Ikigo gishinzwe kugenzura ibiribwa n’imiti mu Rwanda (Rwanda FDA), cyahagaritse ikwirakwiza n’ikoreshwa ry’imiti ya Broncalène Enfants Sirop na Broncalène Adultes Sirop, kubera ingaruka ishobora kugira ku bayikoresha. Ikigo gishinzwe kugenzura imiti n’ibindi bikoresho byo mu rwego rw’ubuzima mu Bufaransa (ANSM) nacyo giheruka guhagarika ikwirakwizwa n’ikoreshwa ry’iyi miti ivura inkorora, kubera ikinyabutabire cya pholcodine cyifashishwamo. Ni imiti yaherukaga no guhagarikwa n’uruganda Melisana Pharma rusanzwe ruyikora. Ibaruwa yashyizweho umukono n’Umuyobozi mukuru wa Rwanda FDA, Dr. Emile Bienvenu, yakomeje iti “Ikurwa ku isoko ry’iyo miti ryashingiye ku byavuye ku byavuye mu bushakashatsi kuri…
SOMA INKURUCategory: Ubuzima
Barasaba Laboratwari y’u Rwanda y’ibimenyetso bishingiye ku bumenyi n’ubuhanga hafi yabo
Kuri uyu wa gatandatu, tariki 17 Nzeli ubwo abaturage bo mu karere ka Nyagatare basobanurirwaga n’imikorere ya Laboratwari y’u Rwanda y’ibimenyetso bishingiye ku bumenyi n’ubuhanga byifashishwa mu butabera, basabye ko bakwegerezwa ishami ryayo kuko byabafasha cyane mu butabera. Ni mu bukangurambaga iyi laboratwari yatangiye bwo kuzenguruka uturere isobanurira abaturage imikorere ya RFL kugira ngo abaturage babashe gusobanukirwa na serivisi gitanga batangire bayigane ku bwinshi. Muri serivisi batanga basobanuriye abaturage harimo serivisi yo gupima uturemangingo ndangasano, serivisi yo gupima uburozi n’ingano za alcohol iri mu maraso, serivisi yo gupima ibiyobyabwenge n’ibinyabutabire,…
SOMA INKURUKarongi: Abana basaga ibihumbi 12 bibasiwe n’igwingira
Nyuma y’isesengura ryakozwe n’akarere ka karongi ryagaragaje ko abana bari munsi y’imyaka itanu bagwingiye barenga ibihumbi 12. Umwaka wa 2022 watangiye abayobozi b’akarere ka Karongi bazi ko akarere gafite abana 32,4% bagwingiye ariko batazi abo bana abo aribo n’aho baherereye. Inama yahuje abayobozi b’uturere bungirije bashinzwe imibereho myiza mu Ntara y’Iburengerazuba muri Werurwe, yagaragaje ko kutamenya imyirondoro y’abana bagwingiye ngo imiryango yabo yitabweho by’umwihariko biri mu bituma igwingira ridacika. Nyuma y’iyo nama akarere ka Karongi kapimye abana bose batarengeje imyaka 5, gasanga mu bana 41 420 batarageza kuri iyo myaka,…
SOMA INKURUGicumbi: Umwana wasambanyijwe na se yemeza ko yatereranwe
Haravugwa umugabo wacunze umugore we adahari agasambanya umukobwa we w’umwangavu, none ubu umwana yabuze ubufasha. Byabereye mu karere ka Gicumbi, mu murenge wa Kageyo, akagari ka Muhondo muri uyu mwaka. Uyu mukobwa waganiriye na BTN, yatangaje ko hashize igihe ababyeyi be batandukanye agasigarana na se umubyara mu mu rugo ari nabyo byamuhaye urwaho rwo kumusambanya. Ati “Mama na papa baje gutandukana twebwe abana bato dusigarana na Papa hanyuma aza kugira ingeso mbi amfata ku ngufu mfite imyaka 13.” Ngo si ubwa mbere uwo mugabo akoze ayo mahano kuko yabikoze no…
SOMA INKURUBabiri bakekwaho kwica abantu 10 barahigwa bukware
Abantu bagera ku 10 bishwe n’abandi 15 barakomereka mu bwicanyi bwo gutera abantu ibyuma mu ntara ya Saskatchewan muri Canada, nk’uko polisi ibivuga. Abahohotewe basanzwe ahantu 13, naho abagabo babiri bacyekwa Damien Sanderson na Myles Sanderson ubu barimo guhigwa, polisi yavuze ko bitwaje intwaro. Abatuye mu gace bacyekwamo basabwe kuguma mu nzu zabo mu gihe aba bagabo barimo guhigishwa uruhindu mu karere kanini. Polisi yo mu ntara ya Saskatchewan yanditse kuri Twitter iti: “Ntuve ahantu hatekanye. Igengesere mu kwemerera abantu kwinjira iwawe”. Bariyeri zashyizwe ku mihanda aho polisi irimo kureba…
