Mu gihe abanyarwanda benshi bakurikiranira hafi imikino y’Amavubi, abatari bake bagaragaza intimba n’agahinda ko gutsindwa kwa hato na hato, hari inkuru yihishe y’umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu, Adel Amrouche, umaze amezi 3 akora adahembwa. Uwo mutoza w’umunya-Algeria, wahawe inshingano zo gutoza Amavubi muri Werurwe 2025, kugeza ubu ntiyigeze ahabwa imishahara y’ukwezi kwa Kanama, Nzeri ndetse n’ukwezi k’Ukwakira kwegereje gusozwa. Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Amrouche yavuze mu ijwi rituje ariko rifite umubabaro ati: “Nibyo sindahembwa kuva muri Kanama. Ariko nkomeza gukora kuko nubaha igihugu n’ikipe y’igihugu. Nizera ko ibintu bizakemuka, kuko ibi…
SOMA INKURUAuthor: umuringanews
Nta kibazo tudashoboye gukemura- Perezida Kagame
Ibi akaba yabitangaje mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 21 Ukwakira 2025, mu cyumba cy’inama cy’Ikigo cy’Igihugu cy’Imyitozo ya Gisirikare cya Rwanda Defence Force (RDF), Perezida Paul Kagame yafunguye ku mugaragaro Inama Mpuzamahanga y’Abagaba b’Ingabo zirwanira ku butaka (Land Forces Commanders Symposium), yitabiriwe n’abasirikare bakuru baturutse mu bihugu bisaga 30 byo muri Afurika n’ahandi ku Isi. Mu ijambo rye ryakiriwe n’amashyi menshi, Perezida Kagame yibukije ko ibibazo by’umutekano bikomeje gukomera ku mugabane ariko ko ibisubizo byabyo bidakwiye gutegerezwa ahandi. Ati: “Afurika iracyarangwa n’intambara nyinshi kurusha ahandi hose…
SOMA INKURUSarkozy muri gereza: Uko ubuzima bwe bwahindutse isomo rikomeye ku bayobozi b’i Burayi
Mu masaha ya saa tatu n’igice z’amanywa kuwa Mbere tariki 20 Ukwakira 2025, nibwo urusaku rw’imodoka n’abanyamakuru rwuzuye umuhanda ugana kuri gereza “Prison de la Santé”, imwe mu magereza akomeye yo mu Mujyi wa Paris. Mu modoka yijimye, irinzwe bikomeye, niho Nicolas Sarkozy, wahoze ari Perezida w’Ubufaransa, yari yicaye agiye gutangira igihano cye cy’igifungo cy’imyaka itanu. Ni amateka mashya mu Bufaransa: Perezida wayoboye igihugu hagati ya 2007 na 2012 abaye uwa mbere winjiye muri gereza kubera ibyaha by’iperereza, kwakira amafaranga binyuranye n’amategeko no kurigisa umutungo. “Byari nk’inzozi mbi” Claire Dubois,…
SOMA INKURUIsi yahungabanye: Uko ikibazo cya Amazon cyahagaritse imbuga zikunzwe ku Isi na serivise zitari nke
Mu masaha ya mbere y’igitondo cyo ku wa mbere tariki 20 Ukwakira 2025, Isi yose yabaye nk’ihagaze ku bakoresha imbuga nka Snapchat, Reddit, Roblox ndetse n’amabanki akomeye basanze serivisi zabo ziheze mu mwijima. Ubutumwa bwanditse ngo “Server not found” cyangwa “Connection error” bwabaye nk’indirimbo ivugira ku mbuga hafi ya zose. Byari ikibazo cyakomotse ku bubiko bwa Amazon (Amazon Web Services – AWS), bukoresha Domain Name System (DNS), uburyo butuma imbuga zigaragara kuri internet. Iyo DNS igize ikibazo, internet yose ihinduka nk’umujyi uzimye amatara. “Natekerezaga ko telefoni yanjye yangiritse” Uwimana Josiane,…
SOMA INKURUAbus dans les médias: L’OVPR trace la voie d’une presse professionnelle
La liberté d’expression, pilier de toute démocratie, a été au cœur d’une conférence nationale organisée par l’Observatoire des Droits des Personnes Vulnérables (OVPR) sur la prévention des abus dans la profession médiatique. L’événement, qui s’est tenu le jeudi 9 octobre 2025, a réuni journalistes, blogueurs, You tubeurs, tiktokeurs et autres acteurs numériques, afin d’analyser les défis et responsabilités liés à l’exercice de leur métier. La conférence a permis de poser les bases d’une compréhension partagée des enjeux liés à la liberté d’expression, à la responsabilité professionnelle et à la qualité…
SOMA INKURUAbasenateri bashyize igitutu kuri RURA
