Umuryango Mpuzamahanga wita ku Buzima (OMS) watangaje ko ibikorwa byo guhashya icyorezo cya Ebola mu gace ka Beni muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) byasubukuwe, ibi bibaye nyuma y’aho ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize Minisiteri y’Ubuzima muri iki gihugu yatangaje ko ibyo bikorwa byabaye bihagaritswe nyuma y’imirwano yabereye hafi y’Ikigo gitegurirwamo ibikorwa by’ubutabazi ku ndwara ya ebola. Umuyobozi Mukuru wa OMS, Tedros Adhanom Ghebreyesus, kuri iki Cyumweru yashimangiye ko ibikorwa byo guhashya Ebola bigiye gusubukurwa, cyakora yavuze ko abakorerabushake bari muri ibyo bikorwa umutekano wabo utifashe neza kubera inyeshyamba…
SOMA INKURUAuthor: umuringanews
Perezida Kagame yamurikiye abitabiriye inama idasanzwe ya AU aho amavugurura ageze
Ubwo Perezida Paul Kagame yasozaga Inama idasanzwe y’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bigize Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe “AU” ayoboye, ari naho yamurikiye abayitabiriye aho amavugurura ageze, yashimiye uburyo ibihugu bya Afurika byamushyigikiye mu myaka ibiri ishize ayoboye ayo mavugurura, dore ko abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bayemeje ku bwiganze busesuye, hakaba hasigaye kunoza ibyayavuyemo kugira ngo bizemezwe burundu mu nama y’abakuru b’ibihugu itaha kugira ngo AU igere ku cyerekezo yihaye cya 2063. Perezida Kagame yemeje ko kuba ibikwiriye kuvugururwa byarateguwe atari iherezo ry’ikigambiriwe, asaba umuhate wa buri…
SOMA INKURUAmavubi anganyirije imbere y’abafana bayo ku munota wa nyuma
Kuri iki Cyumweru tariki 18 Ugushyingo 2018,u Rwanda ruri mu itsinda ‘H’ rwakiriye ikipe y’igihugu ya Repubulika ya Centrafrique kuri Stade Huye, uyu mukino ukaba wari uw’umunsi wa gatanu mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika kizabera muri Cameroun muri Kamena 2019, ukaba warangiye amakipe yombi anganya ibitego 2-2, ariko igitego cya kabiri amavubi yatsinzwe cyinjiye ku munota wa nyuma gitsinzwe na Geofrey Kondogbia wa Repubulika ya Centrafrique, ibi bikaba byabaye abanyarwanda bari bamaze kugira icyizere ko uyu mukino bamaze kuwubonamo amanota 3. Umukino watangiye neza ku ruhande rw’ikipe y’u…
SOMA INKURUNyuma y’amezi atanu ari mu gihirahiro, yamaze gusezererwa na Rayon Sports
Ndayishimiye Eric uzwi nka Bakame wari umuzamu mukuru wa Rayon Sports mu myaka itanu ishize yemerewe kuyisohokamo nyuma yo gushinjwa gutsindisha iyi kipe no kwirukanisha umutoza wayo, nyuma y’ibi kuri uyu wa 18 Ugushyingo 2018, nawe yanditse ubutumwa kuri Facebook agaruka ku nzira y’umusaraba yanyuzemo mu minsi ya nyuma muri Rayon Sports, ariko yanishimiye kuba yemerewe kujya gushakira ubuzima ahandi. Rayon Sports yasobanuye ko yamusabye kwandika ibaruwa yisobanura ariko ntiyanyuzwe n’ibyari bikubiye mu nyandiko yatanze, Bakame nawe akemeza ko atari kuvuga ibyo atakoze ngo ashimishije abayobozi be. Kuri Bakame kuba…
SOMA INKURUNyuma yo kunganyiriza iwabo, Haribazwa ibizaba ku mavubi U 23 mu mukino wo kwishyura
Umukino wakiniwe kuri Stade Umuganda mu Karere ka Rubavu ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 14 Ugushyingo 2018, wahuje ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi y’Abatarengeje imyaka 23 n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo “Les Léopards”, warangiye amakipe yombi nta n’imwe ishoboye kureba mu izamu ry’indi, uyu ukaba wari umukino ubanza wo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika kizabera mu Misiri mu Ugushyingo mu mwaka wa 2019. Iminota ya mbere y’igice cya mbere yaranzwe no gusatira gukomeye kw’abakinnyi ba RDC, bakiniraga imbere y’umubare munini w’abafana babo nyamara bari mu mahanga, ndetse babonye…
