Impuguke mu buzima zivuga ko indwara y’igituntu itibasira ibihaha gusa nk’uko abenshi babizi ahubwo ishobora kwibasira n’ibindi bice by’umubiri bitandukanye. Dr Byiringiro Rusisiro ukuriye agashami gakurikirana indwara y’igituntu mu ishami ry’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) avuga ko hakiri ikibazo aho usanga hari abatazi uko igituntu cyandura. Asobanura ko iyi ndwara yandurira mu mwuka ndetse uretse ibihaha ishobora gufata n’indi myanya y’umubiri. Yagize ati: “Indwara y’igituntu yandura mu buryo bworoshye kuko yandurira mu mwuka aho uyirwaye akwirakwiza agakoko kayitera iyo aririmba, aseka, avuga cyangwa yitsamura.” Dr Byiringiro akomeza atangaza ko agakoko…
SOMA INKURUCategory: Health
Rwanda: Icyumba cy’umukobwa hari ibigo bikomeje kukirengagiza
Gahunda y’icyumba cy’umukobwa mu mashuri abanza cyatangijwe mu mwaka wa 2012 hagamijwe guhangana n’ikibazo cy’abana b’abakobwa batungurwaga n’imihango bikabatera ipfunwe ndetse bamwe bagakurizamo gusiba ishuri igihe begereje kujya mu mihango, nubwo iki cyumba cyaje ari igisubizo ku myigire y’abana b’abakobwa kugeza ubu ibigo by’amashuri 1807 ntibigira icyo cyumba cy’umukobwa. Imibare ya Mineduc yasohotse muri Gicurasi 2023 igaragaza ko mu mwaka w’amashuri wa 2021/22 ibigo by’amashuri 3 035 bingana na 62.7% ari byo bifite icyumba cy’umukobwa bivuye kuri 58.3% byariho mu mwaka wa 2020/21. MINEDUC igaragaza ko ibigo by’amashuri bigera kuri…
SOMA INKURUIbiza bimaze gutwara ubuzima bw’abatari bake mu kwezi kumwe
Kuva tariki 1 kugeza kuri 28 Nzeli 2023 imvura y’umuhindo yateje ibiza bimaze kwica abantu 20, abagera kuri 58 barakomeretse. Ibi bikaba byatangajwe na Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi. Abishwe n’ibiza muri uku kwezi 1/2 cyabo bishwe n’inkuba zinakomeretsa abandi 43. Imibare inagaragaza ko ibi biza byangije ibyumba by’amashuri 37 binasenye inzu 499 binangiza hegitari 58 z’imyaka ndetse byica inka ebyiri n’andi matungo 123. Umunyamabanga uhoraho muri iyi Minisiteri, Habinshuti Philippe, yasabye Abanyarwanda gukomeza kwitwararika, bakubahiriza inama bagirwa n’inzego z’ubuyobozi, bakirinda inkuba kandi bakava ahashyira ubuzima bwabo mu kaga. Yanasabye abaturage kurwanya…
SOMA INKURUResearchers list 7 tricks to help prevent depression in everyday life
Researchers have revealed seven healthy lifestyle factors that reduce the risk of depression, according to a recent study published in the journal Nature Mental Health. It has been determined that maintaining good quality sleep, engaging in regular physical activity, fostering frequent social connections, refraining from smoking, and limiting alcohol consumption are lifestyle factors that can decrease the risk of depression. Read on to find out what they are and how you can avoid the gloom. Adequate sleep The researchers concluded that sleep was the most important factor, stressing that between seven…
SOMA INKURUBarasaba ubufasha mu kwirinda malariya
Ubushakashatsi bwa gatandatu ku buzima n’imibereho bwagaragaje ko 34% by’ingo mu Rwanda zidatunze inzitiramibu, ariko kandi ngo n’ingo nyinshi zizifite ziri mu mijyi kuko zihariye 76%, mu gihe ingo zo mu cyaro zifite inzitiramibu ziteye umuti ari 64% by’umubare w’abazifite. Nubwo ubushakashatsi bwerekanye ibi, Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima “RBC”, mu biganiro binyuranye cyagiye kigirana n’itangazamakuru rinyuranye cyemeje ko nta mpungenge abantu bakwiriye kugira ku kuba indwara ya malaria ishobora kwiyongera, kuko ubushakashatsi bwakozwe abaturage batarahabwa inzitiramibu, nubwo bwagiye gushyirwa ahagaragara inzitiramibu zaramaze gutangwa. Abaturage bati: “Nta nzitiramubu duheruka” Abaturage banyuranye bo…