SOMA INKURURuhango: Umugabo yishe umugore we amuziza mitiweli
Mu murenge wa Mwendo, mu karere ka Ruhango, umugabo akurikiranywe acyekwaho icyaha cyo kwica umugore we amutemesheje umuhoro. Byabereye mu mudugudu wa Ruhamagariro, mu kagari ka Gafunzo ku mugoroba wo kuwa kabiri, tariki ya 16 Kanama 2022 ahagana saa mbiri n’igice z’ijoro. Amakuru aturuka muri uwo murenge avuga ko uwo mugabo yishe umugore we witwaga Yankurije Vestine w’imyaka 26 y’amavuko ubwo yari aje kumusaba amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza. Uwo mugabo w’imyaka 36 na Yankurije ntabwo bari baresezeranye mu buryo bwemewe n’amategeko kandi bari batakibana. Bari barabyaranye umwana umwe. Umuyobozi w’akarere…
SOMA INKURUKigali: Impamvu nyamukuru zabujije bamwe kwitabira mitiweli
Kuri uyu wa Mbere, mu Mujyi wa Kigali hatangiye igikorwa cy’ubugenzuzi mu midugudu kuri gahunda yo kwishyura ubwisungane mu kwivuza, Mituelle de Sante, bamwe mu baturage bakaba bavuga ko ikibazo cy’amikoro make no kutagira icyiciro cy’ubudehe ari zimwe mu mpamvu zatumye badatanga imisanzu ya mutuelle ku gihe. Iki gikorwa cy’ubugenzuzi kije mu gihe imibare y’ikigo cy’ ubwiteganyirize mu Rwanda, RSSB igaragaza ko uturere 3 tugize Umujyi wa Kigali, Kicukiro, Nyarugenge na Gasabo aritwo tuza mu myanya 3 ya nyuma mu kwishyura ubwisungane mu kwivuza mu gihugu. Ni igikorwa cyatangiriye mu…
SOMA INKURUTeta Sandra wakorewe ihohoterwa rikomeye yaba agiye guhabwa ubutabazi
Nyuma y’iminsi bivugwa ko Teta Sandra yagiranye ibibazo n’umugabo we Weasel, amakuru mashya ahari avuga ko ababyeyi b’uyu mukobwa bageze i Kampala aho bagiye gushakisha umwana wabo. Daniella Atim, umugore wa Jose Chameleone wiyemeje gufasha Teta Sandra kuva mu bibazo arimo, yahishuye ko ababyeyi b’uyu mugore bamaze iminsi ibiri muri Uganda bari gushakisha umwana wabo mu gihe we arwana no kubihisha. Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, Daniella yatanze nimero z’umuryango utegamiye kuri Leta wifuza gufasha Teta Sandra, ahamya ko uzi ababyeyi b’uyu mukobwa yazibaha bagafashwa kubona umwana wabo bakomeje…
SOMA INKURUMUSANZE: Abasigajwe inyuma n’amateka baratabaza
Nyuma y’aho icyorezo cya Covid-19 cyibasiye isi n’u Rwanda rudasigaye, abasigajwe inyuma n’amateka bo mu mirenge ya Kinigi na Nyange, mu karere ka Musanze, intara y’Amajyaruguru, batangaza ko iki cyorezo cyabateje ibibazo binyuranye, harimo ibyabatwarira ubuzima baramutse badahawe ubufasha mu maguru mashya. Ukigera aho aba basigajwe inyuma n’amateka batuye benshi muri bo bibera mu nzu zidahomye, iyo uri hanze ureba mu nzu, winjiye mu nzu nta kintu kiba kirimo uretse utugozi turiho imyenda nayo mike, mu byumba usanga ahenshi nta buriri burangwamo n’aho buri ugasanga ari agakarito kibereyemo, mu gihe…
SOMA INKURURuhango: Abafite ubumuga baratunga agatoki ababatererana
Mu Karere ka Ruhango, mu murenge wa Ntongwe, hari abafite ubumuga bavuga ko batagerwaho n’ubufasha butangwa n’inzego za leta ndetse n’imiryango y’ abafite ubumuga. Bavuga ko bibabaje kuba hari umuntu ufite ubumuga umaze imyaka itatu aba ku muhanda kandi ubuyobozi bw’ibanze bubizi. Abaturage bemeza ko ikosa ari iry’ubuyobozi n’imiryango y’abafite ubumuga, budakurikirana icyo kibazo ng0 gishakirwe umuti. Samuel Cleophas ni umwe mu bafite ubumuga butandukanye, aba mu mudugudu wa Gasuna, akagali ka Kebero, umurenge wa Ntongwe mu karere ka Ruhango. Amaze imyaka itatu aba mu Muhanda mu gace ka Gikoma,…
SOMA INKURU