Umuhanzi The Ben yasutse amarira mu rusengero

Ni mu masengesho yabaye kuri iki Cyumweru tariki 10 Ukuboza 2023 muri Eglise Vivante, aho umuhanzi Mugisha Benjamin wamamaye mu muziki nka The Ben, yasutse amarira mu rusengero, ananirwa kuvuga ubwo yari kumwe na nyina n’abavandimwe barimo mushiki we na murumuna we. The Ben yahawe umwanya muri uru rusengero, ashima Imana, agaragaza ko afite umunezero mwinshi mu mutima mu buryo budasanzwe. Ati “Nejejwe no guhagarara imbere yanyu ndetse nanashima Imana. Ndumva nishimye cyane muranyihanganira ariko naririmba ku ndirimbo nise ‘Ndaje’ Mama akunda cyane[…] ndashima Imana gusa ngira ikibazo cy’amarangamutima ariko…

SOMA INKURU

Iby’imvune ya Haaland yatangajwe na Pep Guardiola ikomeje guteza urujijo

Umutoza Pep Guardiola yemeje ko atazi igihe Erling Haaland azamara mu mvune nyuma yo kutagaragara mu mukino na Luton Town kuri iki cyumweru. Uyu mukinnyi uhagaze neza, yakinnye imikino yose ya shampiyona muri uyu mwaka w’imikino, atsinda ibitego 14 mu mikino 15. Guardiola ubu yatangaje ko Haaland afite imvune y’ikirenge ariko ikibazo kimuhangayikishije ni uko atazi igihe Haaland azagarukira. Ikipe ya Man City igiye gukurikirana uko uyu rutahizamu akira “umunsi ku munsi”. Guardiola yagize ati: “Afite ikibazo ku igufwa ryo ku kirenge cye kandi nyuma y’umukino uheruka yarabyumvaga. “Ntashobora gukina.Ntabwo…

SOMA INKURU

Icyizere cy’agahenge muri Gaza gikomeje kugabanuka

Mu nama mu murwa mukuru Doha, Sheikh Mohammed bin Abdulrahman al-Thani yavuze ko Qatar izakomeza umuhate wayo wo kotsa igitutu impande zombi kugira ngo habeho agehenge, nubwo gutera ibisasu kwa Israel “kurimo kugabanya amahirwe” yuko habaho akandi gahenge. Iki gihugu cyo mu Kigobe cy’Abarabu cyagize uruhare rukomeye mu biganiro byagejeje ku gahenge kamaze icyumweru kabaye mu mpera y’Ugushyingo (11), katumye bamwe mu bashimuswe barekurwa. Ku cyumweru, Minisitiri w’intebe wa Israel Benjamin Netanyahu yavuze ko “intambara irarimbanyije”. Yavuze ko mu minsi ya vuba aha ishize, “abaterabwoba ba Hamas babarirwa muri za…

SOMA INKURU

Hatanzwe ibihembo by’indashyikirwa ku ruhare rwabo mu buringanire n’ubwuzuzanye muri siporo

Kuri iki Cyumweru, tariki ya 10 Ukuboza 2023, muri BK Arena,  Minisiteri ya Siporo, Ambasade y’u Busuwisi mu Rwanda ndetse na UN Women & Gender Monitoring office yahaye ibihembo abagore n’abakobwa 13 bitwaye neza mu mikino itandukanye mu Rwanda bashimiwe uruhare bagira mu gutuma uburinganire n’ubwuzuzanye bugerwaho muri siporo y’u Rwanda.  Muri uyu muhango wanitabiriwe n’urubyiruko rwo mu bigo by’amashuri yisumbuye mu Rwanda ndetse na bamwe mu bagize amashyirahamwe y’imikino itandukanye mu Rwanda, abayobozi b’ibigo ndetse n’amashyirahamwe ya siporo bashyikirijwe igitabo gikubiyemo ibyo gukurikiza igihe hashyirwa mu bikorwa uburinganire, cyiswe…

SOMA INKURU

Umuhanzi Bryan Adams yatangaje aho ubucuti bwe n’igikomangoma Diana bwavuye

Umuhanzi Bryan Adams ku nshuro ya mbere yavuze uburyo ubucuti bwe n’igikomangoma Diana bwavuye ku ndirimbo yanditse ku rushako rubi rwa Diana. Uyu muhanzi yibutse ko Diana yamubwiye ko “yasekejwe cyane” n’uburyo muri iyi ndirimbo aririmba ko yumvise “ataye ubwenge” ku munsi Diana arongorwa n’igikomangoma Charles. Mu kiganiro n’ikinyamakuru Sunday Times, uyu muhanzi wo muri Canada uzwi mu ndirimbo nka “Please forgive me” avuga ko Diana yamutumiye ngo basangire icyayi kugira ngo yumve iyo ndirimbo nanone. Adams yahagaritse iyo ndirimbo ubwo Diana yapfaga mu 1997 “mu cyubahiro cye”, nk’uko abivuga.…

