Abadepite bagize Kominisiyo y’Ingengo y’Imari n’Umutungo by’Igihugu mu Nteko Ishinga Amategeko barasaba Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere RDB gukora uko bashoboye bagakura mu rungabangabo abaturage baturiye Parike ya Giswati n’iy’Akagera. Aba baturage bafite ikibazo cy’uko bafatiwe ubutaka bukazitirwa na RDB mu rwego rwo kwagura izi parike zombi mu ntego yo kurushaho guteza imbere ubukerarugendo. Gusa ngo mu kuzitira ubu butaka, abaturage babukoreshaga bahise babuzwa kongera kubukoreramo ariko bikorwa nta ngurane bahawe. Ni ikibazo intumwa za rubanda zagaragarije RDB ko kibangamiye abaturage bityo ko niba nta mafaranga barahabwa baba basubijwe ubutaka bwabo bagakomeza…
SOMA INKURUAuthor: umuringanews
Bugesera: Abatungwa agatoki mu kubangamira gahunda zo kwirinda virusi itera SIDA
Urubyiruko runyuranye rwo mu karere ka Bugesera rushinja abacuruza udukingirizo kuzamura ibiciro mu gihe nyirizina baba badukeneye, ibi bikaviramo bamwe kwishora bagakora imibonano mpuzabitsina idakingiye (nta gakingirizo) imwe mu nzira virusi itera SIDA yanduriramo. Ndayambaje Claude, utuye mu murenge wa Nyamata yagize ati: “Hano haba ubushyuhe bwinshi, abakobwa benshi kandi bicuruza ku giciro gito, ariko kubona udukingirizo ni ikibazo kuko tuboneka hake n’aho ukabonye ugasanga gahenda, ntibatinya kukagurisha amafaranga 1000 kandi twumva ko i Kigali badutangira ubuntu cyangwa wanakagura ntikarenze amafaranga 200. Iki giciro iyo gihuye n’imyumvire ko gukora imibonano…
SOMA INKURUUmunyemari Jean Nsabimana uzwi nka ‘Dubai’ araburana uyu munsi, urubanza rutegerejwe na benshi
Umunyemari Jean Nsabimana uzwi nka ‘Dubai’ araburana ku ruhare rwe mu kubaka inyubako zitujuje ibisabwa ziherereye mu mudugudu wiswe ‘Urukumbuzi Real Estate’ uri mu murenge wa Kinyinya, akarere ka Gasabo. Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi batanu bahoze mu buyobozi bw’akarere ka Gasabo, bakekwaho uruhare mu iyubakwa ry’umudugudu uzwi nko kwa ‘Dubai’ bivugwa ko wasondetswe inzu zikaba zigiye kugwa ku bazituyemo. Amakuru yavugaga ko abatawe muri yombi ari Stephen Rwamurangwa wahoze ari Meya wa Gasabo, Raymond Chretien Mberabahizi wahoze ari Visi Meya ushinzwe ubukungu, Jeanne d’Arc Nyirabihogo wahoze ayobora…
SOMA INKURUCongo: Ibiza bikomeje gutwara ubuzima bw’abatari bake
Umubare w’abamaze kwicwa n’imyuzure n’inkangu byatewe n’imvura idasanzwe mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, umaze kugera ku bakabakaba 400. Nibura imirambo 394 ni yo imaze gutahurwa nyuma y’icyumweru iyo myuzure yibasiye tumwe mu duce two muri teritwari ya Kalehe nk’uko byatangajwe n’inzego z’ibanze. Imvura idasanzwe yaguye muri Teritwari ya Kalehe mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo ku wa Kane, ni yo yeteje imigezi kuzura, bituma habaho inkangu mu duce twa Bushushu na Nyamukubi. Umuyobozi muri Teritwari ya Kalehe, Thomas Bakenga yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP kuri iki Cyumweru ko…
SOMA INKURUSex crimes: What will it take to end the vice?
