Rubavu: Impamvu ibitaro bya Gisenyi bigiye kwimurwa

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwatangaje ko Ibitaro bya Gisenyi bigiye kwimurwa bikajyanwa ahantu hizewe nyuma yo kwibasirwa n’imitingito yakurikiye iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo muri Gicurasi umwaka ushize. Raporo ya leta yo muri Nyakanga 2021 ku bijyanye n’imitingito yibasiye uduce tw’Akarere ka Rubavu yagaragaje ko kwimura Ibitaro bya Rubavu byari umwanzuro wihutirwa. Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse, yabwiye Newtimes ko ibitaro bishya bizubakwa mu Murenge wa Rugerero ku birometero bitanu uvuye mu Mujyi wa Rubavu kandi ko biteganyijwe ko mu 2024 bizaba byuzuye. Uretse ubuvuzi bwa cancer buzajya butangirwa muri…

SOMA INKURU

Mu mishinga itanu yahanze udushya uw’ibidukikije waje ku isonga

Kuri uyu wa 5 Ukwakira 2021, ubwo Kaminuza y’u Rwanda yasozaga icyumweru cyahariwe guhanga udushya dushingiye ku bushakashatsi hahembwe imishinga itanu ifite udushya dushingiye ku bushakashatsi, umushinga wahize indi akaba ari uwo kubungabunga ibidukikije. Umushinga wa mbere wegukanye miliyoni 10 Frw, uwa Kabiri wegukana miliyoni 8 Frw uwa Gatatu uhembwa miliyoni 5 Frw mu gihe uwa Kane n’uwa Gatanu byahawe miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda, ibi bihembo bakaba babishyikirijwe nyuma yo gutsinda amarushanwa yateguwe na Kaminuza y’u Rwanda ibinyujije mu Kigo cyayo cyigisha ibijyanye n’ingufu hagamijwe iterambere rirambye (ACE-ESD). Gorilla…

SOMA INKURU

REMA yatangije gahunda ifasha abaturarwanda gutunga ibikoresho bikonjesha bizigama umuriro

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 31 Mutarama 2022, Minisiteri y’Ibidukikije ibinyujije mu Kigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA) yatangije Rwanda Cooling Initiative’s Green On-Wage (R-COOL GO), gahunda izafasha abaturarwanda kubona ibikoresho bikonjesha bizigama umuriro kandi bitangiza ikirere. Abakozi bujuje ibisabwa, baba bakora mu nzego za Leta cyangwa abikorera, bashobora gusaba inguzanyo muri banki ziri muri iyi gahunda, bakabasha kugura ibikoresho bishya bikonjesha byujuje ubuziranenge bwashyizweho na Minisiteri y’Ibidukikije binyuze mu Kigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA), ku bufatanye n’Umushinga w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bidukikije witwa United for Efficiency…

SOMA INKURU

Gisagara: Abasenyewe n’ibiza bijejwe ubufasha

Ubuyobozi bw’akarere ka Gisagara, bwijeje imiryango iherutse gusenyerwa n’ibiza byatewe n’imvura yaguye mu mpera z’icyumweru gishize ko hari  amabati asaga 200 bazashyikirizwa kugira ngo abafashe gusana inzu zabo zangiritse. Imvura nyinshyi ivanze n’umuyaga, inkuba n’urubura ku wa Kane niyo yibasiye tumwe mu tugari two mu mirenge wa Save na Musha mu karere ka Gisagara, iyi mvura yasize zimwe mu nzu z’abaturage zangirika mu gihe izindi zasenyutse ku buryo abaturage bazivuyemo. Aba baturage basabye guhabwa ubufasha cyane cyane amabati yo kwifashisha mu gusana inzu zabo, kuko andi yamaze kwangirika ku buryo…

SOMA INKURU

Abo Green Gicumbi yubakiye biogaz bemeza ko yabahinduriye imibereho

Gahunda yo kubakira abaturage biogaz zigera ku 1700 bo mu mirenge icyenda yo mu karere ka Gicumbi ni imwe mu mihigo y’umushinga “Green Gicumbi” ushyirwa mu bikorwa n’Ikigega cy’Igihugu cy’Ibidukikije “FONERWA” ugaterwa inkunga n’ikigega cy’isi cyita ku mihindagurikire y’ikirere “Green Climate Fund”, kugeza ubu abo iyi gahunda yagezeho bakaba bemeza ko byabafashije kuba inshuti z’ibidukikije ndetse biborohereza ubuzima. Mukantwari Gaodiose ufite imyaka 47, utuye mu mudugudu wa Rwasama, akagari ka Gacurabwenge, umurenge wa Byumba, akarere ka Byumba, ni umwe mu  bubakiwe biogas, aho yatangaje ko abakozi ba Green Gicumbi bamugezeho…

SOMA INKURU

Umushinga Green Gicumbi wahinduriye ubuzima benshi mu gihe hari abatarawusobanukirwa

