Covid-19 yongeye gukaza ubukana ku isi n’u Rwanda rudasigaye

Kuri uyu wa gatatu tariki ya 11 Ugushyingo 2020, Minisiteri y’Ubuzima yatangaje urupfu rw’umugabo w’imyaka 88 ubaye uwa 41 wishwe na COVID-19 mu Rwanda,umubare w’abamaze guhitanwa n’iki cyorezo ni 0.8%. Uyu mugabo abaye uwa 5 wishwe na COVID-19 ukomoka mu Karere ka Rwamagana mu minsi itatu gusa. Uyu munsi kandi, habonetse abarwayi bashya 50 barimo 27 bapimwe muri Gereza ya Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, batandatu bo mu Karere ka  Kirehe, 12 bapimwe mu bibasiwe kurusha abandi mu Karere ka Rubavu na batanu bo mu Karere ka Rwamagana. Uyu munsi  hakize abantu bashya…

SOMA INKURU

Abaturarwanda baraburirwa ku cyorezo cya Covid-19

Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu n’iy’ubuzima zaburiye abaturage ko hashobora kugaruka gahunda ya guma mu rugo mu gihe cyose byaba bikomeje kugaragara bakomeje kutubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid 19. Ibi biraterwa n’uko hirya no hino mu gihugu harimo kugaragara kudohoka ku ngamba zo kwirinda iki cyorezo. Kwambara agapfukamunwa neza, gukaraba intoki n’amazi neza ndetse no guhana intera ni ingamba leta y’u Rwanda yashyizeho zigamije kurwanya iki cyorezo cya covid-19. Gusa uko hirya no hino mu mihanda n’ahandi hatangirwa serivisi hari abaturage bakigaragara batambaye udupfukamunwa, abandi batwambaye nabi. Hari hamwe muho…

SOMA INKURU

Rwanda: Umubare w’abanduye Covid-19 wongeye kuzamuka

Ejo hashize kuwa Mbere tariki ya 09 Ugushyingo 2020, Minisiteriy’Ubuzima yatangaje ko habonetse abarwayi bashya 20 barimo umwe wabonetse mu Mujyi wa  Kigali, batatu bo mu Karere ka Huye, umwe wo mu Karere ka Kayonza, umwe wo mu Karere ka Kirehe na 14 babonetse mu Karere ka Rwamagana. Hanatangajwe urupfu rw’abagabo babiri b’imyaka 45 y’amavuko bishwe na COVID-19, bakaba batumye umubare w’abamaze guhitanwa n’icyo cyorezo mu Rwanda ugera kuri 38, bangana na 0.7 by’abamaze kwandura. Bivugwa ko abo bagabo bombi bahitanywe n’icyo cyorezo bakomoka mu Karere ka Rwamagana. Minisiteri y’Ubuziima yihanganishije…

SOMA INKURU

Muhanga: Umubare w’abanyeshuri batewe inda wavugishije benshi

Ubwo abadepite bari mu Karere ka Muhanga mu rwego rwo gusuzuma uko ingamba zo kwirinda COVID-19 zubahirizwa mu bigo by’amashuri kuva byafungura, bagejejweho raporo zatanzwe n’abayobozi b’ibigo by’amashuri zerekana ko abakobwa 243 babaruwe mu mirenge yose y’aka akarere, batewe inda mu mezi bamaze batiga bari iwabo. Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Madamu Kayitare Jacqueline, kuri uyu wa gatatu tariki 04 Ugushyingo 2020, yabwiye umuseke dukesha iyi nkuru ko bariya bakobwa batewe inda barimo abatuye cyangwa abiga i Muhanga ariko mu biruhuko bagataha hirya no hino mu tundi turere. Ati “Icyorezo cyatuzaniye…

SOMA INKURU

Covid-19: Imbarutso kuri bamwe yo kwisanga mu ihurizo ry’ubuzima

Nubwo Covid-19 yatangiye kumvikana ku isi  mu mpera z’umwaka ushize wa 2019 mu gihugu cy’Ubushinwa, hari bamwe badatinya kuvuga ko bumvaga ko ari indwara y’abazungu, itazigera igera  muri Afurika by’umwihariko mu Rwanda, cyane ko hari ibyorezo byinshi byagiye byirindwa ndetse byari no mu bihugu by’abaturanyi, ariko bigakumirwa, kuri bo umunsi Covid-19 yageze mu Rwanda byabaye intangiriro yo guhangana n’ihurizo rikomeye ry’ubuzima, aho hari n’abo iki cyorezo cyashoye mu bwihebe. Ubwo ikinyamakuru umuringanews.com cyasuraga umuryango wa Mukantwari Letitia ugizwe n’abantu umunani, utuye mu Mudugudu Birama, Akagali ka Kimisagara, Umurenge wa Kimisagara,…