To curb sexual violence, the Rwandan government and justice system introduced a new development of publicly publishing the names of all individuals convicted of rape or defilement. This was not only intended to strengthen but also to supplement the current policies and measures in place. However, despite various measures put in place to combat such crimes, there has been an increase in the number of people committing sexual offenses, according to the sex offender registry published by the National Public Prosecution Authority (NPPA). The first registry was released in October…
SOMA INKURUHuye: Mwarimu muri Kaminuza afunzwe akekwaho ubushoreke no guhoza ku nkeke uwo bashakanye
Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatagaje ko rwafunze umwarimu wigisha muri Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, akekwaho guhoza ku nkeke uwo bashyingiranwe no gukoresha umutungo w’urugo mu buryo bw’uburiganya byiyongera ku bushoreke. RIB ivuga ko uyu mwarimu yafunzwe kuwa 6 Gicurasi 2023. Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira Thierry, yemereye IGIHE ko uyu mugabo afunzwe. Yakomeje ati “Arakekwaho guhoza ku nkeke uwo bashyingiranwe no gukoresha umutungo w’urugo mu buryo bw’uburiganya ndetse n’ubushoreke.” Bivugwa ko muri Mutarama uyu mwaka uyu mugabo yigeze nanone gufungirwa ibi byaha birimo ko yakubitaga umugore we ndetse no…
SOMA INKURUU Burusiya bwariye karungu bigaba ibitero bidasanzwe kuri Ukraine
Indege y’intambara y’u Burusiya ya Su-34 yarashe abacanshuro mu birindiro byabo mu gace ka Kharkov hafi ya Ivanovka ndetse zitatanya amatsinda y’abasirikare kabuhariwe ba Ukraine bari ku rugamba. Umuvugizi w’Ingabo mu Burusiya yatangaje ko indege kabuhariwe mu kurasa ibisasu ya Su-34 yarashe “mu gace abacanshuro bari bakambitse by’agateganyo hafi y’agace ka Ivanovka” Yatangaje kandi ko ingabo z’Abarusiya zatatanyije amatsinda y’abasirikare kabuhariwe ba Ukraine, zinaburizamo ibikorwa byo gusimburana kw’ingabo za Ukraine inshuro eshatu zabigerageje. Uyu muvugizi kandi yabwiye Sputnik ko imodoka ya Ukraine iriho intwaro zishinzwe guhagarika ibisasu mu kirere hamwe…
SOMA INKURUNi ugutinya cyangwa ni amayeri mu kwihakana drone yari yoherejwe ku nyubako ya Perezida Putin?
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zahakanye uruhare mu gutegura igitero cya drone cyaburijwemo ku wa Gatatu, ku nyubako Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, akoreramo izwi nka Kremlin. Icyo gitero u Burusiya bwemeza ko cyagabwe na Ukraine, nubwo inzego z’umutekano z’u Burusiya zabashije kukiburizamo kuko zarashe iyo drone nta cyo irakora. Ukraine yo ivuga ko ari ibintu byahimbwe n’u Burusiya kugira ngo bubone icyo bushinja Ukraine no gukomeza intambara bwatangije muri Ukraine umwaka ushize. U Burusiya buvuga ko Ukraine itari kwishoboza gutegura icyo gitero idafashijwe na Amerika. Umuvugizi w’Ibiro bya Perezida…
SOMA INKURURusizi: Habonetse imibiri isaga 1000 y’abatutsi bishwe muri Jenoside
Iki gikorwa cyatangiye ubwo abakoraga amaterasi babonaga imwe muri iyi mibiri yajugunywe muri iyi sambu, babimenyesha ubuyobozi. Umuyobozi w’akarere ka Rusizi, Dr Kibiriga Anicet aherutse gutangaza ko hoherejwe abantu babarirwa mu 2000 ngo bakomeze bayishakishe. Ihuriro ry’abacitse ku icumu rya jenoside yakorewe Abatutsi muri Mibilizi, ryemeje ko imibiri imaze kuboneka ari 1064 kandi ko igikorwa cyo kuyishakisha gikomeje. Riti: “Kugeza ubu tumaze kubona imibiri 1064, y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yari yarajugunywe mu nkengero za Kiliziya ya Mibilizi, kandi gushakisha indi birakomeje.” Biteganyijwe ko mu gihe igikorwa cyo…
SOMA INKURUCongo: Ubwicanyi bwakorewe i Kizimba burabazwa inyeshyamba cyangwa igisirikare cya leta?
Umuvugizi wa M23, Lawrence Kanyuka mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye, yamaganye ubu bwicanyi mbere yo gusaba abaribo EJVM, Urwego rushinzwe gucukumbura ibibazo bya Congo ndetse n’Urwego rwa EAC rushinzwe ubugenzuzi gukora iperereza kuri buriya bwicanyi. Yagize ati “M23 iramagana yivuye inyuma ubwicanyi bwakorewe i Kizimba bukozwe n’Ingabo za Guverinoma ya Kinshasa. Turahamagarira urwego rushinzwe gucukumbura umuzi w’ibibazo biri mu Burasirazuba bwa Congo, EJVM ndetse n’Urwego rushinzwe ubugenzuzi rwa EAC gukora iperereza bagatangaza ibyarivuyemo.” Sosiyete Sivile yo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru yatangaje ko abasivile 16 barimo abagabo, abagore n’abana…
SOMA INKURU