Indwara y’igituntu ikomeje kwiyongera kandi ntiyibasira ibihaha gusa -Dr Byiringiro

Impuguke mu buzima zivuga ko indwara y’igituntu itibasira ibihaha gusa nk’uko abenshi babizi ahubwo ishobora kwibasira n’ibindi bice by’umubiri bitandukanye. Dr Byiringiro Rusisiro ukuriye agashami gakurikirana indwara y’igituntu mu ishami ry’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) avuga ko hakiri ikibazo aho usanga hari abatazi uko igituntu cyandura. Asobanura ko iyi ndwara yandurira mu mwuka ndetse uretse ibihaha ishobora gufata n’indi myanya y’umubiri. Yagize ati: “Indwara y’igituntu yandura mu buryo bworoshye kuko yandurira mu mwuka aho uyirwaye akwirakwiza agakoko kayitera iyo aririmba, aseka, avuga cyangwa yitsamura.” Dr Byiringiro akomeza atangaza ko agakoko…

SOMA INKURU

Ubuholandi: Umugabo witwaje imbunda yishe abantu

Polisi y’Ubuholandi yataye muri yombi umugabo witwaje imbunda wishe abantu batatu mu bitero bibiri mu mujyi wa Rotterdam. Polisi ivuga ko ku wa kane uwo mugabo wagabye ibyo bitero, w’imyaka 32, yarashe ku rugo mbere yo kurutwika, nuko yirara mu bitaro byitwa Erasmus Medical Center byo muri uwo mujyi. Yari umunyeshuri kuri Kaminuza ya Erasmus University, ishamikiye kuri ibyo bitaro. Umugore w’imyaka 39 n’umukobwa we w’imyaka 14, biciwe mu gitero cya mbere. Umwarimu wa kaminuza w’umugabo, w’imyaka 43, yishwe arasiwe kuri ibyo bitaro. Amashusho yagiye ahagaragara yerekana umugabo wambaye imyenda…

SOMA INKURU

Ibiza bimaze gutwara ubuzima bw’abatari bake mu kwezi kumwe

Kuva tariki 1 kugeza kuri 28 Nzeli 2023 imvura y’umuhindo yateje ibiza bimaze kwica abantu 20, abagera kuri 58 barakomeretse. Ibi bikaba byatangajwe na Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi. Abishwe n’ibiza muri uku kwezi 1/2 cyabo bishwe n’inkuba zinakomeretsa abandi 43. Imibare inagaragaza ko ibi biza byangije ibyumba by’amashuri 37 binasenye inzu 499 binangiza hegitari 58 z’imyaka ndetse byica inka ebyiri n’andi matungo 123. Umunyamabanga uhoraho muri iyi Minisiteri, Habinshuti Philippe, yasabye Abanyarwanda gukomeza kwitwararika, bakubahiriza inama bagirwa n’inzego z’ubuyobozi, bakirinda inkuba kandi bakava ahashyira ubuzima bwabo mu kaga. Yanasabye abaturage kurwanya…

SOMA INKURU

Researchers list 7 tricks to help prevent depression in everyday life

Researchers have revealed seven healthy lifestyle factors that reduce the risk of depression, according to a recent study published in the journal Nature Mental Health. It has been determined that maintaining good quality sleep, engaging in regular physical activity, fostering frequent social connections, refraining from smoking, and limiting alcohol consumption are lifestyle factors that can decrease the risk of depression. Read on to find out what they are and how you can avoid the gloom. Adequate sleep The researchers concluded that sleep was the most important factor, stressing that between seven…

SOMA INKURU

Barasaba ubufasha mu kwirinda malariya

Ubushakashatsi bwa gatandatu ku buzima n’imibereho bwagaragaje ko 34% by’ingo mu Rwanda zidatunze inzitiramibu, ariko kandi ngo n’ingo nyinshi zizifite ziri mu mijyi kuko zihariye 76%, mu gihe ingo zo mu cyaro zifite inzitiramibu ziteye umuti ari 64% by’umubare w’abazifite. Nubwo ubushakashatsi bwerekanye ibi, Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima “RBC”, mu biganiro binyuranye cyagiye kigirana n’itangazamakuru rinyuranye cyemeje ko nta mpungenge abantu bakwiriye kugira ku kuba indwara ya malaria ishobora kwiyongera, kuko ubushakashatsi bwakozwe abaturage batarahabwa inzitiramibu, nubwo bwagiye gushyirwa ahagaragara inzitiramibu zaramaze gutangwa. Abaturage bati: “Nta nzitiramubu duheruka” Abaturage banyuranye bo…