SOMA INKURU

Covid-19 yatumye abura ibyo yamenyereye ata umugore

Usanga hari abadatinya kwemeza ko ibihe bya ‘guma mu rugo’ byabyukije kamere z’abashakanye zari zihishe ahantu,  kubera amasaha menshi bamaranaga bityo kwihangana no kwimunyamunya bikananirana, aho hari abadatinya kuvuga Covid-19 uretse kujegajeza ubukungu bw’isi, yanibasiye ingo z’abatari bake, aho utari uzi imico ya mugenzi we yayimenye muri kiriya gihe, n’aho ingo zajegajegaga zahuhutse. Mutuyimana Agnes, utuye mu murenge wa Nyaruguga, yatangaje ko muri ibi bihe bya Covid19 umugabo yamutaye arigendera, yemeje ko bari basanzwe babanye nabi, aho yamukubitaga bikomeye, hejuru y’ibyo akamufata ku ngufu kandi nta kintu amariye urugo, uretse…

SOMA INKURU

Ihohoterwa yakorewe mu bihe bya Covid-19 ryamuviriyemo gutakaza umwana

Muri ibi bihe bitoroshye byo guhangana n’icyorezo cya Covid-19 u Rwanda rurimo, hari abagore bakorewe ihohoterwa rikomeye, nubwo inzego zinyuranye za leta zihora zikangurira abaturarwanda by’umwihariko abashakanye kwirinda ibikorwa byose biganisha ku ihohoterwa. Ariko nubwo bimeze gutya uwitwa Bamutake Furaha mu bihe bya guma mu rugo yakorewe ihohoterwa rikomeye n’umugabo we binamuviramo kubura imfura ye. Bamutake Furaha utuye mu murenge wa Masaka, akarere ka Kicukiro, yatangaje ko  mu bihe bya ‘guma mu rugo’ Covid-19 ikigera mu Rwanda habayeho ihohoterwa cyane, akaba yeremeje ko umugabo yamukubise atwite inda y’ imfura yabo…

SOMA INKURU

Icyihishe inyuma y’ihohoterwa rikorerwa abagore muri iki gihe cya Covid-19

Kuva tariki 14 Werurwe 2020 Covid-19 yagera mu Rwanda, habayeho impinduka zinyuramo z’ubuzima, muri zo harimo ubwiyongere bw’ihohoterwa rikorerwa abagore, akaba ari nacyo kibazo bamwe mu bagore bo mu murenge wa Gikondo, mu karere ka Kicukiro, bafite. Nyinawajambo Matilida yatangaje ko mu gihe cya ‘guma mu rugo’ yarushijeho guhohoterwa, umugabo aramukubita kandi ijoro ryagera agafatwa ku ngufu, ariko ubu byageze ku rundi rwego kuko yanamukomerekeje mu isura. Ati ” Umugabo arankubita, akantoteza bikomeye, iyo ngiye gupagasa aba yumva hari aho namwikinze nkarya, nkanywa, ngahura n’abagabo mu gasozi. Mu gihe cya…

SOMA INKURU

Ingaruka za Covid-19 zabashoye gukora mu tubari zibavanye mu ishuri

Nubwo bizwi neza ko kuva Covid-19 yagera mu Rwanda muri Werurwe 2020, amezi akaba yihiritse asaga arindwi, zimwe muri serivisi zahagaze harimo utubari ariko ntibibuza ko hirya no hino muri Kigali uhasanga utubari dukora ariko twarashyizemo ibiryo. Akaba ari muri urwo rwego hasuwe akabari kanatanga ibiryo kari mu karere ka Kicukiro, umurenge wa Kanombe, bamwe mu bakozi bagakoramo harimo abakobwa babiri biyemerera ko ari abanyeshuri, ariko urugendo rw’amasomo yabo rwarangiriye muri ako kazi, ko gahunda yo gusubira ku ishuri bo ntayo bafite. Nzamukosha Lydia umukobwa w’imyaka 18, utarashatse gutangaza umurenge…

SOMA INKURU

Bagizweho ingaruka zikomeye biturutse ku cyenewabo mu tubari twahindutse resitora

Nyuma y’aho Covid-19 igeze mu Rwanda, utubari ntitwemerewe gukora kugeza ubu, udukora natwo ni utwashyizemo ibiribwa, ariko usanga akenshi ba nyiri utubari baragabanyije abakozi basigarana bake, aho binavugwa ko abenshi basigaye bikorera bo ubwabo, bakoresha abana babo ndetse n’abo mu miryango yabo, hagamijwe guhangana n’ingaruka za Covid-19. Uku kugabanya abakozi mu tubari twongewemo resitora ndetse hakiyongeraho ikimenyane gihetse icyenewabo, bamwe mu bakoragamo batangaza ko bashaririwe n’ubuzima, aho bamwe badatinya gutangaza ko nta cyizere cy’ejo hazaza bagifite. Uwizeye Alicia utuye mu karere ka Nyarugenge, umurenge wa Kimisagara, akagali ka Katabaro, wakoraga…

SOMA INKURU