Igishanga cyatezaga imyuzure kigiye guhindurwa kimwe mu byiza nyaburanga

Igishanga giherereye mu murenge wa Masaka, karere ka Kicukiro, gikunda kuzura mu bihe by’imvura, bikaba byagira ingaruka ku bikorwaremezo bigikikije, kiri gukorerwa inyigo y’uburyo cyatunganywa kigakorwamo ikiyaga cyo gutembereraho, bikaba bizanakemura n’ikibazo cy’imyuzure. Remy Norbert Duhuze ushinzwe gukurikirana ubwinshi n’ubwiza bw’amazi mu kigo cy’u Rwanda gishinzwe umutungo kamere w’amazi (RWB), yatangaje ko inyigo yo kubaka urugomero wo kurwanya imyuzure mu gishanga cya Masaka yarangiye, ariko hari izindi zirimo gukorwa. Kubakira umuzenguruko w’igishanga mu kukirinda imyuzure, bizatuma haba ikiyaga cyiza nka hamwe mu ho abantu bazajya bajya kuruhukira. Ibi bivuze ko…

SOMA INKURU

Ikibazo cy’inyamaswa zirya amatungo cyageze ku baturiye Parike y’Ibirunga

Abaturiye Pariki y’Igihugu y’Ibirunga basabye ubufasha mu kurinda amatungo yabo yiganjemo inyana z’imitavu n’intama biribwa n’inyamaswa mu masaha y’umugoroba n’ijoro. Inyamaswa irya ayo matungo yatangiye kuhavugwa mu mpera z’umwaka ushize wa 2021 ubwo yari imaze kurya intama ebyiri, ariko iza gukaza umurego muri Werurwe 2022 kuko muri uku kwezi gusa hamaze kubarurwa imitavu ibiri n’intama esheshatu zose zimaze kuribwa n’iyo nyamaswa. Abaturage bugarijwe ni abo mu mirenge ya Nyange na Musanze ikora kuri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga mu Karere ka Musanze. Basaba ko hafatwa ingamba zihariye mu guhangana n’iyo nyamaswa kuko…

SOMA INKURU

Ikigo “Gorilla Doctors” cyongerewe ubushobozi gihabwa n’inyubako igezweho

Ikigo Mpuzamahanga kigezweho kizwi nka Gorilla Doctors kiri mu murenge wa Muhoza, mu karere ka Musanze, kizifashishwa n’abaganga bo mu bihugu bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, u Rwanda na Uganda bikora kuri Pariki y’Ibirunga ibonekamo ingagi zo mu misozi miremire. Gifite inyubako igezweho izashyirwamo laboratwari ifite ibikoresho bisabwa byose bizifashishwa mu gufata ibizamini ingagi bagamije kureba ibyorezo bishobora kuzibasira, kumenya udukoko tuzitera indwara n’ibindi bijyanye n’ubuzima bw’ingagi ndetse n’abazisura hagamijwe kureba ko batahanahana zimwe mu ndwara. Bamwe muri abo baganga basanzwe bavura ingagi, bavuga ko guhabwa ikigo nk’iki gifite…

SOMA INKURU

Ubushakashatsi burakomeje ku binyabuzima bitazwi muri Pariki ya Nyungwe

Ubuyobozi bwa Pariki y’Igihugu ya Nyungwe bwatangaje ko hakomeje ubushakashatsi ku binyabuzima bitazwi bishobora kuba biba muri iyi Parike, kugira ngo bimenyekane kandi byitabweho. Ni nyuma y’uko itsinda ry’inzobere mu by’ubushakashatsi ku nyamaswa, ribonye ubwoko bw’uducurama muri iri shyamba bwaherukaga kubonwa mu myaka 40 ishize. Mu ntangiriro z’uku kwezi nibwo itsinda ry’abashakashatsi ku nyamaswa zishobora kuzimira baturutse mu bihugu bitandukanye batangaje ko bashoboye kubona ubwoko bw’agacurama bwa Rhinolophus Hillis cyangwa hillis horseshoe bat mu ishyamba rya Nyungwe. Aba bashakashatsi kandi bagaragaza ko umubare w”ubu bwoko  bw’agacurama ari muto, bityo bugomba…

SOMA INKURU

Nyamasheke baratabaza nyuma y’iyangirika ry’ikiraro gihuza utugali turenga dutatu

Abaturage batandukanye bakoresha ikiraro gihuza utugari turimo aka Mubumbano n’aka Ninzi ndetse n’aka Rwesero na bamwe mu batuye mu murenge wa Bushekeri, mu karerer ka Nyamasheke, baravuga ko babangamiwe n’uko ikiraro kinyura hejuru y’umugezi wa Kamiranzovu bakoresha umunsi ku wundi cyangiritse ku buryo hari n’abakinyuraho bakambakamba. Abaganiriye na Radio 10, bemeje ko hari abantu bagera kuri bane bamaze kugwa muri uwo mugezi ndetse umwe arapfa bitewe n’uko icyo kiraro kiwuri hejuru cyangiritse. Aba baturaga basaba ubuyobozi ko bwabakorera ikiraro kugira ngo babone uko bahahirana neza kuko hatagize igikorwa ubuhahirane hagati…

