Nyuma y’imyaka 5 isi ihanganye n’icyorezo cya COVID-19, aho urukingo rwacyo rwagize uruhare runini mu kurinda ubuzima bwa benshi, ubu haravugwa akamaro gashya nk’icyizere mu buvuzi. Ubushakashatsi bushya bwagaragaje ko uru rukingo rushobora kugira uruhare mu gufasha mu kuvura kanseri, binyuze mu gukangura ubwirinzi bw’umubiri kugira ngo bumenye uturemangingo twanduye kanseri tuboneke hakiri kare. Ubu bushakashatsi bwakozwe ku bufatanye bwa Kaminuza ya Florida n’Ikigo cya Texas MD Anderson Cancer Center, bwakorewe ku barwayi barenga 1.000 bafite ubwoko butandukanye bwa kanseri, burimo kanseri y’ibihaha n’iy’uruhu zikunze kuba zigoye kuvura. Abarwayi 43…
SOMA INKURUAuthor: umuringanews
Intsinzi ya Paul Biya ku myaka 92 yaba ishimangira ubutegetsi budasaza muri Cameroun?
Mu gihe amahanga menshi akomeje gusimbuza abategetsi bakuze urubyiruko, Cameroun yo yongeye guhitamo kugendera mu nzira itandukanye. Paul Biya, umugabo w’imyaka 92 y’amavuko, yongeye gutorerwa kuyobora iki gihugu nyuma y’imyaka hafi 43 amaze ari ku butegetsi. Akanama gashinzwe kurengera Itegeko Nshinga katangaje ko Biya yatsinze amatora n’amajwi 53,66%, mu gihe Issa Tchrioma Bakary wari umukandida ukomeye yamukurikiye n’amajwi 35,19%. Amajwi akaba yatangajwe ku mugaragaro kuri uyu wa Mbere, agaragaza ishusho y’igihugu kigifite icyizere mu muyobozi ariko kandi iteye impaka mu maso y’isi yose. Biya ni umwe mu bategetsi bamaze igihe…
SOMA INKURUVenezuela ku nkeke: Amerika irashinjwa umugambi wo kwigarurira umutungo wayo
Intambara y’amagambo hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Venezuela yongeye gufata indi ntera nyuma y’uko Intumwa Nkuru ya Leta muri Venezuela, Tarek William Saab,yatangaje ko igihugu cye gihangayikishijwe bikomeye n’imigambi ya Perezida Donald Trump, ashinjwa gushaka gukuraho ubuyobozi bwa Perezida Nicolás Maduro. Ku Cyumweru, mu kiganiro n’abanyamakuru i Caracas, Saab yagize ati: “Uwo mugambi wo guhirika ubutegetsi bwacu ni inzira yo gushaka kwigarurira umutungo w’igihugu cyacu zahabu, lisansi n’amabuye y’agaciro. Ni politiki y’ubusahuzi itwikiriye ijambo rya demokarasi.” Saab, uzwi nk’umwe mu bantu ba hafi ba Perezida Maduro, yavuze…
SOMA INKURUTen people stand trial in Paris for online harassment of Brigitte Macron
France’s first lady has long been the target of disinformation. Ten defendants will be tried in a Paris court on Monday over online harassment of Brigitte Macron. Ten people go on trial in Paris on Monday, October 27, for sexist cyber-harassment of Brigitte Macron, in the latest case sparked by unsubstantiated gender claims thrown at the French first lady for years by some in France and beyond. The trial comes after she and President Emmanuel Macron filed a defamation lawsuit in the United States at the end of July, in…
SOMA INKURUKudahembwa k’umutoza w’amavubi biterwa no gutsindwa cyangwa nibyo bikurura gutsindwa?
