Umuhanda Nyacyonga-Mukoto unyura muri Rulindo ugiye kubakwa

Umuryango Mpuzamahanga w’ibihugu bicukura bikanacuruza Peteroli OPEC, wageneye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 18 z’amadolari ya Amerika (miliyari 18 Frw) azifashishwa mu kubaka umuhanda Nyacyonga-Mukoto unyura mu karere ka Rulindo. Ni amafaranga azatangwa binyuze mu kigega cy’Iterambere Mpuzamahanga cy’Umuryango OPEC. Itangazo OPEC yashyize hanze, ivuga ko uwo muhanda wa kilometero 36 uzoroshya ubuhahirane ku baturage basaga miliyoni 2.8, bigateza imbere ibikorwa by’iterambere birimo ubuhinzi, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro n’ubukererugendo. Uyu muhanda Perezida Paul Kagame yawemereye abaturage ba Rulindo ubwo yabasuraga mu 2014. Uyu muhanda kandi witezweho guteza imbere ubuhahirane hagati y’u…

SOMA INKURU

Rotary Club ntiyasigaye muri gahunda yo kubungabunga ibidukikije

Umuryango Rotary Club Kigali Mont Jali wifatanyije n’abaturage bo mu karere ka Kayonza mu murenge wa Rwinkwavu gutera ibiti 2000 mu kurwanya isuri ikunze kwibasira aka gace. Ni ibikorwa byakozwe kuri iki Cyumweru tariki ya 5 Ukuboza 2021, mu mudugudu wa Rwinkwavu mu kagari ka Nkondo ubwo haterwaga ibiti 2000 by’inturusu mu kurengera ibidukikije no gusoza Umunsi Mpuzamahanga wahariwe Ubukorerabushake. Uyu muhango witabiriwe n’abayobozi barimo Umuyobozi wa Rotary mu Rwanda, Dr Manirere Jean d’Amour; Umunyamabanga wa District 9150 u Rwanda rubarizwamo, Rugera Jeannette n’abandi bayobozi b’amashami ya Rotary muri Gasabo…

SOMA INKURU

Parike y’Akagera yakiriye inkura 30 z’umweru

Kuri uyu wa Mbere, Pariki y’Akagera yakiriye inkura z’umweru 30 zaturutse muri Afurika y’Epfo, zikaba zaje ziyongera ku zindi nkura 26 z’umukara zari zisanzwe muri iyi pariki y’igihugu y’Akagera. Urwego rushinzwe iterambere mu Rwanda, RDB rwo ruvuga ko izi nkura zitezweho kongera amadovise ava mu bukerarugendo. Izi nkura zivuye muri Afurika y’Epfo mu cyanya gikomye cya Phinda kugira ngo zigere mu Rwanda byasabye amasaha 40, bihwanye n’ibirometero ibihumbi 3,400 kugira ngo zigere muri pariki y’Akagera. Zigeze mu Rwanda ku mpano ibintu byagizwemo uruhare n’inzego zitandukanye zirimo ubuyobozi bw’icyanya gikomye cya…

SOMA INKURU

Itangazamakuru ry’ibidukikije ryiza ni irikemura ibibazo by’abaturage -Rushingabigwi

Umuyobozi w’ishami rishinzwe itangazamakuru mu Kigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere “RGB”, yatangaje ko yemera itangazamakuru nk’ubutegetsi bwa kane kuko rifite uruhare mu buzima bwa muntu, anemeza  ko  iry’ibidukikije ari ingenzi ariko riba ryiza iyo abaturage baza ku isonga kandi rikemura ibibazo byabo. Ibi uyu muyobozi yabitangarije mu mahugurwa y’iminsi ibiri yateguwe n’umuryango w’abanyamakuru barengera ibidukikije mu Rwanda “REJ” ku bufatanye n’abaterankunga banyuranye  barimo “Internews, Rema,…”, akaba yarasojwe ejo hashize tariki 23 Ugushyingo 2021, akaba yari yahuje abanyamakuru 20 batyaza ubwenge muri gahunda zinyuranye z’ibidukikije. Rushingabigwi yibukije abanyamakuru bari bitabiriye aya mahugurwa ko…

SOMA INKURU

Uko gahunda nshya y’ibimoteri ihagaze mu kubungabunga ibidukikije

Buri munsi toni zirenga 500 z’imyanda ziva mu mujyi wa Kigali, amasoko, amaduka, ingo ndetse n’amashuri aribyo bifite uruhare runini mu gutanga uwo mwanda, ndetse aho abatari bake babona imodoka zirirwa zitunda uwo mwanda bibaza aho ushyirwa ndetse niba nta n’ingaruka bigira ku bidukikije. Ariko iki kibazo kibazwa n’abatari bake, leta ntiyakirengagije kuko kugeza ubu imaze gushyiraho uburyo bushya bw’ibimoteri bigezweho bikoresha ikoranabuhanga, aho imyanda ibora itandukanywa n’itabora bityo bikorohereza n’abashinzwe kubyaza umusaruro iyo myanda, aho kuri aho bimenwa nta ngaruka bikigira ku bidukikije nk’uko byahoze kera, aho wasangaga ahamenwa…

