Muri RDC inyeshyamba zibangamira ibikorwa byo gukumira ebola

Abantu bagera ku bihumbi 250 muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bamaze guhabwa urukingo ariko inzego z’ubuzima zivuga ko icyo gikorwa cyagiye kibangamirwa n’inyeshyamba zitwaje intwaro zigirira nabi abashinzwe ubuzima, akaba ariyo mpamvu izi nzego zemeje ko abasaga 200 bamaze guhitanwa na Ebola abenshi muri bo abo mu Mujyi wa Beni, utuwe n’abasaga ibihumbi 800 muri Kivu y’Amajyaruguru. Abantu 291 nibo bamaze kugaragaraho ibimenyetso bya Ebola, 201 muri bo byemejwe ko bamaze kuyandura, iki cyorezo kikaba cyaratangiye kugaragara muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri Nyakanga uyu mwaka, akaba ari…

SOMA INKURU

Umufasha wa Perezida wa Haiti Madamu Martine Moise yasesekaye mu Rwanda yitabiriye inama

Madamu Martine Moïse umugore wa Perezida wa Haïti yageze i Kigali, kuri iki cyumweru mu gitondo cyo ku wa 11 Ugushyingo 2018 akaba yaje yitabiriye Inama Mpuzamahanga ku kuboneza urubyaro (ICFP) izamara ’iminsi itatu iteganyijwe kuva kuwa 12  kugeza 15 Ugushyingo 2018,  ikaba izitabirwa n’abantu barenga 3000 bo mu bihugu 110. Akigera ku Kibuga cy’indege i Kanombe  Madamu Martine yakiriwe na Dr Ndimubanzi Patrick akaba ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima ushinzwe Ubuvuzi bw’Ibanze hamwe n’Umuyobozi Mukuru wungirije mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB) Dr Hakiba Solange n’Umunyamabanga Uhoraho muri…

SOMA INKURU

Rayon Sports yatanze isomo rya ruhago kuri Bugesera FC

Kuri uyu wa Kane tariki 8 Ugushyingo 2018 kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, nibwo imikino isoza umunsi wa Gatanu wa Shampiyona y’u Rwanda, kuri uyu munsi Rayon Sports ikaba yacakiranye na Bugesera FC, akaba yari umukino wari usobanuye byinshi ku basore ba Rayon Sports berekana inyota y’igikombe cy’uyu mwaka, iyi nyota bakaba bayibyaje umusaruro w’ibitego 3 ku busa(0) bwa Bugesera FC  . Uyu mukino Rayon Sports yawukinnye idafite abakinnyi bayo bo hagati Muhire Kevin na Manishimwe Djabel kubera ibibazo by’uburwayi. Byatumye hagirirwa icyizere Bukuru Christophe na Mukunzi Yannick wabanjemo…

SOMA INKURU

Ibivugwa n’inzego zinyuranye ku gitaramo cyitiriwe icy’ubusambanyi

Hashize iminsi ku mbuga nkoranyambaga hamamazwa igitaramo kidasanzwe “Pussy Party”, aho bamwe banemeza ko ari icyo gusambana, kikaba giteganyijwe kubera mu Mujyi wa Kigali, kuri ubu haracicikana inkuru yemeza ko iki gitaramo kitakibaye ariko kugeza ubu nta tangazo rizwi rigikumira, gusa hagendewe ku byifuzo by’ababonye  ifoto yamamaza icyamamaza, harimo abihutiye gusaba inzego z’umutekano ko zakoresha uburyo bwose zigaharika iki gitaramo. Umwe mu bategura kiriya gitaramo utashatse kumenyekana, yavuze ko benshi bahutiye ku nyito cyahawe ndetse n’ifoto yakwirakwijwe bakakita icyo gusambana, ngo nyamara kizakorwa mu buryo bwo kwishimisha gusa ku bitabiriye.…

SOMA INKURU

Nyuma yo gufunga abitinganyi 10 Tanzaniya ikomeje kotswa igitutu n’Umuryango Mpuzamahanga wita ku burenganzira bwa muntu

  Leta ya Tanzania yasabwe n’Umuryango Mpuzamahanga wita ku burenganzira bwa muntu “Amnesty International” gufungura abatinganyi 10 bataye muri yombi ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize bari bitabiriye ubukwe bwa mugenzi wabo bwabereye ku kirwa cya Zanzibar. The Washington Post yatangaje ko inzego zishinzwe umutekano zabaguye gitumo muri ibyo birori kubera amakuru yatanzwe n’abaturage. Uretse 10 batawe muri yombi, abandi bagabo batandatu bari muri ubwo bukwe bahise bacika inzego z’umutekano. Umuyobozi wungirije wa Amnesty muri Afurika y’Iburasirazuba no mu biyaga bigari, Seif Magango, yavuze ko ari ikintu kibabaje nyuma y’uko Guverinoma…

SOMA INKURU

Yahishuye ibanga akoresha rimufasha kwigarurira urukundo rw’umugabo w’imyaka 39 arusha imyaka 43