Mu gihe abanyarwanda benshi bakurikiranira hafi imikino y’Amavubi, abatari bake bagaragaza intimba n’agahinda ko gutsindwa kwa hato na hato, hari inkuru yihishe y’umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu, Adel Amrouche, umaze amezi 3 akora adahembwa. Uwo mutoza w’umunya-Algeria, wahawe inshingano zo gutoza Amavubi muri Werurwe 2025, kugeza ubu ntiyigeze ahabwa imishahara y’ukwezi kwa Kanama, Nzeri ndetse n’ukwezi k’Ukwakira kwegereje gusozwa. Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Amrouche yavuze mu ijwi rituje ariko rifite umubabaro ati: “Nibyo sindahembwa kuva muri Kanama. Ariko nkomeza gukora kuko nubaha igihugu n’ikipe y’igihugu. Nizera ko ibintu bizakemuka, kuko ibi…
SOMA INKURUNta kibazo tudashoboye gukemura- Perezida Kagame
Ibi akaba yabitangaje mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 21 Ukwakira 2025, mu cyumba cy’inama cy’Ikigo cy’Igihugu cy’Imyitozo ya Gisirikare cya Rwanda Defence Force (RDF), Perezida Paul Kagame yafunguye ku mugaragaro Inama Mpuzamahanga y’Abagaba b’Ingabo zirwanira ku butaka (Land Forces Commanders Symposium), yitabiriwe n’abasirikare bakuru baturutse mu bihugu bisaga 30 byo muri Afurika n’ahandi ku Isi. Mu ijambo rye ryakiriwe n’amashyi menshi, Perezida Kagame yibukije ko ibibazo by’umutekano bikomeje gukomera ku mugabane ariko ko ibisubizo byabyo bidakwiye gutegerezwa ahandi. Ati: “Afurika iracyarangwa n’intambara nyinshi kurusha ahandi hose…
SOMA INKURUSarkozy muri gereza: Uko ubuzima bwe bwahindutse isomo rikomeye ku bayobozi b’i Burayi
Mu masaha ya saa tatu n’igice z’amanywa kuwa Mbere tariki 20 Ukwakira 2025, nibwo urusaku rw’imodoka n’abanyamakuru rwuzuye umuhanda ugana kuri gereza “Prison de la Santé”, imwe mu magereza akomeye yo mu Mujyi wa Paris. Mu modoka yijimye, irinzwe bikomeye, niho Nicolas Sarkozy, wahoze ari Perezida w’Ubufaransa, yari yicaye agiye gutangira igihano cye cy’igifungo cy’imyaka itanu. Ni amateka mashya mu Bufaransa: Perezida wayoboye igihugu hagati ya 2007 na 2012 abaye uwa mbere winjiye muri gereza kubera ibyaha by’iperereza, kwakira amafaranga binyuranye n’amategeko no kurigisa umutungo. “Byari nk’inzozi mbi” Claire Dubois,…
SOMA INKURUIsi yahungabanye: Uko ikibazo cya Amazon cyahagaritse imbuga zikunzwe ku Isi na serivise zitari nke
Mu masaha ya mbere y’igitondo cyo ku wa mbere tariki 20 Ukwakira 2025, Isi yose yabaye nk’ihagaze ku bakoresha imbuga nka Snapchat, Reddit, Roblox ndetse n’amabanki akomeye basanze serivisi zabo ziheze mu mwijima. Ubutumwa bwanditse ngo “Server not found” cyangwa “Connection error” bwabaye nk’indirimbo ivugira ku mbuga hafi ya zose. Byari ikibazo cyakomotse ku bubiko bwa Amazon (Amazon Web Services – AWS), bukoresha Domain Name System (DNS), uburyo butuma imbuga zigaragara kuri internet. Iyo DNS igize ikibazo, internet yose ihinduka nk’umujyi uzimye amatara. “Natekerezaga ko telefoni yanjye yangiritse” Uwimana Josiane,…
SOMA INKURUAbus dans les médias: L’OVPR trace la voie d’une presse professionnelle
La liberté d’expression, pilier de toute démocratie, a été au cœur d’une conférence nationale organisée par l’Observatoire des Droits des Personnes Vulnérables (OVPR) sur la prévention des abus dans la profession médiatique. L’événement, qui s’est tenu le jeudi 9 octobre 2025, a réuni journalistes, blogueurs, You tubeurs, tiktokeurs et autres acteurs numériques, afin d’analyser les défis et responsabilités liés à l’exercice de leur métier. La conférence a permis de poser les bases d’une compréhension partagée des enjeux liés à la liberté d’expression, à la responsabilité professionnelle et à la qualité…
SOMA INKURUAbasenateri bashyize igitutu kuri RURA
Mu gihe impanuka zo mu muhanda zikomeje guhitana ubuzima bw’abatari bake, abasenateri bagize komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umutekano basabye Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA) kugaragaza ingamba zifatika zo gukura mu muhanda ibinyabiziga bishaje, by’umwihariko ibitwara abantu n’abanyeshuri. Perezida w’iyi Komisiyo, Senateri Murangwa Ndangiza Hadidja, yavuze ko bitumvikana uburyo imodoka zimaze imyaka irenga 30 mu muhanda zigihabwa ibyangombwa byo gutwara abantu kandi ari zimwe mu ntandaro z’impanuka. Senateri Nyirasafari Espérance yongeyeho ko bisi nyinshi zishaje ziterwa amarangi zikagaruka mu muhanda gutwara abanyeshuri, nyamara nta burinzi buhagije zifite.…
SOMA INKURU