SOMA INKURUCancer cases in younger people rising globally, researchers say
Factors such as obesity and alcohol consumption are contributing to a worrying rise in global cancer cases among younger people, a study suggests. According to Associated Press, researchers estimated there had been a 79% hike in new cases of cancer in those aged under 50 between 1990 and 2019. However, rates in the UK were stabilised from 2010 to 2019 with the annual mortality rate from early-onset cancer “steadily decreasing”. A team from the University of Edinburgh and the Zhejiang University School of Medicine in China analysed data from the…
SOMA INKURUAfurika y’Epfo: Inkongi y’umuriro yivuganye abasaga 70
Abategetsi bo muri Afurika y’Epfo bavuga ko abantu nibura 73 bapfuye nyuma yuko inkongi y’umuriro yadutse mu nyubako y’amacumbi mu mujyi wa Johannesburg. Abandi bantu barenga 50 bakomeretse. Abategetsi b’i Johannesburg bavuga ko bitaramenyekana icyateje iyo nkongi yibasiye iyo nyubako y’amagorofa atanu rwagati muri uwo mujyi. Mu kiganiro n’abanyamakuru, ubuyobozi bw’umujyi wa Johannesburg bwemeje ko ari bwo nyir’iyo nyubako yahiye ariko buvuga ko ibico by’abagizi ba nabi byari byarayigaruriye. Umuvugizi w’inzego z’ubutabazi bwihuse, Robert Mulaudzi, yabwiye BBC ko abazimya umuriro bashoboye gukuramo bamwe mu baba muri iyo nyubako. Yavuze ko…
SOMA INKURUUrupfu rwa Rubayita rwahagurukije u Rwanda
Ambasade y’u Rwanda muri Kenya yohereje umudipolomate mu gace ka Iten gukurikirana iby’urupfu rubabaje rw’Umunyarwanda, Siraj Rubayita waguyeyo. Rubayita w’imyaka 34 yari amenyerewe mu mikino ngororangingo yo gusiganwa ku maguru no gusimbuka akaba yarapfuye ku wa Gatanu tariki 18 Kanama, aguye muri Iten muri Kenya aho yari ari mu myitozo. Kugeza ubu iperereza rirakomeje ariko ibitangazamakuru byo muri Kenya byavuze ko inkuru y’uru rupfu yamenyekanye nyuma yo kugirana amakimbirane n’umukinnyi mugenzi we wo muri Kenya ku wa Kane w’icyumweru cyabanjirije icyo yapfuyemo. Ayo makimbirane ngo yaturutse ku bwumvikane bucye bagiranye…
SOMA INKURUNi iki kihishe inyuma y’ibura ry’imiti ya kanseri?
Muri iyi minsi ibura ry’imiti y’indwara ya kanseri rikomeje guteza ikibazo mu bihugu bitandukanye by’Isi, ku buryo uretse n’abayikeneye bari gukomeza kuremba, abashakashatsi bagaragaza ko ibi bishobora kuzagira n’ingaruka mbi ku bushakashatsi kuri iyi ndwara. Nko muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, iki gihugu kiri guhura n’ibibazo by’ibura by’imiti kurusha ikindi gihe cyose cyabayeho ku buryo abari bafite gahunda yo kujya gusuzumwa iyi ndwara (chemotherapy) zitinda cyangwa zigakurwaho kubera icyo kibazo. Chemotherapy ni uburyo umurwayi ajya kwa muganga agahabwa imiti imufasha kwica utunyangingo tw’iyo ndwara, ikarinda ko iyo kanseri ikwirakwira…
SOMA INKURUUbwoko bw’ihohoterwa rikorerwa abana n’ingaruka z’igihe kirekire ku barikorerwa
Ihohoterwa rikorerwa abana ni kimwe mu bikomeye bihungabanya uburenganzira bwabo. Ihohoterwa rishingiye ku gitsina, Ihohoterwa ribabaza umubiri n’ihohoterwa ribabaza umutima bifite ingaruka mbi cyane ku buzima n’ibyishimo kandi bituma umwana adatanga umusanzu we wose mu kubaka umuryango mugari. Mu Rwanda, abarenga kimwe cya kabiri cy’abakobwa bose ndetse n’abahungu batandatu mu bahungu icumi bahura n’ihohoterwa rinyuranye mu bwana bwabo. Abana akenshi bahohoterwa n’abantu basanzwe bazi , ababyeyi, abaturanyi, abarimu, abo bakundana ndetse n’inshuti zabo. Mu bakobwa bahura n’ihohoterwa mu Rwanda, hafi 60 ku ijana ni bo babasha kugira uwo babibwira ndetse…
SOMA INKURU