Impamvu covid-19 yatumye abakire ku isi barushaho gukira

Icyorezo cya coronavirus cyatumye abakire ba mbere ku isi bakira kurushaho ariko gituma abantu benshi kurushaho bisanga babayeho mu bucyene, nkuko bivugwa n’umuryango ukora ibikorwa by’ubugiraneza OXFAM. Ikigero kiri hasi cy’ibyinjizwa n’abacyene cyane bo ku isi cyagize uruhare mu rupfu rw’abantu 21,000 buri munsi, nkuko raporo y’uyu muryango ibivuga. Ariko abagabo 10 ba mbere b’abaherwe ku isi bakubye inshuro zirenga ebyiri umutungo wabo uwushyize hamwe kuva mu kwezi kwa gatatu mu 2020, nkuko OXFAM ibivuga. Ubusanzwe OXFAM isohora raporo ku busumbane ku isi mu ntangiriro y’inama y’isi ku bukungu izwi…

SOMA INKURU

Nyagatare: Uwihaye Imana akaba n’umurezi arakekwaho gusambanya umwana w’umuhungu

Mu karere ka Nyagatare, umurenge wa Nyagatare, akagari ka Nyagatare,uUmudugudu wa Nyagatare ya II, umufurere ushinzwe imyitwarire y’Abanyeshuri mu kigo cy’amashuri aracyekwaho gusambanya umwana w’umuhungu w’imyaka 17. Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yavuze ko iperereza ry’ibanze ryerekana ko uyu “mufurere hari impamvu zifatika zigaragaza ko yahohoteye uyu mwana mu bihe bitandukanye harimo na tariki ya 27 Ukuboza 2021.” Ati “Uwafashwe afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Nyagatare mu gihe iperereza rikomeje kugira ngo hakorwe dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.’’ Dr Murangira yasabye ibigo by’amashuri gushyiraho Komite zishinzwe kurwanya ibyaha byo…

SOMA INKURU

Gasabo: Abana bakuwe mu muhanda hari icyo basabwe

Umuryango washinzwe n’abakobwa n’abagore barera abana bonyine ku bufatanye n’inzego z’ibanze n’iz’umutekano, bahaye abana ubunani  bo mu murenge wa Bumbogo bakuwe mu muhanda, bakaba barakuwe mu buzererezi  n’akarere ka Gasabo yiswe ‘Operation 20 Solid Days’, igamije kurwanya ubuzererezi. basangiye ifunguro ryo gutangira umwaka mushya wa 2022 n’abana bakuwe mu buzererezi. Mu gutanga ubunani hagendewe ku bagizweho ingaruka zo kurerwa n’umubyeyi umwe ndetse n’ibindi bibazo biterwa no kutumvikana kw’imiryango bakomokamo. Abo bana bahawe imyambaro mishya, ifunguro ndetse ababyeyi babo bahabwa ibyo batahana ngo batangire umwaka barwana ishyaka ko aba bana bacika…

SOMA INKURU

Nkombo: Abaturage batangaje icyatumye umutekano wo mu mazi ugaruka

Abatuye ku kirwa cya Nkombo n’abakorera imirimo y’uburobyi mu kiyaga cya Kivu ande rw’akarere ka Rusizi, baravuga ko kuva Polisi ikorera mu mazi yagera kuri iki kirwa no mu mazi agikikije, ubu ibyaha byaberaga muri aya mazi byiganjemo ubushimusi byagabanutse ku kigero gishimishije. Ugeze ahitwa ku Busekanka mu murenge wa Nkanka witegeye ikirwa cya Nkombo, nta kindi ubona usibye urujya n’uruza rw’amato aba yambutse abantu n’ibintu bava n’abagana kuri icyo kirwa mu buhahirane. Nyamara ngo mu minsi yashize ntibyari ububuhahirane gusa ahubwo harimo no kuba indiri y’ibyaha, kuko ariho byinshi…

SOMA INKURU

Rutsiro: Icyamuteye kuruma umukunzi we akamuca ururimi cyamenyekanye

Mu minsi mikuru isoza umwaka wa 2021, havuzwe inkuru y’umusore wo murenge wa Rusebeya mu karere ka Rutsiro, waciwe ururimi n’uwari umukunzi we yari amaze guha impano y’ikariso. Amakuru yageze ku itangazamakuru ubwo ryajyaga ahabereye icyaha ni uko umusore yarumwe ururimi ubwo yashakaga gufata umukobwa ku ngufu. Kugeza ubu igice cy’ururimi rw’umusore rwacitse baragishatse barakibura. Uyu musore w’imyaka 26 yatanze ikirego ku wa 30 Ukuboza 2021, aho yaregeye Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, avuga ko yaciwe ururimi n’uyu mukobwa. Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B Thierry yatangaje ko “iperereza ryakozwe rigaragaza ko…