SOMA INKURU

Rulindo: Imiryango 1800 yakuwe mu manegeka

Imiryango irenga 1800 yo mu Murenge wa Burega mu karere ka Rulindo imaze gukurwa mu manegeka, abamaze gutuzwa neza bakaba bavuga ko bishimira ko batagihangayikishwa no gutwarwa n’inkangu bagasaba abagituye ahashyira ubuzima bwabo mu kaga kwimuka. Burega ni Umurenge ugizwe n’imisozi miremira kandi ihanamye, mu bihe nk’ibi by’mvura abahoze mu manegeka bavuga ko bahoranaga ubwoba bwo gutwarwa n’inkangu, none aho bagereye kuri site y’imiturire barishimira imibereho myiza bafite. Site aba baturage batuyeho igizwe n’imidugudu 9, mbere y’uko itunganywa ngo ryari ishyamba ariko kuri ubu hari umuhanda, amashuri, ibitaro, amashanyarazi n’amazi…

SOMA INKURU

Rwanda: Ibiza byatwaye ubuzima bw’abatari bake binangiza byinshi

Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi, yatangaje ko muri Mutarama 2022 abantu 40 bahitanywe n’ibiza, abagera kuri 70 barakomereka mu gihe inzu 370 zasenyutse. Ibi biza byagaragaye muri Mutarama, ibyinshi ni ibyatewe n’imvura yaguye ari nyinshi mu bice bitandukanye by’igihugu. Uturere twa Gisagara, Huye, Rutsiro, Ngororero, Nyabihu na Nyagatare nitwo bigaragara ko turimo kwibasirwa n’ibiza muri iyi minsi. Nubwo bimeze gutya ariko MINEMA igaragaza ko ibiza bihitana abantu, 90% bishobora kwirindwa. Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi, Habinshuti Phillipe yabwiye RBA ko barimo gukora ibishoboka byose kugira ngo abari mu kaga kubera ibiza…

SOMA INKURU

Umuburo wa Meteo Rwanda ku mvura nyinshi

Ubutumwa bwatanzwe na Meteo Rwanda bugaragaza ko mu bice bitandukanye by’igihugu muri iki cyiciro cya kabiri cya Gashyantare 2022, ni ukuvuga guhera kuya 10 kugera kuwa 20 Gashyantare 2022 hateganyijwe imvura nyinshi iruta iyari isanzwe igwa. Meteo Rwanda yagaragaje ko hateganyijwe ko imvura izakomeza kuba nyinshi kandi ikazaba iri hejuru y’ikigero cy’impuzandengo y’imvura isanzwe igwa mu gice cya kabiri cy’ukwezi kwa Gashyantare mu Rwanda. Ubutumwa bwayo bukomeza bugira buti “Imvura iteganyijwe izaba iri hagati ya milimetero 50 na 200 mu gihe cy’iminsi icumi y’iri teganyagihe, mu gihe impuzandengo y’imvura isanzwe…

SOMA INKURU

Abakoresha umuhanda Muhanga-Ngororero-Mukamira basabwe guhindura inzira

Polisi y’Igihugu yasabye abakoresha umuhanda Muhanga-Ngororero-Mukamira guhindura inzira, bagakoresha Kigali-Musanze-Rubavu kuko uwo bakoreshaga wangijwe n’inkangu yaturutse ku mvura nyinshi imaze iminsi igwa. Uyu muhanda Polisi yaburiye abawukoreshaga bifashishije ibinyabiziga, wangirikiye mu Karere ka Ngororero mu Murenge wa Gatumba mu Kagari ka Cyome mu Mudugudu wa Birambo. Aho hantu amazi y’imvura n’ibyondo bituruka mu misozi byiroshye mu muhanda birawufunga. Mu itangazo ryanyijijwe ku rukuta rwa Twitter ya Polisi y’u Rwanda muri iki gitondo, ryaburiraga abasanzwe bakoresha uyu muhanda kwifashisha uwa Kigali-Musanze-Rubavu. Rigira riti” Turifuza kumenyesha rubanda ko bitewe n’imvura ikabije, inkangu…

SOMA INKURU

Umujyi wa Kigali watangije gahunda yo kurobanura imyanda, igisubizo ku bidukikije

Muri gahunda y’Umujyi wa Kigali yo kubyaza umusaruro imyanda itandukanye, kugira ngo bikaba bisaba ko imyanda itandukanywa ku buryo ibora ishyirwa ahayo n’itabora bikaba uko, ni muri urwo rwego watangije gahunda yo kurobanura imyanda ibora n’itabora hirya no hino mu Mujyi mu rwego rwo kurushaho kwimakaza isuku, korohereza abatwara imyanda ndetse n’abayibyaza umusaruro. Umuyobozi Wungirije Ushinzwe ushinzwe imiturire mu Mujyi wa Kigali, Médard Mpabwanamaguru, yatangaje ko kurobanura imyanda bizafasha Umujyi wa Kigali mu kuyibyaza umusaruro cyane ko 70% by’imyanda yo muri Kigali ibora. Ati “Iyo myanda irobanuwe neza yabyazwa ifumbire…

SOMA INKURU