SOMA INKURU

Cancer cases in younger people rising globally, researchers say

Factors such as obesity and alcohol consumption are contributing to a worrying rise in global cancer cases among younger people, a study suggests. According to Associated Press, researchers estimated there had been a 79% hike in new cases of cancer in those aged under 50 between 1990 and 2019. However, rates in the UK were stabilised from 2010 to 2019 with the annual mortality rate from early-onset cancer “steadily decreasing”. A team from the University of Edinburgh and the Zhejiang University School of Medicine in China analysed data from the…

SOMA INKURU

Afurika y’Epfo: Inkongi y’umuriro yivuganye abasaga 70

Abategetsi bo muri Afurika y’Epfo bavuga ko abantu nibura 73 bapfuye nyuma yuko inkongi y’umuriro yadutse mu nyubako y’amacumbi mu mujyi wa Johannesburg. Abandi bantu barenga 50 bakomeretse. Abategetsi b’i Johannesburg bavuga ko bitaramenyekana icyateje iyo nkongi yibasiye iyo nyubako y’amagorofa atanu rwagati muri uwo mujyi. Mu kiganiro n’abanyamakuru, ubuyobozi bw’umujyi wa Johannesburg bwemeje ko ari bwo nyir’iyo nyubako yahiye ariko buvuga ko ibico by’abagizi ba nabi byari byarayigaruriye. Umuvugizi w’inzego z’ubutabazi bwihuse, Robert Mulaudzi, yabwiye BBC ko abazimya umuriro bashoboye gukuramo bamwe mu baba muri iyo nyubako. Yavuze ko…

SOMA INKURU

Ni iki kihishe inyuma y’ibura ry’imiti ya kanseri?

Muri iyi minsi ibura ry’imiti y’indwara ya kanseri rikomeje guteza ikibazo mu bihugu bitandukanye by’Isi, ku buryo uretse n’abayikeneye bari gukomeza kuremba, abashakashatsi bagaragaza ko ibi bishobora kuzagira n’ingaruka mbi ku bushakashatsi kuri iyi ndwara. Nko muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, iki gihugu kiri guhura n’ibibazo by’ibura by’imiti kurusha ikindi gihe cyose cyabayeho ku buryo abari bafite gahunda yo kujya gusuzumwa iyi ndwara (chemotherapy) zitinda cyangwa zigakurwaho kubera icyo kibazo. Chemotherapy ni uburyo umurwayi ajya kwa muganga agahabwa imiti imufasha kwica utunyangingo tw’iyo ndwara, ikarinda ko iyo kanseri ikwirakwira…

SOMA INKURU

Kigali: Ubushomeri, kimwe mu mpamvu-muzi y’ubwandu bushya bwa SIDA

Kicukiro kamwe mu turerere dutatu tugize umujyi wa Kigali uvugwaho ubwiganze bw’ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA ku gipimo cya 4,3%, kakaba hejuru ugereranyije n’utundi turere, aho usanga urubyiruko ruvuga ko ubushomeri ari yo ntandaro, bigaha urwaho abagabo bakuze, no kumva ko kwifata bitakibaho. Ubu busambanyi hagati y’urubyiruko n’abakuze bugaragara muri Kicukiro, abahatuye bemeza ko butizwa umurindi n’amazu y’abakire aba ari mu bipangu afunze, mu by’ukuri nta muryango utuyemo, ahubwo ari inzu z’ibanga abagabo runaka baba baziranyeho, akaba ari naho basambanyiriza urubyiruko, k’ubw’ubukene abenshi bakemeza ko iyo abo bagabo bakuze…

SOMA INKURU

Ingaruka za covid-19 zaba zarageze muri serivise zo kubaga?

Ubushakashatsi bwakozwe n’ihuriro ry’abaganga babaga mu Rwanda, batewe inkunga n’Inama y’Igihugu y’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga (NCST), Ibitaro byitiriwe Umwami Faisal bikurikirana imirimo yose y’ishyirwa mu bikorwa ryabwo, kuri uyu wa 28 Kamena 2023, bwamuritswe bukaba bwarakorewe mu bitaro 22 bya leta n’ibyigenga, bugaragaza ko icyorezo cya Covid-19 kitagabanyije cyane itangwa rya serivisi zo kubaga abarwayi kuko abakiriwe mu mwaka wa mbere wacyo bajya kungana n’abakiriwe mu 2021. Ubu bushakashatsi kandi bwagizwemo uruhare n’izindi nzego zitandukanye zirimo Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), Minisiteri y’Ubuzima, Ibitaro bitandukanye birimo CHUK, Ibitaro bya Gisirikare by’u Rwanda…

SOMA INKURU