Ikinyarwanda mu ndimi zahawe agaciro na Google Translate

Urubuga rwa Google rwemeje ko uyu munsi rwamaze kongera indimi eshanu nshya muri Google Translate yifashishwa mu guhindura indimi z’amahanga, Ikinyarwanda kikaba kiri muri ziriya ndimi eshanu. Uretse Ikinyarwanda, izindi ndimi zongerewe muri Google Translate zirimo urwitwa Odia rukoreshwa mu gihugu cy’Ubuhinde, urwa Tatar rukoreshwa muri Tatarstan, uruTurkmen rukoreshwa muri Turkménistan n’uru- Uyghur ruvugwa mu Burengerazuba bw’Ubushinwa. Bigiye kujya byoroha guhindura amagambo y’ikinyarwanda ukayashyira mu zindi ndimi zirenga 100 zisanzwe muri Google Translate cyangwa se amagambo y’izo ndimi ukayashyira mu Kinyarwanda. Isaac Caswell wakoze software ya Google Translate yavuze ko…

SOMA INKURU

Kigali: Hamuritswe ububiko bw’imbuto n’imboga bujyanye n’igihe

Ikigo cy’igihugu cy’ibyoherezwa mu mahanga bikomoka ku buhinzi (NAEB), cyamuritse ububiko bw’imboga n’imbuto bunabikonjesha mbere y’uko byoherezwa mu mahanga (Pack House), bukaba bwaratwaye asaga miliyoni 980 z’Amafaranga y’u Rwanda. Ubwo bubiko bwamuritswe kuri uyu wa 26 Gashyantare 2020, bwubatswe mu byiciro bibiri aho icya mbere cyuzuye muri 2017 naho icya kabiri cyo kwagura cyuzura umwaka ushize, bikaba byaratumye ubwo bubiko buva ku bushobozi bwa metero kibe 516 buba metero kibe 700, ni ukuvuga ahakonjesherezwa. Ubwo bubiko bw’imboga, imbuto n’indabo, mbere bwari bufite ibyumba bitatu bikonjesha none ubu byabaye bine, bukagira…

SOMA INKURU

Uwahohotewe na Evode Uwizeyimana yashyize hanze ukuri kutamenyekanye

Benshi bumvise inkuru y’uko Evode Uwizeyimana wahoze ari umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera, yakubise ikintu umugore ushinzwe umutekano wo mu ikompanyi ya ISCO ndetse akagwa hasi akababara bikomeye, hari byinshi bitavuzwe batgize bamenya kuko uwakorewe iryo hohoterwa atari yakagize icyo atangaza. Ikinyamakuru Ukwezi twamwegereye maze adushurira byinshi. Mu kiganiro uyu mugore wahohotewe umaze igihe gito abyaye yagiranye n’ukwezi, yatangaje uburyo yasabye Evode Uwizeyimana guca mu cyuma gisaka aho kubyubahiriza akamukubita ikintu mu gatuza akagwa hasi akababara cyane, abari hafi aho bagahuruzwa n’amarira ye menshi no gutaka byatumye mugenzi we…

SOMA INKURU

Abatuye munsi y’ubutayu bwa Sahara barugarijwe

“FAO” Ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku buhinzi n’ibiribwa ryatangaje ko muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara habarirwa abantu Miliyoni 239 bafite ibibazo by’inzara n’imirire mibi. Ibi ubuyobozi bwa FAO bwabigarutseho kuwa 9 Gashyantare mu nama isanzwe ya 33 y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, AU. Umuyobozi wungirije wa FAO, Marina Helena Semedo wari muri iyi nama yatanze ishusho y’uko ikibazo giteye, anavuga ko kwimakaza amahoro n’umutekano ariyo nzira yonyine ishobora kurangiza ikibazo cy’inzara n’imirire mibi muri Afurika. Yagize ati “ Abantu miliyoni 239 muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara…

SOMA INKURU

Abanyamabanga ba Leta babiri baraye beguye ku kazi

Mu itangazo ryaturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe babinyujije ku rubuga rwa Twitter ku mugoroba wo kuri uyu wa kane tariki 6 Gashyantare 2020,  ryatangaje ko Minisitiri w’Intebe Dr. Eduard Ngirente yakiriye amabaruwa y’ubwegure bw’Abanyamabanga ba Leta babiri. Iryo tangazo riragira riti”Kuri uyu mugoroba, Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yakiriye ubwegure bw’Abanyamabanga ba Leta Evode Uwizeyimana wo muri Minisiteri y’Ubutabera na Dr Isaac Munyakazi wo muri Minisiteri y’Uburezi, akazayashyikiriza Nyakubahwa Perezida wa Repubulika.” Kuwa mbere w’iki cyumweru nibwoEvode Uwizeyimana yahohoteye umukobwa ukora uburinzi muri Kampani y’Umutekano ya Isco ku nyubako…