SOMA INKURU

Ibimenyetso bitanu byakuburira ko wanduye virusi itera SIDA

Abashakashatsi bemeza ko hari ibimenyetso bishobora kukwereka ko ushobora kuba wamaze kwandura virusi itera SIDA, nyuma y’uko waba wakoze imibonano mpuzabitsina idakingiye cyangwa habayeho ibyago byo guhura n’izindi nzira zishobora gutuma habaho kwandura virusi itera SIDA. Ubushakashatsi bwatangarijwe ku rubuga rwa Health.com, bwatangaje ko  nibura ukwezi kumwe cyangwa abiri virusi itera SIDA iri mu mubiri w’umuntu, 40% kugeza kuri 90% bashobora  kugira ibimenyetso binyuranye. Ariko bunashimangira ko hari abashobora kwandura virusi itera SIDA bakamara  igihe kinini umubiri wabo nta kimenyetso na kimwe ugaragaza. Hari abashobora kumara nibura imyaka icumi nta…

SOMA INKURU

Igitaramo cya Kendrick Lamar cyavugishije benshi

Kendrick Lamar umuhanzi w’umunyamerika w’icyamamare mu njyana ya rap yakoze ‘performance’ yo ku rwego rwo hejuru mu gitaramo cya muzika muri BK Arena i Kigali aho yataramiye ibihumbi by’urubyiruko rwitabiriye mu gihe kigera hafi ku isaha imwe n’igice. Uretse urubyiruko rwinshi rwitabiriye iki gitaramo na Perezida Paul Kagame n’umugore we nabo ntibacikanywe. Abandi bahanzi nka Bruce Melodie na Ariel Wayz bo mu Rwanda, na Zuchu wo muri Tanzania nabo bashimishije abitabiriye iki gitaramo cyo gitangiza iserukiramuco ryiswe #MoveAfrica ryateguwe na Global Citizen ku bufatanye n’Ikigo PGLang cyashinzwe n’umuraperi Kendrick Lamar…

SOMA INKURU

Amasezerano n’u Rwanda acyemura impungenge zo mu mategeko – Cleverly

Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu w’Ubwongereza James Cleverly avuga ko amasezerano mashya n’u Rwanda acyemura impungenge z’Urukiko rw’Ikirenga rw’Ubwongereza, mu kwezi gushize rwanzuye ko iyi gahunda ya leta inyuranyije n’amategeko. Urukiko rwavuze ko iyo gahunda, izatuma abimukira boherezwa mu Rwanda, ishobora kubamo ihonyorwa ry’uburenganzira bwa muntu. James Cleverly yashimangiye ko u Rwanda “rwiyemeje mu buryo bugaragara kandi bwumvikana neza kubungabunga umutekano w’abantu baza hano [mu Rwanda]”. Iki gikorwa kiri muri gahunda ya leta yo guca intege abimukira ntibambuke umuhora wa Channel mu mato matoya. Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza Rishi Sunak yavuze ko “guhagarika…

SOMA INKURU

Health ministry urged to clarify difference between advertisement and information

There are unclear elements within the Ministry of Health’s guidelines against advertisement of medicine and medical services and, therefore, there is a need to differentiate between informative content and advertising, a top media official has said. As per the 2019 ministerial guidelines, advertisement of medicines and medical services through various means including the media, street loudspeakers, social media, and so on is prohibited. In an interview with The New Times, Emmanuel Mugisha, the Executive Secretary of Rwanda Media Commission (RMC), acknowledged that it is unethical to advertise medicines and medical services…

SOMA INKURU

La température monte à la COP28 et dans le monde

L’année 2023 sera bien la “plus chaude” de l’histoire et la température monte mercredi chez les négociateurs à la COP28 pour tenter de terminer la première semaine avec des progrès sur la question toujours plus disputée des énergies fossiles. A Dubaï, une nouvelle version du texte en discussion en vue d’un futur accord, théoriquement d’ici le 12 décembre, est attendue “probablement” mercredi dans la journée, selon un observateur. Mais rien n’est jamais certain à la COP, ni sur la forme, ni sur le fond. La situation est “très dynamique”, résumait…

SOMA INKURU