Umukecuru witwa Hattie w’imyaka 82 yasomaniye kuri TV n’umugabo we witwa John arusha imyaka 43 yose ndetse avuga ko imyitozo akora buri munsi ariyo ituma abasha gutera akabariro n’uyu mugabo ugifite agatege. Hattie yavuze ko nyuma yo gutandukana n’umugabo we afite imyaka 48, yahise arahira gukundana n’abasaza ariyo mpamvu yahisemo kwibanira n’uyu mugabo w’imyaka 39 John ndetse akora imyitozo myinshi akoresheje umupira munini kugira ngo batere akabariro. Uyu mukecuru yavuze ko akora imyitozo buri munsi yo gushyira umupira uremereye kunda ndetse akawuzamura mu gituza kugira ngo abone imbaraga zo gutera…

SOMA INKURU

Abarimu bakekwaho kurigisa mudasobwa 25 z’abanyeshuri bari gukurikiranwa

Abarimu batandatu bigisha ku Rwunge rw’Amashuri rwa Kitabura mu Murenge wa Kimonyi, mu Karere ka Musanze, barishyuzwa mudasobwa 25 zatanzwe muri gahunda ya ‘One Laptop Per Child’, nyuma y’uko ziburiwe irengero bagashinjwa kugira uruhare mu ibura ryazo. Abarimu bari kwishyuzwa mudasobwa, bavuga ko nta ruhare bagize mu ibura ryazo bagahamya ko ubusanzwe amasezerano yo gutanga mudasobwa aba hagati y’umubyeyi n’ubuyobozi bw’ishuri. Umwe muri aba barimu yagize ati “Amasezerano aba hagati y’umubyeyi n’ubuyobozi bw’ishuri. Sinzi ukuntu rero umwarimu yajya kuboneka muri icyo kibazo kandi ntabwo ariwe watizwaga.” “Muby’ukuri mudasobwa zatangirwaga mu…

SOMA INKURU

Ku rutonde rw’abazakinira amavubi acakirana na Centrafrique hariho impinduka nyinshi

  Umutoza Mashami Vincent agiye gutangaza abakinnyi 25 batarimo Olivier Kwizera na Haruna Niyonzima, bazatangira imyitozo yo kwitegura umukino wo gushaka itike y’igikombe cya Afurika, uzahuza Amavubi n’ikipe ya Repubulika ya Centrafrique.   Kuri uyu wa Kabiri, Umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Mashami Vincent, yatangaje abakinnyi 27 aho kuba 24 kuko yongeyemo abakinnyi batatu ku rutonde rw’abagiye gutangira imyitozo bitegura umukino wa Centrafrique wo guhatanira kujya mu gikombe cya Afurika. ruriho abakinnyi babiri bakina i Burayi, barimo Shema Trésor w’imyaka 22 ukina ku ruhande asatira, muri Torhout 1992 KM FC yo…

SOMA INKURU

Kwambara bikini ntibivuze guta umuco-Miss Akiwacu Colombe

Miss Akiwacu Colombe umaze kugira inararibonye ku mico itandukanye y’ibindi bihugu, dore ko amaze gusura ibihugu byinshi ndetse kuri ubu akaba ari kubarizwa mu gihugu cy’u Bufaransa, yatangaje ibyo abanyarwanda bagakwiye gusigasira mu muco wabo bakareka kureba ibidafite umumaro. Nyampinga w’u Rwanda wa 2014 Akiwacu Colombe wagiye ugaragara mu mafoto menshi yambaye Bikini, akavugisha benshi bavugaga ko uyu munyarwandakazi yataye umuco. Mu kiganiro  yahaye itangazamakuru, yagize icyo avuga ku mafoto ye ajya avugisha benshi bakavuga ko kuba yambaye Bikini yataye umuco, uyu Nyampinga usanzwe ukora umwuga wo kumurika imideri yavuze…

SOMA INKURU

Hamisa Mabeto na nyina bemeje ko Diamond yabateraga umwaku

Kuri uyu wa Mbere ubwo ikinyamakuru Ghafla cyaganiraga na Nyina wa Hamisa Mabetto, Shufaa Lutiginga yavuze ko ari mu byishimo bidasanzwe kuva umukobwa we yafata icyemezo cyo gutandukana n’umuhanzi Diamond kuberako byamwongereye amahirwe menshi mu buzima bwe. Ati” Urakoze Mana kuri buri kimwe kubera ko umukobwa wanjye yavuye mu ntekerezo z’inkundo, ubu yatanguye kujyendera ku byifuzo byanjye nahoraga mubwira ko aribyo byazatuma atsinda ndetse bikamugira uwo ariwe igihe cyose”. Mu minsi yashize nabwo Hamisa Mabetto yari yatangaje ko kuva yatandukana n’umuhanzi Diamond aribwo imigisha yatangiye kumugarukaho ,mu byo yashingiyeho avuga…

SOMA INKURU