umuraperi Aubrey Drake yari yayategeye Mike Tyson kariya kayabo k’amafaranga kugira ngo atsinde uyu mukino w’iteramakofe. Ikinyamakuru The Vanguard, kivuga ko Mike Tyson iyo aza gutsinda,…
SOMA INKURUIkipe ya PSG ikomeje kwinangira kwishyura umwenda ifitiye Kylian Mbappé
Nubwo ikipe PSG yategetswe na Ligue de Football Professionnel (LFP), ishinzwe gucunga ibikorwa byose bijyanye n’umupira w’amaguru muri Federasiyo y’Umupira w’amaguru w’umwuga mu Bufaransa, igomba kwishyura umwenda ifitiye Kylian Mbappé, ariko yo ikomeje kubyanga kugeza n’ejo ku wa Gatanu tariki 25 Ukwakira 2024, nk’uko byatagajwe n’ibinyamakuru bitandukanye harimo na France 24. Komisiyo yo muri Ligue de Football Professionnel (LFP), yari yemeje ko ikipe ya PSG igomba guha Kylian Mbappé miliyoni 55 z’Amayero z’umwenda imubereyemo, ariko iyi kipe yaraye itangaje ko itazabikora. Uwo mwenda Kylian Mbappé yishyuza ikipe ya PSG yahoze…
SOMA INKURU