SOMA INKURU

Yatawe muri yombi nyuma yo gukekwaho kwicisha amabuye

Umugore witwa Liberate w’imyaka 54 wo mu mudugudu wa Agasharu, Akagari ka Mukuyu mu murenge wa Ndera muri Gasabo aravugwaho kwica umukecuru w’imyaka 73 witwa Nyamvura Pascasia akoresheje amabuye. Mu ijoro ryakeye nibwo bikekwa ko Liberate yishe uyu mukecuru Nyamvura Pascasia aho uwitwa Gatsimbanyi wageze aho byabereye avuga ko babonye umurambo wa Nyamvura ufite ibikomere mu mutwe, bigakekwaho yaba yicishijwe amabuye kuko hari ayo basanze iwe. Abaturanyi ba nyakwigendera babwiye ikinyamakuru Umuseke dukesha iyi nkuru ko ngo uyu mukecuru yigeze gutonganira mu rugo rw’uwitwa Gakwandi na Liberata bapfa umurima bigeze…

SOMA INKURU

Gukora amasaha y’ikirenga ntibyaba imbogamizi ku buzima bw’abagenzi?

Abashoferi b’imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange bavuga ko hari igihe umushoferi ashobora gukora amasaha 19 ku munsi, ku buryo ari akazi kavunanye. Abagenzi bakabiheraho bemeza ko bishobora kuba intandaro ya serivi mbi n’umunabi biranga bamwe mu bashoferi. Saa kumi n’imwe z’igitondo Rwamakuba Evode ni bwo aba ageze muri gare ya Kimironko aje gutangira akazi ko gutwara abagenzi. Bivuze ko nibura aba yabyutse saa kumi za mu gitondo. Ati “Tugera ku modoka saa kumi n’imwe, njyewe mparika saa tatu kuko ari jye utwara abagenzi ba mbere ariko biterwa n’uko…

SOMA INKURU

Icyo CNLG yatangaje ku mibiri yabonetse i Rubavu

Nyuma y’uko ahahoze ikibuga cy’indege cya Gisenyi habonetse imibiri bamwe bagashidikanye ko yaba ari iy’Abatutsi bazize Jenoside muri 1994, kuri uyu wa 19 Mutarama 2020, Komisiyo yo kurwanya Jenoside(CNLG) yabyemeje. Kugeza ubu imibiri imaze kuboneka hariya igera ku 141. Muri kariya gace ho ngo umwihariko ni uko hari abasirikari kabuhariwe batorezwaga mu Bigogwe bishe Abatutsi benshi,  imibiri yabo ikaba itaraboneka. Dr Bizimana ko hari batutsi biciwe mu kigo cya gisirikari cya Butotori ahahoze ari kwa Juvenal Habyarimana wahoze ari Perezida w’u Rwanda kugeza ubu hakaba  nta rengero ryabo riramenyekana. Minisitiri…

SOMA INKURU

Gisagara: Icyaha cyo gusambanya abana gikomeje gukaza umurego

Iki kibazo cyo gusambanya abana mu Karere ka Gisagara kimaze gufata intera nyuma y’aho umusaza w’imyaka 64 wo mu mudugudu wa Nyarunyinya akagari ka Rusagara mu Kigembe,akurikiranyweho gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka ine y’amavuko ubwo ari atembereye akagera mu rugo rwe nyina yagiye kuvoma. Tariki 16 Mutarama 2020 mu ma saa munani nibwo uyu mwana yatembereye agera mu rugo rw’uyu musaza aramusambanya bimenyekana ari uko ababyeyi b’uyu mwana babonye umwana wabo ari kuvirirana. Nirere yagiye kuvoma asiga umwana we ku muturanyi witwa Mukantabana Arodie, ariko hanyuma uyu mwana yaje kuva kuri…

SOMA INKURU

Gasabo: Umugore wicuruzaga yishwe

Mu murenge wa Gatsata, Akarere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, haravugwa inkuru y’umugore witwa Ikirezi Shekira wishwe agasangwa mu nzu bivugwa ko yari yajyanwemo n’umusore bicyekwa ko basambaniragamo. Abazi uyu mugore bavuga ko yakoraga uburaya ngo akaba yari yajyanye n’uyu musore muri iyi nzu n’ubundi ngo ari ubusambanyi bagiye gukora n’ubwo byaje kurangira aburiyemo ubuzima. Umwe mu baganiriye n’ikinyamakuru BWIZA.com dukesha iyi nkuru yagize ati “Icyo numvishe nuko uwo musore yatahanye umugore yamara kumusambanya akamwica. Undi yagize ati “Ni umugore wari warabuze uko agira akora uburaya.Saa cyenda z’igicuku yagiye gutega,ahura n’umusore…

SOMA INKURU