SOMA INKURU

Ruhango: Abana basaga igihumbi basubijwe mu ishuri

Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango bwatangaje ko abana bagera ku 1.371 bamaze gusubizwa mu ishuri mu 1461 bari barabaruwe ko baritaye mu bihe byashize. Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu Karere ka Ruhango, Mukangenzi Alphonsine, yavuze ko mu bavuye mu ishuri harimo abangavu batewe inda imburagihe ndetse n’abandi babitewe n’uko amashuri yamaze igihe kinini afunze kubera icyorezo cya Covid-19. Ati “Hari hasigaye abana 90 twabashije kwinjira mu mpamvu zabo umwe ku wundi kugira ngo tubashe kumenya icyatumye badasubira mu ishuri. Impamvu rero turazizi umurenge ku wundi.” “Muri abo 90…

SOMA INKURU

Hakomeje kugaragara ibura rya mudasobwa ku isoko mpuzamahanga

Bamwe mu batumiza bakanacuruza ibikoresho by’ikoranabuhanga nka mudasobwa n’ibindi bijyana nazo, baravuga ko ku isoko mpuzamahanga hagaragaye ikibazo cy’ibura ryazo. Ibi ngo bishingiye ku igabanuka ry’amabuye y’agaciro ku isoko mpuzamaanga, aho igiciro cy’amabuye y’agaciro acukurwa mu Rwanda nka gasegereti cyazamutse kiva ku madorali bihumbi 21,000 kigera ku bihumbi 35,000 by’amadorali ku kilo. Nzaramba Theodore, umuyobozi wa Kompanyi Dreams Computer Ltd itumiza ikanacuruza mudasobwa n’ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga bijyana nazo, avuga ko ibiciro byazo byazamutse cyane agereranyije n’uko byari bihagaze mbere yuko icyorezo cya COVID-19 cyaduka ku isi. Yagize ati “Aba bacuruzi…

SOMA INKURU

Umuryango waramwanze kuko yashatse ufite ubumuga

Ukwezi kurashize Ndayisaba Jean Luc arushinze na Umuhoza Nasira ufite ubumuga bw’inyonjo yatewe n’uburwayi yagize akiri umwana. Mbere yo kurushinga baciye muri byinshi bikomeye kugeza aho iwabo w’umuhungu banze gutaha ubukwe ndetse bakamumenesha akaba atahakandagira. Bavuga ko yasebeje umuryango mu buryo bukomeye. Mu kiganiro aba bombi bagiranye na IGIHE batangaje ko batangira gukundana ababyeyi babo batari babizi ariko nyuma bamara kubivuga iwabo w’umukobwa bakabyakira neza mu gihe iwabo w’uyu muhungu wari usanzwe ari umumotari bo babyamaganiye kure. Umuhoza Nasira yagize ati “Twakundanye ababyeyi batabizi. Igihe cyarageze iwacu baramumenya nanababwira ko…

SOMA INKURU

Icyo Papa Francis yasabiye Afurika ku munsi wa noheri

Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis, yatanze ubutumwa bw’ihumure ku batuye Isi mu bihe bikomeye bizihijemo Noheli, dore ko icyorezo cya Covid-19 kikirimo guca ibintu, anasabira ibihugu bya Afurika byugarijwe n’intambara zishingiye ku iterabwoba n’amakimbirane. Mu butumwa bwatambukijwe rubuga rwa Vatican, Papa Francis yasabye abakirisitu gukomeza guhangana n’ibibazo banyuramo muri ibi bihe kandi bagakomeza kugira ibyiringiro. Yagize ati “Bakundwa bavandimwe, muhangane n’ibibazo byose muri iki gihe cyacu, tugire ibyiringiro kuko kuri twe umwana yavutse.” Ubutumwa bwe yabukomeje agaragaza ko Imana yemeye kwigira umuntu kugira ngo izabashe gucungura abantu…

SOMA INKURU

Hanogejwe uburyo bw’ikoranabuhanga mu gupima ubuziranenge

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge (RSB) ku bufatanye n’Ikigo giharanira iterambere ry’Ubucuruzi muri Afurika y’Iburasirazuba (Trademark East Africa, TMEA) ku nkunga ya USAID, batangije uburyo bw’ikoranabuhanga bugiye kujya bwifashishwa n’abacuruzi ndetse n’abandi bose bajyaga bakenera serivisi zitandukanye z’ubuziranenge. Iri koranabuhanga rishya ryiswe Single Window Information for Trade (SWIFT) rizagabanya umwanya byafataga ngo uwatanze ubusabe butandukanye bwa serivisi zijyanye n’ubuziranenge ahabwe igisubizo, aho bizava ku minsi itanu bikaba iminota 20 kandi byose bigakorwa umukiliya atavuye aho ari. Kubaka iri koranabuhanga byatwaye ibihumbi 125 by’amadolari ya Amerika (hafi miliyoni 125 Frw) yatanzwe na USAID.…

SOMA INKURU