SOMA INKURUUbushakashatsi ku gitabo kivuguruye kirimo indwara n’ibyago bikomoka ku kazi cyamuritswe na RSSB
Kuri uyu wa gatatu tariki 14 Ugushyingo 2018, Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) nibwo cyamuritse ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo IBC Group gifatanyije na Belincosoc ku kuvugurura igitabo gikubiyemo lisiti y’indwara z’ibyago bikomoka ku kazi n’ikirimo ingero z’ubumuga bukomoka ku kazi bwamurikiwe abahagarariye ibigo by’ubwishingizi, Minisiteri zitandukanye zirimo; iy’ubuzima, iy’abakozi ba Leta n’umurimo, iy’imari n’igenamigambi, iy’ubutegetsi bw’igihugu ndetse n’impuguke mu bijyanye n’ubuvuzi bw’indwara zitandukanye. Dr. Hategekimana Juvénal umwe mu bifashishijwe mu gukora ubu bushakashatsi yavuze ko urutonde rw’indwara zikomoka ku kazi rwakoreshwaga mu Rwanda ari urwo mu 1980, kandi rwariho indwara…
SOMA INKURUKu nshuro ya mbere ihuriro Nyafurika ryita ku bidukikije mu Rwanda
Ihuriro rizahuza abarenga 1 000, barimo abashoramari, abashyiraho za politiki n’abahanga mu by’imari bazaturuka hirya no hino muri Afurika kugira ngo basangire inararibonye ku bukungu butangiza Ibidukikije n’iteramberre ridahangarwa n’imihindagurikire y’ibihe, iri huriro rizabera mu Rwanda akaba ari irya mbere ribaye muri Afurika. Iri huriro rizamara rizatangira ku wa 26 risozwe kuwa 30 Ugushyingo, rikazabera muri Kigali Convention Centre n’ahandi hari ibikorwa bigamije ubukungu butangiza ibidukikije hirya no hino mu gihugu. Iri huriro rizubaka ubufatanye hagati y’abakora mu byerekeye ubukungu butangiza ibidukikije muri Afurika, kandi rihe abafatanyabikorwa mu iterambere urubuga…
SOMA INKURUMiss Iradukunda yitabiriye amarushanwa ya Miss w’Isi abera mu Bushinwa
Miss Iradukunda Liliane uhagarariye u Rwanda muri Miss World yamaze kugera mu gihugu cy’Ubushinwa ahagomba kubera iri rushaanwa ndetse anatangaza ko ameze neza nubwo irushanwa nyiri izina ritaratangira, uyu mukobwa yavuze ko babasabye kwiyerekana mu mwambaro gakondo mu gace ko kwakira abakobwa bose bitabiriye iri rushanwa. Miss Iradukunda Liliane ati “Nagezeyo amahoro gusa irushanwa ntabwo riratangira baracyari kutwakira”. Uyu mukobwa yabwiye itangazamakuru ko ubwo babakiraga babasabye kwambara umwambaro uranga igihugu cye kimwe na bagenzi be bose basabwe kwambara gutyo kugira ngo bamurike umuco w’ibihugu byabo. Abakobwa bose bari guhatanira ikamba…
SOMA INKURUPerezida Kagame mu Nama yiga ku kubaka Amahoro ku Isi
Kuri iki cyumweru tariki 11 Ugushyingo 2018, i Paris mu Bufaransa hatangijwe Inama yiga ku Mahoro ku Isi “Paris Peace Forum”, mu bayitabiriye harimo Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, ikaba ari inama ya mbere y’Ihuriro ry’i Paris ku Mahoro ryiswe ‘Paris Peace Forum’ yiga ku buryo bwo kubaka amahoro n’umutekano birambye ku Isi. Mu bayitabiriye harimo abakuru b’ibihugu na za Guverinoma, aho bunguranye ibitekerezo nyuma y’umuhango wo kwibuka imyaka 100 ishize intambara ya Mbere y’Isi irangiye. Uyu muhango watangiye saa tanu zuzuye kuri “Arc de Triomphe”, ahari ikimenyetso cy’intwari z’Ubufaransa…
SOMA INKURUManchester City yongeye gushimisha abakunzi bayo
Kuri iki cyumweru tariki 11 Ugushyingo 2018, Manchester City yongeye kwitwara neza aho yatangiye umukino yugarira byatumye ku munota wa 12 David Silva afungura amazamu ku mupira mwiza yahawe na mugenzi we Bernardo Silva wacitse Luke Shaw agakata umupira mwiza imbere y’izamu ukamusanga aho yari ahagaze,awutera mu izamu. Manchester City yakomeje kuyobora umukino imbere y’abafana bayo gusa ntiyabasha kubona ikindi gitego mu gice cya mbere cyarangiye iyoboye n’igitego 1-0. Igice cya kabiri kigitangira ku munota wa 48, Sergio Kun Aguero yatsinze igitego cyiza cyane nyuma y’aho Lingard yatakaje umupira,Fernandinho awuhereza…
SOMA INKURU