Ibikomoka ku buhinzi bikomeje kwinjiriza u Rwanda amadovise

U Rwanda rwataye intambwe mu  kohereza mu bihugu binyuranye umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi, ari nako bininjiza amadovize. Ibi byatangajwe n’ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ibyoherezwa mu mahanga bikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB), aho cyemeje ko u Rwanda rwohereje hanze ikawa, icyayi n’umusaruro w’ibikomoka ku mboga, imbuto n’indabo, bingana na Mega Toni 1,293.1 bifite agaciro k’amadolari y’Amerika 4,900,928. Ubuhinzi bw’ikawa bwo bwinjije amadolari y’Amerika 839,595 kuri Mega Toni 434 aho igiciro mpuzandengo ku kilo cyari amadolari y’Amerika 7,6. Ikawa yoherejwe muri Switzerland, mu Bwongereza, muri Leta zunze ubumwe z’Amerika no muri…

SOMA INKURU

Bimwe mu byafasha abaturarwanda kwirinda ibiza

Miniteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA), irasaba abaturarwanda kwirinda Ibiza mbere yuko bisenya inzu. Byagarutsweho na Habinshuti Philippe, Umunyamabanga Uhoraho muri MINEMA, ku wa Kabiri tariki 16 Kanama 2022 mu karere ka Rusizi mu ntara y’Iburengerazuba. Hari mu bukangurambaga bwo kwigisha uburyo nyabwo bwo kuzirika igisenge, gutera ibiti birinda umuyaga no gufata amazi ava ku nzu. Umunyamabanga Uhoraho muri MINEMA, yagaragaje ko kuzirika igisenge amafaranga menshi bitwara atarenga ibihumbi icumbi habariwemo ibikoresho bikenera kuzirikwa hakiyongeraho n’umufundi. Agira ati “Ahenshi byagiye bikorwa nk’uko namwe mwabibonye, abafundi na bo ntabwo banga gutanga uwo…

SOMA INKURU

Bane bakekwaho gutwika Parike ya Nyungwe batawe muri yombi

Mu ntangiriro z’iki cyumweru nibwo Pariki ya Nyungwe ku ruhande rw’umurenge wa Bweyeye, mu karere ka Rusizi hagaragaye inkongi ikomeye, kuri ubu hakaba hafashwe bane bakekwaho gukora kiriya gikorwa. Abaturage n’inzego z’umutekano bihutiye kuzimya ariko kuko umuriro wari ufite imbaraga icyo gikorwa cyatwaye iminsi ibiri bituma hashya hegitari 21. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bweyeye, Ndamyimana Daniel yatangarije igihe ko inzego zibishinzwe zimaze guta muri yombi abantu bane ndetse ko iperereza rikomeje. Ati “Iyo ujyayo ni ahantu ubona hameze nk’ahiherereye. Ku munsi wa mbere tujya kuzimya hari aho twagiye dusanga imitego…

SOMA INKURU

Nyuma y’imyaka 31 ari umwanzi w’ibidukikije aratanga inama kuri ba rushimusi

Barora Leonidas wiyemerera ko yinjiye mu bikorwa byo gushimuta inyamaswa kuva mu 1963 akageza mu 1994, atangaza ko nta nyamaswa yo muri parike y’ibirungu atariyeho uretse ingagi nayo akaba yarayitinyiraga kuba imeze nk’abantu, yemeza ko ibi bikorwa nta nyungu bigira akaba anashishikariza abumva barya inyama babangamiye ibidukikije kubireka. Barora utuye mu mudugududu wa Nyakigina, akagari ka Nyabigoma, umurenge wa Kinigi, mu karere ka Musanze yemeza ko amaze kureka ibikorwa byo gushimuta inyamanswa zo muri parike y’Ibirunga yagiye mu kigo cyahurije hamwe ba rushimusi ndetse n’ababakomokaho basaga 1000 kibafasha kwiteza imbere.…

SOMA INKURU

Hashyizweho uburyo bwo kubyaza amacupa ya plastic umusaruro habungwabungwa ibidukikije

Ministeri y’ibidukikije n’Urugaga rw’abikorera mu Rwanda PSF batangije gahunda igamije gukusanya no kongera gutunganya amacupa ya plastiki akongera gukoreshwa indi mirimo harimo n’ibikoresho by’ubwubatsi. Iyi gahunda ndende iteganyijwe gutangizwa mu byumweru 2 biri imbere, igamije gukusanya aya macupa hirya no hino mu Mujyi wa Kigali mu rwego rwo kurengera ibidukikije. Umuvugizi w’Urugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF) Ntagengerwa Theoneste avuga ko mu byumweru bibiri biri imbere iyi gahunda yo kwegeranya ibi bikoresho izahita itangirira i Kigali, ariko ikazagera mu gihugu hose kandi itange akazi ku bantu benshi Umuyobozi Mukuru ushinzwe ibidukikije…