SOMA INKURU

Huye: Imiryango 150 yasenyewe n’ibiza yahawe ingoboka

Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi, (MINEMA), yagobotse imiryango 150 yasenyewe n’ibiza mu Karere ka Huye iyigenera amabati inakora umuganda wo gusana ibyangiritse. Imiryango yafashijwe ni iyo mu Kagari ka Byiza, Umurenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 5 Ugushyingo 2021. Muri iki gikorwa hanatewe ibiti bizajya bitangira umuyaga kugira ngo udasenya inzu ndetse abaturage n’abafundi bigishwa kubaka inzu baziha imisingi bakanazirika ibisenge kugira ngo zitagwa. Imiryango yahawe ubufasha yashimiye Leta iniyemeza ko igiye kujya yubaka inzu zikomeye kugira ngo zidasenywa n’ibiza. Mukansanga Alphonsine, yagize ati “Turashimira…

SOMA INKURU

Rulindo: Ibiza byibasiye ibikorwa n’inyubako binyuranye

Imvura irimo urubura n’umuyaga yaguye ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki 9 Ukwakira 2021, yangije inzu z’abaturage zigera kuri 216 harimo inyubako y’ikigo nderabuzima n’amapoto umunani y’amashanyarazi aragwa. Ibi byatangajwe n’ubuyobozi bw’akarere ka Rulindo, aho bwemeje ko ibyangijwe n’imvura yaguye kuri uyu wa Gatandatu, yasenye inzu zigera kuri 216 zirimo izituwemo, ibikoni n’ubwiherero. Iyi mvura yari yiganjemo umuyaga mwinshi n’urubura yaguye saa munani n’igice igeza saa kumi n’igice z’amanywa yangiza ibisenge by’inzu 123 z’abaturage bo mu tugari twa Rutonde, Rubona na Kajangwe mu murenge wa Shyorongi, mu karere ka…

SOMA INKURU

Iburasirazuba hatangiye kongerwa imbaraga z’amashanyarazi

Imiyoboro y’amashanyarazi yubatswe kera mu Turere dutandukanye tw’Intara y’Uburasirazuba ubu yatangiye kongererwa imbaraga ku buryo ihaza abayifatiraho amashanyarazi biyongereye ndetse n’ibikorwa by’ubucuruzi n’inganda ziciriritse ziri muri kariya gace. Ni umushinga watewe inkunga n’u Bubirigi binyuze mu kigo cyawo cy’iterambere (Enabel), ushyirwa mu bikorwa na Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu (REG) binyuze muri sosiyete yayo ishinzwe guteza imbere ingufu (EDCL). Umuhuzabikorwa wa gahunda yo gukwirakwiza amashanyarazi mu gihugu Ahimbisibwe Reuben, yatangaje ko uyu mushinga uzavugurura imiyoboro ingana n’ibilometero 194, yongererwe imbaraga ku buryo ibasha guhaza ibikorwa bikenera umuriro mwinshi. Yagize ati…

SOMA INKURU

Karongi: Nta mwaka ushize inzu zubakiwe abatishoboye zarasenyutse n’izisigaye ziri mu nzira

Inzu eshanu mu nzu 10 zubakiwe abatishoboye mu murenge wa Rubengera, mu karere ka Karongi zamaze gusenyuka zitaramara umwaka, mu gihe abatuye mu zisigaye nabo bafite impungenge ko ibihe by’imvura byegereje,  nazo zishobora gusenyuka. Muri Kamena 2020 nibwo aba baturage batishoboye batujwe muri izi nzu zubatswe mu mudugudu wa Kabera mu Kagari ka Kibilizi. Umwe muri bari bahawe inzu yavuze ko zatangiye gusenyuka zimaze amezi atatu gusa, ubwiherero burasenyuka burundu batangira gutira abaturanyi. Byaje kugera ubwo inzu yose igwa burundu, abari batujwe muri aya mazu bajya gukodesherezwa. Yavuze ko inzu…

SOMA INKURU

Kigali: Bamwe mu bafite amikoro make batuye mu manegeka ntibatereranywe

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko bwatangiye kubaka inzu zubakishije ibikoresho bidahenze kandi birambye, mu rwego gutuza neza abafite amikoro make mu Mirenge ya Gitega na Kimisagara bari basanzwe batuye ahantu hashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga. Iyi gahunda yo kuvugurura imiturire y’akajagali igirwamo uruhare n’umuturage ndetse na Leta, aho abaturage batanga ibibanza byabo byari byubatseho inzu zishaje zikavanwaho noneho ubwo butaka Leta ikabwubakaho izindi nzu zijyanye n’Imiturire myiza kandi zikomeye. Ni uburyo butuma abaturage bafite amikoro make bubakirwa inzu zikomeye kandi zirambye, bitabaye ngombwa ko bimurwa mu gace bari…

SOMA INKURU