Green Gicumbi ni umushinga wa Leta y’u Rwanda ugamije kubungabunga icyogogo cy’umugezi w’umuvumba mu rwego rwo  guhangana n’ingaruka zikomoka ku mihindagurikire y’ibihe ndetse  n’abaturage bakaboneramo inyungu zitandukanye, ukorera mu karere ka Gicumbi, ushyirwa mu bikorwa n’Ikigega cy’Igihugu cy’Ibidukikije (FONERWA), ukaba uzashyira mu bikorwa gahunda zawo mu gihe cy’imyaka itandatu, uhereye muri Mutarama 2020. Mu myaka ibiri umaze hari abaturage bemeza ko bateye imbere biwuturutseho, hakaba hari ikindi gice cy’abaturage badasobanukiwe neza imikorere yawo Umwe mu baturage bemeza ko Green Gicumbi yabahinduriye ubuzima mu buryo bufatika ni Karugahe Athanase ufite imyaka…

SOMA INKURU

Gisagara: Imvura idasanzwe yangije byinshi inatwara ubuzima bw’umuntu

Imvura y’amahindu yatangiye kugwa ku wa Kane tariki ya 20 Mutarama 2022, ahagana saa cyenda ivanze n’umuyaga ndetse irimo imirabyo n’inkuba, mu karere ka Gisagara yangije byinshi ndetse itwara n’ubuzima bw’umuntu. Kugeza ubu mu murenge wa Save imitungo y’abaturage yangiritse imaze kumenyekana ni inzu 51 n’imyaka itandukanye yo mu mirima ku buso bwa hegitari 60. Umuntu byahitanye ni umugore inkuba yakubitiye mu mudugudu wa Musekera, mu kagari ka Zivu. Uwo mugore wari ufite umwana umwe anatwite inkuba yamukubise ari mu nzu. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Save, Muhire David Ntiyamira, yatangaje…

SOMA INKURU

Bishwe n’inkuba mu gihe bacukuraga imva y’umuvandimwe wabo

Kuri iki Cyumweru tariki 9 Mutarama 2022, Muri Tanzania ahitwa Chunya, abantu bane bakubiswe n’inkuba bahita bapfa undi arakomereka, mu gihe barimo bacukura imva yo gushyinguramo uwapfuye mu Ntara ya Mbeya. Umuyobozi w’Akarere ka Chunya witwa Mayeka Mayeka, yavuze ko abo bapfuye bakubiswe n’inkuba harimo Yohana James w’imyaka 30 y’amavuko, Paul Mwasongole w’imyaka 40, Swalehe Ibrahim w’imyaka 23, bose bo mu Karere ka Chunya, ndetse na Bonny Lauliano wo mu Ntara ya Songwe. Hari kandi Zuberi Mahona w’imyaka 40 na we muri Chunya mu Mujyi, we akaba yakomeretse cyane ubwo…

SOMA INKURU

Gakenke: Ikibazo cy’abaturage bakiri mu manegeka gikomeje gutera inkenke

Gutuza neza imiryango irenga ibihumbi 26 igituye mu manegeka bitewe n’imiterere y’akarere ka Gakenke kagizwe ahanini n’imisozi ihanamye cyane, bikomeje kuba ikibazo. Umuyobozi w’akarere ka Gakenke, Nizeyimana Jean Marie Vianney, yasobanuye ko kubera ubuhaname bw’imisozi iri muri aka gace hari aho usanga aho abaturage batujwe hagiye mu manegeka kubera kunyerera k’ubutaka . Ati “Ubu turi gukorana n’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Imiturire, “RHA”, kuri site z’imiturire 234 zivuye kuri 264, murumva ko izindi 30 na zo twasanze zitaturwa, ubu twamaze kuzigena igisigaye ni ukugezayo ibikorwaremezo.’’ Yavuze ko nyuma yo kuzigezamo ibikorwaremezo ngo…

SOMA INKURU

11 batawe muri yombi bakekwaho gusenya ikiraro gihuza uturere tubiri

Abantu 11 barimo abo mu karere ka Gakenke n’aka Muhanga batawe muri yombi bakekwaho gusenya ikiraro gihuza utu turere ku mugezi wa Nyabarongo kugira ngo bajye babona uko bambutsa abaturage bakoresheje ubwato. Mu ijoro ryo kuwa Gatandatu tariki ya 25 Ukuboza 2021, ni bwo amakuru y’uko ikiraro cyambukirwaho n’abanyamaguru, gihuza umurenge wa Rongi wo mu karere ka Muhanga n’uwa Ruli wo mu karere ka Gakenke yamenyekanye aho bamwe bavugaga ko cyasenywe n’imvura. Meya w’Akarere ka Gakenke, Nizeyimana Jean Marie Vianney, yatangaje ko bari babwiwe ko iki kiraro cyasenywe n’imvura ariko…

SOMA INKURU