SOMA INKURU

Rwanda: Ibiza bikomeje gutwara ubuzima bw’abatari bake

Mu murenge wa Kibimbi, mu karere ka Nyamasheke inkangu yatewe n’imvura nyinshi yaguye kuri uyu wa Gatandatu, yishe abantu batanu barimo abana bane. Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Nyamasheke ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Mukankusi Athanasie yabwiye igihe dukesha iyi nkuru ko ahagana saa tanu z’ijoro aribwo inkangu yamanukanye imbaraga ikubita inzu y’umukuru w’umudugudu wa Gitsimbwe, urukuta rw’inzu rugwa ku bana bane bari baryamyemo batatu b’abahungu bahita bitaba Imana. Umwe bamuvanyemo arembye ajyanywa kwitabwaho ku Kigo Nderabuzima cya Karengera. Abana bitabye Imana barimo umwe w’imyaka icyenda, uw’imyaka umunani n’uw’imyaka 12. Uri kwitwaho…

SOMA INKURU

Ibiza bikomeje kwibasira Afurika y’Epfo

Ku munsi w’ejo tariki ya 13 Mata 2022, imvura nyinshi yaguye mu burasirazuba bw’Afurika y’Epfo yahitanye ubuzima bw’abantu 306, umwuzure yangiza imihanda inasenya amazu y’abaturage. Perezida Cyril Ramaphosa, yavuze ko iyi myuzure ari ingaruka z’ihindagurika ry’ibihe. Yongeyeho ko ibiraro byasenyutse, imihanda, abantu bahasiga ubuzima, aho hari n’umuryango umwe wabuze abantu 10 icyarimwe. Amashuri agera kuri 248 yarangiritse bikomeye. Ramaphosa yagize ati “Iyi myuzure ni kimwe mu biterwa n’imihindagurikire y’ikirere. Ntidushobora gusubika ibyo tugomba gukora kugira ngo duhangane n’imihindagurikire y’ikirere. Ubushobozi bw’ikigo gishinzwe ibiza bugomba kuba ku rwego rwo hejuru.” Guverinoma…

SOMA INKURU

Mu gihugu cy’abaturanyi hakozwe imodoka ikoresha amashanyarazi

Umunyabugeni wo muri Tanzania umenyerewe mu gukora inkuru zishushanyije, Masoud Kipanya yamuritse imodoka ya mbere ikoresha amashanyarazi ikorewe muri icyo gihugu. Kipanya yavuze ko iyi modoka ari igitekerezo cye bwite cyamutwaye amezi 11 ngo gishyirwe mu bikorwa kinasozwe. Iyi modoka ifasha mu kurengera ibidukikije yitwa “Kaypee Motor”, izajya ishyirwa ku muriro amasaha atandatu mbere yo kuyitwara. Nyuma yaho bigaragaye ko ibinyabiziga bikoresha lisansi na mazutu bigira uruhare mu kwangiza ibidukikije, ibihugu byinshi biri gushyira imbaraga mu modoka zikoresha amashanyarazi.   Ange KAYITESI

SOMA INKURU

Isakaro u Rwanda rushaka guca burundu k’ubw’ingaruka zaryo

Amabati ya “Asbestos” yafatwaga nk’ahendutse ku Isi, yatangiye kubakishwa mu Rwanda mu myaka yo hambere akaba yari yiganje ku nyubako za Leta n’iz’amadini n’amatorero, ariko Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Imiturire cyatangaje ko ari ngombwa guca aya mabati kuko agira ingaruka ku buzima bwa muntu bigeze ku kigero cya 72% ndetse cyemeza ko muri Kamena 2023 iyi gahunda izaba yaragezweho ku kigero cy’i 100%. Kuva Leta y’u Rwanda yamenya ko iryo sakaro ryamaze abaturage bo mu bihugu bikize nka Canada ribatera kanseri, yahise itangira urugamba rwo kuyirwanya binyuze mu kuyasimbuza. Kugeza ubu…

SOMA INKURU

Kigali: ubukangurambaga mu kurwanya imyuka ihumanya ikirere burakomeje

Kuri uyu wa gatanu tariki 25 Werurwe 2022, ubukangurambaga bwo kurwanya ihumana ry’ikirere riterwa n’ibinyabiziga bikoresha ibikomoka kuri Peterori bwakomereje mu karere ka Nyarugenge, mu murenge wa Kanyinya n’uwa Kigali. Ubu bukangurambaga buzamara ukwezi bwatangijwe kuwa 24 Werurwe 2022 na Minisiteri y’Ibidukikije ibinyujije mu kigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije “REMA” ku bufatanye n’Ikigo cy’Igihugu gitsura ubuziranenge “RSB”, na Polisi y’u Rwanda, bukaba bugamije gukumira ingaruka zikomoka ku mihindagurikire y’ibihe kuko ubushakashatsi bwerekanye ko imyuka iva mu modoka ari kimwe muri nyirabayazana w’iki kibazo by’umwihariko mu mijyi ndetse inangiza umwuka duhumeka.…

SOMA INKURU