Mu gihe impanuka zo mu muhanda zikomeje guhitana ubuzima bw’abatari bake, abasenateri bagize komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umutekano basabye Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA) kugaragaza ingamba zifatika zo gukura mu muhanda ibinyabiziga bishaje, by’umwihariko ibitwara abantu n’abanyeshuri. Perezida w’iyi Komisiyo, Senateri Murangwa Ndangiza Hadidja, yavuze ko bitumvikana uburyo imodoka zimaze imyaka irenga 30 mu muhanda zigihabwa ibyangombwa byo gutwara abantu kandi ari zimwe mu ntandaro z’impanuka. Senateri Nyirasafari Espérance yongeyeho ko bisi nyinshi zishaje ziterwa amarangi zikagaruka mu muhanda gutwara abanyeshuri, nyamara nta burinzi buhagije zifite.…
SOMA INKURUInkuru iteye amarangamutima y’ubuzima bw’abantu 2 muri Autriche
Mu mwaka wa 1990, ku bitaro bya LKH-Uniklinikum mu mujyi wa Graz, muri Autriche, habaye ikosa ritigeze risobanuka ako kanya, impinja 2 zavutse ku munsi umwe zarabusanyijwe, buri muryango utahana umwana utari uwe. Hashize imyaka 35, ubwo ukuri kwari kwarahishwe, kwaje kugaragara mu buryo butunguranye. Doris Grünwald na Jessica Baumgartner nibo bana bavukiye ku munsi umwe, bakavangirwa ababyeyi ku bw’impanuka y’abaganga. Mu 2012, Doris niwe wabanje kubona ko hari ikitagenda neza ubwo yatanze amaraso, ibisubizo byerekanye ko ubwoko bwayo butajyana n’ubw’ababyeyi yari azi ko ari abe, Evelin na Josef Grünwald.…
SOMA INKURUIngamba nshya mu kwitaho indembe kwa muganga
Mu gihe isi igenda ishyira imbaraga mu guteza imbere ikoranabuhanga n’ubukungu, inzobere z’ubuvuzi zivura indembe ziturutse mu bihugu bitandukanye zahuriye i Kigali mu nama iharanira ko ubushakashatsi mu buvuzi bw’indembe budakomeza kuba uburenganzira bw’ibihugu bikize gusa. Mu gihe cy’iminsi itatu, abaganga, abashakashatsi n’abarimu ba kaminuza baturutse muri Canada, Irlande, na Afurika y’Uburasirazuba baganiriye ku buryo ubuvuzi bw’indembe bwashingira ku makuru y’ubushakashatsi, aho gutegereza ibisubizo biturutse hanze. Iyi nama yakiriwe n’ikigo CIIC-HIN gifite icyicaro mu Rwanda, gikora ubushakashatsi mu by’ubuzima. Umuyobozi wacyo, Prof. Jeannine Condo, yasobanuye ko intego ari ugufasha abaganga…
SOMA INKURUCristiano Ronaldo yanditse amateka mashya
Cristiano Ronaldo, Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu ya Portugal akaba n’umukinnyi wa Al-Nassr muri Arabie Saoudite, yongeye kwandika amateka mu mupira w’amaguru, ubwo uyu mukinnyi w’imyaka 40 yabaye uwa mbere ku Isi utunze miliyari y’amadolari ($1.4 milliard), nk’uko bitangazwa na Bloomberg Billionaires Index. Hasuzumye umutungo wa Ronaldo hashingiwe ku mishahara y’akazi ke, ishoramari n’amasezerano yo kwamamaza. Byagaragaye ko kuva mu mwaka wa 2002 kugeza muri 2023, yinjije asaga miliyoni $550 mu bihembo yahawe nk’umukinnyi n’andi menshi yavuye mu bufatanye n’ibigo bikomeye nka Nike, aho ahabwa miliyoni $18 buri mwaka. Kuva yerekeje muri…
SOMA INKURUPapa Leo XIV mu rugendo rwo kunga isi: Turikiya na Liban zirasabwa kuba ishusho y’amahoro
Ni uruzinduko rudasanzwe ruzaba hagati ya 27 Ugushyingo n’itariki ya 2 Ukuboza 2025, aho Papa Leo XIV azasura Turikiya na Liban, ibihugu byombi bifite amateka akomeye mu bijyanye n’imibanire y’abakirisitu n’abayisilamu. Ni nyuma y’amezi 4 atorewe kuyobora Kiliziya Gatolika ku isi, akaba ari ubwa mbere agiye mu rugendo rwo hanze y’u Butaliyani, rugamije gushyigikira ubutumwa bw’ubumwe, amahoro n’ubwiyunge hagati y’amadini y’amahanga atandukanye. Mu minsi ine azamara muri Turikiya kuva tariki 27 kugeza tariki 30 Ugushyingo, Papa Leo XIV azaganira n’abayobozi b’amadini n’abayobozi b’igihugu ku bufatanye mu kubaka isi itekanye hagati…
SOMA INKURU